• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umunyamategeko Bernard Maingain yiteguye kuvuga n’akarimurori ibyagizwe ubwiru mu rubanza rw’ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana, kuko asanga ari ingenzi mu kunga Abanyarwanda.

Umunyamategeko Bernard Maingain yiteguye kuvuga n’akarimurori ibyagizwe ubwiru mu rubanza rw’ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana, kuko asanga ari ingenzi mu kunga Abanyarwanda.

Ubwanditsi 20 Feb 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’iminsi 4 gusa Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa, ari narwo rwego rusumba izindi mu bucamanza bw’icyo gihugu, rutangaje ko nta mpamvu n’imwe igaragara yatuma haba urubanza rw’ihanurwa ry’indege Falcon 50 yari itwaye Yuvenali Habyarimana, umwe mu banyamategeko bunganiraga abaregwa, Me Bernard Maingain, yiyemeje kuvuga n’akarimurori, agashyira hanze amabanga yose yagizwe ubwiru mu myaka isaga 20 hatangijwe urugamba rwo gusenya u Rwanda n’abayobozi barwo.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Me Bernard Maingain yavuze ko hari amakuru atarashoboraga gushyirwa hanze mu gihe uyu mwanzuro wo gukuraho burundu urubanza wari utarafatwa, kandi akaba asanga ubu noneho kuyavuga ari ingenzi, ukuri kose kukajya ahabona kandi kugafasha kubaka ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda.

Mu ikubitiro, Me Bernard Maingain agaragaza amakosa yakozwe n’umucamanza Jean Louis Bruguiere watangiye iyi dosiye, ayakora abigambiriye kubera gukoreshwa n’abo mu muryango wa Habyarimana, ibyegera bye n’abanyamahanga babashyigikiye.

Icyari kigamijwe ngo ni uguhunga umugambi wo gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, babeshya ko FPR-Inkotanyi yahanuye iyo ndege ya Habyarimana, bikaba imbarutso yo”gusubiranamo hagati y’Abahutu n’abatutsi”.

Me Bernard Maingain asanga uru rubanza rwari urucabana, urebye ibipapirano byari muri dosiye, nubwo bitashyizwe ahagaragara. Yatanze ingero.

Umujenosideri Tewonesiti Bagosora yifashishije Umubiligi Filip Reyntjens bakwiza ibinyoma ku isi yose!

Col Tewonesiti Bagosora yatangiye kwamamara cyane mu gihe cy’Amasezerano y’Amahoro ya Arusha, aho atakozwaga ibyo gusangira ubutegetsi hagati ya Leta ya Habyarimana na FPR-Inkotanyi.

Bagosora ubwe yivugiye ku mugaragaro ko azategurira Abatutsi imperuka, bityo ayo amasezerano ntashobore gushyirwa mu bikorwa. Bwarakeye biraba.

Me Maingain avuga ko ibimenyetso simusiga biri muri iyo dosiye y’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana bigaragaza ko ibyegera bya Habyarimana, birimo na Bagosora, aribyo ubwabyo byiyiciye Habyarimana wari umaze gusinya ayo masezerano ya Arusha, kugirango abe impfabusa. Bamaze gukora iryo shyano bashatse uwo barigekaho, maze babishyira ku mutwe wa FPR-Inkotanyi, babifashijwemo n’umwarimu muri kaminuza, Umubiligi Filip Rentjens.

Uyu Reyntjens yabaye inkoramutima y’ubutegetsi bwa Habyarimana, kugeza n’ubu akaba ari umwanzi ukomeye wa FPR-Inkotanyi. Kuba Reyntjens yarabaye igikoresho muri uwo mushinga mubisha, nabyo byagizwe ibanga, nyamara ngo bigaragara muri dosiye.

Umucamanza Bruguiere yahaye akazi k’ubusemuzi Fabien Singaye, abizi neza ko ari umwe mu bagize”akazu” ko kwa Habyarimana.

Me Bernard Maingain asanga iyi ari imwe mu nenge zikomeye nyamara itaramenywe n’abantu benshi. Bwana Maingain avuga ko n’ubwo abunganira abaregwa bagaragaje kenshi amakosa yo guha akazi Fabien Singaye muri iyi dosiye kandi abogamye, byirengagijwe akomeza kuba umusemuzi.

Me Maingain ati:”Namwe nimutekereze uko umuntu ufitanye isano ya hafi n’abaregera indishyi yasemuraga, mu rubanza nawe ubwe afitemo inyungu. Birumvikana ko yivugiraga ibijyanye n’amarangamutima ye.”

Abatangabuhamya bashinje ibinyoma, baza kwivuguruza.

Mu bashinjabinyoma muri iyo dosiye harimo Theoneste Bagosora uhamya ko FPR-Inkotanyi ariyo yishe “umubyeyi” Habyarimana, ikoresheje ibisasu bihanura indege, ngo byarasiwe i Masaka mu nkengero z’Umujyi wa Kigali.

Nyamara ubwo yaburanaga mu Rukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda, Bagosora ubwe yivugiye ko abasirikari ba FPR batashoboraga kugera aho i Masaka, kuko hari mu birindiro bikomeye bya EX-FAR.

Uku kwivuguruza no guhuzagurika kwa Bagosora ntikwamenywe n’abantu benshi.

Abitwa Abdul Ruzibiza na Emmanuel Ruzindana, batumijwe na Juji Bruguiere ngo bashinje FPR-Inkotanyi kuba ariyo yahanuye indege ya Habyarimana.

Nyamara baje kwisubiraho, Ruzibiza avuga ko atigeze agera aharasiwe ibisasu byahanuye iyo ndege nk’uko yabanje kubyemeza, naho Ruzindana avuga ko yashinje ibinyoma, abisabwe na Abdul Ruzibiza n’abo mu muryango wa Habyarimana.

Hari ibimenyetso ko aba bombi bijejwe amafaranga n’ibindi bitangaza ngo bashinje ibinyoma, babonye ntacyo bizafata, bahitamo kwivuguruza.

Izi ni zimwe mu ngero nke ariko zifatika Me Bernard Maingain yashyize ahagaragara z’ibyagizwe ibanga kandi ari amakuru abantu bose bagombaga kumenya, agasezeranya Abanyarwanda n’abandi bakunda ukuri kuzavuga n’ibindi byagizwe ubwiru, kuko asanga bizabafasha kubakira ubumwe n’ubwiyunge ku musingi ufatika.
Me Bernard Maingain yari afatanyije na Me Leon Forster mu kunganira Abanyarwanda 7 bagerekwagwaho umutwaro wo kwica Perezida Habyarimana n’abo bari kumwe, mu ijoro ryo ku itariki ya 06 Mata 1994.

Abo bari mu buyobozi bw’ingabo za FPR-Inkotanyi, aribo:

James Kabarebe, Jack Nziza na Sam Kanyemera batigeza bakandagira i Kigali mbere yo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.

Hari kandi Rose Kabuye washinjwaga kuba ariwe wari ubitse ibisasu byahanuye indege ya Habyarimana, ariko ntibavuge aho yari abibitse; Charles Kayonga na Jacob Tumwine wari umwungirije mu buyobozi bw’abasirikari ba FPR-Inkotanyi bari muri CND, na Frank Nziza waregwaga kurasa ibyo bisasu.

Umucamanza Marc Trevidic yagaragaje ko ibisasu byahanuye iyo ndege byarasiwe muri Camp Kanombe yari iri mu maboko y’ingabo za Leta, bivuze ko ingabo za FPR_Inkotanyi zitashoboraga kuhagera hatabaye imirwano.

Reka dutegereze andi mabanga tutamenye Me Bernard Maingain agiye kumena, icyo tuzi imizinga igiye kuvamo imyibano.

2022-02-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Burundi bwafunze ibiganiro bya BBC n’Ijwi ry’Amerika

U Burundi bwafunze ibiganiro bya BBC n’Ijwi ry’Amerika

Ubwanditsi 05 May 2018
Undi murwanyi ukomeye wa FDLR/FOCA Koloneri Gaspard Africa amaze kwicwa n’ingabo za FARDC

Undi murwanyi ukomeye wa FDLR/FOCA Koloneri Gaspard Africa amaze kwicwa n’ingabo za FARDC

Ubwanditsi 06 Dec 2019
Nyabihu: Batatu bafashwe batwaye amapaki 5760 ya Blue Sky mu modoka y’inyamahanga

Nyabihu: Batatu bafashwe batwaye amapaki 5760 ya Blue Sky mu modoka y’inyamahanga

Ubwanditsi 28 Apr 2016
U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye

U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye

Ubwanditsi 28 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.
Amakuru

Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Ubwanditsi 30 May 2021
Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki
INKURU NYAMUKURU

Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Ibizamini  ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima
ITOHOZA

Ibizamini ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Ubwanditsi 09 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru