• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»FBI yasatse urugo rwa Manafort wayoboye ibikorwa byo kwamamaza Donald Trump

FBI yasatse urugo rwa Manafort wayoboye ibikorwa byo kwamamaza Donald Trump

Ubwanditsi 10 Aug 2017 Mu Rwanda

Urwego rushinzwe Iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FBI) rwasatse urugo rwa Paul Manafort wigeze kuyobora ibikorwa byo kwiyamamaza bya Donald Trump, ubwo yari umukandida w’ishyaka ry’aba-Républicains mu matora yo guhatanira kuyobora icyo gihugu, umwaka ushize.

Nk’uko Washington Post yaje kubishyira ahagaragara, intumwa za FBI zinjiye mu rugo rwa Manafort ruherereye ahitwa Alexandria mu rukerera rwo kuwa 26 Nyakanga batabanje kumuteguza, bafata inyandiko n’ibindi bikoresho bitandukanye.

Ni mu iperereza ku ruhare u Burusiya bwaba bwaragize mu matora yo muri Amerika, nyuma y’amakuru menshi ashimangira ko bwivanzemo bigatuma Trump atsinda Hillary Clinton bari bahanganye.

Abo bashinzwe umutekano bakorana na Robert S. Mueller washyizweho ngo acukumbure ikibazo cy’u Burusiya bushinjwa kwivanga mu matora ya Amerika.

Umuvugizi wa Manafort, Jason Maloni, yatangaje ko bari bafite ibyangombwa bibahesha ubwo burenganzira bwo gusaka urwo rugo, ndetse ngo nawe yemeye kubasubiza ibyo bamubazaga.

Yagize ati “Manafort yakoranye kenshi n’inzego zishinzwe ikurikizwa ry’amategeko kimwe no mu maperereza akomeye, yanabikoze no kuri iyi nshuro.”

Uku gusakwa kwabayeho nyuma y’umunsi umwe Manafort ahuye n’abayobora Komisiyo ishinzwe Iperereza muri Sena ya Amerika, ndetse ngo yari yemeye gutanga ibyangombwa byose byafasha mu iperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu matora ya Amerika mu mwaka ushize.

Gusa ngo bishoboka ko abashinzwe ubutasi batizeye ko ashobora gutanga inyandiko zose uko zakabaye, basaba umucamanza gutanga uburenganzira bwo kumusaka. Bishobora kandi kuba uburyo bwo kumugaragariza ko mu iperereza riyobowe na Mueller nta kujenjeka kurimo.

Paul Manafort yatangiye ariwe uyoboye ibikorwa byo kwamamaza Donald Trump, ariko nyuma aza kwegura nyuma y’uko yari atangiye kumunenga nk’umunyantege nke, biturutse ku makuru yari amaze gusohorwa agaragaza ibitaragombaga kujya hanze muri gahunda za Trump.

-7552.jpg

Paul Manafort yatangiye ariwe uyoboye ibikorwa byo kwamamaza Donald Trump, umwanya yaje gukurwaho

2017-08-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri

AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri

RUSHYASHYA 28 May 2026
Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo

Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo

RUSHYASHYA 09 Jun 2026
Ingabo z’u Rwanda zirahakana amakuru avuga ko zinjiye ku butaka bwa Congo

Ingabo z’u Rwanda zirahakana amakuru avuga ko zinjiye ku butaka bwa Congo

Ubwanditsi 26 Apr 2016
SIDA: Abana banywera Imiti ku Ishuri bafite Imbogamizi y’Akato bahabwa na bagenzi babo

SIDA: Abana banywera Imiti ku Ishuri bafite Imbogamizi y’Akato bahabwa na bagenzi babo

Ubwanditsi 15 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Golden State Warriors yatsinze Raptors mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana NBA
IMIKINO

Golden State Warriors yatsinze Raptors mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana NBA

Ubwanditsi 11 Jun 2019
Minisitiri Mushikiwabo yagiranye ibiganiro na Perezida Kabila wa Congo
INKURU NYAMUKURU

Minisitiri Mushikiwabo yagiranye ibiganiro na Perezida Kabila wa Congo

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora – Perezida Kagame

Ubwanditsi 03 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru