• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uko ubutegetsi mu Burundi bwanze kwitabira imishyikirano ya Arusha

Uko ubutegetsi mu Burundi bwanze kwitabira imishyikirano ya Arusha

Ubwanditsi 11 Jan 2016 Mu Rwanda

Ubutegetsi bwa Perezida Petero Nkurunziza bwanze kwitabira imishyikirano y’amahoro yari itegenyijwe gutangira uyu munsi Arusha muri Tanzania, kandi ntibwanatanga n’impamvu zisobanutse.

Mu mpera z’ukwezi gushize umuhuza mu bibazo by’u Burundi, Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yari yatangaje yuko imishyikirano y’Abarundi yari gusubukurwa tariki 06/01/2016 Arusha muri Tanzania aho gukomeza kubera muri Uganda. Ibi Museveni yabitangaje mu mushyikirano wa mbere, utarigeze ugira ikivugirwamo gifatika, wabereye Entebbe muri icyo gihugu cya Uganda.

Aho Entebbe intumwa za leta y’u Burundi zari ziyobowe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Alain Nyamitwe, wabwiye itangazamakuru yuko byabatunguye kuba bahasanze abo leta ye idashobora gushyikirana nabo.

-1676.jpg

Alain Nyamitwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga mu Burundi

Bamwe mu batavuga rumwe na leta bari aho Entebbe harimo abahoze bayobora u Burundi nka Jean Baptiste Bagaza, Petero Buyoya na Sylvestre Ntibantunganya.

Abandi ni nka Leonard Nyangoma uyoboye ishyaka rya FRODEB nyakuri kimwe na Pancrace Cimpaye uyoboye CNARED, ishyirahamwe rirwanira iyubahirizwa ry’amasezerano ya Arusha n’uburenganzira bwa muntu.

-1670.jpg

Abari bitabiriye imishyikirano Entebbe muri Uganda

-1671.jpg

Amagana bari mu mihanda bamagana manda ya gatatu ya Petero Nkurunziza

-1672.jpg

Perezida Museveni niwe watangije iyi mishyikirano mu Burundi

Bujumbura ivuga yuko itazagirana imishyikirano n’abashatse guhirika ubutegetsi kimwe n’abahamagariraga abantu kujya mu myigaragambyo yo kwamagana manda ya gatatu ya Nkurunziza. Abakurikiranye neza amagambo yakomeje kuvugwa nyuma y’iyo nama ya Entebbe babonaga neza yuko ubutegetsi mu Burundi butazitabira ibyo biganiro byari byateguwe gutangira uyu munsi ku wa gatatu tariki 6 Mutarama Arusha.

Benshi mu bari kwitabira iyo mishyikirano ya Arusha ntabwo bari bazi yuko itakibaye.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania, Augustin Mahiga, ku mugoroba w’itariki 05/01/2015 yabwiye ijwi rya Amerika VOA yuko yari muri Afurika y’Epfo kuganira na Perezida Jacob Zuma kuri icyo kibazo cy’u Burundi ngo ariko bugomba gucya yageze Arusha kubwira uwaba yari yitabiriye iyo mishyikirano yuko itakibaye !

-1674.jpg

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania, Augustin Mahiga

Museveni niwe muhuza watowe na EAC, AU ndetse anemezwa na LONI yuko ariwe muhuza w’Abarundi, ariko uko bigaragara n’uko agenda abyegeka kuri Tanzania.

Kayumba Casmiry

2016-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gikongoro: Umupadiri yahagaritswe imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi n’ubusambanyi

Gikongoro: Umupadiri yahagaritswe imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi n’ubusambanyi

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Rutsiro: Ubutwari bw’Umurinzi w’igihango Rwamucyo warokoye Abatutsi barenga 400 yifashishije ubwato

Rutsiro: Ubutwari bw’Umurinzi w’igihango Rwamucyo warokoye Abatutsi barenga 400 yifashishije ubwato

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Gatsibo: Polisi yarashe  Umugabo agerageza kuyirwanya nyuma y’aho  yarigiye  kumuta muri yombi

Gatsibo: Polisi yarashe Umugabo agerageza kuyirwanya nyuma y’aho yarigiye kumuta muri yombi

Ubwanditsi 28 Jul 2017
Burera: Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye

Burera: Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye

Ubwanditsi 24 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali
INKURU NYAMUKURU

Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali

Ubwanditsi 21 Apr 2018
Burundi : Abana babiri bacukuriwe imva yo kubahambamo ari bazima.
INKURU NYAMUKURU

Burundi : Abana babiri bacukuriwe imva yo kubahambamo ari bazima.

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana
Amakuru

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Ubwanditsi 12 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru