• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uko ubutegetsi mu Burundi bwanze kwitabira imishyikirano ya Arusha

Uko ubutegetsi mu Burundi bwanze kwitabira imishyikirano ya Arusha

Ubwanditsi 11 Jan 2016 Mu Rwanda

Ubutegetsi bwa Perezida Petero Nkurunziza bwanze kwitabira imishyikirano y’amahoro yari itegenyijwe gutangira uyu munsi Arusha muri Tanzania, kandi ntibwanatanga n’impamvu zisobanutse.

Mu mpera z’ukwezi gushize umuhuza mu bibazo by’u Burundi, Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yari yatangaje yuko imishyikirano y’Abarundi yari gusubukurwa tariki 06/01/2016 Arusha muri Tanzania aho gukomeza kubera muri Uganda. Ibi Museveni yabitangaje mu mushyikirano wa mbere, utarigeze ugira ikivugirwamo gifatika, wabereye Entebbe muri icyo gihugu cya Uganda.

Aho Entebbe intumwa za leta y’u Burundi zari ziyobowe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Alain Nyamitwe, wabwiye itangazamakuru yuko byabatunguye kuba bahasanze abo leta ye idashobora gushyikirana nabo.

-1676.jpg

Alain Nyamitwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga mu Burundi

Bamwe mu batavuga rumwe na leta bari aho Entebbe harimo abahoze bayobora u Burundi nka Jean Baptiste Bagaza, Petero Buyoya na Sylvestre Ntibantunganya.

Abandi ni nka Leonard Nyangoma uyoboye ishyaka rya FRODEB nyakuri kimwe na Pancrace Cimpaye uyoboye CNARED, ishyirahamwe rirwanira iyubahirizwa ry’amasezerano ya Arusha n’uburenganzira bwa muntu.

-1670.jpg

Abari bitabiriye imishyikirano Entebbe muri Uganda

-1671.jpg

Amagana bari mu mihanda bamagana manda ya gatatu ya Petero Nkurunziza

-1672.jpg

Perezida Museveni niwe watangije iyi mishyikirano mu Burundi

Bujumbura ivuga yuko itazagirana imishyikirano n’abashatse guhirika ubutegetsi kimwe n’abahamagariraga abantu kujya mu myigaragambyo yo kwamagana manda ya gatatu ya Nkurunziza. Abakurikiranye neza amagambo yakomeje kuvugwa nyuma y’iyo nama ya Entebbe babonaga neza yuko ubutegetsi mu Burundi butazitabira ibyo biganiro byari byateguwe gutangira uyu munsi ku wa gatatu tariki 6 Mutarama Arusha.

Benshi mu bari kwitabira iyo mishyikirano ya Arusha ntabwo bari bazi yuko itakibaye.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania, Augustin Mahiga, ku mugoroba w’itariki 05/01/2015 yabwiye ijwi rya Amerika VOA yuko yari muri Afurika y’Epfo kuganira na Perezida Jacob Zuma kuri icyo kibazo cy’u Burundi ngo ariko bugomba gucya yageze Arusha kubwira uwaba yari yitabiriye iyo mishyikirano yuko itakibaye !

-1674.jpg

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania, Augustin Mahiga

Museveni niwe muhuza watowe na EAC, AU ndetse anemezwa na LONI yuko ariwe muhuza w’Abarundi, ariko uko bigaragara n’uko agenda abyegeka kuri Tanzania.

Kayumba Casmiry

2016-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impuguke za Loni zemeje ko nta gatege abahoze muri M23 basubiye muri RDC bafite

Impuguke za Loni zemeje ko nta gatege abahoze muri M23 basubiye muri RDC bafite

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

RUSHYASHYA 11 Apr 2026
Rayon Sports yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona

Rayon Sports yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona

Ubwanditsi 09 Jul 2017
Kigali : Perezida Kagame aratanga ikiganiro muri Transform Afurika 2017

Kigali : Perezida Kagame aratanga ikiganiro muri Transform Afurika 2017

Ubwanditsi 10 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Umugabo akurikiranyweho kwiyita umukozi b’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka
ITOHOZA

Kigali: Umugabo akurikiranyweho kwiyita umukozi b’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka

Ubwanditsi 27 Sep 2017
Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)
ITOHOZA

Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Abanyarwanda n’ubu baracyagaragaza ko 2017 itinze kugera- Hon Mukabalisa
POLITIKI

Abanyarwanda n’ubu baracyagaragaza ko 2017 itinze kugera- Hon Mukabalisa

Ubwanditsi 07 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru