• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amavubi yatsinze Congo Kinshasa

Amavubi yatsinze Congo Kinshasa

Ubwanditsi 11 Jan 2016 IMIKINO

Umukino wa gicuti wahuzaga Amavubi y’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo urangiye Amavubi atsinze igitego 1-0, cyatsinzwe na Jacques Tuyisenge ku munota wa 49 w’umukino mbere yuko asimburwa na Yussuf Habimana ubwo yari amaze kuvunika.

-1731.jpg
Umukino-wari-witabiriwe-nabafana-inzovu-cyane-kuri-stade-Umuganda-ivuguruye

Stade Umuganda yari yuzuye abafana biganjemo abaturage ba Congo.
Congo yatangiye yibona mu mukino kurusha Amavubi, yabonye uburyo butandukanye mu gice cya mbere ariko ubwinshi bupfushwa ubusa na Lusadisu ubwo yabaga asigaranye n’izamu rya Bakame.

Mu minota itanu ya mbere y’umukino, Congo yagaragaje imbaraga nyinshi ku ruhande rwayo rw’ibiryo binyuze ku bakinnyi bayo Elia Lina Meschack na Boli Jonatha.
Djihad Bizimana yakoreye ikosa kuri Lusadisu ariko Lumbu Nzinga Thierry arihannye umupira uca hejuru y’izamu rya Bakame.

-1732.jpg

Ndayyishimiye Eric Bakame wari mu izamu ry’u Rwanda yafashe ku mupira bwa mbere ku munota wa 7, ubwo Lusadisu yaragerageje ishoti nyuma yo gufata umupira wari utakajwe na Emery Bayisenge.

Boli Jonatha yahnduye umupira mwiza ku munota wa 14, ariko Lusadisu Guy umupira awutera ku ruhande arebana n’izamu.

Ku munota wa 16, Amavubi yabonye uburyo bwa mbere imbere y’izamu rya Congo, ku kazi ka Sugira Ernest utari worohewe na Joel Kimwaki.

Umunyezamu wa Congo, Matampi yabonye ikarita ya mbere y’umuhondo yabonetse muri uyu mukino ku munota wa 37.

Lusadisu yongeye guhusha ubundi asigaranye na Bakame ubwo yashakaga gutsinda n’umutwe ariko umupira ujya hanze. Ni nyuma y’iminota mike nabwo ahushije ubundi buryo yabonye muri uyu mukino.

Sugira Ernest yabonye ikarita y’umuhondo ku munota wa 39 ubwo yari amaze gukandagira Baometu Junior.

Mbere yuko amakipe yombi ajya kuruhuka, Amavubi yabonye coup-franc yatewe na Emery ku ikosa ryari rikorewe kuri Nshuti Savio, ariko umupira ujya muri koruneli itagize icyo itanga.

Igice cya kabiri cyatangiranye impinduka ku ruhande rw’Amavubi, aho Sugira yahaye umwanya Danny Usengimana.

Ku munota wa 49, Amavubi yahererekanyije neza ndetse birangira Jacques Tuyisenge atsinze igitego cy’u Rwanda ku mupira wa Fitina Ombolenga.
Congo yatangiye gusatira ishaka kwishyura binyuze ku mukinnyi wabo muremure, Boli wagonganye na Bakame bikaba ngombwa ko hitabazwa abaganga.

Mu zindi mpinduka umutoza w’Amavubi yakoze, harimo Innocent Habyarimana wasimbuye Nshuti Savio, Yannick asimbura Iranzi mu gihe Yussuf Habimana yasimbuye Tuyisenge Jacques wahushije igitego cyari cyabazwe ku munota wa 75, ndetse akavunika nyuma yo kugongana n’umunyezamu wa Congo.

Ngolubi Sedrick winjiye mu mwanya wa Lusadisu ndetse na Elia Meschack ntibigeze borohera ba myugariro b’Amavubi mu gice cya kabiri ariko kwishyura igitego biranga.

Uyu mukino, wari uwa kabiri wa gicuti Amavubi akinnye mbere ya CHAN. Ni nyuma yo kunganya na Cameroon igitego 1-1kuwa Gatatu w’icyi cyumweru.

U Rwanda rwaherukaga gutsinda RD Congo mu 2004 mu gikombe cya Afurika cyabereye muri Tunisia.

Abakinnyi babanjemo ku mpande zombi:

Rwanda: 1 Ndayishimiye Eric, 3 Mwemere Ngirinshuti, 4 Djihad Bizimana, 5 Nshimiyimana Amran, 8 Bayisenge Emery, 9 Tuyisenge Jacques, 11 Nshuti Dominique Savio, 12 Iranzi Jean Claude, 13 Ombolenga Fitina, 15 Usengimana Faustin, 16 Sugira Ernest.

Umutoza: Johnny McKinstry

RD Congo: 1 Matampi Ngumbi Ley, 2 Baometu-Moke Junior, 3 Lomarisa Mutambala Joyce, 4 Bompunga Rotuli Padou, 15 Kimwaki Mpela Joel, 5 Munganga Omba Nelson, 8 Gikanzi Doxa Doxa, 17 Lusadisu Basisila Guy, 10 Lumbu Nzinga Hertier, 6 Elia Lina Meschack, 19 Boli M.Merikani Jonatha
Umutoza: Florent Ibenge.

M.Fils

2016-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunsi wa gatanu wa shampiyona usize Marines FC , APR FC na AS Kigali mu makipe asohotse mu matsinda, AS Muhanga, Etincelles na Mukura zigomba guhatanira kutamanuka.

Umunsi wa gatanu wa shampiyona usize Marines FC , APR FC na AS Kigali mu makipe asohotse mu matsinda, AS Muhanga, Etincelles na Mukura zigomba guhatanira kutamanuka.

Ubwanditsi 15 May 2021
The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo  ye ‘ Habibi’

The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo ye ‘ Habibi’

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.

Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.

Ubwanditsi 29 Apr 2021
Ikipe y’igihugu ya Zimbabwe “The Warriors” yashinje amarozi n’ubupfumu ikipe ya Cameroon yakiriye amarushanwa

Ikipe y’igihugu ya Zimbabwe “The Warriors” yashinje amarozi n’ubupfumu ikipe ya Cameroon yakiriye amarushanwa

Ubwanditsi 17 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe
SHOWBIZ

Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe

Ubwanditsi 06 May 2018
Ishyamba siryeru muri Rayon Sports:Karekezi Olivier ari mu maboko ya Polisi
INKURU NYAMUKURU

Ishyamba siryeru muri Rayon Sports:Karekezi Olivier ari mu maboko ya Polisi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma
Amakuru

Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma

RUSHYASHYA 26 May 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru