• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amavubi yatsinze Congo Kinshasa

Amavubi yatsinze Congo Kinshasa

Ubwanditsi 11 Jan 2016 IMIKINO

Umukino wa gicuti wahuzaga Amavubi y’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo urangiye Amavubi atsinze igitego 1-0, cyatsinzwe na Jacques Tuyisenge ku munota wa 49 w’umukino mbere yuko asimburwa na Yussuf Habimana ubwo yari amaze kuvunika.

-1731.jpg
Umukino-wari-witabiriwe-nabafana-inzovu-cyane-kuri-stade-Umuganda-ivuguruye

Stade Umuganda yari yuzuye abafana biganjemo abaturage ba Congo.
Congo yatangiye yibona mu mukino kurusha Amavubi, yabonye uburyo butandukanye mu gice cya mbere ariko ubwinshi bupfushwa ubusa na Lusadisu ubwo yabaga asigaranye n’izamu rya Bakame.

Mu minota itanu ya mbere y’umukino, Congo yagaragaje imbaraga nyinshi ku ruhande rwayo rw’ibiryo binyuze ku bakinnyi bayo Elia Lina Meschack na Boli Jonatha.
Djihad Bizimana yakoreye ikosa kuri Lusadisu ariko Lumbu Nzinga Thierry arihannye umupira uca hejuru y’izamu rya Bakame.

-1732.jpg

Ndayyishimiye Eric Bakame wari mu izamu ry’u Rwanda yafashe ku mupira bwa mbere ku munota wa 7, ubwo Lusadisu yaragerageje ishoti nyuma yo gufata umupira wari utakajwe na Emery Bayisenge.

Boli Jonatha yahnduye umupira mwiza ku munota wa 14, ariko Lusadisu Guy umupira awutera ku ruhande arebana n’izamu.

Ku munota wa 16, Amavubi yabonye uburyo bwa mbere imbere y’izamu rya Congo, ku kazi ka Sugira Ernest utari worohewe na Joel Kimwaki.

Umunyezamu wa Congo, Matampi yabonye ikarita ya mbere y’umuhondo yabonetse muri uyu mukino ku munota wa 37.

Lusadisu yongeye guhusha ubundi asigaranye na Bakame ubwo yashakaga gutsinda n’umutwe ariko umupira ujya hanze. Ni nyuma y’iminota mike nabwo ahushije ubundi buryo yabonye muri uyu mukino.

Sugira Ernest yabonye ikarita y’umuhondo ku munota wa 39 ubwo yari amaze gukandagira Baometu Junior.

Mbere yuko amakipe yombi ajya kuruhuka, Amavubi yabonye coup-franc yatewe na Emery ku ikosa ryari rikorewe kuri Nshuti Savio, ariko umupira ujya muri koruneli itagize icyo itanga.

Igice cya kabiri cyatangiranye impinduka ku ruhande rw’Amavubi, aho Sugira yahaye umwanya Danny Usengimana.

Ku munota wa 49, Amavubi yahererekanyije neza ndetse birangira Jacques Tuyisenge atsinze igitego cy’u Rwanda ku mupira wa Fitina Ombolenga.
Congo yatangiye gusatira ishaka kwishyura binyuze ku mukinnyi wabo muremure, Boli wagonganye na Bakame bikaba ngombwa ko hitabazwa abaganga.

Mu zindi mpinduka umutoza w’Amavubi yakoze, harimo Innocent Habyarimana wasimbuye Nshuti Savio, Yannick asimbura Iranzi mu gihe Yussuf Habimana yasimbuye Tuyisenge Jacques wahushije igitego cyari cyabazwe ku munota wa 75, ndetse akavunika nyuma yo kugongana n’umunyezamu wa Congo.

Ngolubi Sedrick winjiye mu mwanya wa Lusadisu ndetse na Elia Meschack ntibigeze borohera ba myugariro b’Amavubi mu gice cya kabiri ariko kwishyura igitego biranga.

Uyu mukino, wari uwa kabiri wa gicuti Amavubi akinnye mbere ya CHAN. Ni nyuma yo kunganya na Cameroon igitego 1-1kuwa Gatatu w’icyi cyumweru.

U Rwanda rwaherukaga gutsinda RD Congo mu 2004 mu gikombe cya Afurika cyabereye muri Tunisia.

Abakinnyi babanjemo ku mpande zombi:

Rwanda: 1 Ndayishimiye Eric, 3 Mwemere Ngirinshuti, 4 Djihad Bizimana, 5 Nshimiyimana Amran, 8 Bayisenge Emery, 9 Tuyisenge Jacques, 11 Nshuti Dominique Savio, 12 Iranzi Jean Claude, 13 Ombolenga Fitina, 15 Usengimana Faustin, 16 Sugira Ernest.

Umutoza: Johnny McKinstry

RD Congo: 1 Matampi Ngumbi Ley, 2 Baometu-Moke Junior, 3 Lomarisa Mutambala Joyce, 4 Bompunga Rotuli Padou, 15 Kimwaki Mpela Joel, 5 Munganga Omba Nelson, 8 Gikanzi Doxa Doxa, 17 Lusadisu Basisila Guy, 10 Lumbu Nzinga Hertier, 6 Elia Lina Meschack, 19 Boli M.Merikani Jonatha
Umutoza: Florent Ibenge.

M.Fils

2016-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abeza b’u Rwanda muri Basketball batsinzi ab’i Burundi, APR FC ikomeje kuyobora, APR WVC yatsinze POLICE WVC

Abeza b’u Rwanda muri Basketball batsinzi ab’i Burundi, APR FC ikomeje kuyobora, APR WVC yatsinze POLICE WVC

Ubwanditsi 11 Dec 2023
Irumbuka ry’ibitego ku munsi wa 25 wa PNL, Rayon Sports, Gasogi United na Musanze FC muzatsinzwe byinshi – Ibyaranze uyu munsi

Irumbuka ry’ibitego ku munsi wa 25 wa PNL, Rayon Sports, Gasogi United na Musanze FC muzatsinzwe byinshi – Ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 03 Apr 2023
Amafoto: Kepler VC yatsinze REG VC, Police WVC itsinda APR WVC begukana igikombe cy’Intwari 2025

Amafoto: Kepler VC yatsinze REG VC, Police WVC itsinda APR WVC begukana igikombe cy’Intwari 2025

Ubwanditsi 03 Feb 2025
CHAN2016: Ikipe ya RDC yatangiye inyagira iya Ethiopia ibitego 3 – 0

CHAN2016: Ikipe ya RDC yatangiye inyagira iya Ethiopia ibitego 3 – 0

Ubwanditsi 17 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukinnyi Wa Filimi Z’ubusambanyi Uherutse Gutangaza Ko Yaryamanye Na Perezida Trump Yatawe Muri Yombi
Mu Mahanga

Umukinnyi Wa Filimi Z’ubusambanyi Uherutse Gutangaza Ko Yaryamanye Na Perezida Trump Yatawe Muri Yombi

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Rutahizamu Usengimana Dany uherutse kwimukira muri Canada yasinyiye ikipe ya AS Laval yo mu cyiciro cya gatatu muri icyo gihugu
Amakuru

Rutahizamu Usengimana Dany uherutse kwimukira muri Canada yasinyiye ikipe ya AS Laval yo mu cyiciro cya gatatu muri icyo gihugu

Ubwanditsi 02 Apr 2024
Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.
Amakuru

Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.

Ubwanditsi 30 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru