• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amavubi yatsinze Congo Kinshasa

Amavubi yatsinze Congo Kinshasa

Ubwanditsi 11 Jan 2016 IMIKINO

Umukino wa gicuti wahuzaga Amavubi y’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo urangiye Amavubi atsinze igitego 1-0, cyatsinzwe na Jacques Tuyisenge ku munota wa 49 w’umukino mbere yuko asimburwa na Yussuf Habimana ubwo yari amaze kuvunika.

-1731.jpg
Umukino-wari-witabiriwe-nabafana-inzovu-cyane-kuri-stade-Umuganda-ivuguruye

Stade Umuganda yari yuzuye abafana biganjemo abaturage ba Congo.
Congo yatangiye yibona mu mukino kurusha Amavubi, yabonye uburyo butandukanye mu gice cya mbere ariko ubwinshi bupfushwa ubusa na Lusadisu ubwo yabaga asigaranye n’izamu rya Bakame.

Mu minota itanu ya mbere y’umukino, Congo yagaragaje imbaraga nyinshi ku ruhande rwayo rw’ibiryo binyuze ku bakinnyi bayo Elia Lina Meschack na Boli Jonatha.
Djihad Bizimana yakoreye ikosa kuri Lusadisu ariko Lumbu Nzinga Thierry arihannye umupira uca hejuru y’izamu rya Bakame.

-1732.jpg

Ndayyishimiye Eric Bakame wari mu izamu ry’u Rwanda yafashe ku mupira bwa mbere ku munota wa 7, ubwo Lusadisu yaragerageje ishoti nyuma yo gufata umupira wari utakajwe na Emery Bayisenge.

Boli Jonatha yahnduye umupira mwiza ku munota wa 14, ariko Lusadisu Guy umupira awutera ku ruhande arebana n’izamu.

Ku munota wa 16, Amavubi yabonye uburyo bwa mbere imbere y’izamu rya Congo, ku kazi ka Sugira Ernest utari worohewe na Joel Kimwaki.

Umunyezamu wa Congo, Matampi yabonye ikarita ya mbere y’umuhondo yabonetse muri uyu mukino ku munota wa 37.

Lusadisu yongeye guhusha ubundi asigaranye na Bakame ubwo yashakaga gutsinda n’umutwe ariko umupira ujya hanze. Ni nyuma y’iminota mike nabwo ahushije ubundi buryo yabonye muri uyu mukino.

Sugira Ernest yabonye ikarita y’umuhondo ku munota wa 39 ubwo yari amaze gukandagira Baometu Junior.

Mbere yuko amakipe yombi ajya kuruhuka, Amavubi yabonye coup-franc yatewe na Emery ku ikosa ryari rikorewe kuri Nshuti Savio, ariko umupira ujya muri koruneli itagize icyo itanga.

Igice cya kabiri cyatangiranye impinduka ku ruhande rw’Amavubi, aho Sugira yahaye umwanya Danny Usengimana.

Ku munota wa 49, Amavubi yahererekanyije neza ndetse birangira Jacques Tuyisenge atsinze igitego cy’u Rwanda ku mupira wa Fitina Ombolenga.
Congo yatangiye gusatira ishaka kwishyura binyuze ku mukinnyi wabo muremure, Boli wagonganye na Bakame bikaba ngombwa ko hitabazwa abaganga.

Mu zindi mpinduka umutoza w’Amavubi yakoze, harimo Innocent Habyarimana wasimbuye Nshuti Savio, Yannick asimbura Iranzi mu gihe Yussuf Habimana yasimbuye Tuyisenge Jacques wahushije igitego cyari cyabazwe ku munota wa 75, ndetse akavunika nyuma yo kugongana n’umunyezamu wa Congo.

Ngolubi Sedrick winjiye mu mwanya wa Lusadisu ndetse na Elia Meschack ntibigeze borohera ba myugariro b’Amavubi mu gice cya kabiri ariko kwishyura igitego biranga.

Uyu mukino, wari uwa kabiri wa gicuti Amavubi akinnye mbere ya CHAN. Ni nyuma yo kunganya na Cameroon igitego 1-1kuwa Gatatu w’icyi cyumweru.

U Rwanda rwaherukaga gutsinda RD Congo mu 2004 mu gikombe cya Afurika cyabereye muri Tunisia.

Abakinnyi babanjemo ku mpande zombi:

Rwanda: 1 Ndayishimiye Eric, 3 Mwemere Ngirinshuti, 4 Djihad Bizimana, 5 Nshimiyimana Amran, 8 Bayisenge Emery, 9 Tuyisenge Jacques, 11 Nshuti Dominique Savio, 12 Iranzi Jean Claude, 13 Ombolenga Fitina, 15 Usengimana Faustin, 16 Sugira Ernest.

Umutoza: Johnny McKinstry

RD Congo: 1 Matampi Ngumbi Ley, 2 Baometu-Moke Junior, 3 Lomarisa Mutambala Joyce, 4 Bompunga Rotuli Padou, 15 Kimwaki Mpela Joel, 5 Munganga Omba Nelson, 8 Gikanzi Doxa Doxa, 17 Lusadisu Basisila Guy, 10 Lumbu Nzinga Hertier, 6 Elia Lina Meschack, 19 Boli M.Merikani Jonatha
Umutoza: Florent Ibenge.

M.Fils

2016-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Ubwanditsi 11 Mar 2020
Rutahizamu w’ikipe ya Police FC, Patrick Sibomana “Papy” yinjiye mu bucuruzi bw’ibikoresho bya Siporo ahereye ku nkweto z’abakinnyi b’umupira w’amaguru

Rutahizamu w’ikipe ya Police FC, Patrick Sibomana “Papy” yinjiye mu bucuruzi bw’ibikoresho bya Siporo ahereye ku nkweto z’abakinnyi b’umupira w’amaguru

Ubwanditsi 11 Mar 2021
Amafoto – Ikipe ya Gisagara VC mu bagabo ndetse na Rwanda Revenu Authority mu bagore begukanye igikombe cy’irushanwa rya Taxpayers Appreciation 2021

Amafoto – Ikipe ya Gisagara VC mu bagabo ndetse na Rwanda Revenu Authority mu bagore begukanye igikombe cy’irushanwa rya Taxpayers Appreciation 2021

Ubwanditsi 29 Nov 2021
Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 21 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Intebe yijeje Inteko ko muri 2021 u Rwanda rutazaba rutumiza hanze imbuto zo guhinga
POLITIKI

Minisitiri w’Intebe yijeje Inteko ko muri 2021 u Rwanda rutazaba rutumiza hanze imbuto zo guhinga

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu  rizwi nka Rwandan Epic
Amakuru

Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic

Ubwanditsi 30 Nov 2025
Botswana yasabye amahanga kotsa Perezida Kabila igitutu akarekura ubutegetsi nta mananiza
POLITIKI

Botswana yasabye amahanga kotsa Perezida Kabila igitutu akarekura ubutegetsi nta mananiza

Ubwanditsi 01 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru