• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo ye ‘ Habibi’

The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo ye ‘ Habibi’

Ubwanditsi 08 Dec 2016 IMIKINO

Ibya The Ben n’umusore witwa Ganza umushinja ubujura n’ubuhemu bikomeje kuba urujijo, nyuma y’uko uyu Ganza atangaje ko ari we wakurishije indirimbo Habibi kuri Youtube, nyuma yasubiyeho maze The Ben we avuga ibindi bitandukanye, ubu biteye urujijo.

Mu minsi ishize ubwo The Ben yashyiraga hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “Habibi”, yahise ashinjwa n’umusore witwa Ganza Innocent kuba yaramwibye uburenganzira ku gihangano cye akanamuhemukira ntamukorere ibyo bari barasezeranye. Ganza Innocent, ni umunyarwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ukora akazi ko gufata amashusho agezweho, akenshi afata ayo mu kirere.

-4952.jpg

-4951.jpg

Umuhanzi The Ben

Ganza Innocent avuga ko The Ben yamusabye kumufatira amashusho meza y’indirimbo ye ’Habibi’ undi akabikora, ariko akamuca amafaranga macye akamusaba ko andi mafaranga ayamurekera akazahwana n’uko azashyira mu mashusho y’iyo ndirimbo amazina ye (Ganza Innocent) n’aya kompanyi ye yitwa Ganza Image Productions kugirango abantu bazamenye uwafashe aya mashusho bityo bizamuheshe akandi kazi kuko yari yiyizeye mu gufata amashusho agezweho.

-4954.jpg

-4953.jpg

Ganza Innocent

Ganza Innocent ariko avuga ko The Ben yaje kumwisubirana, amasezerano bari bateguye ntayasinye ndetse agatungurwa no kubona amashusho y’indirimbo asohotse yanditseho ko yakozwe na Cedru, nta na hamwe hagaragara Ganza Innocent ubwe cyangwa kompanyi ye ya Ganza Image Productions.

Ganza yabwiye ikinyamakuru Ukwezi.com ko ibi byamubabaje cyane bigatuma atanga ikirego ku buyobozi bw’urubuga rwa Youtube, uru rubuga narwo rukandikira The Ben rumusaba kwisobanura ntabikore, none bakaba bafashe icyemezo cyo gukura indirimbo kuri uru rubuga kandi ngo nayisubizaho azahura n’ibibazo bikomeye.

Iyi ndirimbo yari yakuwe ku rubuga rwa youtube ariko yasubiyeho mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu. The Ben we avuga ko ari we wari wayihagaritse, naho Ganza akemeza ko yari yakuweho kubera ikirego yari yatanze, kandi yiteguye gukomeza guharanira uburenganzira bwe.


2016-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Batanu mu bahatanira MissRwanda2016  batsinze ikizamini cya Leta

Batanu mu bahatanira MissRwanda2016 batsinze ikizamini cya Leta

Ubwanditsi 21 Feb 2016
Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege

Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Amafoto – Mu mukino wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Ibanda FC yo muri RDC 0-0

Amafoto – Mu mukino wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Ibanda FC yo muri RDC 0-0

Ubwanditsi 18 Nov 2021
Ronaldo yakomerekeye mu mukino wahuje Real Madrid na Deportivo La Coruna

Ronaldo yakomerekeye mu mukino wahuje Real Madrid na Deportivo La Coruna

Ubwanditsi 22 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Papa Francis yaciye bugufi asaba Imana imbabazi kubera uruhare rwa Kiliziya muri Jenoside yakorewe abatutsi
Amakuru

Papa Francis yaciye bugufi asaba Imana imbabazi kubera uruhare rwa Kiliziya muri Jenoside yakorewe abatutsi

Ubwanditsi 23 Apr 2025
Urubyiruko ruratungwa agatoki  kutitabira ibiganiro mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Mu Rwanda

Urubyiruko ruratungwa agatoki kutitabira ibiganiro mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Twagiramungu Faustin yavuye ku izima avuga ko u Rwanda rukwiye kuyoborwa n’abakiri bato
POLITIKI

Twagiramungu Faustin yavuye ku izima avuga ko u Rwanda rukwiye kuyoborwa n’abakiri bato

Ubwanditsi 11 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru