• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame asanga igihe cyo guhitiramo Abanyafurika icyo bakwiriye cyararangiye

Perezida Kagame asanga igihe cyo guhitiramo Abanyafurika icyo bakwiriye cyararangiye

Ubwanditsi 27 Sep 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame aravuga ko igihe cyo gutegeka Abanyafurika icyo bagomba gukora cyangwa icyo bagomba kuba cyo cyarangiye ubu ari igihe cyo’ibiganiro byiza n’ubufatanye bishobora kugirira inyungu uburengerazuba na Afurika mu buryo bw’ubwubahane.

Ibi Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane ageza ijambo ku Nama y’Abayobozi b’Isi, ibera buri mwaka muri Kaminuza ya Columbia I New York, yitabirwa n’abanyeshuri ba kaminuza, abarimu n’abagize amashami atandukanye.

Mu ijambo rye muri iyi nama imaze kwakira abakuru ba za leta n’abayobozi b’Isi bagera mu 100 baturutse mu bihugu bisaga 85 kuva yatangira mu 2003, Perezida kagame yavuze ko Abanyarwanda n’Abanyafurika, by’umwihariko, bageze ku rwego rw’aho amahitamo yabo akeneye kubahwa aho kugirango bategekwe.

Yavuze ko hashize ibinyejana byinshi Abanyafurika bafatwa nk’abantu batazi icyo bashaka, mu gihe abandi bagerageza kubatekerereza no kugena icyo bakwiriye.

Yagize ati: “Abayobozi benshi ba Afurika, nanjye ndimo, bagiye bahura no guhatwa ibibazo n’abanyamahanga, kuri buri kimwe gifatwa nk’ikitari cyo ku bihugu byacu,”

Yakomeje avuga ko gira kenshi, kunenga kuba kudashingiye ku kuri cyangwa ibiriho ahubwo ari ivangura ryahawe intebe.

Yakomoje ku kiganiro yagiranye na France 24, avuga ko yagiye agongana n’abantu ku bibazo by’uko ibibazo Afurika ifite byagabanuka, akabasaba kureka Abanyafurika bakagena ahazaza habo.

Ati: “Byarangiye mbwira umwe muri bo, Uri nde? Ukeka ko uri muntu bwoko ki? Abayobozi ba Afurika basubiza abaturage babo. Nta cyumba kigomba kubaho cy’abantu bigomba kubanza gucaho.” 

Ku Bushinwa

Perezida Kagame yatanze urundi rugero rw’u Bushinwa, aho ibihugu byo mu burengerazuba (u Burayi na USA) bikomeje kugaragaza impungenge bifitiye u Bushinwa muri Afurika.

“Twumva ngo u Bushinwa ni bubi kuri Afurika. Ko gukorana business n’u Bushinwa bizaganisha ku myenda n’ubutegetsi bw’igitugu. Biba bitangaje iyo iyi miburo ituruka ahantu, hakomeje ubufatanye mu by’ubucuruzi n’ishoramari n’u Bushinwa, ahubwo Afurika inabereyemo imyenda myinshi yo hanze,”

Perezida Kagame akaba yakomeje yibaza ukuntu gukorana n’u Bushinwa bigira inyungu hamwe bikaba ikibazo ku bandi, agasanga hari ikindi kintu gikomeye kibyihishe inyuma ari ho hava igitekerezo cy’uko Afurika yaba ari igihembo cyo gutsindira cyangwa kubura. (“a prize” to win or lose,”).

Umukuru w’igihugu yavuze ko atari byo kumva ko ibihugu ibindi bihugu byahitiramo Afurika ibyo ishaka aho kugirango Abanyafurika bihitiremo.

Ati: “Kumva ko twe Abanyafurika tutazi icyiza kuri twe. Iyo mitekerereze nta mwanya ifite mu Isi ya none. Dufite izindi business zihutirwa. Afurika ifite inyungu zayo zo gukurikirana, kandi turateganya kubikomeza.”

Perezida Kagame yafashe n’umwanya avuga kuri raporo igaragaza uko abaturage b’ibihugu bishimye (World Happiness Report) ikunze gushyira u Rwanda mu myanya ya nyuma nk’ikindi kimenyetso cy’ukuntu Abanyaburayi bakomeje gushaka gutegeka Abanyafurika, yibaza ukuntu u Rwanda iteka rushyirwa mu kebo kamwe n’ibihugu byugarijwe n’amakimbirane.

Yabajije ukuntu abaturage b’igihugu cyakoze amavugurura adasanzwe mu bukungu mu mateka ya raporo y’ishami rya Loni ryita ku iterambere rya muntu, baza no mu ba mbere babayeho nabi ku Isi.

2019-09-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Ubwanditsi 10 Jul 2018
BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

Ubwanditsi 27 Nov 2017
U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

Ubwanditsi 17 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru arakangurira abaturage gufatanya kubungabunga umutekano
Mu Mahanga

Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru arakangurira abaturage gufatanya kubungabunga umutekano

Ubwanditsi 03 Nov 2016
Ikiganiro cya Dr. Marara cyo kuwa  21/2/2016 gikomeje gukurura impaka
ITOHOZA

Ikiganiro cya Dr. Marara cyo kuwa 21/2/2016 gikomeje gukurura impaka

Ubwanditsi 02 Jun 2016
Dore Uburyo Wakwemeza Umukobwa Muhuye bwa Mbere Mukubakana Urukundo Rudasanzwe hagati Yanyu
HIRYA NO HINO

Dore Uburyo Wakwemeza Umukobwa Muhuye bwa Mbere Mukubakana Urukundo Rudasanzwe hagati Yanyu

Ubwanditsi 05 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru