• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Ubwanditsi 31 Oct 2017 ITOHOZA

Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Canada, “RCA-Canada”, wandikiye John McKay, Umudepite uhagarariye agace ka Scarborough—Guildwood mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, wamagana ubusabe bwa David Himbara ushaka gutanga ubuhamya muri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Iterambere Mpuzamahanga, FAAE.

Bijya gutangira, Himbara yasabye Depite McKay kumufasha ku buryo yazajya muri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Iterambere Mpuzamahanga gutanga ubuhamya bwibasira Col Vincent Nyakarundi, umudipolomate w’u Rwanda muri Canada, avuga ko u Rwanda ruri mu migambi igamije kwibasira abanyapolitiki batavuga rumwe na FPR.

Amaze kwakira ibaruwa ya Himbara, ku wa 16 Ukwakira 2016, Depite McKay yandikiye Bob Nault uyobora iyo Komisiyo amumenyesha ubusabe bwa David Himbara wavuze ko ahagarariye Ihuriro ry’Abanya-Canada ryitwa CCAPVR rihangayikishijwe n’umwuka mubi wa Politiki mu Rwanda.

Ibi Himbara yabikoze nyuma y’aho ku wa 27 Nzeri 2017 yari imbere y’abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Washington na none atanga ubuhamya buvuga nabi u Rwanda nyuma yo kwishyura amadolari ya Amerika ibihumbi 520 mu bihe bitandukanye.

Mu ibaruwa Abanyarwanda baba muri Canada bandikiye Depite McKay yo ku wa 20 Ukwakira 2017, bamumenyesheje ko bahuriye mu muryango wemewe n’amategeko ndetse ubarizwamo Abanyarwanda basaga ibihumbi 20 bari mu mijyi minini ya Canada.

-8503.jpg

Depite John McKay niwe wanditse ibaruwa asabira Himbara kuzajya gutanga ubuhamya muri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Iterambere Mpuzamahanga, FAAE

-252.png

David Himbara na Major Robert Higiro, bajya gutanga ibinyoma mu Nteko ya Amerika, Himbara yagiye yitwa umuhuzabikorwa wa “Democracy Now in Rwanda”, umuryango ukora ibikorwa bya Politiki ariko utemewe n’amategeko.

-8505.jpg
-8504.jpg
Iyi baruwa yashyizweho umukono na Joachim Mutezintare, Perezida w’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Canada na Visi Perezida wawo, John Ruhinda hari aho igira iti “Umuryango w’Abanyarwanda uhangayikishijwe cyane n’ibirego bikubiye mu ibaruwa washyikirije Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Iterambere Mpuzamahanga. Twizera ko wakoze ubushakashatsi bw’ibanze ku mugabo woherereje umutwe w’abadepite.”

“Bitandukanye n’isura agaragaza muri rubanda, hari gihamya ko Himbara agira uruhare mu bikorwa bibi kandi by’ubwiru bigamije kuturemamo amacakubiri no guhungabanya Guverinoma y’u Rwanda. Agira uruhare rutaziguye mu kurema amacakubiri mu Banyarwanda bo muri diaspora, akoresheje uburyo bwose mu guteza umwuka mubi, urwikekwe no kwitandukanya hagati y’abagize umuryango nyarwanda.”

Ikomeza ibwira Depite McKay ko ibivugwa na Himbara ko bamwe mu Banyarwanda baba muri Canada babayeho mu buryo busa n’aho bashyizweho iterabwoba na Col Nyakarundi, ari ibinyoma bisa.

Iti “Ibi ni ibinyoma bitagira ishingiro. Ikindi kandi iryo terabwoba ntirishobora kubaho ngo tubiyoberwe. Uyu ni undi mugambi wa Himbara wo gutesha agaciro Guverinoma y’u Rwanda kugira ngo Abanyarwanda baba muri Diaspora bayitere umugongo. Nk’Abanya-Canada, ntitwakwemera ko inzego za Guverinoma yacu (Canada) zikoreshwa nk’igikoresho cy’icengezamatwara ribi kandi mu birego bidafite ishingiro ku gihugu gifite ubudahangarwa, umuryango n’abantu ku giti cyabo.”

Aba Banyarwanda bibukije uyu mudepite ko gahunda ya Himbara yo kurwanya u Rwanda yayigejeje no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yishyuye ibihumbi by’amadolari kugira ngo abonane n’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Banamusabye ko ubwo busabe bwa Himbara bwateshwa agaciro kuko nta kuri afite.

Himbara mu bihe bitandukanye yishyuye Ikigo gikora ubuvugizi mu guhuza inzego zitandukanye muri Amerika, Podesta Group gikorera i Washington, D.C, amadolari ya Amerika ibihumbi 520 kugira ngo yemererwe kujya gutanga ubuhamya.

Iki kigo nacyo cyamwishyuye kumuhuza na bagenzi be bahunze igihugu batavuga rumwe n’ubutegetsi n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika, Christopher Smith, ukuriye agashami ka Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, kibanda kuri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika uyu mugabo yashinze umuryango witwa “DIRN” (Democracy in Rwanda Now) naho muri Canada ahashinga “CCAPVR” (Canadians Concerned about Political Violence in Rwanda).

Ubundi muri Canada Himbara abayeho ate?

Muri Canada, Himbara atanga amahugurwa muri Seneca College, ishuri riherereye mu Mujyi wa Toronto ryigisha Ubugeni n’Ikoranabuhanga. Umwarimu nkawe, ku mwaka ahembwa nibura ibihumbi 50 by’amadolari ya Amerika.

Ibi ubwabyo bituma hibazwa inkomoko y’amadolari asaga ibihumbi 500 yishyuye kugira ngo ajye gutanga ubuhamya muri US Capitol Hill.

Ikindi ni uko mu mwaka ushize yakurikiranwaga n’Urukiko rwo mu Mujyi wa Toronto nyuma y’ikirego cy’Ishami rishinzwe gukora iperereza ku misoro rimukurikiranyeho kutagaragaza imisoro y’amafaranga atunze.

Bivugwa ko amafaranga uyu mugabo yahaye Podesta Group yatanzwe n’umunyemari Rujugiro Ayabatwa Tribert.

Kugeza ubu, yaba Abanyarwanda baba muri Canada, yaba n’uyu mudepite wanditse asaba ko Himbara ahabwa umwanya, nta ruhande na rumwe iyi Komisiyo irasubiza.

-8506.jpg

Abayobozi b’Ihuriro ry’Abanyarwanda baba muri Canada, RCA-Canada; Joachim Mutezintare (ibumoso), John Ruhinda (hagati) banditse ibaruwa basaba ko David Himbara (iburyo) adahabwa umwanya wo gutanga ubuhamya muri Komite y’Inteko Ishinga Amategeko ya Canada

2017-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itohoza: Ubutabera bw’u Bubiligi buragera Sebatware Marcel amajanja , Rushyashya yavuye imuzi nimuzingo kubyaha bya Jenoside aregwa ndetse n’ubusahuzi yitwaje UZICONDICO

Itohoza: Ubutabera bw’u Bubiligi buragera Sebatware Marcel amajanja , Rushyashya yavuye imuzi nimuzingo kubyaha bya Jenoside aregwa ndetse n’ubusahuzi yitwaje UZICONDICO

Ubwanditsi 26 Jan 2020
Canada umunyarwanda yarohamye mu mazi arapfa

Canada umunyarwanda yarohamye mu mazi arapfa

Ubwanditsi 22 Aug 2016
Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Amakimbirane yadutse mu Ishyaka Ishema rya  Padiri Tomas Nahimana

Amakimbirane yadutse mu Ishyaka Ishema rya Padiri Tomas Nahimana

Ubwanditsi 13 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Uhuru Kenyatta yasesekaye mu Rwanda
ITOHOZA

Perezida Uhuru Kenyatta yasesekaye mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Mar 2019
Abakinnyi 10 bato kurusha abandi bitezweho kwigaragaza muri CHAN
IMIKINO

Abakinnyi 10 bato kurusha abandi bitezweho kwigaragaza muri CHAN

Ubwanditsi 18 Jan 2016
Dr Bizimana yagaragaje uburyo mu ngabo z’Abafaransa zari muri Zone Turquoise hari harimo ibirara
POLITIKI

Dr Bizimana yagaragaje uburyo mu ngabo z’Abafaransa zari muri Zone Turquoise hari harimo ibirara

Ubwanditsi 03 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru