• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Ubwanditsi 31 Oct 2017 ITOHOZA

Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Canada, “RCA-Canada”, wandikiye John McKay, Umudepite uhagarariye agace ka Scarborough—Guildwood mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, wamagana ubusabe bwa David Himbara ushaka gutanga ubuhamya muri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Iterambere Mpuzamahanga, FAAE.

Bijya gutangira, Himbara yasabye Depite McKay kumufasha ku buryo yazajya muri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Iterambere Mpuzamahanga gutanga ubuhamya bwibasira Col Vincent Nyakarundi, umudipolomate w’u Rwanda muri Canada, avuga ko u Rwanda ruri mu migambi igamije kwibasira abanyapolitiki batavuga rumwe na FPR.

Amaze kwakira ibaruwa ya Himbara, ku wa 16 Ukwakira 2016, Depite McKay yandikiye Bob Nault uyobora iyo Komisiyo amumenyesha ubusabe bwa David Himbara wavuze ko ahagarariye Ihuriro ry’Abanya-Canada ryitwa CCAPVR rihangayikishijwe n’umwuka mubi wa Politiki mu Rwanda.

Ibi Himbara yabikoze nyuma y’aho ku wa 27 Nzeri 2017 yari imbere y’abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Washington na none atanga ubuhamya buvuga nabi u Rwanda nyuma yo kwishyura amadolari ya Amerika ibihumbi 520 mu bihe bitandukanye.

Mu ibaruwa Abanyarwanda baba muri Canada bandikiye Depite McKay yo ku wa 20 Ukwakira 2017, bamumenyesheje ko bahuriye mu muryango wemewe n’amategeko ndetse ubarizwamo Abanyarwanda basaga ibihumbi 20 bari mu mijyi minini ya Canada.

-8503.jpg

Depite John McKay niwe wanditse ibaruwa asabira Himbara kuzajya gutanga ubuhamya muri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Iterambere Mpuzamahanga, FAAE

-252.png

David Himbara na Major Robert Higiro, bajya gutanga ibinyoma mu Nteko ya Amerika, Himbara yagiye yitwa umuhuzabikorwa wa “Democracy Now in Rwanda”, umuryango ukora ibikorwa bya Politiki ariko utemewe n’amategeko.

-8505.jpg
-8504.jpg
Iyi baruwa yashyizweho umukono na Joachim Mutezintare, Perezida w’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Canada na Visi Perezida wawo, John Ruhinda hari aho igira iti “Umuryango w’Abanyarwanda uhangayikishijwe cyane n’ibirego bikubiye mu ibaruwa washyikirije Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Iterambere Mpuzamahanga. Twizera ko wakoze ubushakashatsi bw’ibanze ku mugabo woherereje umutwe w’abadepite.”

“Bitandukanye n’isura agaragaza muri rubanda, hari gihamya ko Himbara agira uruhare mu bikorwa bibi kandi by’ubwiru bigamije kuturemamo amacakubiri no guhungabanya Guverinoma y’u Rwanda. Agira uruhare rutaziguye mu kurema amacakubiri mu Banyarwanda bo muri diaspora, akoresheje uburyo bwose mu guteza umwuka mubi, urwikekwe no kwitandukanya hagati y’abagize umuryango nyarwanda.”

Ikomeza ibwira Depite McKay ko ibivugwa na Himbara ko bamwe mu Banyarwanda baba muri Canada babayeho mu buryo busa n’aho bashyizweho iterabwoba na Col Nyakarundi, ari ibinyoma bisa.

Iti “Ibi ni ibinyoma bitagira ishingiro. Ikindi kandi iryo terabwoba ntirishobora kubaho ngo tubiyoberwe. Uyu ni undi mugambi wa Himbara wo gutesha agaciro Guverinoma y’u Rwanda kugira ngo Abanyarwanda baba muri Diaspora bayitere umugongo. Nk’Abanya-Canada, ntitwakwemera ko inzego za Guverinoma yacu (Canada) zikoreshwa nk’igikoresho cy’icengezamatwara ribi kandi mu birego bidafite ishingiro ku gihugu gifite ubudahangarwa, umuryango n’abantu ku giti cyabo.”

Aba Banyarwanda bibukije uyu mudepite ko gahunda ya Himbara yo kurwanya u Rwanda yayigejeje no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yishyuye ibihumbi by’amadolari kugira ngo abonane n’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Banamusabye ko ubwo busabe bwa Himbara bwateshwa agaciro kuko nta kuri afite.

Himbara mu bihe bitandukanye yishyuye Ikigo gikora ubuvugizi mu guhuza inzego zitandukanye muri Amerika, Podesta Group gikorera i Washington, D.C, amadolari ya Amerika ibihumbi 520 kugira ngo yemererwe kujya gutanga ubuhamya.

Iki kigo nacyo cyamwishyuye kumuhuza na bagenzi be bahunze igihugu batavuga rumwe n’ubutegetsi n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika, Christopher Smith, ukuriye agashami ka Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, kibanda kuri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika uyu mugabo yashinze umuryango witwa “DIRN” (Democracy in Rwanda Now) naho muri Canada ahashinga “CCAPVR” (Canadians Concerned about Political Violence in Rwanda).

Ubundi muri Canada Himbara abayeho ate?

Muri Canada, Himbara atanga amahugurwa muri Seneca College, ishuri riherereye mu Mujyi wa Toronto ryigisha Ubugeni n’Ikoranabuhanga. Umwarimu nkawe, ku mwaka ahembwa nibura ibihumbi 50 by’amadolari ya Amerika.

Ibi ubwabyo bituma hibazwa inkomoko y’amadolari asaga ibihumbi 500 yishyuye kugira ngo ajye gutanga ubuhamya muri US Capitol Hill.

Ikindi ni uko mu mwaka ushize yakurikiranwaga n’Urukiko rwo mu Mujyi wa Toronto nyuma y’ikirego cy’Ishami rishinzwe gukora iperereza ku misoro rimukurikiranyeho kutagaragaza imisoro y’amafaranga atunze.

Bivugwa ko amafaranga uyu mugabo yahaye Podesta Group yatanzwe n’umunyemari Rujugiro Ayabatwa Tribert.

Kugeza ubu, yaba Abanyarwanda baba muri Canada, yaba n’uyu mudepite wanditse asaba ko Himbara ahabwa umwanya, nta ruhande na rumwe iyi Komisiyo irasubiza.

-8506.jpg

Abayobozi b’Ihuriro ry’Abanyarwanda baba muri Canada, RCA-Canada; Joachim Mutezintare (ibumoso), John Ruhinda (hagati) banditse ibaruwa basaba ko David Himbara (iburyo) adahabwa umwanya wo gutanga ubuhamya muri Komite y’Inteko Ishinga Amategeko ya Canada

2017-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Agatsiko k’abitwaje imbunda kagabye igitero ku isoko gasahura iduka ry’Imbonerakure

Burundi: Agatsiko k’abitwaje imbunda kagabye igitero ku isoko gasahura iduka ry’Imbonerakure

Ubwanditsi 11 Dec 2018

Perezida Ndayishimiye Yahisemo Gushyira imbere ubushyamirane mu baturanyi aho gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu

Ubwanditsi 30 Jul 2025
Leopold Munyakazi arashyize yoherejwe mu Rwanda kuburanishwa ibyaha yakoze

Leopold Munyakazi arashyize yoherejwe mu Rwanda kuburanishwa ibyaha yakoze

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Ubwanditsi 25 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yerekanye imyambaro izakoresha umwaka utaha
IMIKINO

Rayon Sports yerekanye imyambaro izakoresha umwaka utaha

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage uko bitwaye muri Tour du Rwanda 2017
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage uko bitwaye muri Tour du Rwanda 2017

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Israel Mbonyi yasohoye indirimbo ya mbere kuri album ye nshya ’Sinzibagirwa’
KWAMAMAZA

Israel Mbonyi yasohoye indirimbo ya mbere kuri album ye nshya ’Sinzibagirwa’

Ubwanditsi 13 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru