• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Ubwanditsi 31 Oct 2017 ITOHOZA

Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Canada, “RCA-Canada”, wandikiye John McKay, Umudepite uhagarariye agace ka Scarborough—Guildwood mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, wamagana ubusabe bwa David Himbara ushaka gutanga ubuhamya muri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Iterambere Mpuzamahanga, FAAE.

Bijya gutangira, Himbara yasabye Depite McKay kumufasha ku buryo yazajya muri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Iterambere Mpuzamahanga gutanga ubuhamya bwibasira Col Vincent Nyakarundi, umudipolomate w’u Rwanda muri Canada, avuga ko u Rwanda ruri mu migambi igamije kwibasira abanyapolitiki batavuga rumwe na FPR.

Amaze kwakira ibaruwa ya Himbara, ku wa 16 Ukwakira 2016, Depite McKay yandikiye Bob Nault uyobora iyo Komisiyo amumenyesha ubusabe bwa David Himbara wavuze ko ahagarariye Ihuriro ry’Abanya-Canada ryitwa CCAPVR rihangayikishijwe n’umwuka mubi wa Politiki mu Rwanda.

Ibi Himbara yabikoze nyuma y’aho ku wa 27 Nzeri 2017 yari imbere y’abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Washington na none atanga ubuhamya buvuga nabi u Rwanda nyuma yo kwishyura amadolari ya Amerika ibihumbi 520 mu bihe bitandukanye.

Mu ibaruwa Abanyarwanda baba muri Canada bandikiye Depite McKay yo ku wa 20 Ukwakira 2017, bamumenyesheje ko bahuriye mu muryango wemewe n’amategeko ndetse ubarizwamo Abanyarwanda basaga ibihumbi 20 bari mu mijyi minini ya Canada.

-8503.jpg

Depite John McKay niwe wanditse ibaruwa asabira Himbara kuzajya gutanga ubuhamya muri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Iterambere Mpuzamahanga, FAAE

-252.png

David Himbara na Major Robert Higiro, bajya gutanga ibinyoma mu Nteko ya Amerika, Himbara yagiye yitwa umuhuzabikorwa wa “Democracy Now in Rwanda”, umuryango ukora ibikorwa bya Politiki ariko utemewe n’amategeko.

-8505.jpg
-8504.jpg
Iyi baruwa yashyizweho umukono na Joachim Mutezintare, Perezida w’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Canada na Visi Perezida wawo, John Ruhinda hari aho igira iti “Umuryango w’Abanyarwanda uhangayikishijwe cyane n’ibirego bikubiye mu ibaruwa washyikirije Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Iterambere Mpuzamahanga. Twizera ko wakoze ubushakashatsi bw’ibanze ku mugabo woherereje umutwe w’abadepite.”

“Bitandukanye n’isura agaragaza muri rubanda, hari gihamya ko Himbara agira uruhare mu bikorwa bibi kandi by’ubwiru bigamije kuturemamo amacakubiri no guhungabanya Guverinoma y’u Rwanda. Agira uruhare rutaziguye mu kurema amacakubiri mu Banyarwanda bo muri diaspora, akoresheje uburyo bwose mu guteza umwuka mubi, urwikekwe no kwitandukanya hagati y’abagize umuryango nyarwanda.”

Ikomeza ibwira Depite McKay ko ibivugwa na Himbara ko bamwe mu Banyarwanda baba muri Canada babayeho mu buryo busa n’aho bashyizweho iterabwoba na Col Nyakarundi, ari ibinyoma bisa.

Iti “Ibi ni ibinyoma bitagira ishingiro. Ikindi kandi iryo terabwoba ntirishobora kubaho ngo tubiyoberwe. Uyu ni undi mugambi wa Himbara wo gutesha agaciro Guverinoma y’u Rwanda kugira ngo Abanyarwanda baba muri Diaspora bayitere umugongo. Nk’Abanya-Canada, ntitwakwemera ko inzego za Guverinoma yacu (Canada) zikoreshwa nk’igikoresho cy’icengezamatwara ribi kandi mu birego bidafite ishingiro ku gihugu gifite ubudahangarwa, umuryango n’abantu ku giti cyabo.”

Aba Banyarwanda bibukije uyu mudepite ko gahunda ya Himbara yo kurwanya u Rwanda yayigejeje no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yishyuye ibihumbi by’amadolari kugira ngo abonane n’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Banamusabye ko ubwo busabe bwa Himbara bwateshwa agaciro kuko nta kuri afite.

Himbara mu bihe bitandukanye yishyuye Ikigo gikora ubuvugizi mu guhuza inzego zitandukanye muri Amerika, Podesta Group gikorera i Washington, D.C, amadolari ya Amerika ibihumbi 520 kugira ngo yemererwe kujya gutanga ubuhamya.

Iki kigo nacyo cyamwishyuye kumuhuza na bagenzi be bahunze igihugu batavuga rumwe n’ubutegetsi n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika, Christopher Smith, ukuriye agashami ka Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, kibanda kuri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika uyu mugabo yashinze umuryango witwa “DIRN” (Democracy in Rwanda Now) naho muri Canada ahashinga “CCAPVR” (Canadians Concerned about Political Violence in Rwanda).

Ubundi muri Canada Himbara abayeho ate?

Muri Canada, Himbara atanga amahugurwa muri Seneca College, ishuri riherereye mu Mujyi wa Toronto ryigisha Ubugeni n’Ikoranabuhanga. Umwarimu nkawe, ku mwaka ahembwa nibura ibihumbi 50 by’amadolari ya Amerika.

Ibi ubwabyo bituma hibazwa inkomoko y’amadolari asaga ibihumbi 500 yishyuye kugira ngo ajye gutanga ubuhamya muri US Capitol Hill.

Ikindi ni uko mu mwaka ushize yakurikiranwaga n’Urukiko rwo mu Mujyi wa Toronto nyuma y’ikirego cy’Ishami rishinzwe gukora iperereza ku misoro rimukurikiranyeho kutagaragaza imisoro y’amafaranga atunze.

Bivugwa ko amafaranga uyu mugabo yahaye Podesta Group yatanzwe n’umunyemari Rujugiro Ayabatwa Tribert.

Kugeza ubu, yaba Abanyarwanda baba muri Canada, yaba n’uyu mudepite wanditse asaba ko Himbara ahabwa umwanya, nta ruhande na rumwe iyi Komisiyo irasubiza.

-8506.jpg

Abayobozi b’Ihuriro ry’Abanyarwanda baba muri Canada, RCA-Canada; Joachim Mutezintare (ibumoso), John Ruhinda (hagati) banditse ibaruwa basaba ko David Himbara (iburyo) adahabwa umwanya wo gutanga ubuhamya muri Komite y’Inteko Ishinga Amategeko ya Canada

2017-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kenya: Gen Kale Kayihura Uri Mu Bitaro Arinzwe Bikomeye Hirindwa Ko Yatoroka

Kenya: Gen Kale Kayihura Uri Mu Bitaro Arinzwe Bikomeye Hirindwa Ko Yatoroka

Ubwanditsi 10 Sep 2018
Padiri Thomas Nahimana ushaka kuba Perezida ni muntu ki ?

Padiri Thomas Nahimana ushaka kuba Perezida ni muntu ki ?

Ubwanditsi 23 Nov 2016
Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Ubwanditsi 24 Sep 2023
Uko  Dusabe Therese nyina wa Victoire Ingabire yoretse imbaga i Butamwa

Uko Dusabe Therese nyina wa Victoire Ingabire yoretse imbaga i Butamwa

Ubwanditsi 25 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki Urupfu Rwa Karegeya  Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Kuki Urupfu Rwa Karegeya Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Jan 2019
Abasirikare bakuru ( Officiers) 9 b’abarundi birukanywe nabi muri Centrefrique (Urutonde rw’amazina yabo)
ITOHOZA

Abasirikare bakuru ( Officiers) 9 b’abarundi birukanywe nabi muri Centrefrique (Urutonde rw’amazina yabo)

Ubwanditsi 28 Nov 2016
Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli  [AIPAC Policy Conference]
POLITIKI

Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli [AIPAC Policy Conference]

Ubwanditsi 28 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru