• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 02 Oct 2018 UBUKUNGU

Banki Nyafurika y’Iterambere (BAD) yemereye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni $266, akabakaba miliyari 235 Frw, azarufasha mu cyerekezo cyo kugeza amashanyarazi mu gihugu hose.

Iyi nguzanyo yemerejwe mu Nama y’Ubuyobozi ya BAD ku wa 27 Nzeri 2018. Iri muri gahunda ya BAD y’imyaka icumi (2013 – 2022). Izakoreshwa mu mushinga ugamije gukwirakwiza amashanyarazi mu Rwanda uzwi nka SEAP II.

U Rwanda rwari rwarahawe miliyoni $46 mu 2013 mu cyiciro cya mbere cy’uyu mushinga ugeze ku gipimo cya 90%.

Urubuga rwa BAD rugaragaza ko iyi banki izatanga miliyoni $192 mu gihe miliyoni $74 zizanyuzwa mu Kigega cy’Iterambere rya Afurika.

Iyi nguzanyo ingana na 8% y’ingengo y’imari ya miliyari $3.3 u Rwanda rwashoye mu rwego rw’ingufu, izakoreshwa mu myaka itatu kugeza mu 2021/22.

U Rwanda ruzayikoresha mu kubaka imiyoboro migari (Medium Voltage) ireshya n’ibilometero 795 n’imito (Low Voltage lines) y’ibilometero 7,317 mu kongera umubare w’abagerwaho n’amashanyarazi mu gihugu.

Ingano y’amashanyarazi akoreshwa mu gihugu yariyongereye mu myaka irindwi ishize, iva kuri 18% igera kuri 44% muri Kamena 2018.

Muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi 2017-2024, u Rwanda rwihaye intego ko Abanyarwanda bose bazaba bagejejweho amashanyarazi mu 2024.

Izagerwaho hanifashishijwe umuriro udafatiye ku muyoboro mugari (off-grid) nk’imirasire y’izuba bitewe n’imiterere y’igihugu n’imiturire ndetse n’ingo nyinshi zikoresha umuriro muke.

Visi Perezida wa BAD ushinzwe Ingufu n’ibijyanye n’Imihindagurikire y’Ibihe, Amadou Hott yavuze ko “Uyu mushinga uzafasha u Rwanda kunguka imiyoboro y’amashanyarazi irenga 193,000 n’isaga 124,000 idafatiye ku miyoboro migari.”

Amashanyarazi azasakazwa muri uyu mushinga azafasha abaturage mu ngo zabo, ibikorwa by’ubucuruzi no kongera ubushobozi bw’ukoreshwa n’ibigo binini.

Inguzanyo izakoreshwa n’Ikigo gishinzwe gukwirakwiza Umuriro w’Amashanyarazi (EUCL) n’icyo guteza imbere Ingufu (EDCL).

Abarenga 4,000 barimo abagore 30% bazahabwa amahugurwa ajyanye n’ibya tekiniki, kwicungira umutungo n’ubwirinzi.

Inguzanyo BAD iha u Rwanda mu guteza imbere ingufu yavuye kuri miliyoni $184 igera kuri miliyoni $450. Ishyigikira imishinga umunani irimo itatu ihurirwaho n’ibihugu by’ibituranyi.

2018-10-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Ubwanditsi 10 Feb 2020
Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo  miliyoni 30 z’amadolari

Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo miliyoni 30 z’amadolari

Ubwanditsi 11 Mar 2020
Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nduhungirehe yihanangirije Tshisekedi ku birego bya ‘Jenoside muri RDC’
Amakuru

Nduhungirehe yihanangirije Tshisekedi ku birego bya ‘Jenoside muri RDC’

Ubwanditsi 25 Sep 2025
Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo
Mu Mahanga

Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Kuki Imyifatire Yazimwe Mu Nzego N’Abantu Muri Uganda Bibangamiye Umutekano W’u Rwanda.
ITOHOZA

Kuki Imyifatire Yazimwe Mu Nzego N’Abantu Muri Uganda Bibangamiye Umutekano W’u Rwanda.

Ubwanditsi 22 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru