• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Ubwanditsi 11 Nov 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame ari mu mugi wa Johannesburg, muri Africa y’Epfo mu nama ya kabiri ivuga ku ishoramari muri Africa, yabwiye abayirimo ko mu Rwanda hari amahirwe akomeye y’abifuza gushora imari mu buhinzi busagurira isoko.

Iyi nama iterwa inkunga na Banki Nyafurika itsura Amajyambere, (African Development Bank, AfDB) ihuza abashoramari batandukanye hari ibigo by’ubwishingizi, abafite urwego bagezeho mu ishoramari, abikorera, abafata ibyemezo mu nzego za politiki, ibigo by’ubucuruzi n’Abakuru b’Ibihugu.

Paul Kagame ari kumwe na Perezida Cyril Ramaphosa wa Africa y’Epfo, uwa Ghana, Perezida Nana Akufo-Addo na Minisitiri w’Intebe wa Mozambique, Carlos Agostinho do Rosário, bari imbere bavuga ku gushora imari muri Africa, bari mu cyumba k’inama ahitwa Sandton Convention Center.

Iyi nama ni iy’iminsi ibiri, mu bindi igamije harimo gutekereza ku mishinga migari ifatika ishobora guterwa inkunga na Banki, gushaka amafaranga y’igishoro no gusinya amasezerano ajyanye n’ubufatanye.

Perezida Paul Kagame yavuze ku mahirwe y’ishoramari ari mu Rwanda, avuga ko hari Ikigega gifasha abahanga ibishya (Rwanda Innovation Fund), cyashyizweho ku nkunga ya Banki nyafurika itsura Amajyambere, AfDB, Leta na yo ishoramo amafaranga bityo akaba asaba n’abikorera gushoramo amafaranga yabo.

Yavuze ko nta kidasanzwe Africa ikwiye gukora kugira ngo ireshye abashoramari, ahubwo ngo igikenewe ni uko ibyo bisanzwe bizi aho ari ho hose bikorwa kugira ngo abo bashoramari bazane imari yabo.

Mu bindi u Rwanda rwakoze ngo harimo gushyiraho amahirwe mu bijyanye n’ishoramari mu buhinzi. Ati “Hagati ya Ha 15-20,000 turashaka kuzishyiraho uburyo bwo kuhira imyaka, tugakorana n’abikorera mu ishoramari ry’ubuhinzi busagurira isoko ryo hanze.”

Yavuze ko u Rwanda rwakoze ibishoboka mu kuba ahantu horohereza abashoramari, aho ubuyobozi bwizewe, hari umutekano usesuye, ndetse ibihugu by’Akarere bikaba byarishyize hamwe mu muryango wa Africa y’Iburasirazuba (East African Community, EAC), bityo hakaba hari amahirwe ko ubukungu bw’ibihugu by’aka karere buzamuka buva.

Kagame yagize ati “Nakomeje gutekereza ko ari cyo gihe cya Africa, twe Abanyafurika turisuzugura. Ubu turabona ko ari cyo gihe cya Africa, icyo dusabwa ni ugufata amahirwe yose kugira ngo tubashe kuba aho twagombye kuba turi.”

Ibi byose ariko Africa yifuza kugeraho ngo ntibyagerwaho hatabayeho guha agaciro umugore, n’ubuyobozi bukorera mu mucyo ka bugendera ku mategeko.

2019-11-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Ubwanditsi 16 May 2016
Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze

Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze

Ubwanditsi 03 Jun 2019
RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Ubwanditsi 12 Jun 2017
BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.

BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.

Ubwanditsi 03 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda
Amakuru

Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 05 Dec 2020
Bombori-Bombori muri Guverinoma ya Nahimana, barayisohokamo nk’Inzuki ziva mu muzinga
INKURU NYAMUKURU

Bombori-Bombori muri Guverinoma ya Nahimana, barayisohokamo nk’Inzuki ziva mu muzinga

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Teteri Agnes Umugore wa Eugene Gasana aravugwa mu bikorwa bya Politiki
ITOHOZA

Teteri Agnes Umugore wa Eugene Gasana aravugwa mu bikorwa bya Politiki

Ubwanditsi 30 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru