• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Ubwanditsi 11 Nov 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame ari mu mugi wa Johannesburg, muri Africa y’Epfo mu nama ya kabiri ivuga ku ishoramari muri Africa, yabwiye abayirimo ko mu Rwanda hari amahirwe akomeye y’abifuza gushora imari mu buhinzi busagurira isoko.

Iyi nama iterwa inkunga na Banki Nyafurika itsura Amajyambere, (African Development Bank, AfDB) ihuza abashoramari batandukanye hari ibigo by’ubwishingizi, abafite urwego bagezeho mu ishoramari, abikorera, abafata ibyemezo mu nzego za politiki, ibigo by’ubucuruzi n’Abakuru b’Ibihugu.

Paul Kagame ari kumwe na Perezida Cyril Ramaphosa wa Africa y’Epfo, uwa Ghana, Perezida Nana Akufo-Addo na Minisitiri w’Intebe wa Mozambique, Carlos Agostinho do Rosário, bari imbere bavuga ku gushora imari muri Africa, bari mu cyumba k’inama ahitwa Sandton Convention Center.

Iyi nama ni iy’iminsi ibiri, mu bindi igamije harimo gutekereza ku mishinga migari ifatika ishobora guterwa inkunga na Banki, gushaka amafaranga y’igishoro no gusinya amasezerano ajyanye n’ubufatanye.

Perezida Paul Kagame yavuze ku mahirwe y’ishoramari ari mu Rwanda, avuga ko hari Ikigega gifasha abahanga ibishya (Rwanda Innovation Fund), cyashyizweho ku nkunga ya Banki nyafurika itsura Amajyambere, AfDB, Leta na yo ishoramo amafaranga bityo akaba asaba n’abikorera gushoramo amafaranga yabo.

Yavuze ko nta kidasanzwe Africa ikwiye gukora kugira ngo ireshye abashoramari, ahubwo ngo igikenewe ni uko ibyo bisanzwe bizi aho ari ho hose bikorwa kugira ngo abo bashoramari bazane imari yabo.

Mu bindi u Rwanda rwakoze ngo harimo gushyiraho amahirwe mu bijyanye n’ishoramari mu buhinzi. Ati “Hagati ya Ha 15-20,000 turashaka kuzishyiraho uburyo bwo kuhira imyaka, tugakorana n’abikorera mu ishoramari ry’ubuhinzi busagurira isoko ryo hanze.”

Yavuze ko u Rwanda rwakoze ibishoboka mu kuba ahantu horohereza abashoramari, aho ubuyobozi bwizewe, hari umutekano usesuye, ndetse ibihugu by’Akarere bikaba byarishyize hamwe mu muryango wa Africa y’Iburasirazuba (East African Community, EAC), bityo hakaba hari amahirwe ko ubukungu bw’ibihugu by’aka karere buzamuka buva.

Kagame yagize ati “Nakomeje gutekereza ko ari cyo gihe cya Africa, twe Abanyafurika turisuzugura. Ubu turabona ko ari cyo gihe cya Africa, icyo dusabwa ni ugufata amahirwe yose kugira ngo tubashe kuba aho twagombye kuba turi.”

Ibi byose ariko Africa yifuza kugeraho ngo ntibyagerwaho hatabayeho guha agaciro umugore, n’ubuyobozi bukorera mu mucyo ka bugendera ku mategeko.

2019-11-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017

RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017

Ubwanditsi 31 Jan 2018
Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Ubwanditsi 05 Oct 2018
‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

Ubwanditsi 02 Apr 2018
BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw

BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw

Ubwanditsi 20 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa
Mu Rwanda

Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Hakomeje kwibazwa aho ADF iri gukura ingufu zo gusebya Monusco na FARDC ku rugamba
Mu Mahanga

Hakomeje kwibazwa aho ADF iri gukura ingufu zo gusebya Monusco na FARDC ku rugamba

Ubwanditsi 17 Nov 2018
Impamvu  Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye
ITOHOZA

Impamvu Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye

Ubwanditsi 20 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru