• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Ubwanditsi 05 Oct 2018 UBUKUNGU

Isi iri mu muvuduko udasanzwe aho abantu basiganwa n’iterambere ryihuta n’ingoga, ari nako buri munsi havuka ikoranabuhanga ritumfa umwanya wabo bawukoresha neza.

Mu kwanga gusigara inyuma muri uyu muvuduko, ibigo by’ubucuruzi birushaho kunoza serivisi bitanga, binyuze mu kubyaza umusaruro rya koranabuhanga ryamaze kwinjira mu buzima bwa buri munsi bw’abantu.

Ni nako Banki ya Kigali iyoboye izindi mu Rwanda, yafashe iya mbere mu kwinjiza ikoranabuhanga mu itanga rya serivisi z’imari.

Iri koranabuhanga rya Banki ya Kigali ririmo irikoreshwa muri telefoni igendanwa na mudasobwa, rifasha abakiliya kubona serivisi z’imari bitabasabye gukora ingendo bajya ku mashami yayo no gutakaza umwanya munini.

Mu buryo bukoreshwa harimo ‘MobiServe’, aho umuntu ufite telefone igendanwa akanda *334#, ubundi akabona serivisi zirimo kureba amafaranga ari konti, kwishyura ibicuruzwa nk’amashanyarazi, kugura ikarita ya telefoni ku mirongo yose, kwishyura ifatabuguzi rya televiziyo, serivisi z’Irembo n’ibindi.

Ni uburyo bubereye buri wese kuko bukoreshwa kuri telefoni iyo ariyo yose, hatarebwe kuba yaba ifite ubushobozi buhambaye. Aha umuntu ashobora no gukura amafaranga nko kuri konti ye akayashyira kuri Mobile Money, akaba yayakoresha bimworoheye.

Ukoresheje uburyo bwa BK Quick kandi buboneka ukanze *334#, ushobora kwaka inguzanyo nto kugera ku bihumbi 500 by’Amanyarwanda, mu gihe kitageze ku munota umwe.

Iyi nguzanyo yishyurwa hagati y’ukwezi kumwe n’atandatu bitewe n’amahitamo yawe, mu kuyishyura ushyiraho inyungu ya 4%.

Uretse ubu buryo bushobora gukoreshwa kuri telefone iyo ari yose, hari na ‘BK Mobile App’, ishyirwa muri smartphone, ubundi ukabasha kubona serivisi zirimo kubitsa, kwishyura serivisi n’ibicuruzwa, kohereza no kwakira amafaranga n’izindi.

Abakoresha mudasobwa bo bashobora gukoresha ‘BK Online Banking’ bakihereza ziriya serivisi zose bitabaye ngombwa ko bakora ingendo bajya gutonda umurongo muri banki.

Kuri BK Mobile App na Online banking ushobora kandi kwishyura amazi n’amashanyarazi, kugura ikarita ya telefoni, kwishyura ifatabuguzi rya televiziyo rya Star times, AZAM TV, Canal+ na DSTV, kwishyura serivisi z’Irembo, imisoro n’ibindi.

Uretse kuba gukoresha ubu buryo byoroshye, ikindi butuma woroherwa no kumenya ibikorerwa kuri konti yawe ndetse amakuru y’ibyakoreweho ukaba wayabika udakoresheje impapuro, kandi ukaba wizeye umutekano wayo mu buryo burambye.

Gutangira gukoresha ubu buryo uko ari butatu nta kindi bisaba uretse gufunguza konti muri BK ku batazifite, uyifite akagana ishami ryose ry’iyi banki akuzuza ibisabwa ubundi agatangira kugendana konti yawe mu biganza. Ashobora no guhamagara kuri 4455 agahabwa ubufasha.

Kuri telefoni ubona serivisi zose za Banki ya Kigali

2018-10-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ubwanditsi 24 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yongeye gutangaza ko yiteguye intambara n’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda yongeye gutangaza ko yiteguye intambara n’u Rwanda

Ubwanditsi 10 Feb 2020
Uwari wungirije Kabonero m ‘Umuseso yarasiwe muri Amerika
ITOHOZA

Uwari wungirije Kabonero m ‘Umuseso yarasiwe muri Amerika

Ubwanditsi 19 Sep 2016
Avuga kuri Rugwabiza Perezida Kagame Ati “Ni ukuvuga ngo…mu gihe yaje nka hano aje mu kiruhuko agakubitana na cabinet azajya ayitabira atubwira iby’aho avuye.”
Mu Mahanga

Avuga kuri Rugwabiza Perezida Kagame Ati “Ni ukuvuga ngo…mu gihe yaje nka hano aje mu kiruhuko agakubitana na cabinet azajya ayitabira atubwira iby’aho avuye.”

Ubwanditsi 07 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru