• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Ubwanditsi 05 Oct 2018 UBUKUNGU

Isi iri mu muvuduko udasanzwe aho abantu basiganwa n’iterambere ryihuta n’ingoga, ari nako buri munsi havuka ikoranabuhanga ritumfa umwanya wabo bawukoresha neza.

Mu kwanga gusigara inyuma muri uyu muvuduko, ibigo by’ubucuruzi birushaho kunoza serivisi bitanga, binyuze mu kubyaza umusaruro rya koranabuhanga ryamaze kwinjira mu buzima bwa buri munsi bw’abantu.

Ni nako Banki ya Kigali iyoboye izindi mu Rwanda, yafashe iya mbere mu kwinjiza ikoranabuhanga mu itanga rya serivisi z’imari.

Iri koranabuhanga rya Banki ya Kigali ririmo irikoreshwa muri telefoni igendanwa na mudasobwa, rifasha abakiliya kubona serivisi z’imari bitabasabye gukora ingendo bajya ku mashami yayo no gutakaza umwanya munini.

Mu buryo bukoreshwa harimo ‘MobiServe’, aho umuntu ufite telefone igendanwa akanda *334#, ubundi akabona serivisi zirimo kureba amafaranga ari konti, kwishyura ibicuruzwa nk’amashanyarazi, kugura ikarita ya telefoni ku mirongo yose, kwishyura ifatabuguzi rya televiziyo, serivisi z’Irembo n’ibindi.

Ni uburyo bubereye buri wese kuko bukoreshwa kuri telefoni iyo ariyo yose, hatarebwe kuba yaba ifite ubushobozi buhambaye. Aha umuntu ashobora no gukura amafaranga nko kuri konti ye akayashyira kuri Mobile Money, akaba yayakoresha bimworoheye.

Ukoresheje uburyo bwa BK Quick kandi buboneka ukanze *334#, ushobora kwaka inguzanyo nto kugera ku bihumbi 500 by’Amanyarwanda, mu gihe kitageze ku munota umwe.

Iyi nguzanyo yishyurwa hagati y’ukwezi kumwe n’atandatu bitewe n’amahitamo yawe, mu kuyishyura ushyiraho inyungu ya 4%.

Uretse ubu buryo bushobora gukoreshwa kuri telefone iyo ari yose, hari na ‘BK Mobile App’, ishyirwa muri smartphone, ubundi ukabasha kubona serivisi zirimo kubitsa, kwishyura serivisi n’ibicuruzwa, kohereza no kwakira amafaranga n’izindi.

Abakoresha mudasobwa bo bashobora gukoresha ‘BK Online Banking’ bakihereza ziriya serivisi zose bitabaye ngombwa ko bakora ingendo bajya gutonda umurongo muri banki.

Kuri BK Mobile App na Online banking ushobora kandi kwishyura amazi n’amashanyarazi, kugura ikarita ya telefoni, kwishyura ifatabuguzi rya televiziyo rya Star times, AZAM TV, Canal+ na DSTV, kwishyura serivisi z’Irembo, imisoro n’ibindi.

Uretse kuba gukoresha ubu buryo byoroshye, ikindi butuma woroherwa no kumenya ibikorerwa kuri konti yawe ndetse amakuru y’ibyakoreweho ukaba wayabika udakoresheje impapuro, kandi ukaba wizeye umutekano wayo mu buryo burambye.

Gutangira gukoresha ubu buryo uko ari butatu nta kindi bisaba uretse gufunguza konti muri BK ku batazifite, uyifite akagana ishami ryose ry’iyi banki akuzuza ibisabwa ubundi agatangira kugendana konti yawe mu biganza. Ashobora no guhamagara kuri 4455 agahabwa ubufasha.

Kuri telefoni ubona serivisi zose za Banki ya Kigali

2018-10-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 54.5Frw zo guhangana n’ikibazo cy’amapfa muri Kayonza

U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 54.5Frw zo guhangana n’ikibazo cy’amapfa muri Kayonza

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Ubwanditsi 27 Oct 2017
RRA yongereye ukwezi ku gihe cyo kwishyura imisoro

RRA yongereye ukwezi ku gihe cyo kwishyura imisoro

Ubwanditsi 31 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Akabaye icwende muri Miss Rwanda ntikoga?’ Rutangarwamaboko
HIRYA NO HINO

‘Akabaye icwende muri Miss Rwanda ntikoga?’ Rutangarwamaboko

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo
UBUKUNGU

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Ubwanditsi 16 May 2016
Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.
Amakuru

Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.

Ubwanditsi 23 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru