• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Standard & Poor’s yazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda ikigeza kuri “B+”

Standard & Poor’s yazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda ikigeza kuri “B+”

Ubwanditsi 13 Aug 2019 UBUKUNGU

Ikigo mpuzamahanga cy’ubushakashatsi cy’Abanyamerika, Standard & Poor’s (S&P), cyazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda kibuvana ku inota rya B kirushyira ku rya B+, ku kuba bwifashe neza cyane, ibi bikaba byongera icyizere ku ishoramari mu gihugu.

Ikigo S&P cyizewe ku rwego mpuzamahanga, mu bushobozi n’ubunararibonye mu kugaragaza uko ibihugu bifite ubushobozi bwo kwishyura imyenda biba byaragurijwe, kikanatanga ubusesenguzi mu rwego rwa politiki.

Igipimo cy’ubushobozi bw’ibihugu bwo kwishyura imyenda biba byaragurijwe bidateje ibibazo mu bukungu, ni ingenzi kuko biha abashoramari ishusho y’icyizere cyangwa ibyago bigendanye n’ishoramari ryabo bashobora guhura nabyo mu gihugu runaka harimo n’ibya politiki.

Iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda rirenze iry’ibihugu biri mu cyiciro kimwe bitewe n’impamvu nyinshi zirimo ko urwego rw’ishoramari rubarirwa kuri 25% by’umusaruro mbumbe (GDP).

Igipimo cya S&P kirerekana ko u Rwanda rwagaragaje imbaraga mu iterambere ry’umusaruro mbumbe ndetse runarenza igipimo cyateganyijwe cy’ayo umuturage yinjiza ku mwaka kurusha ibihugu biri mu cyiciro kimwe.

Mu 2018, umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) wiyongera ku rugero cya 8.6 %, ugereranyije n’umwaka wabanje uva kuri miliyari 7,597 Frw ugera kuri miliyari 8,189 Frw.

Ikigereranyo cy’amafaranga umuturage yinjiza cyazamutseho 1.7% hagati ya 2017 na 2018. Mu 2017 yari 774 $ naho mu 2018 yari 788$ ku mwaka.

Isesengura riheruka rya S&P, ryagaragaje ko urwego rw’imyenda u Rwanda rufite iri ku rwego rwiza ndetse n’igiciro cyo kuyishyura kikiri hasi.

Rivuga ko ‘twazamuye igipimo cy’ubusugire bw’igihe kirekire ku kuzuza inshingano zijyanye n’iby’imari k’u Rwanda buva kuri B bugera kuri B+ tunagaragaza ko iki gipimo kitazahungabana’.

Iki gipimo gishingiye ku ntambwe ikomeye y’iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda, urwego rw’imyenda rufite ndetse n’indi micungire na gahunda zihamye z’ubukungu bw’igihugu.

Muri Werurwe uyu mwaka, Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) cyatangaje ko umwenda u Rwanda rufite udateye inkeke kuko ungana na 32.9% by’umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) mu gihe ikigero gihanitse ari 50%.

Itangazo rya IMF rivuga ko inguzanyo zishyura mu gihe kirekire zari kuri 63% mu mpera za 2018 ugereranyije na 57.4% zariho igihe nk’icyo mu 2017.

Rikomeza rivuga ko “Byagezweho kubera uburyo igihugu cyakoresheje bwo gufata inguzanyo z’igihe kirekire aho kwibanda ku z’ubucuruzi (commercial borrowing).’’

Iki gipimo kandi ni ikintu cyiza ku bashoramari kuko kibaha icyizere kandi kikaba cyije gisanga ibindi bipimo ndetse n’ubusesenguzi bwerekana ko ubukungu bw’u Rwanda butajegajega.

Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho 8.6% mu 2018 ugereranyije na 7.2% cyari giteganyijwe. Biteganyijwe ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.8% mu 2019, bukazamuka 8.1% mu 2020 na 8.2% mu 2021.

Standard & Poor’s kandi yanahinduye igipimo cy’igihugu mu bijyanye no kohereza ndetse no guhinduranya amafaranga kiva kuri B kijya kuri B+.

Muri iyi raporo S&P ivuga ko ‘iki gipimo kitazahindagurika kuko twizera ko u Rwanda ruzakomeza kugera hejuru y’izamuka ry’umusaruro mbumbe ryateganyijwe mu gihe giciriritse, guhangana n’ingaruka zaterwa no kuba ibyateganyijwe bitakozwe no kongera imyenda’.

Ivuga kandi ko ishobora kumanura igipimo ku mpamvu zirimo no kuba Ebola iri muri RDC yagira ingaruka ku byo u Rwanda rwohereza mu mahanga n’ubukungu muri rusange.

Iki gipimo kandi gishobora no kwiyongera mu gihe giciriritse niba ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga bikomeje kwiyongera kandi bikaba mu bwoko butandukanye.

Mu mwaka ushize wa 2018, u Rwanda rwohereje mu mahanga ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 995.7$ avuye kuri miliyoni 943.5$ mu 2017. BNR igaragaza ko nubwo ibyoherejwe mu mahanga byiyongereye, ikinyuranyo cy’ibitumizwa mu mahanga cyo cyazamutse ku kigero 12.4%.

Ibi byatumye inyungu u Rwanda rukura mu byo rwohereza mu mahanga igabanuka igera kuri 41.1% mu 2018, ivuye kuri 42.6% mu 2017.

Src : IGIHE

2019-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 7.7% mu gihembwe cya gatatu cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 7.7% mu gihembwe cya gatatu cya 2018

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2023
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Ubwanditsi 18 Mar 2019
Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Ubwanditsi 18 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda baba i Kinshasa basabwe kwitwararika mu gihe cy’amatora yo muri RDC
Mu Mahanga

Abanyarwanda baba i Kinshasa basabwe kwitwararika mu gihe cy’amatora yo muri RDC

Ubwanditsi 04 Dec 2018
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo
Amakuru

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Ubwanditsi 09 Mar 2023
Nyamagabe: Gitifu w’Akarere yasabwe ibisobanuro na Njyanama, ahitamo gusezera
Mu Mahanga

Nyamagabe: Gitifu w’Akarere yasabwe ibisobanuro na Njyanama, ahitamo gusezera

Ubwanditsi 14 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru