• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika rizazanwa n’ikoranabuhanga

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika rizazanwa n’ikoranabuhanga

Ubwanditsi 26 Jun 2019 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yasabye Guverinoma n’abafata ibyemezo ku mugabane wa Afurika gukemura imbogamizi zose zigaragara mu buhinzi, hakifashishwa ikoranabuhanga kugira ngo urwo rwego rukurure abashoramari.

Benshi mu banyafurika bakora ubuhinzi ariko urwo rwego rugira uruhare rwa 32 % ku musaruro mbumbe w’umugabane wa Afurika.

Kuri uyu wa Kabiri ubwo yafunguraga inama nyafurika yiga ku buhinzi, The Malabo Montpellier Forum 2019 yatangiriye i Kigali, Dr Ngirente yavuze ko abahinzi bo muri Afurika bakeneye ubumenyi n’imikorere mishya ibafasha kongera umusaruro.

Yagize ati “Abahinzi bo muri Afurika bakeneye ubumenyi nyabwo bwo kubafasha kongera umusaruro no gukoresha ikoranabuhanga mu kwagura ibikorwa byabo, bagamije kugabanya imbogamizi bahura nazo. Ibi bisaba ko nka Guverinoma, abafatanyabikorwa, abashakashatsi na ba rwiyemezamirimo tubyitaho.”

Dr Ngirente yavuze ko iterambere umugabane wa Afurika ukeneye ridashoboka ubuhinzi busigaye inyuma kuko aribwo buzatuma uwo mugabane wihaza mu biribwa, ukagira n’inganda zikomeye zitunganya ibikomoka kuri uwo musaruro.

Yavuze ko ibyo bitagerwaho nta shoramari kandi ko ikizatuma abashoramari babona ko ubuhinzi ari urwego rwunguka, bisaba imbaraga za Guverinoma mu gukangurira abantu gukoresha ikoranabuhanga.

Yagize ati “Nubwo hari ibyagezweho mu guteza imbere ubuhinzi bw’u Rwanda, nkuko bimeze mu bindi bihugu bya Afurika haracyari imbogamizi tugomba kurenga zirimo imari nke mu bijyanye n’ubuhinzi, ikoranabuhanga ridahagije mu buhinzi, ubunyamwuga buke, ihindagurika ry’ibihe n’ubushobozi buke bwo kuzuza ubuziranenge mpuzamahanga n’ibiciro bihora bihindagurika.”

Yongeyeho ko “Guhangana n’izi mbogamizi, birasaba abafata ibyemezo kuzivanaho kugira ngo rube urwego rukurura abashoramari, gukomeza guha ubushobozi urubyiruko kugira ngo rubone ko ubuhinzi ari urwego rwiza kandi rwunguka”.

Mu butaka bwa Afurika bukorerwaho ubuhinzi, 6 % gusa nibwo bwuhirwa, ahandi bategereza imvura ko igwa mu buryo busanzwe.

Imibare ya Banki nyafurika Itsura Amajyambere (BAD), igaragaza ko ishoramari mu buhinzi bwa Afurika rifite icyuho cya miliyari ziri hagati ya 23 z’amadolari na 31 z’amadolari buri mwaka, kugira ngo urwo rwego rutezwe imbere.

Muri Kamena 2014, abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bahuriye i Malabo muri Guinée Equatoriale, bemeza amasezerano agamije guteza imbere ubuhinzi muri Afurika yiswe ‘Malabo Declaration’.

Bimwe mu byo biyemeje harimo kuba nta nzara y’ibiribwa izaba ikirangwa ku mugabane mu 2025, guhangana n’ubukene binyuze mu guteza imbere ubuhinzi, kongera ishoramari mu buhinzi, gufata neza umusaruro wangirika n’ibindi.

Src : IGIHE

2019-06-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

MTN na Jumia batangije umukoro “MTN Entrepreneurship Challenge” mu guteza imbere Afrika

MTN na Jumia batangije umukoro “MTN Entrepreneurship Challenge” mu guteza imbere Afrika

Ubwanditsi 26 Feb 2016
IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

Ubwanditsi 19 Feb 2018
U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

Ubwanditsi 01 Aug 2019
U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

Ubwanditsi 30 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw’amenyo no kubeshya abahuza basimburana n’umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge nta n’umwe ubimubaza
Amakuru

Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw’amenyo no kubeshya abahuza basimburana n’umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge nta n’umwe ubimubaza

RUSHYASHYA 21 Feb 2026
Ubufaransa ntaho buzahungira uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

Ubufaransa ntaho buzahungira uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 30 Oct 2017
Abanyarwanda baba mu Bubiligi basabanye mu cyo bise ‘Rwanda Night’
IMIKINO

Abanyarwanda baba mu Bubiligi basabanye mu cyo bise ‘Rwanda Night’

Ubwanditsi 17 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru