• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga
Umunyamabanga uhoraho muri Ministeri y’Ikoranabuhanga no guhanga udushya, Irere Claudette, avuga ko leta ishaka ko buri muryango utunga telefoni igezweho

Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Jan 2020 UBUKUNGU

Raporo ya Banki y’Isi ku ishusho y’ubukungu mu gihe giciriritse, yagaragaje ko muri rusange iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda mu bihembwe bitatu bya 2019 bwari buhagaze neza, ibi bikaba byaratewe n’uburyo igihugu cyakomeje gutera imbere kubera ishoramari rikomeye.

Banki y’Isi ivuga ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigera kiri ku 10.9% mu mezi icyenda ya 2019, ugereranyije 8.2% by’ayo mezi ya 2018.

Ivuga ko ibi byatewe n’ishoramari ritari irya leta harimo iry’abikorera, iterambere mu by’ikoranabuhanga n’ibindi.

Iyi banki ivuga ko ibikorwa by’ubwubatsi mu 2019 byazamutse kuri 31% mu bihembwe bitatu by’uwo mwaka, serivisi zizamuka 10.7% mu gihe inganda ari 12.3%. Igaragaza kandi ko mu buhinzi ho byari 5.8%.

Mu 2020, ubukungu ngo buzakomeza guhagarara neza kuko buzakomeza kugera ku 10%, ifaranga ry’igihugu na ryo rigakomeza guhagarara neza.

Nubwo bimeze gutyo, Banki y’Isi igira inama u Rwanda ko rugomba kwitondera gukomeza gushingira ku mishinga y’ishoramari rushyiramo amafaranga.

Ivuga ko leta gushora amafaranga mu bikorwa kugira ngo igere ku ntego iba yarihaye harimo ibikorwa remezo, bizamura imyenda bigatera icyuho, bikaba byanabangamira ibindi bikorwa by’iterambere rirambye.

Ku bijyanye n’iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga, banki y’Isi ivuga ko leta yakoresheje ingufu kugira ngo igihugu kibe mu bihugu bimaze gutera imbere mu karere no ku Isi, ariko hakiri ikibazo cy’uburyo abantu barikoresha.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ikoranabuhanga mu itumanaho n’isakazabumenyi (RISA), kigaragaza ko igipimo cy’abanyarwanda bafite ubumenyi mu gukoresha ikoranabuhanga ari 8%, bisobanuye ko hari icyuho cya 92% badafite ubumenyi ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga.

Impuguke mu by’ubukungu n’iterambere muri banki y’Isi, Isabella Hayward, avuga ko iterambere ry’ikoranabuhanga mu Rwanda, ryazamutse mu buryo bwihuse mu myaka itanu ishize, ku kigero cya 12.7%.

Banki y’Isi ivuga ko ikwirakwizwa rya internet ya 3G mu gihugu riri ku kigero cya 93.5%, mu gihe muri aka karere ho bakiri kuri 76% gusa.

Ivuga ko ku bufatanye n’ikigo, Korean Telecom Rwanda Networks (KTRN) cyo muri Koreya, ikwirakwizwa rya interneti ya 4G riri kuri 96.6%.

Isabella yagize ati “Nubwo u Rwanda rukomeje gukwirakwiza ubu buryo bw’ikoranabuhanga mu buryo bwiza, haracyari icyuho mu buryo bwo kurikoresha”.

Isabella avuga ko hakiri ikibazo cy’abaturage bataragerwaho na telefone zigezweho n’abatagerwaho na interneti ya 2G na 3G, ku buryo ngo 74.3% by’abakoresha telefoni uzasanga bakomeza gukoresha 2G mu gihe igenda gake.

Avuga ko aba bahitamo guhamagara cyangwa gukoresha ubutumwa bugufi (SMS).

Mu bindi bibazo Banki y’Isi isanga bikibangamye, ni uko usanga abikorera na bo batarajya mu murongo w’ikoranabuhanga, ku buryo usanga ikoranabuhanga rikoreshwa n’ibigo bya leta cyane.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ikoranabuhanga mu itumanaho no guhanga udushya, Claudette Irere, avuga ko guverinoma y’u Rwanda imaze gukora byinshi kugira ngo abanyarwanda bagerweho n’ikoranabuhanga, gusa agaragaza ko hakiri icyuho kirimo no kuba abenshi badashobora kugerwaho na telefoni zigezweho (Smartphone).

Aha niho agaragaza ko kugira ngo abantu bigishwe ikoreshwa ry’ikoranabuhanga, binasaba ko baba bafite icyo uri bubigishirizeho.

Irere yavuze ko iyi ari yo mpamvu hatangirijwe ubukangurambaga bwiswe Connect Rwanda, bugamije kureba ko imiryango idafite telefone zigezweho izibona.

Yagize ati “Kwigisha abantu badafite telefoni zigezweho nabyo ni ikibazo, aha niho haje gahunda yishwe Connect Rwanda, aho abantu bitanga icyo bashoboye kugira ngo izi telefone zigere ku banyarwanda benshi, uyu munsi 14% by’abanyarwanda nibo bafite gusa smartphones, ubu dufite ingo zirenga miliyoni ebyiri zidafite telefone, iyi gahunda igamije ko mu mezi atatu twaba twageze kuri miliyoni imwe.”

Yavuze ko icyo bivuze ari uko kwigisha abantu bizoroha kuko nibura bazaba bafite ibyo barimo kwigishirizwaho.

2020-01-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ubwanditsi 24 Feb 2020
U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

Ubwanditsi 04 Apr 2019
U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

Ubwanditsi 24 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bagitifu bakomeje gutabwa muri yombi kubera Amanyanga ya Ruswa no gukoresha  Impapuro mpimbano batanga Amasoko
ITOHOZA

Bagitifu bakomeje gutabwa muri yombi kubera Amanyanga ya Ruswa no gukoresha Impapuro mpimbano batanga Amasoko

Ubwanditsi 08 Jun 2017
Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo
Mu Mahanga

Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Umukandida Perezida muri Uganda ariyama Abanyarwanda n’Abatanzania
Mu Rwanda

Umukandida Perezida muri Uganda ariyama Abanyarwanda n’Abatanzania

Ubwanditsi 12 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru