• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BNR yagumishije kuri 5% inyungu fatizo itangiraho inguzanyo ku mabanki

BNR yagumishije kuri 5% inyungu fatizo itangiraho inguzanyo ku mabanki

Ubwanditsi 07 Feb 2020 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) yagumishije igipimo cy’urwunguko rwayo kuri 5%, kugira ngo ikomeze gushyigikira uko amabanki atanga inguzanyo ku bikorera.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu nyuma y’inama ngarukagihembwe y’akanama gashinzwe politiki y’ifaranga, MPC.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, yavuze ko kudahindura inyungu fatizo batangiraho inguzanyo ku mabanki, byatewe n’umusaruro wagaragaye kuva bagabanya iyo nyungu ikava kuri 5.5% umwaka ushize.

Ati “Tubona ko gufata icyemezo cyo kugumishaho 5% y’urwunguko rwa BNR byatanze umusaruro ku myenda yatanzwe ku bikorera, tubona imyenda mishya yatanzwe n’amabanki yarazamutseho 20% mu 2019”.

“Turifuza ko ibyo byakomeza kugira ngo dukomeze gushyigikira iterambere ry’igihugu cyacu”.

BNR yatangaje kandi ko ubukungu bw’u Rwanda bwagenze neza umwaka ushize, aho mu bihembwe bitatu bya mbere bwazamutseho 10.8%.

Guverineri Rwangombwa avuga ko nubwo bategereje imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), iyo barebye iyabo bakurikirana basanga mu gihembwe cya kane byaragenze neza byiyongereyeho 9.9% ugereranyije uko byari byagenze mu gihembwe cyabanje.

Ati “Ibi rero biduha icyizere ko n’ubundi ubukungu mu gihembwe cya kane bwazamutse neza bitanga icyizere ko umwaka wose ubukungu buzaba buhagaze neza”.

“Iyo turebye icyerekezo uyu mwaka dukurikije imibare twakoranye na Minisiteri y’imari n’igenamigambi, muri uyu mwaka ushira, ni uko tubona ukuzamuka k’ubukungu kuzakomeza kuba hejuru ya 8% muri uyu mwaka wa 2020”.

Mu 2019 kandi ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga byarazamutse, ku kigero cya 10.6% bitewe n’ibikoresho by’ubwubatsi, ibyo mu nganda. Ibyoherejwe mu mahanga byazamutseho 3.8%. Ikinyuranyo cyabyo ni 16.3%.

Inguzanyo zitishyurwa neza zaragabanutse

BNR itangaza ko inguzanyo zitishyurwa neza zagabanyutse kuri 7.6% mu 2017, zigera kuri 6.4% mu 2018 na 4.9% mu 2019. Bikaba ari ubwa mbere iki gipimo kigiye munsi ya 5% BNR iteganya.

Rwangombwa avuga ko byatewe n’uko ‘ubukungu bwagenze neza bituma bongera inguzanyo batanga ariko n’abiguriza mu mabanki barushaho kugira ubushobozi bwo kwishyura neza inguzanyo bafashe mu mabanki’.

Akomeza agira ati “Ikindi ni uko iyo hashize imyaka ibiri hari imyenda itishyurwa neza batashobora kwishyuza bayihanagura mu bitabo byabo, ibyo nabyo bigabanya umubare w’imyenda itishyurwa neza”.

BNR ivuga ko amabanki n’ibigo by’imari umwaka ushize byateye imbere, bifite imari shingiro yerekana ko nta cyabihungabanya, kandi bifite amafaranga yakenerwa mu bindi bintu.

Src : IGIHE

2020-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Sep 2018
Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Ubwanditsi 16 May 2016
Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Jan 2018
2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

Ubwanditsi 01 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 24 Mar 2025
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
Uncategorized

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 31 Jan 2023
Ibaruwa ya Olivier Karekezi ku mpamvu yataye Rayon Sports adasezeye
IMIKINO

Ibaruwa ya Olivier Karekezi ku mpamvu yataye Rayon Sports adasezeye

Ubwanditsi 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru