• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BNR yagumishije kuri 5% inyungu fatizo itangiraho inguzanyo ku mabanki

BNR yagumishije kuri 5% inyungu fatizo itangiraho inguzanyo ku mabanki

Ubwanditsi 07 Feb 2020 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) yagumishije igipimo cy’urwunguko rwayo kuri 5%, kugira ngo ikomeze gushyigikira uko amabanki atanga inguzanyo ku bikorera.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu nyuma y’inama ngarukagihembwe y’akanama gashinzwe politiki y’ifaranga, MPC.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, yavuze ko kudahindura inyungu fatizo batangiraho inguzanyo ku mabanki, byatewe n’umusaruro wagaragaye kuva bagabanya iyo nyungu ikava kuri 5.5% umwaka ushize.

Ati “Tubona ko gufata icyemezo cyo kugumishaho 5% y’urwunguko rwa BNR byatanze umusaruro ku myenda yatanzwe ku bikorera, tubona imyenda mishya yatanzwe n’amabanki yarazamutseho 20% mu 2019”.

“Turifuza ko ibyo byakomeza kugira ngo dukomeze gushyigikira iterambere ry’igihugu cyacu”.

BNR yatangaje kandi ko ubukungu bw’u Rwanda bwagenze neza umwaka ushize, aho mu bihembwe bitatu bya mbere bwazamutseho 10.8%.

Guverineri Rwangombwa avuga ko nubwo bategereje imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), iyo barebye iyabo bakurikirana basanga mu gihembwe cya kane byaragenze neza byiyongereyeho 9.9% ugereranyije uko byari byagenze mu gihembwe cyabanje.

Ati “Ibi rero biduha icyizere ko n’ubundi ubukungu mu gihembwe cya kane bwazamutse neza bitanga icyizere ko umwaka wose ubukungu buzaba buhagaze neza”.

“Iyo turebye icyerekezo uyu mwaka dukurikije imibare twakoranye na Minisiteri y’imari n’igenamigambi, muri uyu mwaka ushira, ni uko tubona ukuzamuka k’ubukungu kuzakomeza kuba hejuru ya 8% muri uyu mwaka wa 2020”.

Mu 2019 kandi ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga byarazamutse, ku kigero cya 10.6% bitewe n’ibikoresho by’ubwubatsi, ibyo mu nganda. Ibyoherejwe mu mahanga byazamutseho 3.8%. Ikinyuranyo cyabyo ni 16.3%.

Inguzanyo zitishyurwa neza zaragabanutse

BNR itangaza ko inguzanyo zitishyurwa neza zagabanyutse kuri 7.6% mu 2017, zigera kuri 6.4% mu 2018 na 4.9% mu 2019. Bikaba ari ubwa mbere iki gipimo kigiye munsi ya 5% BNR iteganya.

Rwangombwa avuga ko byatewe n’uko ‘ubukungu bwagenze neza bituma bongera inguzanyo batanga ariko n’abiguriza mu mabanki barushaho kugira ubushobozi bwo kwishyura neza inguzanyo bafashe mu mabanki’.

Akomeza agira ati “Ikindi ni uko iyo hashize imyaka ibiri hari imyenda itishyurwa neza batashobora kwishyuza bayihanagura mu bitabo byabo, ibyo nabyo bigabanya umubare w’imyenda itishyurwa neza”.

BNR ivuga ko amabanki n’ibigo by’imari umwaka ushize byateye imbere, bifite imari shingiro yerekana ko nta cyabihungabanya, kandi bifite amafaranga yakenerwa mu bindi bintu.

Src : IGIHE

2020-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ubwanditsi 10 May 2018
Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Ubwanditsi 13 Nov 2017
Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Ubwanditsi 30 Jan 2020
RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Ubwanditsi 12 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017
Mu Mahanga

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Ubwanditsi 19 Dec 2016
   Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

  Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Apr 2022
Cristiano yongeye kwandika amateka mu mikino ya Euro ubwo yafashaga Portugal kugera muri 1/8, uko amakipe azahura.
Amakuru

Cristiano yongeye kwandika amateka mu mikino ya Euro ubwo yafashaga Portugal kugera muri 1/8, uko amakipe azahura.

Ubwanditsi 24 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru