• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Moïse Katumbi yamaganye icyemezo cya Perezida Tshisekedi cyo guterera inkunga amakipe y’i Burayi mu gihe abaturage bishwe n’inzara   |   18 Jul 2025

  • Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club   |   17 Jul 2025

  • Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto   |   17 Jul 2025

  • Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira   |   17 Jul 2025

  • Candy Basomingera, wari umuyobozi mukuru wungirije wa RCB, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo   |   16 Jul 2025

  • Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri   |   16 Jul 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Ibaruwa ya Olivier Karekezi ku mpamvu yataye Rayon Sports adasezeye

Ibaruwa ya Olivier Karekezi ku mpamvu yataye Rayon Sports adasezeye

Editorial 08 Mar 2018 IMIKINO

Uwari umutoza wa Rayon Sports, Olivier Karekezi akayivamo adasezeye mu byumweru bibiri bishize, yandikiye ubuyobozi bw’iyi kipe ibaruwa igaragaza uburyo bwamunanije mu kazi ke, bukamuhagarikira amasezerano ubwo yafungwaga ntibunamuhembe.

Kujya muri Rayon Sports kwa Karekezi mbere gato y’uyu mwaka w’imikino, byabaye urugamba rukomeye, hari bamwe bamushakaga barimo uwari Perezida w’ikipe, Gacinya Chance Dennis naho abayoboraga Umuryango wa Rayon Sports batamwifuza byanatumye inzego zose z’ubuyobozi ziseswa hashyirwaho inzibacyuho ariko aremezwa ayizamo.

Mu gihe yayimazemo yanengwaga kuba nta mukino mwiza yagaragazaga ushimisha abafana ariko yegukanye ibikombe byose ikipe ye yakinnye birimo icya Super Cup yatsinzemo APR FC, icy’Intwari yatwaye amakipe ane akomeye mu gihugu n’ibindi.

Muri CAF Champions League yayifashije gusezerera Lydia Ludic y’i Burundi nubwo byabaye mu buryo bugoranye kuko i Kigali amakipe yombi yanganyije igitego 1-1 bagiye i Bujumbura ayitsinda 1-0 cya Hussein Tchabalala.

Nyuma yo gutsindwa na APR FC mu mukino wa shampiyona tariki 25 Gashyantare, abafana bagaragaje kutishimira uyu mutoza ndetse bamwe bashaka kumukubita Polisi iratabara.

Mu buryo butunguranye ku itariki 26 Gashyantare nibwo byamenyekanye ko yasubiye i Burayi, mu Busuwisi aho umuryango we uba, adasabye uruhushya ndetse bitangira kuvugwa ko atazagaruka ukundi muri iyi kipe.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwo bwakomeje gutangaza ko bugifata Karekezi nk’umukozi wataye akazi ariko mu buryo bwibajijweho cyane, nyuma y’iminsi ibiri agiye buhita bushyiraho ugomba kumusimbura, Ivan Minnaert ari na we uyitoza ubu.

Perezida Paul Muvunyi yarengeje kuri ibi, tariki 4 Werurwe 2018, yandikira Karekezi ibaruwa yo kumusaba ibisobanuro ku mpamvu yataye akazi nta ruhushya yasabye.

Mu ibaruwa uyu mutoza yanditse kuri uyu wa Gatatu tariki 7 Werurwe, yagaragaje ko nta masezerano yari agifitanye n’iyi kipe, atari agihembwa ndetse yagiye ananizwa mu buryo butandukanye nyuma y’aho arekuriwe n’inzego z’umutekano zari zamufashe tariki 15 Ugushyingo 2017 zikamumarana iminsi 18.

Muri iyo baruwa agira ati “Ubwo CID yanjyanaga kumbaza, wowe perezida (Muvunyi) n’umunyamategeko wa Rayon Sports FC Pierre Claver Zitoni mwaje kundeba. Nari maze iminsi ibiri gusa mbazwa; mwanzaniye urupapuro ruvuga ko mu gihe ntafungurwa nibura mu minsi itanu, amasezerano yanjye nk’umutoza mukuru wa Rayon Sports FC azahita ahagarara.”

“Nubwo amasezerano yanjye na Rayon Sports FC mu ngingo ya kane avuga ko umukoresha wanjye agomba kumpa integuza imwe mbere y’ukwezi kugira ngo amasezerano ahagarikwe, ibintu mutigeze mukora, mwampatiye gusinya urwo rupapuro ubundi wowe, Perezida n’umunyamategeko muragenda. Ntabwo nigeze nongera kuvugana namwe kugera mfunguwe tariki 1 Ukuboza 2017.”

Karekezi avuga ko amaze gufungurwa aba bayobozi nta n’umwe wamwegereye ngo ya masezerano yari yarahagaritswe yongere avugururwe kuko iminsi itanu yarenze afunze.

Ngo nubwo yagarutse mu kazi ndetse muri rusange agahesha iyi kipe ibikombe bine mu gihe yayimazemo, yakomeje gukora nta masezerano agira, ntiyongera no kubona umushahara uko bikwiye ndetse n’uyu munsi ngo ntarahemberwa ukwezi kwa Gashyantare.

Agaragaza ko kubera izo mpamvu zose no kunanizwa n’abayobozi batigeze bamwereka ko bamushyigikiye, yasanze atakomeza gukora gutyo ahitamo kwigendera ndetse ubu ngo ntakiri umutoza wa Rayon Sports FC bitewe n’uko nta masezerano ayifitemo.

 

2018-03-08
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Editorial 25 Oct 2021
Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo

Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo

Editorial 17 Jan 2023
Rutahizamu Tuyisenge Jacques yahakanye amakuru yavugwaga ko agiye kwerekeza mu ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania

Rutahizamu Tuyisenge Jacques yahakanye amakuru yavugwaga ko agiye kwerekeza mu ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania

Editorial 04 Mar 2021
Amafoto – Gasogi United yabimburiye andi makipe gukoresha ikizamini cy’ubuzima abakinnyi izakoresha mu mwaka utaha w’imikino, yahereye ku mukinnyi wo muri Centre Africa

Amafoto – Gasogi United yabimburiye andi makipe gukoresha ikizamini cy’ubuzima abakinnyi izakoresha mu mwaka utaha w’imikino, yahereye ku mukinnyi wo muri Centre Africa

Editorial 02 Jul 2021
Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Editorial 25 Oct 2021
Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo

Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo

Editorial 17 Jan 2023
Rutahizamu Tuyisenge Jacques yahakanye amakuru yavugwaga ko agiye kwerekeza mu ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania

Rutahizamu Tuyisenge Jacques yahakanye amakuru yavugwaga ko agiye kwerekeza mu ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania

Editorial 04 Mar 2021
Amafoto – Gasogi United yabimburiye andi makipe gukoresha ikizamini cy’ubuzima abakinnyi izakoresha mu mwaka utaha w’imikino, yahereye ku mukinnyi wo muri Centre Africa

Amafoto – Gasogi United yabimburiye andi makipe gukoresha ikizamini cy’ubuzima abakinnyi izakoresha mu mwaka utaha w’imikino, yahereye ku mukinnyi wo muri Centre Africa

Editorial 02 Jul 2021
Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Editorial 25 Oct 2021
Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo

Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo

Editorial 17 Jan 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

17 Jul 2025
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru