• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ibaruwa ya Olivier Karekezi ku mpamvu yataye Rayon Sports adasezeye

Ibaruwa ya Olivier Karekezi ku mpamvu yataye Rayon Sports adasezeye

Ubwanditsi 08 Mar 2018 IMIKINO

Uwari umutoza wa Rayon Sports, Olivier Karekezi akayivamo adasezeye mu byumweru bibiri bishize, yandikiye ubuyobozi bw’iyi kipe ibaruwa igaragaza uburyo bwamunanije mu kazi ke, bukamuhagarikira amasezerano ubwo yafungwaga ntibunamuhembe.

Kujya muri Rayon Sports kwa Karekezi mbere gato y’uyu mwaka w’imikino, byabaye urugamba rukomeye, hari bamwe bamushakaga barimo uwari Perezida w’ikipe, Gacinya Chance Dennis naho abayoboraga Umuryango wa Rayon Sports batamwifuza byanatumye inzego zose z’ubuyobozi ziseswa hashyirwaho inzibacyuho ariko aremezwa ayizamo.

Mu gihe yayimazemo yanengwaga kuba nta mukino mwiza yagaragazaga ushimisha abafana ariko yegukanye ibikombe byose ikipe ye yakinnye birimo icya Super Cup yatsinzemo APR FC, icy’Intwari yatwaye amakipe ane akomeye mu gihugu n’ibindi.

Muri CAF Champions League yayifashije gusezerera Lydia Ludic y’i Burundi nubwo byabaye mu buryo bugoranye kuko i Kigali amakipe yombi yanganyije igitego 1-1 bagiye i Bujumbura ayitsinda 1-0 cya Hussein Tchabalala.

Nyuma yo gutsindwa na APR FC mu mukino wa shampiyona tariki 25 Gashyantare, abafana bagaragaje kutishimira uyu mutoza ndetse bamwe bashaka kumukubita Polisi iratabara.

Mu buryo butunguranye ku itariki 26 Gashyantare nibwo byamenyekanye ko yasubiye i Burayi, mu Busuwisi aho umuryango we uba, adasabye uruhushya ndetse bitangira kuvugwa ko atazagaruka ukundi muri iyi kipe.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwo bwakomeje gutangaza ko bugifata Karekezi nk’umukozi wataye akazi ariko mu buryo bwibajijweho cyane, nyuma y’iminsi ibiri agiye buhita bushyiraho ugomba kumusimbura, Ivan Minnaert ari na we uyitoza ubu.

Perezida Paul Muvunyi yarengeje kuri ibi, tariki 4 Werurwe 2018, yandikira Karekezi ibaruwa yo kumusaba ibisobanuro ku mpamvu yataye akazi nta ruhushya yasabye.

Mu ibaruwa uyu mutoza yanditse kuri uyu wa Gatatu tariki 7 Werurwe, yagaragaje ko nta masezerano yari agifitanye n’iyi kipe, atari agihembwa ndetse yagiye ananizwa mu buryo butandukanye nyuma y’aho arekuriwe n’inzego z’umutekano zari zamufashe tariki 15 Ugushyingo 2017 zikamumarana iminsi 18.

Muri iyo baruwa agira ati “Ubwo CID yanjyanaga kumbaza, wowe perezida (Muvunyi) n’umunyamategeko wa Rayon Sports FC Pierre Claver Zitoni mwaje kundeba. Nari maze iminsi ibiri gusa mbazwa; mwanzaniye urupapuro ruvuga ko mu gihe ntafungurwa nibura mu minsi itanu, amasezerano yanjye nk’umutoza mukuru wa Rayon Sports FC azahita ahagarara.”

“Nubwo amasezerano yanjye na Rayon Sports FC mu ngingo ya kane avuga ko umukoresha wanjye agomba kumpa integuza imwe mbere y’ukwezi kugira ngo amasezerano ahagarikwe, ibintu mutigeze mukora, mwampatiye gusinya urwo rupapuro ubundi wowe, Perezida n’umunyamategeko muragenda. Ntabwo nigeze nongera kuvugana namwe kugera mfunguwe tariki 1 Ukuboza 2017.”

Karekezi avuga ko amaze gufungurwa aba bayobozi nta n’umwe wamwegereye ngo ya masezerano yari yarahagaritswe yongere avugururwe kuko iminsi itanu yarenze afunze.

Ngo nubwo yagarutse mu kazi ndetse muri rusange agahesha iyi kipe ibikombe bine mu gihe yayimazemo, yakomeje gukora nta masezerano agira, ntiyongera no kubona umushahara uko bikwiye ndetse n’uyu munsi ngo ntarahemberwa ukwezi kwa Gashyantare.

Agaragaza ko kubera izo mpamvu zose no kunanizwa n’abayobozi batigeze bamwereka ko bamushyigikiye, yasanze atakomeza gukora gutyo ahitamo kwigendera ndetse ubu ngo ntakiri umutoza wa Rayon Sports FC bitewe n’uko nta masezerano ayifitemo.

 

2018-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – APR FC yatsinze Rayon Sports 2-0 ishyiramo ikinyuranyo cy’Amanota 13

Amafoto – APR FC yatsinze Rayon Sports 2-0 ishyiramo ikinyuranyo cy’Amanota 13

Ubwanditsi 09 Mar 2024
Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho

Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho

Ubwanditsi 14 May 2025
Perezida wa FERWACY, Murenzi Abdallah yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri Tour du Cameroon 2023

Perezida wa FERWACY, Murenzi Abdallah yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri Tour du Cameroon 2023

Ubwanditsi 30 May 2023
Yvan Buravan yaraye yerekanye Indirimbo shya Malaika

Yvan Buravan yaraye yerekanye Indirimbo shya Malaika

Ubwanditsi 09 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Imbonerakure ziratungwa agatoki mu rupfu rwa René Pacifique Ntwari, w’imyaka 20 wishwe ateraguwe ibyuma
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Imbonerakure ziratungwa agatoki mu rupfu rwa René Pacifique Ntwari, w’imyaka 20 wishwe ateraguwe ibyuma

Ubwanditsi 01 Mar 2018
Igisilikare cy’ u Burundi  kimaze guhakana ko  ntawabuhungiyeho amaze kurasa abantu i Rusizi mu Rwanda
ITOHOZA

Igisilikare cy’ u Burundi kimaze guhakana ko ntawabuhungiyeho amaze kurasa abantu i Rusizi mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Mar 2017
MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus
UBUKUNGU

MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

Ubwanditsi 17 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru