• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Habura umunsi umwe, ikipe ya Gasabo United yikuye mu irushanwa ryo guhatanira gukina ikiciro cya mbere umwaka w’imikino wa 2021-2022

Habura umunsi umwe, ikipe ya Gasabo United yikuye mu irushanwa ryo guhatanira gukina ikiciro cya mbere umwaka w’imikino wa 2021-2022

Ubwanditsi 17 Sep 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Imikino y’ikiciro cya kabiri bahatanira gukina ikiciro cya mbere umwaka w’imikino wa 2021-2022, biteganyijwe ko kuri uyu wa gatandatu aribwo iyo mikino iri butangire gusa imwe mu makipe yagombaga nayo guhatanira kuzamuka ya Gasabo United yamaze gusezera.

Iby’isezera by’iyi kipe byemejwe n’ubunyamabanga bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, mu butumwa bwashyizwe kuri twitter ya FERWAFA buragira buti ” ikipe ya Gasabo United yamenyesheje Ubunyamabanga Bukuru bwa FERWAFA ko itazitabira amarushanwa y’Ikiciro cya kabiri 2021 igomba gutangira ku wa gatandatu tariki 18-09-2021.”

Iyi kipe ya Gasabo United yasezeye biravugwa ko umuyobozi wayo ngo ntabushobozi bwo gukora ingendo ku makipe azasura by’umwihariko ku ikipe y’Amagaju iherereye mu ntara y’Amajyepfo mu karere ka Nyamagabe, iyi kipe ya Gasabo yasezeye ikaba yari iherereye mu itsinda A hamwe na Intare FC, Interforce FC, Heroes FC n’ Amagaju FC.

Iyi mikino igomba gutangira kuri uyu wa gatandatu tariki ya 18 Nzeri 2021, irimo gukinwa mu rwego rwo gushaka amakipe abiri azasimbura ikipe ya As Muhanga ndetse na Sunrise FC zo zamanutse mu mwaka ushize w’imikino, ikipe zizazamuka zizatangira gukina iyi mikino guhera tariki ya 16 Ukwakira 2021.

Muri tombola yabaye ku wa Gatanu, tariki ya 10 Nzeri 2021 yasize amakipe ari mu matsinda akurikira:

Itsinda A: Heroes FC, Amagaju FC, Intare FC na Interforce FC.
Itsinda B: Gicumbi FC, La Jeunesse FC, Nyanza FC, Pepinière FC na Rugende FC
Itsinda C: Vision FC, Espérance FC, United Stars, University of Rwanda FC na Vision Jeunesse Nouvelle FC
Itsinda D: Etoile de l’Est FC, Impeesa FC, Kirehe FC, Rwamagana City FC na The Winners FC

Uko imikino iri bukinwe kuri uyu wa gatandatu guhera saa munani:

Itsinda A: Heroes vs Amagaju, Gasabo United vs Intare FC (Wasubitswe) & Interforce FC ifite ikiruhuko
Itsinda B: Rugende FC vs Pepinière FC, yanza FC vs Gicumbi FC, La Jeunesse FC yaruhutse
Itsinda C: United Stars vs Espérance FC, Vision FC vs UR FC, VJN yaruhutse
Itsinda D: The Winners FC vs Etoile de l’Est, Kirehe FC vs Impeesa FC , Rwamagana City yaruhutse

2021-09-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubugambanyi n’ubwicanyi mu Banyarwanda muri Afurika y’Amajyepfo

Ubugambanyi n’ubwicanyi mu Banyarwanda muri Afurika y’Amajyepfo

Ubwanditsi 14 Jun 2016
KCCA yatsinze Azam FC yegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri

KCCA yatsinze Azam FC yegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri

Ubwanditsi 22 Jul 2019
Abanyarwanda barenga 100 bari basuhukiye  muri Uganda  bagaruwe mu Rwanda

Abanyarwanda barenga 100 bari basuhukiye muri Uganda bagaruwe mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Jul 2016
Gakenke : Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Gakenke : Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Ubwanditsi 24 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC
Amakuru

Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC

Ubwanditsi 28 May 2021
Burundi ivuye muri EAC ntabwo byaba bitunguranye
Mu Rwanda

Burundi ivuye muri EAC ntabwo byaba bitunguranye

Ubwanditsi 31 Mar 2017
Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano
INKURU NYAMUKURU

Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano

Ubwanditsi 23 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru