• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ntibantunganya aravuga ukuri Nkurunziza aribeshya azashyikirana na buri wese

Ntibantunganya aravuga ukuri Nkurunziza aribeshya azashyikirana na buri wese

Ubwanditsi 10 Mar 2016 Mu Rwanda

Uwabaye Perezida mu Burundi nyuma y’urupfu rwa Cyprien Ntaryamira muri Mata 1994, Syvestre Ntibantungany, avuga yuko Perezida Petero Nkurunziza arushywa n’ubusa agomba kuzashyikirana na buri wese urwanya ubutegetsi bwe.

Ibi Ntibantunganya yabivuze muri iki gitondo, tariki 07/03/2016, kuri VOA aho yanavuze yuko afitiye icyizere Benjamin Mkapa kuba umuhuza mu bibazo by’Abarundi yunganira Perezida Kaguta Museveni wa Uganda benshi babona yuko ibyo by’ubuhuza atari abifitiye umwanya uhagije !

Mkapa niwe wari Perezida wa Tanzania igihe hasinywaga amasezerano ya Arusha ari nayo yatumye Nkurunziza ajya ku butegetsi muri 2005. Ntibantunganya akavuga yuko muri ubwo buhuza Perezida Mkapa azaba akora ibintu azi koko yikurikiraniye iby’ayo masezerano ya Arusha.

-2400.jpg

Benjamin Mkapa wabaye Perezida wa Tanzania niwe muhuza mushya ku bibazo by’Abarundi

Ayo masezerano y’amahoro ya Arusha yagaruye amahoro mu Burundi, ayo mahoro aza kubura muri Mata umwaka ushize Nkurunziza atangaje yuko azongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika kandi yari arangije manda ebyiri ayo masezerano ya Arusha ateganya yuko ari ntarengwa.

Aho ubutegetsi mu burundi buhagaze kuwo buzashyikirana nabo hakomeje gutera urujijo. Mbere Bujumbura yari yaranangiye imishyikirano igomba kuzabera imbere mu gihugu kandi ngo abataragize uruhare mu mvururu za komeje kuranga u Burundi muri uyu mwaka ushize bakaba aribo gusa bazemererwa kuyijyamo.

Ubundi Bujumbura ikavuga yuko naho iyo mishyikirano yabera hanze y’igihugu ariko abagize uruhare muri ya kudeta yapfubye naho bateka ibuye rigashya batakwemerwa kuyijyamo.

-2399.jpg

Ntibantunganya Sylivestre na Perezida Nkurunziza

Hakaba n’ubwo ubwo butegetsi butangaza yuko noneneho buri wese ashobora kuyijyamo bwacya bukongera bukanangira busubiza hahandi yuko abashatse gukora kudeta cyangwa abayishimiye badashobora kwemererwa kuyijyamo !

Uko kwitwara gutyo kw’abategetsi mu Burundi kugenda bahinduranya amagambo ku bijyanye n’abazemererwa kujya muri iyo mishyikirano nibyo bituma Ntibantunganya avuga yuko Nkurunziza yibeshya agomba kuzashyikirana na buri wese urwanya ubutegetsi bwe. Ibi bisa Nk’ibyo Domicien Ndayizeye nawe yigeze gutangariza kuri iyo radio y’Abanyamerika yuko n’ubusanzwe hadashyikirana abakundana, ngo hashyikirana bafite ibyo bapfa.

Ndayizeye yayoboye u Burundi mu inzibacyuho ya kabiri akaba ariwe wahererekanyije ubutegetsi na Nkurunziza muri 2005. Nk’uko Amasezerano ya Arusha yabiteganyaga inzibacyuho ya mbere yagombaga kuyoborwa n’umututsi ihabwa Petero Buyoya n’aho iya kabiri ikayoborwa n’umuhutu, niko kuyiha Ndayizeye.

Nk’uko Ntibantunganya abivuga Nkurunziza yabishaka cyangwa atabishaka iyo mishyikirano izaba kandi ihuze bose, barimo n’abo avuga yuko bari mu mugambi wo guhirika ubutegetsi.

-85.png

Pierre Buyoya na Ntibantunganya Sylvestre

Ibi Nkurunziza ntabwo azabikora ku bushake bwe ahubwo kubera igitutu cy’amahanga nk’uko ahanini ari nacyo cyatumye na Buyoya yemera kujya muri iyo mishyikirano ya Arusha, yasize imukuye ku butegetsi !

Kayumba Casmiry

2016-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imihanda izaba ifunze n’izaba yemerewe gukoreshwa mu gihe cy’Inama Idasanzwe ya A.U i Kigali

Imihanda izaba ifunze n’izaba yemerewe gukoreshwa mu gihe cy’Inama Idasanzwe ya A.U i Kigali

Ubwanditsi 16 Mar 2018
AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22

AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22

Ubwanditsi 21 Mar 2022
Abanyarwenya Siriki na Souké bari  mu Rwanda

Abanyarwenya Siriki na Souké bari mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Amavubi yanganyije na Lesotho i Kigali yuzuza amanota 8 ayicaje ku mwanya wa Kabiri inyuma ya Afurika y’Epfo

Amavubi yanganyije na Lesotho i Kigali yuzuza amanota 8 ayicaje ku mwanya wa Kabiri inyuma ya Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 25 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi batanu bakekwaho imyitwarire itari myiza inabasaba kuva mu mwiherero wayo.
Amakuru

Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi batanu bakekwaho imyitwarire itari myiza inabasaba kuva mu mwiherero wayo.

Ubwanditsi 16 May 2021
Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”
Amakuru

Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

RUSHYASHYA 10 Dec 2025
Gereza zarekuye abagororwa 870, barimo abahawe imbabazi na Perezida
Mu Mahanga

Gereza zarekuye abagororwa 870, barimo abahawe imbabazi na Perezida

Ubwanditsi 15 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru