• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda kwisonga mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

U Rwanda kwisonga mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

Ubwanditsi 06 May 2018 Mu Rwanda

U Rwanda n’ibindi bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba byaburiwe ku bwiyongere bukabije bw’inyobwa ry’ibisindisha mu baturage babyo.

Byagaragajwe mu Cyumweru gishize muri Raporo y’Ishami rya Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe Afurika (UNECA) by’umwihariko Afurika y’Iburasirazuba, aho ivuga ku bukungu n’iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage.

Bimwe mu bigize ingingo ya Gatatu ibihugu byihaye ngo bigere ku Iterambere Rirambye (SDG3) harimo kurwanya no kwirinda ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ndetse n’ikoreshwa nabi ry’ibisindisha hagamijwe ubuzima bwiza bw’abaturage.

Inzobere zivuga ko ubwiyongere bw’ingano y’ibisindisha mu baturage bushobora kugira ingaruka ku buzima n’imibereho myiza byabo.

Umuyobozi w’Agateganyo wa UNECA muri Afurika y’Iburasirazuba, Andrew Mold, yavuze ko nibura buri muturage mu bihugu by’u Rwanda, Uganda na Seychelles yanyoye litilo zigera kuri 11 z’ibisindisha mu 2016.

Uyu mubare uri hejuru ugereranyije no mu bindi bice by’Isi kuko nko mu Burayi nibura buri muturage yanyoye litilo 10.3 z’ibisindisha, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nibura umwe abarirwa litilo 9.3, nk’ikigereranyo ku Isi hose buri muturage yabariwe ko yanyoye litilo 6.4 mu gihe muri rusange ku mugabane wa Afurika buri muturage yanyoye litilo esheshatu z’ibisindisha.

Raporo ivuga ko bimwe mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba hatangiye kugaragara ibibazo bishingiye ku mibereho myiza y’abaturage bishobora kuba bifitanye isano n’inyobwa ry’ibisindisha byinshi. Muri ibyo bibazo harimo kanseri, umubyibuho ukabije, kunywa itabi ndetse n’impanuka zo mu muhanda zihitana ubuzima bwa benshi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Théos Badege yabwiye The New Times dukesha iyi nkuru ko kwiyongera kw’inyobwa ry’ibisindisha byaba ari intandaro y’impanuka zo mu muhanda, ariyo mpamvu bikwiye kwirindwa.

Ati “Ndemera ko ibisindisha ari ikibazo cyane cyane mu bijyanye n’umutekano haba mu mutekano wo mu muhanda, kwirinda ibyaha ndetse n’imyitwarire kuko gukora icyaha biva mu mutwe kandi umutwe ukora ibyaha ni utameze neza.”

Yakomeje agira ati “Iyo abantu banyoye ibisindisha bakora ibidakwiye bigatuma habaho icyaha. Turasaba abantu kudatwara ibinyabiziga banyoye”.

Raporo igaragaza ko nubwo muri Afurika hagaragara umubare muke w’abatunze imodoka, nibura abantu 26.6 mu gihumbi bahitanywe n’impanuka mu mwaka wa 2013, mu gihe ku Isi hose nibura abantu 17.4 mu bantu igihumbi aribo bahitanywe n’impanuka muri uwo mwaka.

Umubare w’abahitanwa n’impanuka uri hejuru muri Afurika y’Iburasirazuba kuko hari n’ibihugu bigaragaza impfu zirenga 30 mu bantu igihumbi ku mwaka.

Mu Rwanda nibura abantu 32.1 mu gihumbi bahitanywe n’impanuka zo mu muhanda nkuko iyo raporo ibigaragaza.

Imibare ya Polisi y’u Rwanda igaragaza ko kuva muri Kamena kugeza mu Ukuboza umwaka ushize, abantu 162 bahitanywe n’impanuka zo mu muhanda.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) cyerekana ko miliyari 251 Frw zakoreshejwe mu kugura ibisindisha mu 2014. Muri uwo mwaka mu Rwanda hinjijwe ibisindisha bya miliyari 19 Frw naho hoherezwa hanze ibya miliyari 1.7 Frw.

Ingano y’ibisindisha umuturage wo muri Afurika y’Iburasirazuba yanyoye mu 2016

2018-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

Ubwanditsi 06 Mar 2024
Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo

Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo

Ubwanditsi 26 Jan 2018
Breaking News : Perezida Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Breaking News : Perezida Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Ubwanditsi 20 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania
Amakuru

Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Centrafurika: Abapolisi b’u Rwanda n’abaturage bigiye hamwe umuco wo kugira uruhare mu kwicungira umutekano no kwiteza imbere
Mu Rwanda

Centrafurika: Abapolisi b’u Rwanda n’abaturage bigiye hamwe umuco wo kugira uruhare mu kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Ubwanditsi 23 Nov 2016
Shampiyona zo ku mugabane w’i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 zaraye zishojwe harimo impinduka ugerereanyije n’umwaka w’imikino wa 2019-2020 – ibyaranze shampiyona 5 zikunzwe.
Amakuru

Shampiyona zo ku mugabane w’i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 zaraye zishojwe harimo impinduka ugerereanyije n’umwaka w’imikino wa 2019-2020 – ibyaranze shampiyona 5 zikunzwe.

Ubwanditsi 24 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru