• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda kwisonga mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

U Rwanda kwisonga mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

Ubwanditsi 06 May 2018 Mu Rwanda

U Rwanda n’ibindi bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba byaburiwe ku bwiyongere bukabije bw’inyobwa ry’ibisindisha mu baturage babyo.

Byagaragajwe mu Cyumweru gishize muri Raporo y’Ishami rya Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe Afurika (UNECA) by’umwihariko Afurika y’Iburasirazuba, aho ivuga ku bukungu n’iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage.

Bimwe mu bigize ingingo ya Gatatu ibihugu byihaye ngo bigere ku Iterambere Rirambye (SDG3) harimo kurwanya no kwirinda ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ndetse n’ikoreshwa nabi ry’ibisindisha hagamijwe ubuzima bwiza bw’abaturage.

Inzobere zivuga ko ubwiyongere bw’ingano y’ibisindisha mu baturage bushobora kugira ingaruka ku buzima n’imibereho myiza byabo.

Umuyobozi w’Agateganyo wa UNECA muri Afurika y’Iburasirazuba, Andrew Mold, yavuze ko nibura buri muturage mu bihugu by’u Rwanda, Uganda na Seychelles yanyoye litilo zigera kuri 11 z’ibisindisha mu 2016.

Uyu mubare uri hejuru ugereranyije no mu bindi bice by’Isi kuko nko mu Burayi nibura buri muturage yanyoye litilo 10.3 z’ibisindisha, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nibura umwe abarirwa litilo 9.3, nk’ikigereranyo ku Isi hose buri muturage yabariwe ko yanyoye litilo 6.4 mu gihe muri rusange ku mugabane wa Afurika buri muturage yanyoye litilo esheshatu z’ibisindisha.

Raporo ivuga ko bimwe mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba hatangiye kugaragara ibibazo bishingiye ku mibereho myiza y’abaturage bishobora kuba bifitanye isano n’inyobwa ry’ibisindisha byinshi. Muri ibyo bibazo harimo kanseri, umubyibuho ukabije, kunywa itabi ndetse n’impanuka zo mu muhanda zihitana ubuzima bwa benshi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Théos Badege yabwiye The New Times dukesha iyi nkuru ko kwiyongera kw’inyobwa ry’ibisindisha byaba ari intandaro y’impanuka zo mu muhanda, ariyo mpamvu bikwiye kwirindwa.

Ati “Ndemera ko ibisindisha ari ikibazo cyane cyane mu bijyanye n’umutekano haba mu mutekano wo mu muhanda, kwirinda ibyaha ndetse n’imyitwarire kuko gukora icyaha biva mu mutwe kandi umutwe ukora ibyaha ni utameze neza.”

Yakomeje agira ati “Iyo abantu banyoye ibisindisha bakora ibidakwiye bigatuma habaho icyaha. Turasaba abantu kudatwara ibinyabiziga banyoye”.

Raporo igaragaza ko nubwo muri Afurika hagaragara umubare muke w’abatunze imodoka, nibura abantu 26.6 mu gihumbi bahitanywe n’impanuka mu mwaka wa 2013, mu gihe ku Isi hose nibura abantu 17.4 mu bantu igihumbi aribo bahitanywe n’impanuka muri uwo mwaka.

Umubare w’abahitanwa n’impanuka uri hejuru muri Afurika y’Iburasirazuba kuko hari n’ibihugu bigaragaza impfu zirenga 30 mu bantu igihumbi ku mwaka.

Mu Rwanda nibura abantu 32.1 mu gihumbi bahitanywe n’impanuka zo mu muhanda nkuko iyo raporo ibigaragaza.

Imibare ya Polisi y’u Rwanda igaragaza ko kuva muri Kamena kugeza mu Ukuboza umwaka ushize, abantu 162 bahitanywe n’impanuka zo mu muhanda.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) cyerekana ko miliyari 251 Frw zakoreshejwe mu kugura ibisindisha mu 2014. Muri uwo mwaka mu Rwanda hinjijwe ibisindisha bya miliyari 19 Frw naho hoherezwa hanze ibya miliyari 1.7 Frw.

Ingano y’ibisindisha umuturage wo muri Afurika y’Iburasirazuba yanyoye mu 2016

2018-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Abasirikare 2 ba UPDF bakorewe iyicarubozo ku munsi w’umurimo

Uganda: Abasirikare 2 ba UPDF bakorewe iyicarubozo ku munsi w’umurimo

Ubwanditsi 05 May 2017
Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Ubwanditsi 23 Aug 2017
Mu Rwanda Hagiye Gutangizwa Ikigo Giteye nka ‘Iwawa’ kizakira abakobwa n’abagore bafite imyitwarire idahwitse

Mu Rwanda Hagiye Gutangizwa Ikigo Giteye nka ‘Iwawa’ kizakira abakobwa n’abagore bafite imyitwarire idahwitse

Ubwanditsi 10 May 2017
Kigali: Umugororwa wari ukurikiranyweho icyaha cy’iterabwoba yafashwe ashaka gutoroka

Kigali: Umugororwa wari ukurikiranyweho icyaha cy’iterabwoba yafashwe ashaka gutoroka

Ubwanditsi 26 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shyorongi: Impanuka yabaye kuwa Gatandatu yahitanye umugore we n’abana be bose: Teta na Olga [ AMAFOTO ]
ITOHOZA

Shyorongi: Impanuka yabaye kuwa Gatandatu yahitanye umugore we n’abana be bose: Teta na Olga [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 29 May 2017
Bujumbura : Intambara yahinduye isura,  imbonerakure ziri gusambanya  kungufu abagore baba Tutsikazi, Polisi ibahagarikiye
Mu Rwanda

Bujumbura : Intambara yahinduye isura, imbonerakure ziri gusambanya kungufu abagore baba Tutsikazi, Polisi ibahagarikiye

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka
Amakuru

Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka

RUSHYASHYA 16 Jun 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru