• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda kwisonga mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

U Rwanda kwisonga mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

Ubwanditsi 06 May 2018 Mu Rwanda

U Rwanda n’ibindi bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba byaburiwe ku bwiyongere bukabije bw’inyobwa ry’ibisindisha mu baturage babyo.

Byagaragajwe mu Cyumweru gishize muri Raporo y’Ishami rya Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe Afurika (UNECA) by’umwihariko Afurika y’Iburasirazuba, aho ivuga ku bukungu n’iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage.

Bimwe mu bigize ingingo ya Gatatu ibihugu byihaye ngo bigere ku Iterambere Rirambye (SDG3) harimo kurwanya no kwirinda ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ndetse n’ikoreshwa nabi ry’ibisindisha hagamijwe ubuzima bwiza bw’abaturage.

Inzobere zivuga ko ubwiyongere bw’ingano y’ibisindisha mu baturage bushobora kugira ingaruka ku buzima n’imibereho myiza byabo.

Umuyobozi w’Agateganyo wa UNECA muri Afurika y’Iburasirazuba, Andrew Mold, yavuze ko nibura buri muturage mu bihugu by’u Rwanda, Uganda na Seychelles yanyoye litilo zigera kuri 11 z’ibisindisha mu 2016.

Uyu mubare uri hejuru ugereranyije no mu bindi bice by’Isi kuko nko mu Burayi nibura buri muturage yanyoye litilo 10.3 z’ibisindisha, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nibura umwe abarirwa litilo 9.3, nk’ikigereranyo ku Isi hose buri muturage yabariwe ko yanyoye litilo 6.4 mu gihe muri rusange ku mugabane wa Afurika buri muturage yanyoye litilo esheshatu z’ibisindisha.

Raporo ivuga ko bimwe mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba hatangiye kugaragara ibibazo bishingiye ku mibereho myiza y’abaturage bishobora kuba bifitanye isano n’inyobwa ry’ibisindisha byinshi. Muri ibyo bibazo harimo kanseri, umubyibuho ukabije, kunywa itabi ndetse n’impanuka zo mu muhanda zihitana ubuzima bwa benshi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Théos Badege yabwiye The New Times dukesha iyi nkuru ko kwiyongera kw’inyobwa ry’ibisindisha byaba ari intandaro y’impanuka zo mu muhanda, ariyo mpamvu bikwiye kwirindwa.

Ati “Ndemera ko ibisindisha ari ikibazo cyane cyane mu bijyanye n’umutekano haba mu mutekano wo mu muhanda, kwirinda ibyaha ndetse n’imyitwarire kuko gukora icyaha biva mu mutwe kandi umutwe ukora ibyaha ni utameze neza.”

Yakomeje agira ati “Iyo abantu banyoye ibisindisha bakora ibidakwiye bigatuma habaho icyaha. Turasaba abantu kudatwara ibinyabiziga banyoye”.

Raporo igaragaza ko nubwo muri Afurika hagaragara umubare muke w’abatunze imodoka, nibura abantu 26.6 mu gihumbi bahitanywe n’impanuka mu mwaka wa 2013, mu gihe ku Isi hose nibura abantu 17.4 mu bantu igihumbi aribo bahitanywe n’impanuka muri uwo mwaka.

Umubare w’abahitanwa n’impanuka uri hejuru muri Afurika y’Iburasirazuba kuko hari n’ibihugu bigaragaza impfu zirenga 30 mu bantu igihumbi ku mwaka.

Mu Rwanda nibura abantu 32.1 mu gihumbi bahitanywe n’impanuka zo mu muhanda nkuko iyo raporo ibigaragaza.

Imibare ya Polisi y’u Rwanda igaragaza ko kuva muri Kamena kugeza mu Ukuboza umwaka ushize, abantu 162 bahitanywe n’impanuka zo mu muhanda.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) cyerekana ko miliyari 251 Frw zakoreshejwe mu kugura ibisindisha mu 2014. Muri uwo mwaka mu Rwanda hinjijwe ibisindisha bya miliyari 19 Frw naho hoherezwa hanze ibya miliyari 1.7 Frw.

Ingano y’ibisindisha umuturage wo muri Afurika y’Iburasirazuba yanyoye mu 2016

2018-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amasura mashya ku rutonde rw’agateganyo rw’abazakina imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 na Nigeria na Zimbabwe

Amasura mashya ku rutonde rw’agateganyo rw’abazakina imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 na Nigeria na Zimbabwe

Ubwanditsi 26 Aug 2025
U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Ubwanditsi 23 Oct 2017
CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba

CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba

Ubwanditsi 01 Sep 2025
Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Ubwanditsi 30 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine
HIRYA NO HINO

Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine

Ubwanditsi 30 Oct 2019
Umuhanzi Rayvanny ugiye kuza mu Rwanda yeretse ababyeyi umukazana wabo mu muryango
SHOWBIZ

Umuhanzi Rayvanny ugiye kuza mu Rwanda yeretse ababyeyi umukazana wabo mu muryango

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Nyuma y’impanuka y’ubwato muri Kongo, Leta irapfobya umubare w’abayiguyemo kugirango abazahabwa impozamarira babe bake
Amakuru

Nyuma y’impanuka y’ubwato muri Kongo, Leta irapfobya umubare w’abayiguyemo kugirango abazahabwa impozamarira babe bake

Ubwanditsi 10 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru