• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Edgar Lungu yagaragaje icyizere afitiye Kagame mu guhindura Afurika Yunze Ubumwe

Perezida Edgar Lungu yagaragaje icyizere afitiye Kagame mu guhindura Afurika Yunze Ubumwe

Ubwanditsi 22 Feb 2018 POLITIKI

Perezida wa Zambia Edgar Lungu yagaragaje ko Afurika ikomeje gufatwa mu buryo budakwiye, bityo ibihugu biyigize bigomba guhaguruka bigahuza imbaraga, bigakemura ibibazo byose byugarije uyu mugabane.

Yabigarutseho ubwo Perezida Kagame yamwakiraga ku meza kuri uyu wa Gatatu hamwe n’itsinda ryamuherekeje mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda.

Perezida Lungu yabanje gushimira Perezida Kagame uburyo yakiriwe mu Rwanda nk’igihugu gikomeje gutera imbere muri Afurika, anamushimira nk’umukuru w’Igihugu uheruka gutorerwa kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze ubumwe, AU.

Yagize ati “Mfite icyizere gikomeye ko uzateza imbere cyane ibikorwa by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”

Perezida Lungu yahise agaruka ku kibazo cy’isura Isi ikomeje kugaragazamo umugabane wa Afurika n’abayituye.

Yagize ati “Ku rwego mpuzamahanga, umugabane wa Afurika n’abawutuye bakomeje kugaragazwa nabi, bifite aho bihurira n’ikibazo cy’abimukira by’umwihariko. Icyo cyasha kuri uyu mugabane kirasaba ko twe nk’abanyafurika dushyira hamwe nk’abavandimwe mu nyungu dusangiye, tugashakira umuti ibibazo duhura nabyo.”

“Nitwe bireba nk’Abanyafurika gukora ibishoboka byose mu gukemura ibibazo abaturage bacu bahura nabyo n’umugabane wacu wa Afurika. Ntabwo twakomeza gushakira ahandi ibisubizo by’ibibazo byacu.”

Yavuze ko umugabane wa Afurika ufite ubushobozi buhambaye harimo n’abaturage bawo, ku buryo bashyize hamwe babasha kugera ku bisubizo by’ibibazo ufite.

Yakomeje agira ati “Uruzinduko rwanjye mu Rwanda ruraba n’umwanya mwiza kuri njye wo gushimangira akamaro ko guhuza imbaraga nk’ibihugu bya Afurika, by’umwihariko binyuze mu Muryango w’Ubumwe bwa Afurika.”

“Uyu muryango uduha amahirwe akomeye yo kuvugira mu ijwi rimwe ku rwego rw’Isi niba dukeneye kurenga ibibazo dufite n’imyumvire mibi itwitirirwa ya benshi bari hanze y’umugabane.”

Yakomoje ku ijambo Perezida Kagame yavuze ubwo yarahiraga mu mwaka ushize, ko imiyoborere n’iterambere rya Afurika bitazajya kuvanwa ahandi, ndetse ngo yabishimangiye muri Mutarama mu nama ya AU.

Yakomeje agira ati “Nizera ko mu gihe cyawe nk’umuyobozi wa AU tuzabona uburyo buhamye bw’imiyoborere muri Afurika n’uburyo buhuza Abanyafurika mu gushaka ibisubizo ku bibazo Afurika ifite.”

Perezida Lungu yasabye urubyiruko kugira uruhare mu gukemura ibibazo bya Afurika binyuze mu guhanga udushya n’ibitekerezo bifatika, cyane ko ahazaza h’uyu mugabane hari mu maboko y’abawutuye.

Yavuze ko mu myaka myinshi, ibisubizo by’ibibazo bya Afurika byajyaga gushakirwa ahandi, ndetse ugasanga ibyabaga ku banyafurika bitaragenwa nabo ubwabo.

Yakomeje agira ati “Ubu mureke twigenere ahazaza hacu. Aya ni amahirwe akomeye kuri twe yo kwishakira ibisubizo ku bibazo byacu bikazadufasha kubigira ibyacu no kwigenera ahazaza.”

Perezida Kagame yagaragaje ko u Rwanda na Zambia bifite byinshi bihuriyeho, birimo n’ubushake bwo kubaka Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ukomeye kandi wuzuza inshingano zawo.

Ni ubwa kabiri Perezida Lungu aje mu Rwanda mu mezi arindwi ashize, kuko yari ahari muri Kanama ubwo yitabiriye irahira rya Perezida Paul Kagame watangiraga manda ye ya gatatu.

Amafoto ya Perezida Kagame ubwo yakiraga Lungu

Ubwo Perezida Kagame na Lungu bageraga muri Kigali Convention Centre ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21 Gashyantare 2018 ahabereye uyu musangiro

Perezida Kagame ubwo yakiraga ku meza mugenzi we wa Zambia, Edgar Lungu, uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri

Abakuru b’ibihugu byombi bashimangiye umubano ukomeye basangiye

Abayobozi batandukanye bari bitabiriye uyu musangiro wabereye muri Kigali Convention Centre

Minisitiri w’Impunzi n’imicungire y’Ibiza, Jeanne d’Arc de Bonheur (ibumoso) nawe yari yitabiriye uyu mugoroba wo gusangira

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yavuze ko uru ruzinduko rwa Lungu rubayeho nyuma y’urwo Perezida Kagame yagiriye muri Zambia muri Kamena 2017

Perezida Edgar Lungu yashimiye Kagame ku bw’umubano u Rwanda na Zambia bifitanye anamwizeza ko uzakomeza

Perezida Kagame yashimiye Perezida Lungu witabiriye ubutumire yamugejejeho, avuga ko u Rwanda na Zambia bisangiye byinshi haba ku iterambere byifuriza abaturage n’icyerekezo nk’umugabane

Abasore bafite ubuhanga mu gucuranga bashimishije abari bitabiriye uyu musangiro

Ni umugoroba waranzwe n’imbyino gakondo

Amafoto: Village Urugwiro


Source : IGIHE

2018-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”

Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”

Ubwanditsi 27 Jul 2018
Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Ubwanditsi 22 Jan 2018
Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Ubwanditsi 28 Dec 2024
Ubuzima bwiza na bwo ni igipimo cy’iterambere – Perezida Kagame

Ubuzima bwiza na bwo ni igipimo cy’iterambere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kitoko yasobanuye byinshi ku ndirimbo ‘Thank you Kagame’ yanashyiriye hanze amashusho–VIDEO
Mu Rwanda

Kitoko yasobanuye byinshi ku ndirimbo ‘Thank you Kagame’ yanashyiriye hanze amashusho–VIDEO

Ubwanditsi 16 Aug 2017
Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”
Amakuru

Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Ubwanditsi 21 Jan 2024
Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru
Mu Rwanda

Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Ubwanditsi 16 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru