• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uvira: Biravugwa ko ingabo z’u Burundi zigaruriye ibirindiro bya RED-Tabara

Uvira: Biravugwa ko ingabo z’u Burundi zigaruriye ibirindiro bya RED-Tabara

Ubwanditsi 08 Nov 2018 ITOHOZA

Igisirikare cy’u Burundi kirimo kwigarurira ibirindiro by’umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bwa perezida Nkurunziza biherereye muri Kivu y’Amajyepfo mu gihe iki gisirikare cya leta cyari giherutse guhakana ko cyinjiye muri Congo.

Amakuru mashya ahari avuga ko imirwano yabereye kuri uyu wa Gatatu, itariki 07 Ugushyingo mu gace cya Kigoma, gaherereye muri Teritwari ya Uvira, muri Kivu y’Amajyepfo, ho mu burasirazuba bwa Congo hagati y’ingabo z’u Burundi na RED-Tabara.

Amakuru aturuka ahabereye imirwano agera kuri SOSMediasBurundi dukesha iyi nkuru, aravuga ko ingabo z’u Burundi zabashe gukura inyeshyamba za RED-Tabara mu birindiro byazo byari biri ahitwa Kidyama na Mugabo.

Amakuru kandi yavuye mu baturage b’I Murenge avuga ko ingabo z’u Burundi zateye ibi birindiro mu ijoro ryo kuwa Kabiri nka saa tanu z’ijoro. Izi ngabo ngo zikaba zari ziturutse mu duce twa Lukobero na Kihinga zigiye guhiga abarwanyi ba RED-Tabara.

Aya makuru akaba yaje kwemezwa n’umuyobozi w’umutwe wa FNL witandukanyije na Agathon Rwasa ari we Aloys Nzabampema uvuga ko wari umuriro mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ku ruhande rw’ibirindiro by’inyeshyamba. Abaturage bakaba bavuga ko babonye inyeshyamba za RED-Tabara zihungira ahitwa Gitoga, agace kari mu birometero 30 uvuye Kidyama.

Amakuru ava mu Gipolisi cya Congo, avuga ko ubufasha bw’ingabo z’u Burundi bwoherejwe mu ijoro ryo kuwa Kabiri gufasha abasirikare bari bamaze kugera ahabereye imirwano.

Ku ikubitiro havugwa imirwano hagati y’igisirikare cy’u Burundi n’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi zikorera muri Congo, guverinoma ya Bujumbura yo yabanje guhakana ko yohereje ingabo muri Congo.

Nyuma ariko Igisirikare cya Congo, FARDC, cyatangaje ko cyafashe umusirikare w’umurundi ufite ipeti rya Corporal witwa Mustapha Birori.

Igisirikare cya FARDC kikaba cyaranatangaje ko ingabo z’u Burundi zinjiye ku butaka bwa Congo binyuranyije n’amategeko ndetse nticyahisha ko gishobora kuzirasaho.

Amakuru kandi yari yatangiye gucaracara kuri twitter kuwa 02 Ugushyingo yavugaga ko ingabo z’u Burundi zo muri division y’122 ishinzwe kurinda Perezida Nkurunziza, Imbonerakure ndetse n’abantu bavuga Ikinyarwanda byavugwaga ko ari inyeshyamba za FDLR bitwaje ibikoresho biremereye, binjiye muri Kivu y’Amajyepfo.

2018-11-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Ubwanditsi 13 Jun 2023
Ibibazo bibazwa Padiri Thomas Nahimana uzagera mu Rwanda kuri uyu  wa Gatatu

Ibibazo bibazwa Padiri Thomas Nahimana uzagera mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu

Ubwanditsi 23 Nov 2016
Gitifu w’Akarere ka Nyagatare  yatawe muri yombi

Gitifu w’Akarere ka Nyagatare yatawe muri yombi

Ubwanditsi 07 Sep 2017
Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.

Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 15 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yafashe abigana ibyangombwa, abaturage barasabwa kuba maso
Mu Mahanga

Polisi yafashe abigana ibyangombwa, abaturage barasabwa kuba maso

Ubwanditsi 17 Nov 2016
Zari yasutse amarira ubwo Ivan Semwanga uwahoze ari umugabo we yitabye Imana!!  Amakuru afite gihamya nuko  Diamond  ariwe Wamurogesheje!
Mu Rwanda

Zari yasutse amarira ubwo Ivan Semwanga uwahoze ari umugabo we yitabye Imana!! Amakuru afite gihamya nuko Diamond ariwe Wamurogesheje!

Ubwanditsi 25 May 2017
Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi
Mu Rwanda

Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Ubwanditsi 16 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru