• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y’uko ajya gutora

Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y’uko ajya gutora

Ubwanditsi 28 Jul 2017 Mu Rwanda

Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Abanyarwanda bajye gutora perezida uzabayobora muri manda itaha y’imyaka 7 , ndetse no mu gihe abakandida batatu bazaba bahanganye bakomeje kwiyamamaza hirya no hino mu gihugu, hari ibintu buri muntu wese uzatora akwiye kumenya mbere y’uko Umunsi w’Amatora ugera nk’uko byatangajwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Amatora, Charles Munyaneza mu kiganiro yagiranye na The New Times.

Kumenya aho uzatorera

Ibiro by’itora bisaga 96% ntabwo byahindutse. Birashoboka cyane rero ko aho watoreye ubushize ari naho uzatorera.

Niba utora yarimutse akaba ataramenya aho azatorera hashya, ashobora kuzifashisha Umunsi w’Umuganda ngarukakwezi kuri uyu wa Gatandatu, mu kumenya aho azatorera kuko uyu muganda uzibera ku biro by’amatora.

Ese hakenewe ikarita y’itora kugirango uzatore?

Yego kandi Oya. Niba ufite ikarita y’itora, uri uwo gushimwa, ariko ntibirangiye kuri wowe utayifite. Ushobora gukoresha indangamuntu ugatora mu gihe uri ku rutonde rw’abemerewe gutora.

Ibibazo byihariye nko ku banyamakuru n’abasirikare, bashobora gukoresha amakarita yabo bagatorera aho baba bari hose bitewe n’akazi barimo, ariko na none mu gihe bafite Indangamuntu kandi bari ku rutonde rw’abemerewe gutora.

Bigenda gute iyo ugeze ku biro by’itora?

Icyo usabwa gukora ni ukwerekana Indangamuntu yawe, ikarita y’itora, hanyuma hagasuzumwa ko uri ku rutonde rw’abemerewe gutora mbere yo gukomeza ujya gutora.

Byagenda gute uramutse ukoze ikosa ku rupapuro rwawe rw’itora? Ese wabona andi mahirwe?

Oya. Utora aba afite amahirwe amwe kandi niyo mpamvu abantu bashishikarizwa kujya babanza kwitonda kuko hataboneka impapuro zo gutoreraho zisimbura izangijwe.

Ni ryari uru rupapuro rwo gutoreraho rufatwa nk’urwangiritse?

Hari ibintu byinshi bishobora gutuma ijwi ryawe riba impfabusa. Nko gushyira urupapuro rw’itora mu gasanduku ariko utatoye, iyo wanditse ibindi bintu kuri uru rupapuro bitandukanye n’icyo rwagenewe, ndetse n’igihe utoye umukandida urenze umwe. Ibi byose bigira impfabusa ijwi ryawe.

Ni ryari ibiro by’itora bifungura n’igihe bifunga?

Ibiro by’itora bizafungurwa saa moya za mugitondo bifungwe saa cyenda z’amanywa.

Utabasha kugera ku biro by’itora yakohereza umutorera?

Ntibishoboka. Ugomba gukora inshingano zawe nk’umunyagihugu ku giti cyawe.

Ufite ubumuga ashobora gutora?

Yego. Mu gihe cyose uri ku rutonde rw’abemerewe gutora, hashyizweho uburyo bwo gufasha abantu bafite ubumuga.

Ninde utemerewe gutora?

Ntabwo wemerewe gutora niba uri munsi y’imyaka 18. Niba uteri ku rutonde rw’abemerewe gutora, niba uteri Umunyarwanda, niba uri impunzi, cyangwa niba uri muri gereza.

Niba warashinjijwe ibyaha ugakatirwa n’urukiko ubwo uburenganzira bwo gutora warabwambuwe.

Niba warahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ukaba utararangiza igihano wahawe ntiwemerewe gutora.

Ushobora kuganira uwo watoye ku biro by’itora?

Ibi ntabwo byemewe niyo mpamvu byitwa gutora mu ibanga.

Uri Umusilamu kandi wambaye hijab, hari amabwiriza y’imyambarire?

Oya. Ushobora kwambara icyo wifuza cyose ariko ushishikarizwa kwambara byoroheje.

Ese hazabaho gusaka abantu mu rwego rw’umutekano?

Gusaka by’umutekano bishobora kuba mu gihe bibaye ngombwa.

Ese Nshobora kwifotora ifoto ndi gutora?

Oya. Wemerewe kwinjirana telephone yawe mu cyumba cy’itora ariko ntiwemerewe gufata amafoto urimo. Nta nubwo wemerewe kwinjira mu cyumba harimo undi muntu. Ntiwemerewe kandi kwinjiranamo imbunda.

Ninde wemerewe kuguma ku biro by’itora?

Indorerezi zanditse n’abahagarariye abakandida bemewe gusigara ku biro by’amatora, ariko abandi bashishikarizwa gutora wenda bakaba bagaruka nyuma amajwi yamaze kubarwa. Abandi bemerewe kuguma ku biro by’itora n’abakozi b’ibiro by’itora birumvikana.

Ese amajwi abarwa gute?

Amajwi ahita abarwa nyuma ya saa cyenda amatora arangiye kandi bikabera mu ruhame.

Ni gute wamenya ibyavuye mu matora?

Ku munsi w’itora, hazatangawa 80% by’ibyavuye mu matora. Ibi bisobanuye ko abantu bazajya kuryama bamenye uwatsinze, ariko ibya nyuma byavuye mu matora bizatangazwa nyuma y’iminsi mikeya.

Ese ugize ikindi kibazo wakwitabaza nde?

Muri buri mudugudu hari abakorerabushake bane bashobora kugusobanurira buri kimwe. Niba wegereye ibiro bya komisiyo y’amatora, ushobora kujyayo ukabaza kuko muri buri karere n’intara hari ibiro.

-7399.jpg

Munyaneza Charles Umunyamabanga nshingwa bikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora

2017-07-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri

Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri

RUSHYASHYA 01 Dec 2025
Umunyapolitiki Tomas Nahimana amaze iminsi mu karere k’uburasirazuba bw’Afrika

Umunyapolitiki Tomas Nahimana amaze iminsi mu karere k’uburasirazuba bw’Afrika

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Gatsibo: Polisi yarashe  Umugabo agerageza kuyirwanya nyuma y’aho  yarigiye  kumuta muri yombi

Gatsibo: Polisi yarashe Umugabo agerageza kuyirwanya nyuma y’aho yarigiye kumuta muri yombi

Ubwanditsi 28 Jul 2017
Nyarugenge: Yafatanywe Impushya ebyiri zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Nyarugenge: Yafatanywe Impushya ebyiri zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Ubwanditsi 08 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.
Amakuru

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Ubwanditsi 12 Apr 2024
Polisi y’u Rwanda n’iya Ecosse byiyemeje ubufatanye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda n’iya Ecosse byiyemeje ubufatanye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 07 Feb 2017
Icyo Perezida Kagame avuga ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’uburyo byakemuka
Amakuru

Icyo Perezida Kagame avuga ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’uburyo byakemuka

Ubwanditsi 12 Mar 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru