• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y’uko ajya gutora

Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y’uko ajya gutora

Ubwanditsi 28 Jul 2017 Mu Rwanda

Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Abanyarwanda bajye gutora perezida uzabayobora muri manda itaha y’imyaka 7 , ndetse no mu gihe abakandida batatu bazaba bahanganye bakomeje kwiyamamaza hirya no hino mu gihugu, hari ibintu buri muntu wese uzatora akwiye kumenya mbere y’uko Umunsi w’Amatora ugera nk’uko byatangajwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Amatora, Charles Munyaneza mu kiganiro yagiranye na The New Times.

Kumenya aho uzatorera

Ibiro by’itora bisaga 96% ntabwo byahindutse. Birashoboka cyane rero ko aho watoreye ubushize ari naho uzatorera.

Niba utora yarimutse akaba ataramenya aho azatorera hashya, ashobora kuzifashisha Umunsi w’Umuganda ngarukakwezi kuri uyu wa Gatandatu, mu kumenya aho azatorera kuko uyu muganda uzibera ku biro by’amatora.

Ese hakenewe ikarita y’itora kugirango uzatore?

Yego kandi Oya. Niba ufite ikarita y’itora, uri uwo gushimwa, ariko ntibirangiye kuri wowe utayifite. Ushobora gukoresha indangamuntu ugatora mu gihe uri ku rutonde rw’abemerewe gutora.

Ibibazo byihariye nko ku banyamakuru n’abasirikare, bashobora gukoresha amakarita yabo bagatorera aho baba bari hose bitewe n’akazi barimo, ariko na none mu gihe bafite Indangamuntu kandi bari ku rutonde rw’abemerewe gutora.

Bigenda gute iyo ugeze ku biro by’itora?

Icyo usabwa gukora ni ukwerekana Indangamuntu yawe, ikarita y’itora, hanyuma hagasuzumwa ko uri ku rutonde rw’abemerewe gutora mbere yo gukomeza ujya gutora.

Byagenda gute uramutse ukoze ikosa ku rupapuro rwawe rw’itora? Ese wabona andi mahirwe?

Oya. Utora aba afite amahirwe amwe kandi niyo mpamvu abantu bashishikarizwa kujya babanza kwitonda kuko hataboneka impapuro zo gutoreraho zisimbura izangijwe.

Ni ryari uru rupapuro rwo gutoreraho rufatwa nk’urwangiritse?

Hari ibintu byinshi bishobora gutuma ijwi ryawe riba impfabusa. Nko gushyira urupapuro rw’itora mu gasanduku ariko utatoye, iyo wanditse ibindi bintu kuri uru rupapuro bitandukanye n’icyo rwagenewe, ndetse n’igihe utoye umukandida urenze umwe. Ibi byose bigira impfabusa ijwi ryawe.

Ni ryari ibiro by’itora bifungura n’igihe bifunga?

Ibiro by’itora bizafungurwa saa moya za mugitondo bifungwe saa cyenda z’amanywa.

Utabasha kugera ku biro by’itora yakohereza umutorera?

Ntibishoboka. Ugomba gukora inshingano zawe nk’umunyagihugu ku giti cyawe.

Ufite ubumuga ashobora gutora?

Yego. Mu gihe cyose uri ku rutonde rw’abemerewe gutora, hashyizweho uburyo bwo gufasha abantu bafite ubumuga.

Ninde utemerewe gutora?

Ntabwo wemerewe gutora niba uri munsi y’imyaka 18. Niba uteri ku rutonde rw’abemerewe gutora, niba uteri Umunyarwanda, niba uri impunzi, cyangwa niba uri muri gereza.

Niba warashinjijwe ibyaha ugakatirwa n’urukiko ubwo uburenganzira bwo gutora warabwambuwe.

Niba warahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ukaba utararangiza igihano wahawe ntiwemerewe gutora.

Ushobora kuganira uwo watoye ku biro by’itora?

Ibi ntabwo byemewe niyo mpamvu byitwa gutora mu ibanga.

Uri Umusilamu kandi wambaye hijab, hari amabwiriza y’imyambarire?

Oya. Ushobora kwambara icyo wifuza cyose ariko ushishikarizwa kwambara byoroheje.

Ese hazabaho gusaka abantu mu rwego rw’umutekano?

Gusaka by’umutekano bishobora kuba mu gihe bibaye ngombwa.

Ese Nshobora kwifotora ifoto ndi gutora?

Oya. Wemerewe kwinjirana telephone yawe mu cyumba cy’itora ariko ntiwemerewe gufata amafoto urimo. Nta nubwo wemerewe kwinjira mu cyumba harimo undi muntu. Ntiwemerewe kandi kwinjiranamo imbunda.

Ninde wemerewe kuguma ku biro by’itora?

Indorerezi zanditse n’abahagarariye abakandida bemewe gusigara ku biro by’amatora, ariko abandi bashishikarizwa gutora wenda bakaba bagaruka nyuma amajwi yamaze kubarwa. Abandi bemerewe kuguma ku biro by’itora n’abakozi b’ibiro by’itora birumvikana.

Ese amajwi abarwa gute?

Amajwi ahita abarwa nyuma ya saa cyenda amatora arangiye kandi bikabera mu ruhame.

Ni gute wamenya ibyavuye mu matora?

Ku munsi w’itora, hazatangawa 80% by’ibyavuye mu matora. Ibi bisobanuye ko abantu bazajya kuryama bamenye uwatsinze, ariko ibya nyuma byavuye mu matora bizatangazwa nyuma y’iminsi mikeya.

Ese ugize ikindi kibazo wakwitabaza nde?

Muri buri mudugudu hari abakorerabushake bane bashobora kugusobanurira buri kimwe. Niba wegereye ibiro bya komisiyo y’amatora, ushobora kujyayo ukabaza kuko muri buri karere n’intara hari ibiro.

-7399.jpg

Munyaneza Charles Umunyamabanga nshingwa bikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora

2017-07-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Ubwanditsi 26 Nov 2021
Barafinda yinjiye mu ruhando rwa cinema nyarwanda

Barafinda yinjiye mu ruhando rwa cinema nyarwanda

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) imaze kubona umuyobozi mushya – ISSA HAYATOU  yatsinzwe

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) imaze kubona umuyobozi mushya – ISSA HAYATOU yatsinzwe

Ubwanditsi 16 Mar 2017
Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga

Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga

Ubwanditsi 20 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tanzania : Ni iki cyatumye Ise w’umuhanzi Diamond  adatumurwa mu birori by’umwuzukuru we
IMIKINO

Tanzania : Ni iki cyatumye Ise w’umuhanzi Diamond adatumurwa mu birori by’umwuzukuru we

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Kivu Y’Amajyaruguru: Imirwano Iravuza Ubuhuha Hagati Y’Abanyamulenge ’Twirwaneho’ Na Mayi-Mayi
INKURU NYAMUKURU

Kivu Y’Amajyaruguru: Imirwano Iravuza Ubuhuha Hagati Y’Abanyamulenge ’Twirwaneho’ Na Mayi-Mayi

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Gen Muhoozi mu gahinda yetewe n’urupfu rw’umuhanzi Radio
HIRYA NO HINO

Gen Muhoozi mu gahinda yetewe n’urupfu rw’umuhanzi Radio

Ubwanditsi 02 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru