• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ubwinshi bw’abifuza kuyobora ANC bishobora kuzahesha amahirwe uwari umugore wa Perezida Zuma

Ubwinshi bw’abifuza kuyobora ANC bishobora kuzahesha amahirwe uwari umugore wa Perezida Zuma

Ubwanditsi 03 May 2017 Mu Rwanda

Nkosazana Dlamini-Zuma, uhatanira kuyobora ishyaka ANC muri Afurika y’Epfo, yahoze ari umugore wa Perezida Zuma baza gutandukana bafitanye abana bane ariko bakaba ari incuti cyane muri politike.

Tariki 15 Werurwe 2017 nibwo Nkosazana Dlamini-Zuma yageze ku kibuga cy’indege cya OR Tambo International Airport i Johannesburg, avuye muri Ethiopia gusezera ku mirimo y’ubuyobozi bwa komisiyo y’umuryango w’ubumwe bwa Afurika (AU), aho yakiriwe n’imbaga y’abantu benshi biganjemo abayoboke b’ishyaka ANC riri ku butegetsi.

Kuva komisiyo y’ubumwe bwa Afurika yatangizwa ku mugaragaro muri Nyakanga 2002 imaze kuyoborwa n’abantu batanu, barimo Moussa Faki wo mu gihugu cya Chad, ikiyiyoboye, na Amara Essy wo muri Ivory Coast wayiyoboye umwaka by’agateganyo igitangizwa. Abo bose bamaze kuyobora iyo komisiyo ya AU ni abagabo, usibye Dlamini-warangije manda ye y’imyaka ine ntiyemere kwiyamamariza manda ya kabiri kandi yari agikunzwe anabyemererwa n’amategeko !

Kuba Dlamini-Zuma atarashatse kwiyamamariza manda ya kabiri kandi yarahabwagwa amahirwe yo kongera kuyitorerwa, yagera mu gihugu cye akakirwa gitwari n’imbaga y’abayoboke ba ANC, hari ikintu kinini byari bisobanuye benshi batabonaga.

Dlamini -Zuma yari asubiye muri Afurika y’Epfo mu myiteguro yo kuziyamamariza ubuperezida bw’ishyaka ANC mu mpera z’uyu mwaka, aho Perezida Jacob Zuma azaba arangije manda ye ya kabiri ari nayo ya nyuma ku buyobozi bw’iryo shyaka riri ku butegetsi kuva muri Mata 1994.

Guhatanira umwanya wo kuzaba Perezida wa ANC ntabwo biratangira ku mugaragaro kuko amabwiriza y’ishyaka ateganya yuko bizatangira muri Kamena uyu mwaka. Hari abantu ariko batangiye kwiyamamaza cyangwa kwamamaza abandi bucece, ndetse hamwe na hamwe bigakorwa no ku mugaragaro !

Urugero rwa hafi n’uko buri wese azi yuko Perezida Jacob Zuma akorera kampanye Dlamini-Zuma ngo abe ariwe uzamusimbura ku buyobozi bwa ANC, mu matora azaba Ukuboza uyu mwaka ! N’amwe mu mashami ya ANC, hirya no hino mu gihugu, yamaze gushyira ahagaragara abakandida bayo muri ayo matora y’umuyobozi mukuru w’iryo shyaka rimaze imyaka isaga 100 rishinzwe. N’ishami ry’urubyiruko kimwe niry’abagore rya ANC yamaze kugaragaza yuko umukandida wabo ari Dlamini-Zuma bitewe n’uko ayo mashami yombi ayobowe n’inkoramutima za Perezida Jacob Zuma.

Gushyigikirwa na Perezida Jacob Zuma ariko byo bishobora kuba nta buremere bifite cyane kuko ubu yanzwe hafi hose mu gihugu, ndetse na bamwe mu bikomerezwa bya ANC bakaba baratangiye kumufata nk’urukozasoni.

Abo barimo umunyamabanga mukuru w’iryo shyaka ku rwego rw’igihugu, Gwede Mantashe, uvuga ku mugaragaro yuko adashobora gushyigikira Nkosazana Dlamini-Zuma kuko ashyigikiwe na Perezida Jacob Zuma bashinja yuko amaze kwangisha abaturage ANC kubera amanyanga ye menshi. Benshi mu gihugu no muri ANC bamaze kwishyiramo yuko nta muntu washyigikirwa na Jacob Zuma nawe atari umunyamanyanga, cyangwa ari umuntu yitezeho kuzamukingira ikibaba ngo ntazakurikiranywe n’ubutabera nava ku butegetsi.

-6454.jpg

Dr Dlamini-Zuma

Abo bantu nka Mantashe badashyigikiye Dlamini-Zuma biyemeje kujya inyuma ya Cyril Ramaphosa ngo azabe ariwe uzasimbura Jacob Zuma ku buyobozi bwa ANC no kumwanya w’umukuru w’igihugu muri 2019, cyangwa Perezida Zuma aramutse akuweho icyizere, dore yuko uwo mushinga ubu uri mu nteko nshingamategeko ! Ramaphosa asanzwe ariwe Visi Perezida wa Repubulika akaba na Visi Perezida wa ANC ku rwego rw’igihugu.

Bimaze kwigaragaza neza yuko muri ANC abashyigikiye Ramaphosa ngo azabe ariwe uzasimbura Jacob Zuma ari benshi kandi bakomeye muri iryo shyaka. Uretse Mantashe hari n’umubitsi wa ANC, Zweli Mkize, unaturuka mu ntara imwe na Zuma ya KwaZulu-Natal. Hari kandi Lindwe Sisulu, umukobwa wa Walter Sisulu, muri Afurika y’Epfo uhabwa icyubahiro cyenda kungana nk’icya Nelson Mandela !

Ramaphosa kandi anashyigikiwe na benshi mu bayobozi b’urugaga rw’abakozi muri Afurika y’Epfo (COSATU. Ku munsi uherutse w’abakozi Perezida Jacob Zuma yahagurutse kuvugira ijambo mu mihango yari yateguwe na COSATU, bamukobana imbaraga biba ngombwa yuko acikishwa atarivuze !

Nubwo kugeza ubu Ramaphosa ashyigikiwe cyane ariko ubwinshi bw’abifuza kuyobora ANC bushobora kuzahindura ibintu bukazahesha amahirwe uwo wari umugore wa Perezida Zuma, Nkosazana Dlamini-Zuma.

Buhoro buhoro abifuza kuziyamamariza umwanya wa Perezida wa ANC baragenda biyongera kandi ahanini bazaba bavoma iriba rimwe na Ramaphosa. Abo wavugamo Mathews Phosa wahoze ari umunyakigega wa ANC hamwe na Jeff Radebe, minisitiri muri presidansi. Undi wiyamamariza uwo mwanya bikaba bigabanyiriza amahirwe abandi bazahatana na Dlamini-Zuma ni Perezida w’inteko nshingamategeko, Baleka Mbete. Perezida wa ANC niwe uba ari umukandida w’iryo shyaka mu matora ya Perezida wa Repubulika, kandi nta n’umwe ryigeze ritangaho umukandida ngo ayatsindwe !

Casmiry Kayumba

2017-05-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Claire Karekezi, Umunyarwandakazi wa mbere u Rwanda rugize w’inzobere mu kuvura cancer yo mu bwonko

Claire Karekezi, Umunyarwandakazi wa mbere u Rwanda rugize w’inzobere mu kuvura cancer yo mu bwonko

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Ubwanditsi 02 May 2021
Rutsiro : Umuryango wa Nyirashuri ubabajwe n’amasambu wahugujwe hirengagijwe amategeko

Rutsiro : Umuryango wa Nyirashuri ubabajwe n’amasambu wahugujwe hirengagijwe amategeko

Ubwanditsi 14 Oct 2018
Hakuzimana Rashid yahamwe n’ibyaha byose aregwa, akatirwa gufungwa imyaka irindwi.

Hakuzimana Rashid yahamwe n’ibyaha byose aregwa, akatirwa gufungwa imyaka irindwi.

Ubwanditsi 08 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Seyoboka agezwa mu Rwanda ( VIDEO )
Mu Mahanga

Seyoboka agezwa mu Rwanda ( VIDEO )

Ubwanditsi 18 Nov 2016
Urukiko Rukuru rwahamagaje ‘ahatazwi’ abareganwa n’abo kwa Rwigara
INKURU NYAMUKURU

Urukiko Rukuru rwahamagaje ‘ahatazwi’ abareganwa n’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 14 Jun 2018
Umuntu wese winjiye mu rubanza rw’abo kwa Rwigara yasatswe
ITOHOZA

Umuntu wese winjiye mu rubanza rw’abo kwa Rwigara yasatswe

Ubwanditsi 11 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru