• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ubwinshi bw’abifuza kuyobora ANC bishobora kuzahesha amahirwe uwari umugore wa Perezida Zuma

Ubwinshi bw’abifuza kuyobora ANC bishobora kuzahesha amahirwe uwari umugore wa Perezida Zuma

Ubwanditsi 03 May 2017 Mu Rwanda

Nkosazana Dlamini-Zuma, uhatanira kuyobora ishyaka ANC muri Afurika y’Epfo, yahoze ari umugore wa Perezida Zuma baza gutandukana bafitanye abana bane ariko bakaba ari incuti cyane muri politike.

Tariki 15 Werurwe 2017 nibwo Nkosazana Dlamini-Zuma yageze ku kibuga cy’indege cya OR Tambo International Airport i Johannesburg, avuye muri Ethiopia gusezera ku mirimo y’ubuyobozi bwa komisiyo y’umuryango w’ubumwe bwa Afurika (AU), aho yakiriwe n’imbaga y’abantu benshi biganjemo abayoboke b’ishyaka ANC riri ku butegetsi.

Kuva komisiyo y’ubumwe bwa Afurika yatangizwa ku mugaragaro muri Nyakanga 2002 imaze kuyoborwa n’abantu batanu, barimo Moussa Faki wo mu gihugu cya Chad, ikiyiyoboye, na Amara Essy wo muri Ivory Coast wayiyoboye umwaka by’agateganyo igitangizwa. Abo bose bamaze kuyobora iyo komisiyo ya AU ni abagabo, usibye Dlamini-warangije manda ye y’imyaka ine ntiyemere kwiyamamariza manda ya kabiri kandi yari agikunzwe anabyemererwa n’amategeko !

Kuba Dlamini-Zuma atarashatse kwiyamamariza manda ya kabiri kandi yarahabwagwa amahirwe yo kongera kuyitorerwa, yagera mu gihugu cye akakirwa gitwari n’imbaga y’abayoboke ba ANC, hari ikintu kinini byari bisobanuye benshi batabonaga.

Dlamini -Zuma yari asubiye muri Afurika y’Epfo mu myiteguro yo kuziyamamariza ubuperezida bw’ishyaka ANC mu mpera z’uyu mwaka, aho Perezida Jacob Zuma azaba arangije manda ye ya kabiri ari nayo ya nyuma ku buyobozi bw’iryo shyaka riri ku butegetsi kuva muri Mata 1994.

Guhatanira umwanya wo kuzaba Perezida wa ANC ntabwo biratangira ku mugaragaro kuko amabwiriza y’ishyaka ateganya yuko bizatangira muri Kamena uyu mwaka. Hari abantu ariko batangiye kwiyamamaza cyangwa kwamamaza abandi bucece, ndetse hamwe na hamwe bigakorwa no ku mugaragaro !

Urugero rwa hafi n’uko buri wese azi yuko Perezida Jacob Zuma akorera kampanye Dlamini-Zuma ngo abe ariwe uzamusimbura ku buyobozi bwa ANC, mu matora azaba Ukuboza uyu mwaka ! N’amwe mu mashami ya ANC, hirya no hino mu gihugu, yamaze gushyira ahagaragara abakandida bayo muri ayo matora y’umuyobozi mukuru w’iryo shyaka rimaze imyaka isaga 100 rishinzwe. N’ishami ry’urubyiruko kimwe niry’abagore rya ANC yamaze kugaragaza yuko umukandida wabo ari Dlamini-Zuma bitewe n’uko ayo mashami yombi ayobowe n’inkoramutima za Perezida Jacob Zuma.

Gushyigikirwa na Perezida Jacob Zuma ariko byo bishobora kuba nta buremere bifite cyane kuko ubu yanzwe hafi hose mu gihugu, ndetse na bamwe mu bikomerezwa bya ANC bakaba baratangiye kumufata nk’urukozasoni.

Abo barimo umunyamabanga mukuru w’iryo shyaka ku rwego rw’igihugu, Gwede Mantashe, uvuga ku mugaragaro yuko adashobora gushyigikira Nkosazana Dlamini-Zuma kuko ashyigikiwe na Perezida Jacob Zuma bashinja yuko amaze kwangisha abaturage ANC kubera amanyanga ye menshi. Benshi mu gihugu no muri ANC bamaze kwishyiramo yuko nta muntu washyigikirwa na Jacob Zuma nawe atari umunyamanyanga, cyangwa ari umuntu yitezeho kuzamukingira ikibaba ngo ntazakurikiranywe n’ubutabera nava ku butegetsi.

-6454.jpg

Dr Dlamini-Zuma

Abo bantu nka Mantashe badashyigikiye Dlamini-Zuma biyemeje kujya inyuma ya Cyril Ramaphosa ngo azabe ariwe uzasimbura Jacob Zuma ku buyobozi bwa ANC no kumwanya w’umukuru w’igihugu muri 2019, cyangwa Perezida Zuma aramutse akuweho icyizere, dore yuko uwo mushinga ubu uri mu nteko nshingamategeko ! Ramaphosa asanzwe ariwe Visi Perezida wa Repubulika akaba na Visi Perezida wa ANC ku rwego rw’igihugu.

Bimaze kwigaragaza neza yuko muri ANC abashyigikiye Ramaphosa ngo azabe ariwe uzasimbura Jacob Zuma ari benshi kandi bakomeye muri iryo shyaka. Uretse Mantashe hari n’umubitsi wa ANC, Zweli Mkize, unaturuka mu ntara imwe na Zuma ya KwaZulu-Natal. Hari kandi Lindwe Sisulu, umukobwa wa Walter Sisulu, muri Afurika y’Epfo uhabwa icyubahiro cyenda kungana nk’icya Nelson Mandela !

Ramaphosa kandi anashyigikiwe na benshi mu bayobozi b’urugaga rw’abakozi muri Afurika y’Epfo (COSATU. Ku munsi uherutse w’abakozi Perezida Jacob Zuma yahagurutse kuvugira ijambo mu mihango yari yateguwe na COSATU, bamukobana imbaraga biba ngombwa yuko acikishwa atarivuze !

Nubwo kugeza ubu Ramaphosa ashyigikiwe cyane ariko ubwinshi bw’abifuza kuyobora ANC bushobora kuzahindura ibintu bukazahesha amahirwe uwo wari umugore wa Perezida Zuma, Nkosazana Dlamini-Zuma.

Buhoro buhoro abifuza kuziyamamariza umwanya wa Perezida wa ANC baragenda biyongera kandi ahanini bazaba bavoma iriba rimwe na Ramaphosa. Abo wavugamo Mathews Phosa wahoze ari umunyakigega wa ANC hamwe na Jeff Radebe, minisitiri muri presidansi. Undi wiyamamariza uwo mwanya bikaba bigabanyiriza amahirwe abandi bazahatana na Dlamini-Zuma ni Perezida w’inteko nshingamategeko, Baleka Mbete. Perezida wa ANC niwe uba ari umukandida w’iryo shyaka mu matora ya Perezida wa Repubulika, kandi nta n’umwe ryigeze ritangaho umukandida ngo ayatsindwe !

Casmiry Kayumba

2017-05-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.

Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Urubanza rw’abasirikari bakekwaho kwica rwaburanishirijwe mu ruhame

Urubanza rw’abasirikari bakekwaho kwica rwaburanishirijwe mu ruhame

Ubwanditsi 23 Jun 2017
Icyo Abantu hirya no hino ku Isi bavuga ku kibazo cy’ibura rya Rushyashya.net kurubuga rwa Internet

Icyo Abantu hirya no hino ku Isi bavuga ku kibazo cy’ibura rya Rushyashya.net kurubuga rwa Internet

Ubwanditsi 23 May 2017
Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Ubwanditsi 16 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika
INKURU NYAMUKURU

Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

Ubwanditsi 02 Dec 2019
Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.
Amakuru

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Ubwanditsi 28 May 2021
– Akumiro!  Uganda yahindutse intara ya RNC
INKURU NYAMUKURU

– Akumiro! Uganda yahindutse intara ya RNC

Ubwanditsi 22 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru