• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Birakekwa ko Gen.Wilson Irategeka wari umuyobozi wa CNRD-FLN yahungiye I Burundi.

Birakekwa ko Gen.Wilson Irategeka wari umuyobozi wa CNRD-FLN yahungiye I Burundi.

Ubwanditsi 28 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Bamwe mu barwanyi ba FLN baherutse kwishyikiriza MONUSCO baherutse gutangariza Ikinyamakuru Fizi.net, ko Gen.Wilson Irategeka atakibarizwa ku butaka bwa Congo Kinshasa, nyuma y’imirwano ikaze  irimo intwaro ziremereye za FARDC mu byumweru bibiri bisize itahaye agahenge inyeshyamba za FLN  benshi bakaba baratatanye, bikaba byaratumye Gen.Wilson Irategeka ahungira I Burundi.

Aya ni amakuru ava mu nkengero za Pariki ya  Kauzi Biega na Itombwe yemezwa n’ ubuyobozi bwa Sosiyete Sivili bwo muri ako gace.

Ubuhamya bw’umwe mu barwanyi ba Mai Mai Laira Mutomboki wabashije kuhagera yabwiye iri tangazamakuru ko  yiboneye imirambo ya bamwe mu bayobozi ba FLN harimo Col Kamari Fabien, Col.Niyirora Ildephonse alias Jigard na Jenerali Moro Maurice wari ushinzwe iperereza muri FLN.

Umwe mu baturage bo mu bwoko bw’Abafurero babibonye n’amaso bavuga ko ingombyi yari ihetse Gen Wilson Irategeka ari kumwe n’abasore 24 yavuye ahitwa i Ruhago yerekeza Hembe kuwa mbere taliki ya 22 Ukuboza iruhukira ahitwa Sange, kuwa 26 Ukuboza. Abaturage bo muri Gurupoma Ruvungi, Teritwari ya Uvila, babonye iyo ngobyi mu masa munani uwo murongo ukaba warerekezaga ahitwa  Kiliba ugana kuri Lac Tanganyika ni muri 20Km.

Ntacyo  umuvugizi wa FARDC muri Sokola 1 Capt Dieudonne Kasereka aratangaza kuri aya makuru.

Hari amakuru avuga ko nyuma y’ibitero by’ ingabo za Congo FARDC, zimaze iminsi zigaba ku nyeshyamba z’abanyarwanda zikorera muri Congo FDLR, FLN, RUD-Urunana, n’ingabo za RNC zibumbiye mucyo bise P5, Uganda yashyizeho gahunda yo guha ubuhungiro iyi mitwe n’imiryango yabo. Bamwe boherezwa mu nkambi za Uganda nka Nakivale, Cyaka 1, Cyaka 2 na Rwamwanjya.

CNRD UBWIYUNGE na FLN harimo udutsiko dutatu tudacana uwaka!

Hari igice giherereye kuri Lt.Gen Wilson Irategeka, hakaba igice giherereye kuri Dr.Biruka hakazamo ikindi gice gifite ingufu cya Jean Paul Kalinijabo ari nacyo cyatangaga amafaranga CNRD-FLN yifashishaga.

Urwego rwa Gisilikare rwa FLN. ruyobowe na Gen.Hamada alias Gen.Muramba utigeze wubaha Lt.Gen Irategeka Wilson,kuva bashyiraho icyama. Urugero n’aho NDC NDUMA yirukankanye CNRD-FLN ikabakura ahitwa FARINGA, MWESO na Dunga ikabageza i Kalehe mu ri KM400 Lt.Gen.Wilson yasabye ubufasha Gen.Hamada bwo kohereza abasilikare birangira abamwimye.

Gen.Hamada ashinjwa gutererana impunzi zari i Faringa ndetse n’Ubuyobozi bwa CNRD, sibyo gusa kandi kuko aho yihishe i Kirembwe ni muri Kivu y’amajyepfo, arahigwa bukware na FARDC abasilikare  yari ahafite bagera kuri 500 birirwaga babaza imbaho, guhinga ndetse no gucukura amabuye y’agaciro mu ishyamba rya HEWA BORA, barimo guhungira muri Uganda, aho bivugwa ko Gen.Hamada , abitse hafi ibihumbi magana 500$ birenga biri kuma konti ya Hamada i Kampala, ndetse ko afite inzu y’umuturirwa ahitwa mu Gikubo mu mujyi wa Kampala.

Iyi mitungo ikaba icungwa na muramu we bityo rero akaba nta mabwiriza namwe  yigeze yubahiriza muri CNRD, bivugwa ko uyu muramu we ariwe uri mugikorwa cyo guhungisha abahoze ari abarwanyi ba Gen.Hamada.

Muri FLN kandi harimo igice kiyoborwa na Gen.bgd Geva kugeza ubu hatazwi irengero rye akaba ukuboko kw’iburyo kwa  Lt.wilson Irategeka, ari nawe wari ufatanyije na Gen.Sinayobye Barnabe mu kuyobora ibitero byo kukitabi  na Nyabimata muri Nyungwe.

Gen.Ndagijimana Laurent uzwi nka Wilson Irategeka niwe Muyobozi mukuru wa CNRD-UBWIYUNGE(Coalition  National pour Renouveau) avuka mu cyahoze ari Komini Nyakabanda, Perefegitura ya Gitarama, ubu ni mu karere ka Muhanga, Intara y’Amajyepfo ahitwa Ngaru, yahunze afite ipeti rya Su Liyetona, ishyaka rye rikaba ari naryo ryashinze umutwe w’inyeshyamba wa FLN (Force Liberation national).

2019-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi

Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi

Ubwanditsi 20 Oct 2020
Burundi: Leta yatanze isoko kuri  kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa

Burundi: Leta yatanze isoko kuri kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Uko Gén. Prime Niyongabo, agemura ibiryo, intwaro n’ibikoresho, n’uko atanga imiti  mu nkambi y’imyitozo igamije gutera u Rwanda.

Uko Gén. Prime Niyongabo, agemura ibiryo, intwaro n’ibikoresho, n’uko atanga imiti mu nkambi y’imyitozo igamije gutera u Rwanda.

Ubwanditsi 18 Jan 2019
Uganda: Undi mudepite yarokotse impanuka ikomeye nyuma yo kugongana na Fuso

Uganda: Undi mudepite yarokotse impanuka ikomeye nyuma yo kugongana na Fuso

Ubwanditsi 30 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BBC yafunze burundu ibiro byayo mu Burundi
INKURU NYAMUKURU

BBC yafunze burundu ibiro byayo mu Burundi

Ubwanditsi 17 Jul 2019

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Umudepite w’umufaransa yemeje ko Theoneste Nsengimana na bagenzi be bafashwe na RIB ari abakozi ba Ingabire Victoire aziko abatabariza
Amakuru

Umudepite w’umufaransa yemeje ko Theoneste Nsengimana na bagenzi be bafashwe na RIB ari abakozi ba Ingabire Victoire aziko abatabariza

Ubwanditsi 14 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru