• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Ubwanditsi 06 Jul 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Binyuze mu kanwa k’umuvugizi wa Leta ya Kongo, Patrick Muyaya, ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi buravuza induru ngo hari abayobozi basuye Kongo, basiga bayemereye gufatira u Rwanda ibihano, none ngo amaso yaheze mu kirere.

Abasesenguzi banyuranye, barimo n’Abanyekongo ubwabo, basetse amagambo ya Patrick Muyaya , bise” Gasuku”, usubiramo amagambo ya shebuja Tshisekedi, atabanje kureba ingaruka zayo. Babinyujije ku rubuga rwa “tweeter, bamwibukije ko ari uguhana wahera ku butegetsi bwabo, kuko ibyegeranyo Kinshasa itabona aho ihungira, bigaragaza ko Leta ya Kongo ikorana n’imitwe y’iterabwoba, harimo iyo ubutegetsi bwashinze, nka Pareco , Wazalendo,n’indi itabarika, bukayiha imyitozo n’ibikoresho, ndetse ubu itegeko rikaba ryarayihaye ububasha bwo kuba “umutwe w’ingabo zunganira igisirikari cya Leta, FARDC, mu kurengera ubusugire bw’igihugu”.

Ibyo byegeranyo, birimo n’ibya Loni, byerekana mu buryo budasubirwaho, ko inyeshyamba z’umutwe wa FDLR, ugizwe ahanini n’abajenosideri basize bahekuye u Rwanda muw’1994, ubu zashyizwe muri FARDC. Amazina yabo nyakuri, inomero za gisirikari bahawe, umutwe w’ingabo babarizwamo, aho bakorera, n’ibindi bimenyetso bidashidikanywaho, byashyizwe ahagaragara. Ubu abarwanyi ba FDLR, baba abari muri FARDC, baba n’abakiri hirya no hino mu mashyamba ya Kongo, bose bararwana ku ruhande rwa Leta mu ntambara bahanganyemo na M23.
Ubutegetsi bukorana n’imitwe y’iterabwoba n’iy’abajenosideri, nibwo bukwiye gusabira abandi ibihano, cyangwa nibwo bukwiye guhanwa ku ikubitiro? Iyi ni ya politiki ngome, itagatifuza abicanyi ikabagira inzirakarengane, naho abicwa ikaba aribo ihindura abicanyi.

Bimwe mu bikomerezwa byagendereye Kongo, Patrick Muyaya avuga ko byasize byemeye ko bizafatira u Rwanda ibihano, twavuga nk’Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis na Perezida  Emmanuel Macron.

Binyuranye n’ibinyoma bya “Gasuku” Muyaya, aba bose babwije ukuri abategetsi ba Kongo, ko Abanyekongo ubwabo bakwiriye gukemura ibibazo byabo babihereye mu mizi, abandi bakazaza babunganira.

Duhereye kuri Papa Francis, ubwo yasuraga Kongo kuva tariki 31 Mutarama kugeza kuya 02 Gashyantare 2023, mu magambo atanyuze ku ruhande yavuze ko ubutegetsi bukwiriye kureka “politiki yivangura rishingiye ku moko, ruswa no kwiwizaho imitungo, ahubwo bukimakaza imiyoborere myiza, iha buri Munyekongo amahirwe yo kuba mu gihugu cyiza”.

Aya magambo ya Papa Francis yaje ashimangira aya Cardinal Fridolin Ambongo, nawe wakomeje gushinja ubutegetsi bwa Kongo kuba intandaro y’ibibazo byabaye akarande mu gihugu. Imvugo z’aba bayobozi bakuru muri Kiliziya Gatolika, yatumye umwuka mubi hagati y’iri dini n’ubutegetsi bwa Tshisekedi urushaho kuba mubi cyane, ubu impande zombi zikaba zirebana ay’ingwe.

Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, wagendereye Kongo mu ntangiriro za Werurwe uyu mwaka, we rwose yareruye, yiyama abategetsi b’icyo gihugu bashakisha abo begekaho umutwaro w’ibibazo bateje ubwabo. Yagize ati:”Mumbabarire kubabwiza ukuri. Kuva muw’1994, mwarananiwe gukemura ibibazo binyanye n’ubusugire bw’igihugu cyanyu. Haba mu rwego rwa gisirikari, urw’umutekano ndetse n’urw’imitegegere y’igihugu. Uko ni ukuri.Nimureke gushakira abandi banyabyaha hanze ya Kongo”.

Ubwo yari ayoboye intumwa z’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro , nazo zasuye Kongo muri Werurwe uyu mwaka, Ambasaderi Nicolas de Rivière, unahagarariye Ubufaransa muri ako kanama, yagize ati”:” Ntimuzategereze ko Loni iza gukemura ibibazo byakaba bikemurwa n’Ubutegetsi bwa Kongo. Akanama ka Loni gashinzwe Amahiro ku Isi karahamagarira guverinoma ya Kongo kwita ku nshingano zayo”.

Muri aba bose n’abandi tutagarutseho, nta n’umwe wasuye Kongo ngo yemeze ko uRwanda ari rwo ntandaro y’ingorane zayo. Nta wari gushingira gusa ku bipapirano ubutegetsi bw’icyo gihugu bukinga mu maso y’Abaturage, ngo busobanure impamvu bwananiwe gukemura ibibazo bibugarije, birimo intambara ica ibintu mu burasirazuba bw’igihugu, ubukene bukabije, ruswa ivuza ubuhuha mu nzego zose, kuva ku mutegetsi wo hejuru y’abandi, kugeza ku muturage usanzwe.

Muri iki gihe muri Kongo bitegura amatora y’Umukuru w’Igihugu mu mpera z’uyu mwaka, byitezwe ko ibihuha n’ibinyoma bizakomeza gukwirakwizwa. Ibirego ku Rwanda ntibizahagarara, hagamijwe kwereka abaturage ko ubutegetsi bwa Tshisekedi butageze ku nshingano, kuko bwakomwe mu nkokora “n’ibitero by’uRwanda”, ko ariko bugikenewe ngo buhangane n’uwo”mwanzi usahura umutungo kamere wa Kongo”!

Icyiza ariko, uko igihe gishira ibi binyoma biragenda bita agaciro, kuko ukuri kurushaho kwiyereka buri wese ubishaka. Ibyegeranyo by’abiyita“impuguke”, nabyo byatangiye kugaragara nka munyangire, ikinamico cyangwa kurangiza umuhango.
Ariko se ubundi uwo mutungo Abanyekongo ngo bafite kuva isi yaremwa, nyamara umubare munini ukaba ari uw’abatindi nyakujya, harya koko ibyo nabyo bikwiye kubazwa uRwanda? Ubutegetsi bushonjesha abaturage se kandi igihugu gikungahaye, sibwo ahubwo bukwiye guhanwa by’intangarugero?

Abanyekongo nimuhumuke! Igihe kirageze ngo mwiyame ababayoboza ibigambo n’ibinyoma bitagira epfo na ruguru. Nimuhitemo abazi neza ingorane zanyu, bazazishakira umuti urambye, aho gutora abateranya n’abaturanyi, bakuzuza gusa ibifu byabo, mwe mwicira isazi mu jisho.

2023-07-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Polisi igiye gukurikirana Dr Kayumba ushinjwa kuyiharabika

Polisi igiye gukurikirana Dr Kayumba ushinjwa kuyiharabika

Ubwanditsi 01 Oct 2018
Karongi: Polisi iragira inama abaturage kwirinda kwegera ibyuma bakekako byabaturikana

Karongi: Polisi iragira inama abaturage kwirinda kwegera ibyuma bakekako byabaturikana

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Ubwanditsi 14 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ruhango: Nkurunziza yagizwe Meya w’agateganyo nyuma y’iyeguzwa rya nyobozi yose
Mu Rwanda

Ruhango: Nkurunziza yagizwe Meya w’agateganyo nyuma y’iyeguzwa rya nyobozi yose

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko
Mu Mahanga

Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Huye : Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Alexandre Kayiranga
Mu Mahanga

Huye : Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Alexandre Kayiranga

Ubwanditsi 08 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru