• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»BURUSELI : RNC irimo gucuruza urupfu rwa Col Patrick Karegeya mu gihe umuryango umaze imyaka 5 usaba ubuhungiro uhakanirwa

BURUSELI : RNC irimo gucuruza urupfu rwa Col Patrick Karegeya mu gihe umuryango umaze imyaka 5 usaba ubuhungiro uhakanirwa

Ubwanditsi 22 Feb 2017 ITOHOZA

-5781.jpg

Kuri uyu wagatandatu i Buruseli mu Bubiligi habereye umuhango wo kwibuka Col. Patrick Karegeya muri uyu muhango Lea Karegeya ntiyahakandagije ikirenge kuko hagaragaye gusa Portia ariwe mukobwa wabo mukuru wari uhagarariye umuryango.

Amakuru agera kuri Rushyashya avuga ko muri uyu muhango habayeho gukusanya inkunga yo gufasha uyu muryango ukomeje kwangara nyuma y’imyaka isaga itanu usaba impapuro z’ ubuhunzi nk’impunzi za politiki muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ariko amaso akaba yaraheze mu kirere nyuma y’aho bangiwe inshuro irenze imwe babwirwa ko nta kibazo bagira batashye mu Rwanda nyuma y’uko ise apfuye.

-5782.jpg

Lea, Elvis, Portia na Richard

Uyu muryango wa Nyakwigendera Col Patrick Karegeya; ugizwe n’umugore, n’abana be batatu; Elvis, Portia na Richard, wangiwe ubuhunzi muri Amerika biturutse kumakosa yakozwe nanyina Lea ubwo yabazwaga n’umukozi w’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika, akavuga ko yari yaratandukanye n’umugabo.

Icyo gihe ubwo Lea n’abana be bavaga muri Afrika y’Epfo kubera ubuzima bubi n’amakimbirane yari hagati ye n’umugabo kubera ingeso y’ubusambanyi Col. Karegeya,yari yaranze kureka. Lea yabwiye inzego zireba iby’ubuhunzi ko yananiwe kwihangana ahungana n’abana nyuma yo gutandukana n’umugabo, ariyo mpamvu abaje muri Amerika kuko umugabo yashakaga kumwica. Ndetse akanavuga ko umugabo we Karegeya ari umwicanyi ukomeye.

Iyo usabye ubuhungiro, hari inyandiko y’amapaji 26 igomba kuzuzwa; irimo paji 14 z’amabwiriza na 12 z’amakuru uba ugomba gutanga. Iyo usobanije usabwa gusubiza ibindi bibazo birimo nko kumenya niba utinya kugirirwa nabi cyangwa gukorerwa iyicarubozo mu gihugu cyawe cyangwa mu kindi gihugu.

-5784.jpg

Portia niwe wari uhagarariye umuryango muri uyu muhango

Kuri Lea uku kubazwa kwe n’ibisubizo yatanze yuzuza ibisabwa nibyo byabaye nyirabayazana wo kwimwa ubuhunzi kuri uyu muryango wose dore ko nyuma yaho Karegeya apfiriye Lea yaje kwivuguruza mu nyandiko noneho atangira gusaba ubuhunzi avuga ko ari umupfakazi.

Ariko izi nzego zikomeza kumwibutsa ko mbere yinjira muri Amerika yavugaga ko yatandukanye n’umugabo, izi nzego zikibaza Lea igihe yongeye gushakira umugabo kuko yari asigaye avuga ko yapfakajwe na Leta y’u Rwanda,aricyo yahunze.

Nk’uko amategeko agenga abimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga, kugira ngo ibone ubuhungiro , impunzi igomba kuba yarakorewe ihohoterwa rishingiye ku bwoko, ubwenegihugu, iyobokamana, ibitekerezo bya politiki no mu mibanire mu itsinda runaka iyo wivuguruje kimwe kukindi aho bitera ibibazo.

Impunzi ishobora kuvuga ko ihunze igeze muri Amerika cyangwa igasaba ubuhungiro iri ku butaka bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu busabe bwose bwatanzwe na Lea , ngo ubugera kuri 29% bwose burivuguruza nkuko amakuru difite abihamya. kandi nibwo bwemererwa ubuhunzi mu gihe rero iyo byanze ikiba gisigaye haba harimo no kuba wasubizwa aho waturutse.

-5783.jpg

Col. Patrick Karegeya

2017-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda  rwateye utwatsi amakuru ari muri  Uganda avuga ko rushaka gufasha   IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

U Rwanda rwateye utwatsi amakuru ari muri Uganda avuga ko rushaka gufasha IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

Ubwanditsi 06 Oct 2017
Byinshi Wamenya Ku Buzima Buhenze Gen Kayihura Abayemo Butapfa Kubona Imfungwa Ibonetse Yose

Byinshi Wamenya Ku Buzima Buhenze Gen Kayihura Abayemo Butapfa Kubona Imfungwa Ibonetse Yose

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Burera: Afunzwe nyuma yo gufatanwa amafaranga yibye aho yakoraga I Kigali

Burera: Afunzwe nyuma yo gufatanwa amafaranga yibye aho yakoraga I Kigali

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Umusomyi : SISI reka gusaza wanduranije cyane

Umusomyi : SISI reka gusaza wanduranije cyane

Ubwanditsi 25 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko  Abami 3 baheruka gutegeka mu Rwanda bazize umuvumo wo kutubahiriza amabwiriza y’ubwiru
ITOHOZA

Uko Abami 3 baheruka gutegeka mu Rwanda bazize umuvumo wo kutubahiriza amabwiriza y’ubwiru

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Uganda irashinjwa kurenga ku mabwiriza abuza kohereza intwaro muri Sudani y’Epfo
ITOHOZA

Uganda irashinjwa kurenga ku mabwiriza abuza kohereza intwaro muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 30 Nov 2018
Chris Froome watwaye Tour de France enye, yemeje ko azitabira Tour du Rwanda isiganwa rizazenguruka igihugu muri Gashyantare 2023
Uncategorized

Chris Froome watwaye Tour de France enye, yemeje ko azitabira Tour du Rwanda isiganwa rizazenguruka igihugu muri Gashyantare 2023

Ubwanditsi 16 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru