• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza

Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza

Ubwanditsi 21 May 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uwahoze ari umukuru w’Igipolisi cya Uganda, Gen Kale Kayihura, yaba akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza nk’uko amakuru ava muri Uganda avuga.

Ubundi amabwiriza ya gisirikare muri Uganda avuga ko abasirikare basanzwe bagomba kubanza kwaka uruhushya umugaba mukuru w’ingabo (CDF), naho abo ku rwego rwa General nka Kayihura bakabanza kurusaba umugaba mukuru w’ikirenga (CIC) ariko binyuze ku mugaba mukuru w’ingabo.

Biravugwa ko perezida Museveni yimye uruhushya Gen Kale Kayihura, aho ngo yamubajije ikibazo cy’uburwayi afite, akamusubiza inyuma atamwemereye cyangwa ngo amuhakanire ariko ngo agasaba  abantu be kutamwemerera gusohoka.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko Gen Kayihura muri weekend yagiye I Kampala avuye ku ifamu ye, nyuma yo kubonana n’inshuti agafata inzira yerekeza ku kibuga cy’indege ashaka kujya hanze kwivuza. Ngo yatunguwe no gusanga umutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu (SFC) wamaze kumenyesha ubuyobozi bw’ikibuga cy’indege bushinzwe abinjira n’abasohoka, ko Kayihura atagomba gusohoka mu gihugu uko byagenda kwose.

Gen Kayihura ariko ngo yakoze kinyamwuga abasirikare bari munsi ye bamaze kumumenyesha ko nahatiriza bamuta muri yombi, asohoka ku kibuga cy’indege nta kibazo ateje, yanga no guhamagara umugaba mukuru w’ingabo ahubwo ahitamo gusubira iwe I Kampala.

Iyi nkuru ikaba isoza ivuga ko bitarasobanuka neza icyo Gen Kayihura agiye gukora, ariko ngo igihari n’uko niba yifuza gusohoka muri Uganda adashobora gukoresha ikibuga cy’indege.

Gen Kale Kayihura yari umukuru w’Igipolisi cya Uganda kuva mu 2005 kugeza muri Werurwe 2018 nyuma y’uko abaturage bari bakomeje gutaka ihungabana ry’umutekano mu gihugu ryari rikomeje kwiyongera, igipolisi gishinjwa gufatanya n’abanyabyaha no kubakingira ikibaba aho kubakurikirana.

 

2018-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera,  Kandiho wa CMI ntarimo !

Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera, Kandiho wa CMI ntarimo !

Ubwanditsi 08 Feb 2019
Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo

Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo

Ubwanditsi 09 Oct 2019
Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge

Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge

Ubwanditsi 29 Jan 2020
Abanyarwanda baba muri Canada bamaganye Mukankusi Charlotte wo muri RNC

Abanyarwanda baba muri Canada bamaganye Mukankusi Charlotte wo muri RNC

Ubwanditsi 25 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta igiye gucukumbura  byimbitse ingaruka z’irekurwa ry’abo kwa Rwigara
INKURU NYAMUKURU

Leta igiye gucukumbura byimbitse ingaruka z’irekurwa ry’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Amakuru

Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 20 Mar 2024
Police FC ibifashijwemo na Usengimana yatsinze Muhanga FC
Mu Mahanga

Police FC ibifashijwemo na Usengimana yatsinze Muhanga FC

Ubwanditsi 12 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru