• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ubuhamya bw’ Umunyarwandakazi wari umukozi w’Ambasade y’u Rwanda i Washington wahemukiwe na Rudasingwa, amuziza ubwoko bwe

Ubuhamya bw’ Umunyarwandakazi wari umukozi w’Ambasade y’u Rwanda i Washington wahemukiwe na Rudasingwa, amuziza ubwoko bwe

Ubwanditsi 22 Sep 2016 ITOHOZA

Nyuma y’aho Rudasingwa asohoreye itangazo avuga ko Ingabo zari iza RPF zakoze Jenoside y’Abahutu, ikinyamakuru Rushyashya cyabashakiye ubuhamya bw’ Umutegarugori wahemukiwe na RUDASINGWA amuziza ubwoko bwe, aha ni mugihe Dr Rudasingwa Theogene yari ahagarariye u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, uyu mugore aravuga ku mugaragaro ibyamubayeho i Washington mu myaka irenga 18 ishize.

Nk’uko tubikesha RNA, Umunyarwandakazi Mariane Baziruwiha yahoze ari umujyanama muri Ambasade y’u Rwanda i Washington muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ni uko mu mwaka wa 1996, Dr Rudasingwa Theogene ahabwa guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu – umwanya yavuyeho mu mwaka wa 1999 ubwo yahabwaga indi mirimo mu biro bya Perezida Kagame.

Hagati aho, akigera i Washington nka Ambasaderi w’u Rwanda mushya muri Amerika, Dr Rudasingwa biravugwa ko yihutiye gukora umupango wo kwirukanisha Marianne Baziruwiha ku kazi.

Si ibyo gusa kuko Rudasingwa yanamwirukanye mu nzu yakodesherezwaga na guverinoma y’u Rwanda. Impamvu zihishe inyuma y’ubushake bwa Dr Rudasingwa mu kwirukanwa kw’uyu mutegarugori zakomeje kubamo urujujijo kugeza ubwo yabishyiraga mu bikorwa ntihabeho inkurikizi. Baziruwiha kuri ubu aracyatuye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ariko ububabare aterwa n’ibyo yakorewe na Dr Rudasingwa buracyari bwose.

Dr Rudasingwa yabwiye zimwe mu nshuti ze i Washington n’i Kigali ko Marianne Baziruwiha yagiraga “umunuko ukabije ku mubiri”. Kubw’iyo mpamvu, ntiyamushakaga muri ambasade yari abereye umuyobozi. Nyuma y’amezi macye, Marianne Baziruwiha yahise yirukanwa nta nteguza.

Nyuma yo kwirukanwa, Marianne Baziruwiha yasizwe ku gasozi ntaho gukinga umusaya ndetse nta n’ifaranga na mba ku mufuka. Hagati aho mu rwego rwo kuyobya uburari, Dr Rudasingwa yatangarije uwo mutegarugori ko kontaro ye yasheshwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga i Kigali, gusa ntiyamusobanurira impamvu zifatika.

Nyuma yo kubona ko guverinoma yakoreraga itari ikimwifuza, Marianne Baziruwiha yanze gutaha i Kigali kubwo gutinya ko ahubwo byarushaho kumukomerana. Yahisemo gutangira ubuzima bushya muri Amerika ashaka akazi ndetse asaba ubufasha Leta y’Amerika.

-4095.jpg

Marianne Baziruwiha ari iwe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika

Imyaka yarashize indi irataha, kugeza ubwo Marianne Baziruwiha abasha gutobora akavuga ku mugaragaro ibyamubayeho.

Baziruwiha agira ati “…nirwubika ngohe ariwe rwubura ngeso.Yanze guhura n’ abana banjye yagize homeless and stateless mu US. Nafata ubutegetsi ubwo azabakira ate? Kandi ngo ibuye ryagaragaye ntiriba ricyishe isuka….”

ubuhamya atanga bugaragaza akababaro gakomeye k’umubyeyi kugeza n’ubu ugifite intimba yatewe n’uwahoze ari sebuja yubahaga, waje kumwitura agasuzuguro no kumuhemukira.

Rudasingwa yaje kureshyaga Baziruwiha ngo abe umuyoboke wa RNC

Mu mwaka wa 2004, Dr Rudasingwa yirukanwe mu biro by’Umukuru w’Igihugu, afata iy’ubuhungiro aho yahise ahinduka umwe mu batavuga rumwe a Leta. We na mukuru we wahoze ari Umushinjacyaha Mukuru Gerald Gahima, ndetse n’uwahoze ari maneko mukuru Patrick Karegeya, kimwe n’uwahoze ayoboye ingabo Kayumba Nyamwasa, mu myaka ishize bashinze ishyaka ritavuga rumwe na Leta bise Rwanda National Congress ubu ririmo gucikamo ibice.

-4097.jpg

Marianne Baziruwiha ari hagati ya Dr Rudasingwa Theogene uri ibumoso na Gerald Gahima uri ku ruhande iburyo, bari i Washington mu mwaka wa 2010 ubwo uyu mutegarugori yarimo arareshywa ngo abe umunyamuryango wa RNC

Dr Rudasingwa yagerageje kureshya Marianne Baziruwiha ngo abe umurwanashyaka wa RNC. Nk’uko bigaragara ku ifoto iri aha hejuru, bagiye bahurira kenshi i Washington.

Hagati aho ariko, muri Nzeri 2013 amakuru yarasakaye mu bitangazamakuru byo kuri internet, aho byavugwaga ko mbere gato yo kwirukana Marianne Baziruwiha, Dr Rudasingwa yabwiye inshuri ze mu Kinyarwanda ati “Uyu muhutukazi aranukira…!”

Dr Rudasingwa wakunze kurangwa no kwambura banki zitandukanye mu Rwanda, dore ko afitiye ECOBANK umwenda wa miliyoni 160 z’amafaranga y’u Rwanda – aya kuri ubu akaba afite agaciro ka miliyoni 400 z’amafaranga y’u Rwanda, yatumye Marianne Baziruwiha aca ukubiri na Leta y’u Rwanda ku buryo yagiye abarizwa mu mitwe itandukanye ya politiki itavuga rumwe na leta.

Umwanditsi wacu

2016-09-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu Genocide mu Rwanda itari kuba u Bufaransa butabigizemo uruhare

Impamvu Genocide mu Rwanda itari kuba u Bufaransa butabigizemo uruhare

Ubwanditsi 07 Nov 2017
Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika

Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika

Ubwanditsi 18 Oct 2016
Uwari Gitifu w’Akarere ka Gisagara yasezeye ku kazi

Uwari Gitifu w’Akarere ka Gisagara yasezeye ku kazi

Ubwanditsi 29 Sep 2017
Imirwano iri kubera i Bukavu yatumye umupaka uyihuza na Rusizi ufungwa

Imirwano iri kubera i Bukavu yatumye umupaka uyihuza na Rusizi ufungwa

Ubwanditsi 05 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayonza: Babiri bafashwe bagerageza guha Abapolisi ruswa
Mu Mahanga

Kayonza: Babiri bafashwe bagerageza guha Abapolisi ruswa

Ubwanditsi 27 Jul 2016
Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange
INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.
Amakuru

Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.

Ubwanditsi 22 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru