• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ubuhamya bw’ Umunyarwandakazi wari umukozi w’Ambasade y’u Rwanda i Washington wahemukiwe na Rudasingwa, amuziza ubwoko bwe

Ubuhamya bw’ Umunyarwandakazi wari umukozi w’Ambasade y’u Rwanda i Washington wahemukiwe na Rudasingwa, amuziza ubwoko bwe

Ubwanditsi 22 Sep 2016 ITOHOZA

Nyuma y’aho Rudasingwa asohoreye itangazo avuga ko Ingabo zari iza RPF zakoze Jenoside y’Abahutu, ikinyamakuru Rushyashya cyabashakiye ubuhamya bw’ Umutegarugori wahemukiwe na RUDASINGWA amuziza ubwoko bwe, aha ni mugihe Dr Rudasingwa Theogene yari ahagarariye u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, uyu mugore aravuga ku mugaragaro ibyamubayeho i Washington mu myaka irenga 18 ishize.

Nk’uko tubikesha RNA, Umunyarwandakazi Mariane Baziruwiha yahoze ari umujyanama muri Ambasade y’u Rwanda i Washington muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ni uko mu mwaka wa 1996, Dr Rudasingwa Theogene ahabwa guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu – umwanya yavuyeho mu mwaka wa 1999 ubwo yahabwaga indi mirimo mu biro bya Perezida Kagame.

Hagati aho, akigera i Washington nka Ambasaderi w’u Rwanda mushya muri Amerika, Dr Rudasingwa biravugwa ko yihutiye gukora umupango wo kwirukanisha Marianne Baziruwiha ku kazi.

Si ibyo gusa kuko Rudasingwa yanamwirukanye mu nzu yakodesherezwaga na guverinoma y’u Rwanda. Impamvu zihishe inyuma y’ubushake bwa Dr Rudasingwa mu kwirukanwa kw’uyu mutegarugori zakomeje kubamo urujujijo kugeza ubwo yabishyiraga mu bikorwa ntihabeho inkurikizi. Baziruwiha kuri ubu aracyatuye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ariko ububabare aterwa n’ibyo yakorewe na Dr Rudasingwa buracyari bwose.

Dr Rudasingwa yabwiye zimwe mu nshuti ze i Washington n’i Kigali ko Marianne Baziruwiha yagiraga “umunuko ukabije ku mubiri”. Kubw’iyo mpamvu, ntiyamushakaga muri ambasade yari abereye umuyobozi. Nyuma y’amezi macye, Marianne Baziruwiha yahise yirukanwa nta nteguza.

Nyuma yo kwirukanwa, Marianne Baziruwiha yasizwe ku gasozi ntaho gukinga umusaya ndetse nta n’ifaranga na mba ku mufuka. Hagati aho mu rwego rwo kuyobya uburari, Dr Rudasingwa yatangarije uwo mutegarugori ko kontaro ye yasheshwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga i Kigali, gusa ntiyamusobanurira impamvu zifatika.

Nyuma yo kubona ko guverinoma yakoreraga itari ikimwifuza, Marianne Baziruwiha yanze gutaha i Kigali kubwo gutinya ko ahubwo byarushaho kumukomerana. Yahisemo gutangira ubuzima bushya muri Amerika ashaka akazi ndetse asaba ubufasha Leta y’Amerika.

-4095.jpg

Marianne Baziruwiha ari iwe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika

Imyaka yarashize indi irataha, kugeza ubwo Marianne Baziruwiha abasha gutobora akavuga ku mugaragaro ibyamubayeho.

Baziruwiha agira ati “…nirwubika ngohe ariwe rwubura ngeso.Yanze guhura n’ abana banjye yagize homeless and stateless mu US. Nafata ubutegetsi ubwo azabakira ate? Kandi ngo ibuye ryagaragaye ntiriba ricyishe isuka….”

ubuhamya atanga bugaragaza akababaro gakomeye k’umubyeyi kugeza n’ubu ugifite intimba yatewe n’uwahoze ari sebuja yubahaga, waje kumwitura agasuzuguro no kumuhemukira.

Rudasingwa yaje kureshyaga Baziruwiha ngo abe umuyoboke wa RNC

Mu mwaka wa 2004, Dr Rudasingwa yirukanwe mu biro by’Umukuru w’Igihugu, afata iy’ubuhungiro aho yahise ahinduka umwe mu batavuga rumwe a Leta. We na mukuru we wahoze ari Umushinjacyaha Mukuru Gerald Gahima, ndetse n’uwahoze ari maneko mukuru Patrick Karegeya, kimwe n’uwahoze ayoboye ingabo Kayumba Nyamwasa, mu myaka ishize bashinze ishyaka ritavuga rumwe na Leta bise Rwanda National Congress ubu ririmo gucikamo ibice.

-4097.jpg

Marianne Baziruwiha ari hagati ya Dr Rudasingwa Theogene uri ibumoso na Gerald Gahima uri ku ruhande iburyo, bari i Washington mu mwaka wa 2010 ubwo uyu mutegarugori yarimo arareshywa ngo abe umunyamuryango wa RNC

Dr Rudasingwa yagerageje kureshya Marianne Baziruwiha ngo abe umurwanashyaka wa RNC. Nk’uko bigaragara ku ifoto iri aha hejuru, bagiye bahurira kenshi i Washington.

Hagati aho ariko, muri Nzeri 2013 amakuru yarasakaye mu bitangazamakuru byo kuri internet, aho byavugwaga ko mbere gato yo kwirukana Marianne Baziruwiha, Dr Rudasingwa yabwiye inshuri ze mu Kinyarwanda ati “Uyu muhutukazi aranukira…!”

Dr Rudasingwa wakunze kurangwa no kwambura banki zitandukanye mu Rwanda, dore ko afitiye ECOBANK umwenda wa miliyoni 160 z’amafaranga y’u Rwanda – aya kuri ubu akaba afite agaciro ka miliyoni 400 z’amafaranga y’u Rwanda, yatumye Marianne Baziruwiha aca ukubiri na Leta y’u Rwanda ku buryo yagiye abarizwa mu mitwe itandukanye ya politiki itavuga rumwe na leta.

Umwanditsi wacu

2016-09-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Amahoro  Kayumba Nyamwasa avuga ni ugutera abaturage  ama  Grenades

Amahoro Kayumba Nyamwasa avuga ni ugutera abaturage ama Grenades

Ubwanditsi 12 Jan 2016
Malawi: Undi munyarwanda ukekwaho Jenoside yatawe muri yombi

Malawi: Undi munyarwanda ukekwaho Jenoside yatawe muri yombi

Ubwanditsi 01 Mar 2017
Padiri Alphonse Kabera yishwe anigishijwe isume yicazwa mu ntebe iwe

Padiri Alphonse Kabera yishwe anigishijwe isume yicazwa mu ntebe iwe

Ubwanditsi 26 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bizimana Djihad ntabwo azitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina umukino wa gicuti na Centre Africa.
Amakuru

Bizimana Djihad ntabwo azitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina umukino wa gicuti na Centre Africa.

Ubwanditsi 01 Jun 2021
Ali Hassan Mwinyi   yahishuye uburyo Mwalimu Julius Nyerere yamurakariye amubaza impamvu atamagana ku mugaragaro Leta y’u Rwanda yakoraga Jenoside
INKURU NYAMUKURU

Ali Hassan Mwinyi   yahishuye uburyo Mwalimu Julius Nyerere yamurakariye amubaza impamvu atamagana ku mugaragaro Leta y’u Rwanda yakoraga Jenoside

Ubwanditsi 17 May 2021
“Uyu ni umubano mwiza cyane “- Kenyatta avuga kuri  Kagame
INKURU NYAMUKURU

“Uyu ni umubano mwiza cyane “- Kenyatta avuga kuri Kagame

Ubwanditsi 11 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru