• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8

Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8

Ubwanditsi 15 Jul 2018 HIRYA NO HINO

Bruce Melody ni we muhanzi wegukanye umwanya wa mbere mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ya 8, mu ijoro ryakeye ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Nyakanga 2018.

Uyu muhanzi yegukanye umwanya wa mbere bigaragara ko ari we wari ukunzwe kurusha abandi kandi aririmba abantu benshi bakagaragaza ibyishimo kurusha uko babigaragarizaga abandi bahanzi bari kurushanwa.

Mu bitaramo bitandukanye byagiye bibera mu mpande zigize igihugu, uyu muhanzi yakomeje kuza ku isonga ku buryo byatumaga benshi bamuha amahirwe yo kuba yakwegukana iri rushanwa.

Mu biganiro bitandukanye yagiye agirana n’itangazamakuru mbere y’uko irushanwa risozwa, Bruce Melody yavugaga ko byanze bikunze ari we ugomba kwegukana irushanwa.

Nta cyahindutse cyane ku ntonde zagiye zikorwa kuko akenshi abigaranzuraga abandi mu irushanwa mu bitaramo byagiye biba niko baje imbere. Byavugwaga kandi ko Bruce Melody na Christopher bayingayingana mu buhanga n’igikundiro gusa birangiye Bruce Melody aje ku mwanya wa mbere.

Abahanzi baje muri batanu ba mbere

5 .  Queen Cha yahembwe miliyoni eshatu (3)

4 . Uncle Austin yahembwe miliyoni 3,5

3 . Active bo bahembwe miliyoni 4

2 . Christopher ahembwe miliyoni 4,5

1 . Bruce Melody ahembwe miliyoni 20

Christopher niwe wegukanye miliyoni 15 ahabwa n’ izindi enye na 500 z; umwanya wa kabiri

Queen Cha yabaye uwa Gatanu

Austin ujemo bwa mbere yabaye uwa kane

Active yabaye iya Gatatu

Nyuma y’ igitaramo baturikije ibishashi

Uko igitaramo cyagenze……………..

I Gikondo ahasanzwe habera Expo niho hateraniye abakunzi b’ umuziki Nyarwanda baje kureba umuhanzi uza kwegukana irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ya munani.

Abafana bari bishimye …. Bategereje kumenya umuhanzi uza gutwara irushanwa

Byari urugendo rutoroshye ku bahanzi 10 bahatanye muri iri rushanwa, banyuze mu turere dutandukanye harimo Gicumbi, Huye, Musanze na Rubavu ibyo bakoze barabihemberwa.

Abatuye mu mujyi wa Kigali batangiye kugera i Gikondo nko ku isaha ya saa kumi n’ imwe z’ umugoroba aho mu myanya y’ icyubahiro bishyuraga ibihumbi bitanu naho ahasanzwe bakishyuzwa igihumbi gusa.

Nubwo byari bishyuje abantu  benshi baje gushyikira umuhanzi bakunda hagati ya ‘Active, Just Family, Khalfan, Jay C, Bruce Melody, Christopher, Young Grace, Queen Cha, Uncle Austin na Mico The Best.

MC Buryohe na Dj Ira nibo babanje gususurutsa abantu bitabiriye iki gitaramo mbere y’uko abahanzi 10 batangira kuririmba.

MC Buryohe mbere y’ abahanzi aba ari gushyushya abafana

Abafana bahageze hakiri kare

Nubwo bishyujwe baje ari benshi

Itsinda rya Sebeya ricurangira abahanzi ryageze ku rubyiniro

Abafana barishimye …. Bategereje kumenya umuhanzi uza gutwara irushanwa

Batangiye gukata umuziki

Abagize akanama nkemurampaka barimo Manzi Lion, Twahirwa Aimable na Tonzi bamaze kugera mu myanya yabo, nibo bari bahanzwe amaso cyane kuko aribo bari bafite  uruhare runini mu itangwa ry’ igikombe.

Abagize akanama nkemurampaka ‘Twahirwa, Tonzi na Lion Imanzi

Uyu munsi kandi twabibutsako hahembwe abahanzi babiri harimo uwegukanye  irushanwa  wahawe miliyoni 20 ndetse nuwarushije abandi mu kugira amajwi yo gutorwa binyuze ku mifuniko nawe wahawe  miliyoni 15.

Saa moya n’ iminota 15 nibwo umuhanzi wa mbere yagiye ku rubyiniro.

Bruce Melody wari mu bahabwa amahirwe niwe wabanje kuririmba yahereye ku ndirimbo yitwa ‘Ntundize’.

Yaririmbye abafana basa nkaho bagikonje abandi barimo kwinjira. Izindi ndirimbo yaririmbye ‘Ikinya’na ‘ Ndumiwe’.

Bruce Melody niwe muhanzi wabanje kuririmba uyu munsi

Nubwo yaririmbye abafana bakiri kwinjira bagerageje kumufana

Khalfan niwe waririmbye bwa kabiri. Uyu muhanzi w’ umuraperi yakoze agashya aza ku rubyiniro azanywe mu isanduku iyingurwamo abapfu.

Ubwo iyo sanduku yafungurwaga ngo uyu muhanzi ayivemo hari harimo n’ inuma. Yahereye ku ndirimbo yitwa ‘Ibaruwa’ abafana bitegerezaga ibyo akora n’ amatsiko menshi banyuzwe n’ uburyo uyu musore yari yateguye urubyiniro.

Aririmba yanyuzagamo agasaba abafana bakunda injyana ya Hip Hop gushyira amaboko hejuru bakamushyigikira. Izindi ndirimbo yaririmbye ni ‘Nabimenye ugiye’ yakoranye na Active na ‘Nabo Sibo’.

Khalfan yaje ari mu isanduku

Yari ifunze aryamyemo

Aha yari arimo kuyivamo

Ni umuhanzi uzana udushya ku rubyiniro

Asoje kuririmba bamusubije mu isanduku

Yitwaje abasore b’ ibigango bamwikorera ari mu isanduku

Khalfan yakurikiwe na mugenzi we w’ Umuraperi Jay C. Yahereye ku ndirimbo yitwa ‘Sibomana’, yakurikijeho ‘ I’m back’ yakoranye na Bruce Melody asoreza ku ndirimbo yitwa ‘Isugi’.

Jay C nawe uhagarariye injyana ya Hip Hop yakurikiranye na Khalfan

Yasoreje ku ndirimbo yitwa ‘ Isugi’

Christopher niwe wakurikiyeho yahereye ku ndirimbo yitwa ‘ Ijuru Rito’, akurikizaho iyitwa ‘Uwo munsi’, asoreza kuri ‘ Arahagije’ yahise ishyushya abafana be bakabyina.

Christopher ni uku yari yambaye

Yakuyemo ikote kugirango abashe kubyinana n’ abafana be

Itsinda ry’ abanyamujyi rya Active niryo ryakurikiyeho, mu myambaro y’ amakote barimbanye, bahereye ku ndirimbo yitwa ‘ Aisha’. Bakurikizaho iyitwa ‘Lift’, basoreza kuri ‘Final’.

Tizzo

Olivis na Derek

Itsinda rya Active nk’ ibisanzwe berekanye za mbyino zabo

Nyuma ya Active hakurikiyeho umuhanzi Mico The Best, yagiye ku rubyiniro yitwaje umukobwa ngo ushotorana ari nayo ndirimbo yahereyeho aririmba. Bwa kabiri yaririmbye indirimbo yitwa ‘Akabizu’ asoreza ku ‘Umugati’.

Uyu ngo niwe mukobwa ushotorana Mico The Best yitwaje ku rubyiniro

Mico The Best yari afite n’ ababyinnyi

Queen Cha witabiriye iri rushanwa inshuro ebyiri yahereye ku ndirimbo yitwa ‘Kizimyamwoto’ nawe yishimiwe cyane ko yanyuzagamo akabyinana nabo yateguye bamubyinira. Izindi ndirimbo yaririmbye ni ‘Isiri’ na ‘Umwe rukumbi’.

Queen Cha ni ubwa kabiri yitabiriye irushanwa rya Guma Guma

Nawe anyuzamo agafasha ababyinnyi be kubyina

Bad Rama na Marina bari baje gushyigikira umuhanzi wabo Queen Cha

Just Family igizwe na Bahati, Chris na Jimmy bahereye ku ndirimbo yitwa ‘ Mureke Agende’, bakurikizaho ‘ Bareke’ basoreza kuri ‘ Hummer’ bakoranye na Bull Dogg.

Jimmy

Bahati

Chris

Uncle Austin uje muri iri rushanwa bwa mbere aririmba yahereye ku ndirimbo yitwa ‘ Everything’ yakoranye na Meddy. Yishimiwe cyane kurenza abandi bahanzi bamubanjirije. Izindi ndirimbo yaririmbye ni ‘Nzakwizirikaho’ na ‘Ibihe byose’.

Muri Kigali Austin arishimiwe cyane

Abahanzi baririmbye mbere ye yabarushije abafana uyu munsi

Mu bahanzi 10 bari bitezwe uyu munsi Young Grace niwe waririmbye bwa nyuma yahereye ku ndirimbo ‘ Hello Boss’, akurikizaho ‘Hip Hop Game’, asoreza kuri ‘Whisky ya Papa’.

Niwe mukobwa w’ Umuraperi uri muri Guma Guma y’ uyu mwaka

Saa yine nibwo abahanzi bose bari basoje kuririmba.

Abagize akanama nkemurampaka bagiye mu mwiherero no kwegeranya amanota yose kugirango baze kugaruka batangaza umuhanzi  waje kwegukana irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ya munani.

 

 

2018-07-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza

Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Ubwanditsi 07 Jul 2019
U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Abanyeshuli ba Kenyatta University bavugirije induru Museveni banatwika ibendera rya Uganda ubwo yasuraga kaminuza yabo

Abanyeshuli ba Kenyatta University bavugirije induru Museveni banatwika ibendera rya Uganda ubwo yasuraga kaminuza yabo

Ubwanditsi 30 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?
Mu Mahanga

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Musanze : Perezida Kagame aribaza impamvu ibibazo bimara igihe bivugwa ariko ntibikemurwe
INKURU NYAMUKURU

Musanze : Perezida Kagame aribaza impamvu ibibazo bimara igihe bivugwa ariko ntibikemurwe

Ubwanditsi 09 May 2019
Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.
Amakuru

Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Ubwanditsi 06 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru