• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Ubwanditsi 06 Mar 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ariko se ko ikibyimba cye cyajemo kanseri, kizakira? Abategetsi ba Kongo bari bamenyereye imvugo ya “cira aha nikubite”, nabo si ukwiriza no kwitetesha sinakubwira. Bari bazi ko kugereka ibibazo byabo ku Rwanda bizahoraho, birengagije ko ukuri gutinda kugatsinda.

Ubwo Perezida Tshisekedi yatumiraga muri Kongo Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, yibwiraga ko ari undi mwanya abonye wo gusuka amarira ashinja u Rwanda uruhare mu bibazo byamunaniye, ndetse akanarusabira ibihano.

Yumvaga Perezida Macron nawe azaba nka ba Senateri Robert Menendez na bamwe mu badepite bo mu Burayi Tshisekedi yafunze umuba w’amafaranga ngo bazengereze u Rwanda. Ibyo yari yiteze ariko ntibyamuhiriye, kuko Perezida Macron yamubaze ta kinya.

Ubwo yari mu ruzinduko muri Kongo kuwa gatandatu ushize, Perezida Macron yahisemo gukanda ikibyimba kikameneka, agamije kukivura kigakira, aho kugisiga amavuta gusa nk’uko bimenyerewe, kugeza ubwo cyaje no kuvamo kanseri. Ukuri Tshisekedi yabwiwe kwaramutunguye, kuko yari akuzi gusa ku bayobozi b’u Rwanda, dore ko abandi barumaga bagahuha.

Mu mvugo itanyura ku ruhande, Perezida w’Ubufaransa yabwiye Tshisekedi ko nyirabayazana w’ibibazo bya Kongo ari Abanyekongo ubwabo, bikaba ari ubugwari gushaka abandi babyegekaho. Yagize ati:”Kuva muw’1994 mwananiwe kubaka ubusugire bw’igihugu cyanyu, haba mu rwego rw’igisirikari n’umutekano, haba no mu mitegekere y’igihugu.

Mumbabarire kubabwiza ukuri gusharira, ariko ntimugashakire hanze ya Kongo ababateza ibibazo”. Perezida Macron ntiyagarukiye aha, ahubwo yanibukije ko amatora yo muw’2018 yashyize Tshisekedi ku butegetsi, yabayemo uburiganya, mu by’ukuri akaba ari mu mwanya utari uwe.

Muri make mbere yo gushinja u Rwanda n’ibindi bihugu uruhare mu guhungabanya ubusugire bwa Kongo, Tshisekedi n’agatsiko ke bagombye kwibuka ko kwiba amatora ari uguhonyora itegekonshinga, guhungabanya bikomeye ubusugire bw’igihugu. Ku birebana n’ibihano Tshisekedi yasabiraga uRwanda, Emmanuel Macron yamushubijke ko hakwiye kubanza kubahirizwa imyanzuro yafatiwe i Luanda muri Angola, aba amubwiriyemo ko agomba gushaka igisubizo cy’intambara binyuze mu mishyikirano, nk’uko iyo myanzuro ya Luanda ibiteganya. Nguko rero uko uwahigaga yahindutse umuhigo.

Nyuma y’iyo mvugo ikarishye Tshisekedi yananiwe kwihangana, agaragaza ubuswa muri dipolomasi n’indi myitwarire idakwiye umuntu uri ku rwego rwa Perezida w’igihugu. Nyamara uburakari bwa rya tungo ryo mu rugo bushirira mu kuzunguza umurizo.

Ko Tshisekedi se atarakaye ngo yange imfashanyo Perezida Macron yahavuye amwemereye? Tshisekedi nashikame ahangane n’ukuri, kuko ikinyoma ntigihabwa intebe kabiri. Nyuma ya Papa Francis nawe wamubwiye ko umuti w’ibibazo bya Kongo uri mu biganza by’Abanyekongo, akanamwibutsa ko ivangura rishingiye ku moko rizatuma ibintu birushaho kumukomerana, inzira yo kumywa umuti ushaririye igomba kuba itangiye kuri Tshisekedi.

Ibyo gushyikirana n’abamurwanya yari yarateye umugongo ubanza ari yo nzira rukumbi asigaranye yo kwivana mu mazi abira.

2023-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri kabombo, Kabuga Felisiyani, aritaba urukiko rw’i La Haye mu Buholandi kuri uyu wa gatatu tariki 11 Ugushyingo 2020.Ese aratinyuka guhakana ibyo isi yose ifitiye ibimenyetso ?!

Umujenosideri kabombo, Kabuga Felisiyani, aritaba urukiko rw’i La Haye mu Buholandi kuri uyu wa gatatu tariki 11 Ugushyingo 2020.Ese aratinyuka guhakana ibyo isi yose ifitiye ibimenyetso ?!

Ubwanditsi 11 Nov 2020
Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

RUSHYASHYA 27 May 2026
Producer Laser Beat utunganya indirimbo mu majwi arahamya ko inzu ya The Beam Beat Entertainment ije ari igisubizo ku bahanzi batinda kubona ibihangano byabo

Producer Laser Beat utunganya indirimbo mu majwi arahamya ko inzu ya The Beam Beat Entertainment ije ari igisubizo ku bahanzi batinda kubona ibihangano byabo

Ubwanditsi 31 Jul 2021
MENYA UKURI: AMATEKA N’IMITERERE YA IDAMANGE IRYAMUGWIZA YVONNE

MENYA UKURI: AMATEKA N’IMITERERE YA IDAMANGE IRYAMUGWIZA YVONNE

Ubwanditsi 15 Feb 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.
Amakuru

Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.

Ubwanditsi 30 Nov 2023
Huye: Abanyeshuri 800 bigishijwe ububi bw’icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Huye: Abanyeshuri 800 bigishijwe ububi bw’icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 24 Mar 2016
Patrick Mazimhaka yasezeweho mu cyubahiro
INKURU NYAMUKURU

Patrick Mazimhaka yasezeweho mu cyubahiro

Ubwanditsi 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru