• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Gatsinzi wakorewe iyica rubozo na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n’u Rwanda

Gatsinzi wakorewe iyica rubozo na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Jan 2019 ITOHOZA

Umunyarwanda wigeze gutabwa muri yombi n’inzego z’umutekano za Uganda zikamukorera iyicarubozo mbere yo kumuta ku mupaka wa Gatuna asa nk’uwapfuye, yasubije Umugande, Barnabus Taremwa uherutse kwandikira Perezida Museveni na Perezida Kagame.

Uyu mugabo uri mu bavuga rikijyana muri Uganda ndetse wabaye umukada ukomeye muri NRM, Dr Barnabas Taremwa yandikiye Perezida Kagame na mugenzi we, Yoweri Museveni abasaba  ko bavuga ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi we avuga ko bimeze nk’uko abagabo babiri b’uruhara barwanira igisokozo kandi bigaragara ko nta n’umwe ugikeneye.

Uyu Munyarwanda wahuriye n’ingorane muri Uganda mu mwaka ushize witwa Fidel Gatsinzi yashinjwaga kuba intasi y’u Rwanda ubwo yahatwaga ibibazo n’ubutasi bwa gisirikare muri Uganda (CMI).

Uyu mugabo nawe wabaye umukada ukomeye wa FPR mu Karere ka Mbarara mu myaka ya za 90, avuga ko azi neza Barnabas ndetse bombi bakoranye ubukada bwa NRM, akaba ari muri urwo rwego yafashe icyemezo cyo kumusubiza arushaho kumwereka ukuri kwe.

Ibaruwa yandiye Barnabas amusubiza itangira igira iti: “Nasomanye nshinshikaye ibaruwa ifunguye y’umuvandimwe wanjye Barnabus yandikiye Perezida Yoweri Museveni wa Uganda na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yagaragaye muri Chimpreports kuwa Kane,itariki 10 Mutarama 2019. Nziranye na Barbas igihe kirekire nk’abakada kandi twakomeje kuba inshuti imyaka myinshi. Turanavugana kenshi”.

Gatsinzi akomeza mu ibaruwa ye avuga ku byavuzwe na mugenzi we Barnabas avuga ko yandikiye abakuru b’ibihugu ashaka gukomoza ku bintu bibangamiye ibyagezweho n’urugamba bombi barwanye muri Uganda no mu Rwanda.

Akavuga ko yemeranya na Barnabas ko guceceka kuri iki kibazo byaba ari nko kugambanira igihugu no kutagikunda ndetse ko abimushimira, ariko ngo kuba yanditse ko abaturage basanzwe ari bo babigenderamo bwa mbere mu gihe intambara y’ubutita yarushaho gukara, ngo byatumye nawe yumva agomba kugira icyo avuga.

Yakomeje amwibutsa ko kuba yibuka ko nk’abakada ba NRM na RPF bigishijwe indangagaciro z’ukuri no gukunda igihugu, ari umwe mu bahutajwe n’ibintu yavuze mu ibaruwa ye. Yibutsa kandi ko ari Fidel Gatsinzi wavukiye agakurira muri Uganda, ahoy amaze igihe cye kirekire mu burengerazuba bw’iki gihugu.

Avuga ko kimwe nk’abandi benshi barimo na Barnabas bose bari urungano rw’urubyiruko rwafashe icyemezo cyo kujya ku rugamba rwa NRM nk’abakada kandi bakagira uruhare mu rugamba rwo kubohoza Uganda, kubw’ibyo akaba afata Uganda nko mu rugo.

Ati: “Kubw’ibyo nita Uganda mu rugo”, ngo kuba yarize muri kiriya gihugu byamugiyemo ko abana be iyo bagejeje igihe abohereza kuba nabo ari ho biga.

Agakomeza agira ati: “Ubusanzwe njya muri Uganda kenshi. Ariko, kuwa 09 Ukuboza, 2017, icyo kugeza icyo gihe natekerezaga ko ntawagitekereza cyambayeho…Abagabo babiri bakiri bato baranyegereye mu isoko rya Ntinda aho nari nagiye mu iduka guhahira umuhungu wanjye, icyo gihe wari umunyeshuri kuri Christian University muri Mukono”

“ Gapurali Abdul Karim Mukombozi, ukorera CMI, na Rugema Kayumba, umukozi wa RNC, banyinjije mu modoka yari itegereje banzengurukana Kampala, mbere yo kunjyana ku cyicaro cya CMI mu kigo cya gisirikare cya Mbuya. Bombi bari bafite imbunda byabaye ku manywa y’ihangu. Byanabereye neza hafi ya station ya polisi.”

Gatsinzi akomeza avuga ko ibintu utakwifuza ko byaba no ku mwanzi wawe byamubayeho aho yari afungiye kuri CMI, aho yakorerwaga iyicarubozo kabiri ku munsi.

Ati: “Bakomezaga gukora ibyo kugeza ubwo nta ubwenge. Hanyuma bakagenda bakaza kugarukana uburyo bushya (iyicarubozo) burushijeho kuba ubwa kinyamanswa kurusha ubwa mbere.”

Avuga ubwoko butandukanye bw’iyicarubozo yakorewe burimo kumukanda imyanya y’ibanga, kumuheza umwuka bakoresheje amazi, kumutera inshinge atazi ibintu birimo, kugeza ubwo yabaye paralyze.

Kuwa 22 Ukuboza nibwo yashyizwe mu modoka asa nk’uwapfuye yumva bagiye kumurangiza, ahubwo baragenda bamujugunya ku Mupaka wa Gatuna, aho yakuwe n’abayobozi b’u Rwanda.

Gatsinzi Fidel yavuye muri Uganda yaramugajwe

Muri iyi baruwa ndende Gatsinzi agera aho avuga ku byo Barnabas yavuze mu ibaruwa ye ati: “Niba Perezida Kagame afitanye ikibazo na Perezida Museveni, agomba kureka kukigira ikibazo cy’igihugu ashishikariza Abanyarwanda kwanga Abagande.”

Gatsinzi akagira ati: “Nk’uko ibireba ndi inzirakarengane. Kandi nta kibazo mfitanye na Perezida Museveni cyangwa amagana y’Abanyarwanda barenganira mu maboko y’inzego z’umutekano za Uganda, uzikuriye ari Perezida Yoweri Museveni.”

Agaruka ku mpungenge za Barnabas z’uko ibintu birushijeho kuba bibi byagira ingaruka ku mibreho myiza y’abaturage basanzwe b’ibihugu byombi, ariko akamubaza niba yarumvishe umugande wahohoterewe mu Rwanda.

Ati: “Muvandimwe ntugira amatsiko y’impamvu nta Mugande wari wahura n’ihohoterwa nk’iryo mu Rwanda? Kuba abashinzwe umutekano mu Rwanda batarashishikarije gusubiza ihohoterwa? Ntibitangaje kuba ibintu byaramaze kurenga kugeza aho bigira ingaruka ku mibereho y’abaturage basanzwe mu gihugu kimwe bitari mu kindi?”

Gatsinzi arakomeza akagera na none ku byavuzwe na Barnabas ko umubano mwiza wari usanzwe hagati y’ibihugu byombi udakwiye guhungabana, akamubwira ko ariko ibi bidakwiye kuba igikoresho cyo gufata abantu bugwate kuko gufata abantu neza ari byo bigaragaza uwo mubano.

“Barnabas, nshobora kukwizeza ko nta hohoterwa nk’iryo nahuye naryo ubwo na Mbuya rishobora kukubaho usuye Kigali, ku mpamvu iyo ari yo yose,” uyu ni Gatsinzi akomeza yizeza barnabas ko ihohoterwa bamwe mu Banyarwanda bahura naryo muri Uganda nta Mugande wahura naryo mu Rwanda.

Gatsinzi Fidel yasubije Barnabas mu gihe havugwa amakuru y’undi Munyarwanda uherutse gufatwa n’inzego z’umutekano za Uganda. Moses Ishimwe Rutare w’imyaka 33, wakoreraga mu Mujyi wa Kampala, yashimutiwe ahitwa Bugolobi n’abantu bakora mu Rwego rwa Gisirikare rushinzwe Ubutasi muri Uganda (CMI).

Inshuti n’abo mu muryango we ni bo bavuze iby’ishimutwa rye. Uyu Ishimwe ufite ikigo gikora ibijyanye no gutegura ibirori, yabuze ku wa 22 Ukuboza 2018 ahagana saa sita z’amanywa.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter, Amb. Nduhungirehe avuga ko iri tabwa muri yombi n’ishimutwa rya hato na hato ari ukubanagamira uburenganzira bw’ikiremwamuntu kandi bikaba bifite n’izindi ngaruka.

Ati “ Ese ni ryari ifatwa n’iyicarubozo bikorerwa Abanyarwanda muri Ugaanda bizahagarara? Ibi ntibibangamiye uburenganzira bw’ikiremwa muntu gusa ahubwo ni ikibazo ku mibanire n’ubwisanzure ku rujya n’uruza rwemejwe n’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

2019-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo  ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Ubwanditsi 21 Feb 2017
Umugambanyi Kamanzi Djanessa arasaba ubuhungiro muri Suede yitwaje Diane Rwigara

Umugambanyi Kamanzi Djanessa arasaba ubuhungiro muri Suede yitwaje Diane Rwigara

Ubwanditsi 15 Jan 2020
Muri FDLR uburozi buravuza ubuhuha kubera amacakubiri ashingiye ku karere

Muri FDLR uburozi buravuza ubuhuha kubera amacakubiri ashingiye ku karere

Ubwanditsi 11 Oct 2021
Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Ubwanditsi 24 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ESI yiyemeje kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

ESI yiyemeje kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Babiri bafite Uburwayi bwo mu mutwe babana nk’umugore n’umugabo kandi bibateye ishema dore ko  n’umugore atwite
ITOHOZA

Babiri bafite Uburwayi bwo mu mutwe babana nk’umugore n’umugabo kandi bibateye ishema dore ko n’umugore atwite

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza
Mu Rwanda

Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza

Ubwanditsi 22 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru