• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Michigan: Uwase uri mu bashinze itorero Gakondo Hoza yishwe n’impanuka

Michigan: Uwase uri mu bashinze itorero Gakondo Hoza yishwe n’impanuka

Ubwanditsi 05 Sep 2018 ITOHOZA

Uwase Sacha, umwe mu bagize Itorero Hoza Dance Troupe yitabye Imana azize impanuka y’imodoka yabereye ahitwa Kalamazoo muri Michigan muri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ubusanzwe yitwa Cerna Asifiwe Uwase akaba yari azwi cyane mu rungano ku izina rya “Sacha” cyangwa “Azu”. Ni umwe mu nkingi za mwamba zashinze Itorero Hoza Dance Troupe rizwi cyane muri Indianapolis muri Leta ya Indiana.

Umwe mu batangabuhamya wabonanye na Sacha mbere gato y’iyi mpanuka, yavuze  ko iri sanganya ryabaye ubwo yari mu rugendo ava mu bukwe yerekeza imuhira.

Uwari utwaye imodoka Sacha yari arimo, ngo yageze mu gace gasanzwe kabamo inyamaswa yikanga yagonze ’Isha’ bityo ahita akata imodoka byihuse abura umuhanda agonga igiti.

Sacha yahise akomera mu buryo bukomeye, Polisi yahise itabara byihuse imujyana kwa muganga akigerayo bitangazwa ko yashizemo umwuka.

Mu kiganiro na Kizito Kalima, Umuyobozi w’Umuryango Peace Center for Forgiveness and Reconciliation (PCFR) wafashije cyane Uwase Sacha, yabwiye Itangazamakuru  ko yitabye Imana avuye mu bukwe bwabereye muri Michigan ku wa Gatandatu tariki ya 2 Nzeri 2018.

Yavuze ko Itorero Hoza Dance Troupe ribuze umuntu w’ingirakamaro cyane nk’umwe mu b’imena barishinze. Yagize ati “Yari umwana mwiza kandi ukunda umuco nyarwanda. We na mukuru we Josiane ni bo batangije itorero Hoza Dance Troupe. Iryo torero ni ryo riherutse kubyinira Kayirebwa mu gitaramo yakoreye inaha.”

Uwase Sacha, yari mu babyinnyi b’imbere mu gitaramo Cécile Kayirebwa aheruka gukorera muri Indianapolis, ni umwe kandi mu rubyiruko rwitangiraga umuco nyarwanda no kuwusakaza mu mahanga biciye mu mbyino.

Uwase Sacha yitabye Imana akiri muto

Nyakwigendera yari amaze umwaka asoje Kaminuza, asize umwana w’umukobwa witwa Kaylee w’imyaka itatu y’amavuko.

Ubu hatangiye gukusanywa inkunga y’amafaranga yo gufasha umuryango wa Uwase Sacha kugira ngo bamukorere imihango ya nyuma yo kumuherekeza.

Sacha uretse kubyina mu buryo bwa gakondo, yanagaragaye mu mashusho y’indirimbo yitwa ’Back To Me’ y’umuraperi Shizzo afatanyije na T-Wise.

Kanda hano ushyigikire umuryango wa Sacha mu kubona ubufasha bwo kumuherekeza

Uyu mukobwa ari mu b’imena bashinze itsinda gakondo Hoza Dance Troupe

 

Sacha asize umwana w’imyaka itatu y’amavuko. Yasamye afite imyaka 15 nyuma y’igihe gito umuryango we ugeze muri USA

Sacha yaguye mu mpanuka y’imodoka yabaye mu mpera z’icyumweru gishize

Uwase Sacha ubwo aherukana na Kayirebwa wataramiye muri Indiana mu minsi mike ishize

 

2018-09-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Trump yemeje ko agiye gufunga umuhanzi Snoop Dogg wamwibasiye bikomeye mu ndirimbo ye

Perezida Trump yemeje ko agiye gufunga umuhanzi Snoop Dogg wamwibasiye bikomeye mu ndirimbo ye

Ubwanditsi 16 Mar 2017
Ese Televiziyo ISHEMA  ya Niyonsenga Dieudonné alias  Cyuma yaba ifitanye isano n’ingirwashyaka ISHEMA rya Thomas  Nahimana?

Ese Televiziyo ISHEMA  ya Niyonsenga Dieudonné alias  Cyuma yaba ifitanye isano n’ingirwashyaka ISHEMA rya Thomas  Nahimana?

Ubwanditsi 18 Mar 2021
Amarembera y’abicanyi  ba FDLR na RNC ya Kayumba Nyamwasa- FLN n’ababashyigikiye

Amarembera y’abicanyi  ba FDLR na RNC ya Kayumba Nyamwasa- FLN n’ababashyigikiye

Ubwanditsi 19 Sep 2019
Umuherwe Howard Buffet,   Sean Penn na Lupita Nyong’o mu bamaze kwemeza ko bazitabira Kwita Izina

Umuherwe Howard Buffet, Sean Penn na Lupita Nyong’o mu bamaze kwemeza ko bazitabira Kwita Izina

Ubwanditsi 30 Aug 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Titi
    September 5, 201812:30 pm -

    Niba ari mwene aba bahagarariye umuco nyarda mumahanga mwirirwa murata twaroromeje.
    Mbabajwe nuko agiye akiri muto unuryango we ninshuti bihangane. Ariko iby’umuco byo mubireke nta na kimwe cyawo kimurangwaho.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byinshi ku rupfu rw’ababyeyi babiri n’imitangire ya serivisi mu bitaro bya Muhima

Byinshi ku rupfu rw’ababyeyi babiri n’imitangire ya serivisi mu bitaro bya Muhima

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Gen Maj Pacifique Ntawunguka [ Omega ] wavuze ko azagaruka mu Rwanda nta Mututsi ukirubamo yagizwe umuyobozi wa FDLR
INKURU NYAMUKURU

Gen Maj Pacifique Ntawunguka [ Omega ] wavuze ko azagaruka mu Rwanda nta Mututsi ukirubamo yagizwe umuyobozi wa FDLR

Ubwanditsi 21 Sep 2019
RDC: Umusirikare wa FARDC yishe abana be babiri na we ahita yirasa
HIRYA NO HINO

RDC: Umusirikare wa FARDC yishe abana be babiri na we ahita yirasa

Ubwanditsi 05 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru