• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Tumenye bamwe mubarwanya Leta y’u Rwanda

Tumenye bamwe mubarwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 26 Feb 2016 ITOHOZA

Maj. Robert Higiro Alias Kasisi : ‘Kasisi’, iri ni izina ryibukwa na benshi mu babaye mu nkotanyi.. Ugenekereje bisobanura ‘umuntu usenya’, Kasisi ni izina yahawe mu gihe cye nk’umusirikare.

-2221.jpg

Kimwe n’abandi biyita ko batemera ibyo u Rwanda rukora, Higiro amaze kumenyekana nk’urwanya Leta, bene uwo muntu muri Afurika ngo niwe uba ari umunyakuri. Ibi bikajyana n’uko uyu yahoze ari umusirikare ukunda kwishyira hejuru, ibintu byagombaga kumuganisha ku bibazo arimo muri iki gihe nk’iby’umuntu usenya, ‘Kasisi’.

Ubwo yari akiri mu gisilikare nyuma y’imyaka mike mu 2008, Higiro yoherejwe nk’umwarimu mu ishuri rya gisirikare ry’u Rwanda (Rwanda Military Academy). Nyuma yo gufata nabi abarimu ba gisirikare bari baturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda yahamagaje inama nayo Higiro ayigaragarizamo imyitwarire ye isanzwe, atuka Umugaba w’Ingabo imbere y’abandi basirikare.

Nyuma yo kwihanangirizwa inshuro nyinshi, Higiro yirukanywe mu gisirikare mu 2010. Yavuye mu Rwanda azi neza ko amahirwe ye azaba menshi nk’umuntu urwanya guverinoma kurusha kubaho nk’umuntu wemeye amakosa ye. Yihutira kwihindura nk’ijwi rihamagarira abandi kugira indangagaciro we zamunaniye akiri mu Rwanda.

Umunyamakuru Serge Ndayizeye:

-2222.jpg

Avuka ku Kimihurura mu mujyi wa Kigali Ise yahoze ari Agronome, muri Jonoside Serge yari afite nk’imyaka 18 yahungiye muri Congo i Kinshasa ava i Kinshasa ajya i Burayi. Iwabo hari bariyeri yaguyeho abatutsi benshi bishwe na mukuruwe witwaga Jean Pierre uyu mukuruwe yabaga kuri iyi bariyeri yambaye imyenda ya gisilikare afite n’imbunda yaje gupfa ahunga. Ntakiza rero cyava kuri Serge Ndayizeye, cyane ko ubu afitanye ibibazo bikomeye n’umugore we baheruka gutandukana Serge akaba yaranze gutanga indezo y’umwana, iki kibazo kikaba kimuhoza munkiko.

Jean Paul Turayishimye :

-2223.jpg

Ni umuhuzabikorwa wa Radio Itahuka ya RNC, akaba yarahoze ari Escort wa Gen. Kayumba Nyamwasa.

Uyu Jean Paul yahunze akurikiye Kayumba kubera urupfu rwa nyirabukwe wa mushiki wa Nyamwasa yishe abitumwe na Kayumba ubwe amuhora amafaranga ya muramu we bari basangiye yari muri BACAR, witwa EL-HADJI Murwanashyaka wahungiye muri Canada nawe bashaka kumwica.

Uyu Ibrahim yumvise ko nyina bamwishe,ariko n’umurambo we bawusanga mu modoka y’uwo Jean-Paul Turayishimye. Ibrahim yari yarahahamutse cyane ku buryo n’aho amenyeye ko Kayumba yamwiciye nyina,yahise abwira murumuna we ngo ave mu Rwanda bwangu. Ubu El-Hadj yahinduye idini,asigaye ar’umurokore ndetse na Pasteur Canada.

Ibi Jean-Paul Turayishimye ntabihakana ahubwo mu bamwandikiye bamuryoza uwo mubyeyi yishe ku mabwiriza ya Kayumba,yagize ati:Nari ndi ku kazi,kandi byari mu nshingano zanjye mpawe na “Afande ”

Jean-Paul ntiyatinye kwirenza umukecuru,ufite imyaka 81,abitumwe na shebuja kandi umubyeyi atazi niyo biva,niyo bijya.Ngaho namwe ni mwiyumvire amateka y’aba bantu kubahuka umukecuru nkuwo nguwo.

Ubu Jean-Paul T yihishe Boston,aho yiga ikigoroba muri University,muri LawSchool.

Micombero JMV RNC Belgique:

-2224.jpg

Jean Marie Micombero, Ni impunzi yabaye muri Congo ikitwa Zaire, yaje kujya mu Nkotanyi nyuma iba RDF aho yakuye ipeti rya Major, yahoze ari umunyamabanga mukuru muri Ministeri y’ingabo mu Rwanda, aza gufungwa azira kwiba imishahara y’abasilikare no gutanga amasoko mu buryo bunyuranije n’amategeko mu buriganya na ruswa yaje gukatirwa n’inkiko nyuma za gufungurwa, arahunga, ubu akaba ari umuhuzabikorwa w’Ihuriro RNC mu gihugu cy’u Bubiligi.

Micombero hari inyandiko ndende yasohotse mu kinyamakuru kitwa Marianne yavugaga ku buhamya Micombero yatanze inshuro 2 ku ihanurwa ry’indege ya Perezida Habyarimana. Akaba yarabuhaye umucamanza Marc Trévidic w’umufaransa wakoraga iperereza ku ihanurwa ry’iyo ndege iri perereza rikaba ryaraje guteshwa agaciro.

Umuhanzi Ben Rutabana

-2225.jpg

Rutabana Benjamin yavutse mu 1970 mu cyahoze ari Kibuye , ni umuhanzi w’ umunyarwanda, avuka mu muryango w’ abana icyenda abahungu batandatu n’ abakobwa batatu, se akaba yari umu pasiteri w’ umudivantisiti.

Rutabana yatangiye kugaragaza impano ye afite imyaka 14 aho yaririmbiye imbere y’ imbaga y’ abantu kuri stade regional y’i Nyamirambo. Gusa se yamusabye gukomeza amashuri kuko yari umunyeshuri.

Mu 1990 ubwo Rutabana yari ageze mu mwaka wa nyuma w’ amashuri yisumbuye, yarafashwe maze arafungwa ashinjwa kuba icyitso cya FPR-Inkotanyi, aza kurekurwa muri Werurwe 1991. Bitewe n’ akababaro yatewe n’uko gufungwa yahise yerekeza muri FPR mu Burundi nyuma aza no kujya muri Uganda.

Muri icyo gihe ni nabwo yanditse indirimbo ebyiri :”Iyambere Ukwakira” yaje gukundwa cyane cyane n’ingabo za FPR ndetse na “Africa” aho yaririmbaga ibigwi by’ intwari za Afurika.

Benshi mu muryango we harimo n’ ababyeyi be bahitanywe na jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu 1995 nibwo yavuye mu gisirikare afite ipei rya “Su Riyetona”, nibwo yahise yinjira mu mwuga wo kuririmba.

Mu 1996 nibwo yakoze album ye yambere yise “Ijuru ry’ intwari”, mu 1998 nibwo yahuye na Rudatsimburwa Albert amufasha gufata amajwi y’ indirimbo ze, nibwo indirimbo za Rutabana zatangiye kumenyekana cyane zinyura kuri televiziyo na radioby’ u Rwanda.

Rutabana yaje gukora Album ye ya kabiri yise “Imbaraga z’ urukundo”, irimo indirimbo yanditse afunze, icyo gihe yari yafatiwe muri Tanzinia azira kwiba umuhinde agarurwa mu Rwanda. Mu 2001 yaje gusubiramo “Afrika”.

Mu 2002 MTN yateguye ibitaramo byinshi aho Rutabana yagiye atumirwa, Rutabana akomeza kuririmba ahantu henshi mu gihugu akaririmba indirimbo ze. Mu 2004 yerekeje mu gihugu cy’ u Bufaransa mu rwego rwo gukomeza kumenyekanisha umuziki we, agezeyo yiyita impunzi.

Kuri ubu niwe ushinzwe urubyiruko rwa RNC mu Bubiligi akaba ari muramu wa nyakwigendera Assinapol Rwigara wahitanywe n’impanuka mu Gashyantare 2015.

Kayumba Nyamwasa

-2226.jpg

Ni Umuyobozi wa RNC : Ise yari umukiga w’i Byumba wagiye ateruye inka z’Abatutsi ubwo bahungaga ubwicanyi bwa Kayibanda na Parmehutu, Kayumba Nyamwasa yaje kwinjira mungabo za Uganda, aho yakuye amateka atari meza.

Muw’1985, amezi atatu gusa ageze mu ngabo za Uganda, Kayumba Nyamwasa yahawe kujyana agahunga k’abasivili ahitwa Mutuga, igice cyo mu karere ka Arua, mu majyaruguru ya Uganda. Kayumba ntiyaretse agahunga kagera iyo kajya, yashutse abo bari kumwe bagurisha ibyo biribwa mu nzira.

Nyuma y’uko Komanda wa Batayo ya 7 abimenye icyo gihe yari Lt Col Matayo Kyaligonza yemeje ko amuhana n’abandi bakareberaho. Icyatumye ariko bikomera ni uko Kayumba atari ubwa mbere anyereza ibigenewe abantu benshi ku nyungu ze bwite.

Amakuru dukesha The Exposer ivuga ko Matayo Kyaligonza ubu ni Brigadier General ndetse akaba na ambasaderi wa Uganda I Burundi, avuga ko bitamutangaje cyane ubwo Kayumba yajyanwaga mu rukiko aregwa Ruswa.

Lt Col Matayo Kyaligonza yabonye amakuru yose, ko Kayumba yavanye Kawunga Matugo akajya kukagurisha Garamba, ngiyo ingeso ya Kayumba n’uko yabaye umusahuzi igihe yari afite imyanya ikomeye mu Rwanda.

Nyuma y’uko iperereza rirangiye Lt Col Matayo Kyaligonza yafashe Kayumba aramufunga. Hanyuma yasabye ko Kayumba akubitwa kugeza ubwo yemeye ko yibye ako Kawunga. Kayumba yarakubiswe azengurutswa mu kigo hose. Wakwibaza ukuntu yari ameze yariraga nk’akana gato.

Nguwo Kayumba wirirwa abeshya abatazi iyo bagana ! Ngo ni umuntu ukunda amahoro ushaka kuzana demokarasi mu Rwanda ! Ese ni uwuhe mudemokarate muzi ugurisha ibyo abaturage bakeneye, ni mudemokarate ki wica abo bakorana ubucuruzi ?… ninde mudemokarate muzi ushinga udutsiko two kwiba iby’abaturage, ninde muntu ukunda amahoro muzi ushinga udutsiko ducuruza ibiyobyabwenge no kwiba imisoro ?

Kayumba yahemukiye benshi bamwizeye nk’umuntu muzima. Ubutekamutwe no kwikunda byatumye yibagirwa ko akorera abaturage ! Yakoreraga mu bwihisho we na bagenzi be bafatanije n’ubu abo bahora biteguye gukora icyo aricyo cyose upfa kubaha agafaranga ! Bagera n’aho bica bene wabo ! Ese ninde wakwizera uyu mugabo ? Ukorana n’abashaka kumara abanyarwanda ?

Gasana Gallican wo mu Ishyaka Amahoro .

-2227.jpg

Uyu Gasana Gallican ni umuhungu wa Gasana ni umu rescape avuka ku Muhima mu mujyi wa Kigali yahoze acuranga muri Orchestre Les huit anges y’umuzungu baryamanaga nk’abatinganyi, uyu muzungu yari Ambasaderi w’Ububiligi mu Rwanda ni we wamuvanye mu Rwanda hagati ya 1992-93 amujyana mu Bubiligi kuko yari umugore we. Gasana Gallican yaje kuva mu Bubiligi ajya muri Canada

Providence Rubingisa

-2228.jpg

Avuka mu mujyi wa Kigali kuri peage, yahunze hagati ya 1995-96 yari afite Company yakoraga ibintu by’amazi aza kubona ikiraka cyo gukora amazi mucyaro, akaba yari afite umugore w’umwarabu wasize amwibye amafaranga yose yakoreye mu mazi kuko yacaga kuri compte y’uwo mugore.

Rubingisa yavuye mu rwanda atorotse imyenda y’Abaturage n’abacuruzi bari baramugemuriye ibikoresho, yabanje kuba mu Bubiligi nyuma avayo ajya kuba muri Amerika abona akazi kwa Rusesabagina ko kumubera Secretaire nyuma baza gushwana aba umudozi w’inkweto aho azitoragura aho bazijugunye, akazibyaza umusaruro, ubu niwe mukangurambaga ukomeye mu ishyaka RNC muri uwo mujyi kandi akanakorana bya hafi na Kayumba Nyamwasa.

Rubingisa aherutse kubeshya abazungu ( nubwo bamuvumbuye) ko afite ishyirahamwe ryitwa “STUFF FOR THE POOR” ugenekereje mu kinyarwanda ni “Iby’abakene”.

Biracyaza…

Cyiza Davidson

2016-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri Uganda, nyuma yo gutahura inkingo za covid 19 zicuruzwa rwihishwa muri farumasi, ubu haravugwa ubucuruzi bw’imyanya y’imibiri y’abavugwa ko bishwe n’iyo ndwara.

Muri Uganda, nyuma yo gutahura inkingo za covid 19 zicuruzwa rwihishwa muri farumasi, ubu haravugwa ubucuruzi bw’imyanya y’imibiri y’abavugwa ko bishwe n’iyo ndwara.

Ubwanditsi 16 Jun 2021
U Rwanda rwitabaje ibindi bihugu mu kwamagana umucamanza Theodor Meron

U Rwanda rwitabaje ibindi bihugu mu kwamagana umucamanza Theodor Meron

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda

Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Rusahurira mu nduru Jean Paul Turayishimye yihishe inyuma y’Umwicanyi Kazungu Denis ngo yibonere Views

Rusahurira mu nduru Jean Paul Turayishimye yihishe inyuma y’Umwicanyi Kazungu Denis ngo yibonere Views

Ubwanditsi 06 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20
IKORANABUHANGA

MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Majoro Ntilikina uba mu Bufaransa yaba afasha abashaka kurema umutwe w’ingabo utemewe ugamije kugirira nabi ubutegetsi buriho
ITOHOZA

Majoro Ntilikina uba mu Bufaransa yaba afasha abashaka kurema umutwe w’ingabo utemewe ugamije kugirira nabi ubutegetsi buriho

Ubwanditsi 21 Sep 2017
Urukiko rwongeye gusubika urubanza rw’abo kwa Rwigara, menya impamvu zabyo
Mu Rwanda

Urukiko rwongeye gusubika urubanza rw’abo kwa Rwigara, menya impamvu zabyo

Ubwanditsi 09 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru