• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amerika n’u Buyapani nta na kimwe gifite ubushobozi bwo kurasa Koreya ya Ruguru [ Ubushakashatsi ]

Amerika n’u Buyapani nta na kimwe gifite ubushobozi bwo kurasa Koreya ya Ruguru [ Ubushakashatsi ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017 ITOHOZA

Umushakashatsi mu bya Misile, Joe Cirincione yatangaje ko hagati y’Amerika n’u Buyapani nta gihugu na kimwe kirimo gifite ubushobozi bwo kugaba ibitero by’intambara kuri Koreya ya Ruguru ari na yo mpamvu bitigeze bitinyuka kubikora kandi Koreya yo ihora irekura ibisasu.

Ubushakashatsi bw’iyi nzobere bwerekana ko muri ibi bihugu nubwo bivuga ko bifite imbaraga, ariko ko nta gihugu gifite ubushobozi bwo gutera misile ikaze nk’iyo Koreya ya Ruguru iherutse kohereza kuko yo yari ikaze kurusha izindi zose yakoze guhera mu bihe byashize, bityo ikaba ari yo ifite ubushobozi bwo gukora ibyo ishaka ku bijyanye n’ibisasu kirimbuzi.

Iyi nzobere ivuga ko impamvu nyamukuru yemeza ko muri ibi bihugu nta na kimwe cyabasha kwigeza ku bushobozi bwa koreya ya Ruguru mu gukora ibisasu, ari ukuba ubushobozi bwa byo mu kurinda ibisasu hakoreshejwe uburyo bwa Terminal High Altitude Area Defense (THAAD) butabasha kurinda misile Koreya ya Ruguru iherutse kurekura bityo ikaba ifite ubushobozi bwo kubisenya.

Joe Cirincione yakomeje avuga ko Amerika n’u Buyapani bifite ubushobozi bwo gukora ibisasu ndetse no gushyiraho ubundi buryo bubikumira ariko kugeza ubu ubushobozi bwa byo bwo kurinda ibisasu bishobora kubisenya bukaba bukiri hasi cyane ugereranyije n’urwego Koreya ya Ruguru igezeho mu gukora ibishobora gushwanyaguza no gukuraho igihugu runaka mu buryo bwihuse.

Yagize ati “Ari Amerika ari n’u Buyapani, nta na kimwe muri byo cyabasha guhagarika misile. Nta na kimwe muri byo cyabasha gutera Misile ikomeye nk’iyo Koreya ya Ruguru iherutse kugerageza, haba mu kuyohereza kure ndetse no mu kuba ifite ubushobozi bwo kwangiza byinshi cyane.”

Uyu mushakashatsi Cirincione akomeza avuga ko ibihugu byombi bifite ubushobozi bwo gukora no kwirinda ibisasu kirimbuzi, ariko ko bifite gusa ubushobozi bwo kurinda ibilometero bicye cyane ugereranyije n’ibyo igisasu kimwe gishobora kwangiza mu gihe cyageze ku butaka.

Cirincione kandi yavuze iki kigo kirinda za misile cya THAAD gifite ubushobozi bwo kurinda ahantu hatari hagari ku buryo buhagije ariko ko hashobora kwifashishwa ubwato bunini bwa Aegis Ship bubasha kurinda misire zikaze ariko na bwo bikaba bisaba uburyo busa n’ubwagorana kugira ngo bigerweho.

Yavuze ko kugira ngo ubwato bwa Aegis ship bubashe guhangana na misire ya Koreya ya Ruguru, byaba ngombwa ko bwihuta bukegera inyanja hafi y’aho koreya ya Ruguru irekurira ibyo bisasu bityo bukabizimya bakibirekura.

Akomeza avuga ko mu gihe ubu bwato bwategerereza kure aho misile izanyura ngo bubone kuyisenya byaba ari nko kwirebera mu mazi.

Mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Cyenda 2017, ni bwo koreya ya Ruguru yagerageje igisasu kinini cyo mu bwoko bwa Hydrogene, iki gisasu kikaba gifite imbaraga n’ubushobozi bwo kwangiza ahantu hanini kurusha ibindi bisasu yagerageje mbere.

Koreya ya Ruguru kandi iherutse kugerageza ikindi gisasu bivugwa ko kiri mu byihuta kurusha ibindi byose yaba yarakoze, ibi byose bikaba ari bimwe mu byo uyu mushakashatsi ashingiraho avuga ko guhangana na yo bigoranye cyane.

-8028.jpg

-8029.jpg

2017-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Ubwanditsi 31 Jul 2025
Perezida  VLADIMIR PUTIN  yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri  HILLARY CLINTON.

Perezida VLADIMIR PUTIN yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri HILLARY CLINTON.

Ubwanditsi 16 Dec 2016
Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Ubwanditsi 18 Aug 2019
Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba

Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba

Ubwanditsi 17 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu Ronaldo ashima Zidane zirumvikana
IMIKINO

Impamvu Ronaldo ashima Zidane zirumvikana

Ubwanditsi 05 Sep 2016
Uganda: Insoresore zisaga 50 za NRM zatawe muri yombi
Mu Mahanga

Uganda: Insoresore zisaga 50 za NRM zatawe muri yombi

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Ibaruwa ya Olivier Karekezi ku mpamvu yataye Rayon Sports adasezeye
IMIKINO

Ibaruwa ya Olivier Karekezi ku mpamvu yataye Rayon Sports adasezeye

Ubwanditsi 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru