• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Kivu y’Amajyepfo: FARDC iravuga ko yafashe inyeshyamba 63 zirimo iza FDLR

Kivu y’Amajyepfo: FARDC iravuga ko yafashe inyeshyamba 63 zirimo iza FDLR

Ubwanditsi 12 Nov 2018 HIRYA NO HINO

Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC kiravuga ko gikomeje ibikorwa byo guhiga imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bw’iki gihugu, aho kivuga ko muri Bukavu na Maniema muri Kivu y’Amajyepfo cyataye muri yombi inyeshyamba zigera kuri 63 zirimo iza FDLR, Mai-Mai ndetse ngo n’abarwanyi b’Abarundi.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’igisirikare cya Congo mu mpera z’icyumweru gishize rivuga ko gikomeje ibikorwa byo kurwanya imitwe itandukanye yitwaje intwaro ikorera mu ntara za Kivu y’Amajyepfo na Maniema kivuga ko ibi bice bimaze igihe bikorerwamo n’inyeshyamba.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo muri Kivu y’Amajyepfo, Capt. Dieudonne Kasereka yatangaje ko mu batawe muri yombi kuri ubu bari kumvwa n’inzego z’ubutasi za gisirikare, harimo abarwanyi b’Abanyarwanda bo muri FDLR ndetse n’Abarundi.

Ati: “Mu bice bya Fizi twafashe inyeshyamba 46, muri bo harimo abanyamahanga baturuka mu bihugu bitandukanye bihana imbibe na Congo.”

Yongeyeho ko ku ruhande rw’igisirikare batakaje abasirikare batatu, mu gihe indi mirwano ikomereje mu murenge wa Itombwe, aho ngo igisirikare gikomeje gusenya ibirindiro bitandukanye bya FDLR na Mai-Mai, aho ngo hamaze gufatwa abarwanyi 17 barimo abanyamahanga batandatu.

Iyi nkuru dukesha Ijwi rya Amerika isoza ivuga ko indi mirwano iri kuvugwa ahitwa Karehe mu birometero nka 80 uvuye mu mujyi wa Bukavu.

FARDC ikaba ikomeza isaba abitwaje ibirwanisho bakorera ku butaka bwa Congo kubishyira hasi bakishyikiriza ubuyobozi, naho ngo nibitaba ibyo izakomeza kubahiga aho bihishe hose.

2018-11-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Barack Obama yageze muri Kenya

Barack Obama yageze muri Kenya

Ubwanditsi 16 Jul 2018
Umujyi wa Wuhan watangiriyemo COVID-19 abaturage basubiye mu buzima busanzwe

Umujyi wa Wuhan watangiriyemo COVID-19 abaturage basubiye mu buzima busanzwe

Ubwanditsi 09 Apr 2020
Abapolisi 160 b’u Rwanda boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo

Abapolisi 160 b’u Rwanda boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Urujijo ku gatsiko k’abasirikare yinjiye muri Congo bavuye ku butaka bw’u Burundi

Urujijo ku gatsiko k’abasirikare yinjiye muri Congo bavuye ku butaka bw’u Burundi

Ubwanditsi 01 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8
IMIKINO

Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8

Ubwanditsi 28 Jun 2018
Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame
UBUKUNGU

Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri
Amakuru

Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri

RUSHYASHYA 03 Jun 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru