• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Burundi: Abaturage 250 barasaba ingurane y’ubutaka bwabo bwatwawe na Leta

Burundi: Abaturage 250 barasaba ingurane y’ubutaka bwabo bwatwawe na Leta

Ubwanditsi 17 Jan 2018 HIRYA NO HINO

Abaturage bo mu gihugu cy’u Burundi bangana na 250 barasaba ingurane z’ubutaka bwabo bwatwawe na Leta mu gace ka Kamenge

Nyuma y’imyaka 17 mu cyaro cya Mirango ya mbere n’iya kabiri No muri Gituro  mu Kamenge haherereye mu majyaruguru y’umurwa mukuru wa Bujumbura amaso yaheze mu kirere bategereje ingurane nyuma yo kwakwa ubutaka bwabo mu mwaka 1999 .

Ernest Ntahobangejeje uhagarariye iyi miryango avuga ko bagaragaje ikibazo cyabo ariko ntibigire icyo bitanga kuko ari Leta yabatwariye ubutaka na bamwe mu bavuga rikijyana.

Nkuko tubitangarizwa n’ikinyamakuru IWACU Mu gitondo cyo Kuwa kabiri tariki ya 15 mutarama imiryango ingana 160 bari basezeranijwe ko bagomba guhabwa iyo ngurane y’ubutaka ku bikorwa by’ibyiterambere ry’umurwa mukuru  wa Bujumbura ,ku munsi wejo aribwo bongeye kujya kwibutsa ikibazo cyabo kuri minisiteri y’ibidukikije ,amazi ,n’imiturire.

Ntahobangejeje uhagarariye iyi miryango yagize ati “tumaze igihe kitari gito dusaba kurenganurwa muri comisiyo y’igihugu ishinzwe ubutaka n’indi mitungo twagiye no ku muvunyi mukuru  ariko ntacyo byatanze”.

Akomeza avuga ko iyi miryango yoherejwe muri minisiteri ishinzwe imiturire ku kibazo cy’ingurane yabo cyasaga n’icyaburijwemo ntigihabwe agaciro na minisiteri.

Bernadette Baratakanwa, umucecuru w’imyaka 80 y’amavuko avuga ko yahuye imbogamizi zikomotse ku kubura ubutaka bwe bikamutera ikibazo cy’ubukene ko kuva aho bamutwariye ubutaka  we na bagenzi be batagira aho bahengeka umusaya  ko barara mu mihanda .

Baratakanwa ati  “ cyeretse iyo hari abagiraneza nimwe na rimwe badufashije bakaduha ibyo kurya n’aho kuryama agasaba leta  ko bahabwa ingurane bakabasha kwikura mu bukene aho kwirirwa ku mihanda .

Niyonkuru Omer , umuyobozi ushinzwe gutegura no kurinda umutungo w’ubutaka akaba n’umuvugizi wa minisiteri y’ibidukikije n’amazi  yavuze ko ikibazo cyo mu Kamenge kizwi kandi ko bazabona igizubizo mu gihe kitarambiranye .

Akomeza avuga ko Ubutaka bw’aba baturage byafashwe ubwo hagurwaga ibikorwa by’iteranbere ry’umujyi no gutunganya imihanda yari ifunganye nyuma y’intambara yo mu mwaka 1999.

Niyonkuru ati “Nyuma y’inzandiko twagiye dushikiriza minisiteri y’ubutabera n’inzego za Leta abo baturage bahawe  ibibanza  i Maramvya muri komini  Mutimbuzi mu ntara ya Bujumbura”.

Nkuko Niyonkuru abivuga aba baturage bazahabwa ubutaka  mu gihe cya vuba nkuko minisiteri y’ibidukikije yabibasezeranije cyangwa bahabwe ingurane.

Nkundiye Eric Bertrand

 

2018-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Kwambara ingofero itukura (Red beret) nka Bobi Wine utari umusirikare byahindutse icyaha gihanirwa

Uganda: Kwambara ingofero itukura (Red beret) nka Bobi Wine utari umusirikare byahindutse icyaha gihanirwa

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Canada : Kizito Musabyimana yabashije kwikiza ‘TRAUMA’ agenze urugendo rwa  KM 550 n’amaguru

Canada : Kizito Musabyimana yabashije kwikiza ‘TRAUMA’ agenze urugendo rwa KM 550 n’amaguru

Ubwanditsi 10 Nov 2016
Sheri wanjye yaryamanye na mwalimu ngo mbone amanota, none ndumva twatandukana-Mungire inama

Sheri wanjye yaryamanye na mwalimu ngo mbone amanota, none ndumva twatandukana-Mungire inama

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Ubwanditsi 07 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sosiyete sivile irasabwa kujya mu magereza kureba ko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa uko bikwiye
Amakuru

Sosiyete sivile irasabwa kujya mu magereza kureba ko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa uko bikwiye

Ubwanditsi 05 Jan 2023
Eyob Metkel yongeye kwegukana agace ka tour du Rwanda Areruya Joseph agumana Maillot jaune
IMIKINO

Eyob Metkel yongeye kwegukana agace ka tour du Rwanda Areruya Joseph agumana Maillot jaune

Ubwanditsi 18 Nov 2017
Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )
POLITIKI

Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 27 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru