• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Burundi: Abaturage 250 barasaba ingurane y’ubutaka bwabo bwatwawe na Leta

Burundi: Abaturage 250 barasaba ingurane y’ubutaka bwabo bwatwawe na Leta

Ubwanditsi 17 Jan 2018 HIRYA NO HINO

Abaturage bo mu gihugu cy’u Burundi bangana na 250 barasaba ingurane z’ubutaka bwabo bwatwawe na Leta mu gace ka Kamenge

Nyuma y’imyaka 17 mu cyaro cya Mirango ya mbere n’iya kabiri No muri Gituro  mu Kamenge haherereye mu majyaruguru y’umurwa mukuru wa Bujumbura amaso yaheze mu kirere bategereje ingurane nyuma yo kwakwa ubutaka bwabo mu mwaka 1999 .

Ernest Ntahobangejeje uhagarariye iyi miryango avuga ko bagaragaje ikibazo cyabo ariko ntibigire icyo bitanga kuko ari Leta yabatwariye ubutaka na bamwe mu bavuga rikijyana.

Nkuko tubitangarizwa n’ikinyamakuru IWACU Mu gitondo cyo Kuwa kabiri tariki ya 15 mutarama imiryango ingana 160 bari basezeranijwe ko bagomba guhabwa iyo ngurane y’ubutaka ku bikorwa by’ibyiterambere ry’umurwa mukuru  wa Bujumbura ,ku munsi wejo aribwo bongeye kujya kwibutsa ikibazo cyabo kuri minisiteri y’ibidukikije ,amazi ,n’imiturire.

Ntahobangejeje uhagarariye iyi miryango yagize ati “tumaze igihe kitari gito dusaba kurenganurwa muri comisiyo y’igihugu ishinzwe ubutaka n’indi mitungo twagiye no ku muvunyi mukuru  ariko ntacyo byatanze”.

Akomeza avuga ko iyi miryango yoherejwe muri minisiteri ishinzwe imiturire ku kibazo cy’ingurane yabo cyasaga n’icyaburijwemo ntigihabwe agaciro na minisiteri.

Bernadette Baratakanwa, umucecuru w’imyaka 80 y’amavuko avuga ko yahuye imbogamizi zikomotse ku kubura ubutaka bwe bikamutera ikibazo cy’ubukene ko kuva aho bamutwariye ubutaka  we na bagenzi be batagira aho bahengeka umusaya  ko barara mu mihanda .

Baratakanwa ati  “ cyeretse iyo hari abagiraneza nimwe na rimwe badufashije bakaduha ibyo kurya n’aho kuryama agasaba leta  ko bahabwa ingurane bakabasha kwikura mu bukene aho kwirirwa ku mihanda .

Niyonkuru Omer , umuyobozi ushinzwe gutegura no kurinda umutungo w’ubutaka akaba n’umuvugizi wa minisiteri y’ibidukikije n’amazi  yavuze ko ikibazo cyo mu Kamenge kizwi kandi ko bazabona igizubizo mu gihe kitarambiranye .

Akomeza avuga ko Ubutaka bw’aba baturage byafashwe ubwo hagurwaga ibikorwa by’iteranbere ry’umujyi no gutunganya imihanda yari ifunganye nyuma y’intambara yo mu mwaka 1999.

Niyonkuru ati “Nyuma y’inzandiko twagiye dushikiriza minisiteri y’ubutabera n’inzego za Leta abo baturage bahawe  ibibanza  i Maramvya muri komini  Mutimbuzi mu ntara ya Bujumbura”.

Nkuko Niyonkuru abivuga aba baturage bazahabwa ubutaka  mu gihe cya vuba nkuko minisiteri y’ibidukikije yabibasezeranije cyangwa bahabwe ingurane.

Nkundiye Eric Bertrand

 

2018-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Ubwanditsi 19 May 2019
Uwigaga muri Kaminuza ya Makerere ni umwe mu ba FDLR bagabye igitero i Musanze

Uwigaga muri Kaminuza ya Makerere ni umwe mu ba FDLR bagabye igitero i Musanze

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Miss Wema Sepetu yahishuye uburwayi bukomeye butuma adasama

Miss Wema Sepetu yahishuye uburwayi bukomeye butuma adasama

Ubwanditsi 09 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarwanya ubutegetsi mu Burundi bakwiye kwihanganira Mkapa
Mu Rwanda

Abarwanya ubutegetsi mu Burundi bakwiye kwihanganira Mkapa

Ubwanditsi 17 Jan 2017
Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?
Amakuru

Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?

Ubwanditsi 21 Mar 2023
Bobi Wine yakubitiwe mu ngobyi y’abarwayi
HIRYA NO HINO

Bobi Wine yakubitiwe mu ngobyi y’abarwayi

Ubwanditsi 31 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru