• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Canada : Kizito Musabyimana yabashije kwikiza ‘TRAUMA’ agenze urugendo rwa KM 550 n’amaguru

Canada : Kizito Musabyimana yabashije kwikiza ‘TRAUMA’ agenze urugendo rwa KM 550 n’amaguru

Ubwanditsi 10 Nov 2016 HIRYA NO HINO

Kizito Musabyimana ni Umunyarwanda uba muri Canada, wavuye mu mu Rwanda arokotse Jenoside yakorewe Abatutsi. Yabanje kuba muri Kenya mbere yo kwimukira Toronto muri Canada.

Ageze muri Canada, we na bagenzi be bamwe, bigira inama yo kwibagirwa u Rwanda burundu ndetse no kudakurikira amakuru y’ibihabera.

Kwiyemeza kutazongera kwita ku Rwanda ariko ntibikuraho kurutekereza.

Reka rero kurutekereza bizamubyarire uburwayi bwa Tauma! Iyo yatekerezaga u Rwanda cyangwa akibuka ibya Jenoside,, yagiraga iseseme cyane akaruka, ibiryo bikamunanire, akabura ibitotsi, agakizwa n’inzoga nyinshi cyangwa agatabi ko ku mugongo w’ingona! Ubwo burwayi yabumazemo imyaka itanu!

Urugendo rurerure rwo kwivura

Kizito, yaje gufata icyemezo cyo gukora urugendo rurerure rwo kwivura. Ava Toronto n’ amaguru aho ageze agerageza kuvuga ku Rwanda n’ibyamubayeho noneho ashize amanga, avuga ko ari umuyarwanda.

Muri urwo rugendo ntiyanywaga inzoga cyangwa itabi, kandi itangazamakuru rimukurikirana, maze agera Montreal nyuma y’iminsi 17.

Kuva ubwo ya seseme iragenda, gushakira appetit n’ibitotsi mu biyobyabwenge birashira, ahinduka umuntu mushya, umuntu w’umunyarwanda kandi.

Kizito Musabyimana ubu yagarutse mu Rwanda

Kuva muri 1994, nyuma y’imyaka 22, ubu Kizito yagarutse mu Rwanda, ubwo yasuraga ibiro bya rushyashya.net twaraganiriye atubwira ibyamubayeho n’uko yaje gukira. Arimo kuzenguraka u Rwanda akora Docuentary film y’uko arusanze, iyi Docuentary ngo izongerwa ku yakozwe ku rugendo rwe rw’amaguru kuva Montreal –Toronto.

-5442.jpg

Kizito Musabyimana

Iyo Documentary film izakinirwa mu Rwanda no muri Canada, izafasha abandi banyarwanda baheranywe na Trauma nk’iyo yari arwaye, bahereye ku rugero rwe.

Kizito, arahamagarira abandi bagezi be kumusanga, ngo bafatanye gutera inkunga yo kuvura ibikomere batewe na Jenoside, bakongera kugarurira agatima u Rwanda, bagakunda iwabo kandi ntihabatere ipfunwe, kuko bahari kandi umuti bahisemo wo kwivurisha siwo.

Cyiza D.

2016-11-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mwiseneza ku isonga mu majwi y’ibanze y’abahataniye Miss Rwanda 2019

Mwiseneza ku isonga mu majwi y’ibanze y’abahataniye Miss Rwanda 2019

Ubwanditsi 20 Jan 2019
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Ubwanditsi 13 Jul 2021
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubwanditsi 02 Jul 2020
Perezida Trump yahuriye na Kim Jong-un muri Singapore

Perezida Trump yahuriye na Kim Jong-un muri Singapore

Ubwanditsi 12 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Radio France Inter irasaba imbabazi nyuma y’amagambo yatambukije yita Abatutsi bazize Jenoside ibigoryi
POLITIKI

Radio France Inter irasaba imbabazi nyuma y’amagambo yatambukije yita Abatutsi bazize Jenoside ibigoryi

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga
Amakuru

Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Ubwanditsi 13 Dec 2021
APR FC itsinze Simba, ifata umwanya wa mbere
IMIKINO

APR FC itsinze Simba, ifata umwanya wa mbere

Ubwanditsi 14 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru