• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa

Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa

Ubwanditsi 19 Aug 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Tuyishimire Dismas, umusore w’umunyarwanda umaze umwaka afungiye muri Uganda, avuga ko Umunyarwanda uhafungiye asabwa kwishyura amafaranga akarekurwa, yayabura akabyishyura gukoreshwa imirimo y’uburetwa no gukubitwa buri munsi.

Tuyishimire avuga ko akimara gufungwa yasabwe gutanga miliyoni n’igice y’amashiringi ya Uganda kugira ngo arekurwe, ariko arayabura.

Tuyishimire yagiye muri Uganda mu kwezi kwa Kamena 2018, agiye gukora akazi ko kubaka. Yaje gufungwa mu kwezi kwa Nzeri 2018, ashinjwa kuba muri Uganda nta byangombwa afite, gusa we avuga ko yari abifite.

Yagejejwe mu rukiko aregwa ibyaha byo kutagira ibyangombwa, kuvogera igihugu no gushaka guhirika ubutegetsi bwa Uganda biramuhama, ahanishwa igifungo cy’umwaka umwe.

Tuyishimire avuga ko akimara gufungwa yasabwe gutanga miliyoni n’igice y’amashiringi ya Uganda kugira ngo arekurwe, ariko arayabura.

Kuva ubwo we n’abandi banyarwanda bari bafunganywe batangiye gukoreshwa imirimo ivunanye kandi ku gahato, no gukubitwa buri munsi.

Ati “Muri gereza nta munyarwanda udakubitwa. Harimo abagore, abagabo, abana, buri munsi ni ugukubitwa kandi muri gukora, waba ufite intege nke, baragukubita, ndetse harimo n’abapfuye”.

Tuyishimire avuga ko yafungiwe muri hereza ya Kisoro, ariko yamara gukatirwa akajyanwa muri gereza ya Ndorwa iherereye mu gace ka Kabale.

Aha muri iyi gereza, Tuyishimire avuga ko yari ahafungiwe n’abandi banyarwanda 60, bose akaba yarabasizemo kandi babayeho mu buzima bubi cyane bwo gukubitwa no gukoreshwa imirimo ivunanye buri munsi.

Uyu musore avuga ko ikibazo gikomeye ku banyarwanda baba muri Uganda atari ukutagira ibyangombwa, kuko ngo uwitwa umunyarwanda wese batamushaka muri icyo gihugu.

Ati “Jyewe nararebye nsanga kudufata atari ikibazo cy’ibyo byaha badushinja, ahubwo bo ikibazo ni umunyarwanda uwo ari we wese ntabwo bamushaka muri Uganda. Ibyangombwa waba ubifite waba utabifite, ntibibabuza kugufata bakagufunga bakanagukatira”.

Tuyishimire kandi agira inama Abanyarwanda bashaka kujya muri Uganda kubireka , kuko nta mutekano bashobora kuhagirira kabone n’ubwo baba badafunze.

Ati “Icyo nababwira, n’uwari ufite iyo gahunda yayireka, kuko nta mahoro yabonerayo. Hari n’abadafunze bari yo, ariko nta mahoro bafite. Nta kintu wakorera muri Uganda ngo ukibone nk’uko wagitekerezaga. Hari abacuruzaga, barabafunze ibyabo barabitwara, abubatse barabafunga inzu zabo bakazigurisha, mbese nta mahoro ari yo ku munyarwanda”.

Tuyishimire avuga ko akimara gufungwa yasabwe gutanga miliyoni n’igice y’amashiringi ya Uganda kugira ngo arekurwe, ariko arayabura.

Tuyishimire yafunguwe tariki ya 14 Kanama 2019, agezwa mu Rwanda kuya 16 Kanama 2019, akavuga ko n’ibyangombwa yari afite byose yabitaye yo kuko batabimusubije.

2019-08-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu

Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu

Ubwanditsi 15 Sep 2018
Leta ya Uganda ikomeje kotswa igitutu ibazwa irengero ry’abantu

Leta ya Uganda ikomeje kotswa igitutu ibazwa irengero ry’abantu

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Perezida Kagame yateguje ingabo undi mwaka utoroshye

Perezida Kagame yateguje ingabo undi mwaka utoroshye

Ubwanditsi 26 Dec 2017
Burundi: Interahamwe zaba zarinjijwe mu mutwe kabuhariwe ushinzwe kurinda Perezida Nkurunziza

Burundi: Interahamwe zaba zarinjijwe mu mutwe kabuhariwe ushinzwe kurinda Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 03 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump yongeye kuvugwaho kwivanga mu iperereza ku kibazo cy’u Burusiya
POLITIKI

Trump yongeye kuvugwaho kwivanga mu iperereza ku kibazo cy’u Burusiya

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Nyuma yo kwirukanwa muri Tottenham, umutoza Jose Mourihno yahawe gutoza AS Roma mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere.
Amakuru

Nyuma yo kwirukanwa muri Tottenham, umutoza Jose Mourihno yahawe gutoza AS Roma mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere.

Ubwanditsi 05 May 2021
Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi
Amakuru

Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi

Ubwanditsi 05 Dec 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru