• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa

Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa

Ubwanditsi 19 Aug 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Tuyishimire Dismas, umusore w’umunyarwanda umaze umwaka afungiye muri Uganda, avuga ko Umunyarwanda uhafungiye asabwa kwishyura amafaranga akarekurwa, yayabura akabyishyura gukoreshwa imirimo y’uburetwa no gukubitwa buri munsi.

Tuyishimire avuga ko akimara gufungwa yasabwe gutanga miliyoni n’igice y’amashiringi ya Uganda kugira ngo arekurwe, ariko arayabura.

Tuyishimire yagiye muri Uganda mu kwezi kwa Kamena 2018, agiye gukora akazi ko kubaka. Yaje gufungwa mu kwezi kwa Nzeri 2018, ashinjwa kuba muri Uganda nta byangombwa afite, gusa we avuga ko yari abifite.

Yagejejwe mu rukiko aregwa ibyaha byo kutagira ibyangombwa, kuvogera igihugu no gushaka guhirika ubutegetsi bwa Uganda biramuhama, ahanishwa igifungo cy’umwaka umwe.

Tuyishimire avuga ko akimara gufungwa yasabwe gutanga miliyoni n’igice y’amashiringi ya Uganda kugira ngo arekurwe, ariko arayabura.

Kuva ubwo we n’abandi banyarwanda bari bafunganywe batangiye gukoreshwa imirimo ivunanye kandi ku gahato, no gukubitwa buri munsi.

Ati “Muri gereza nta munyarwanda udakubitwa. Harimo abagore, abagabo, abana, buri munsi ni ugukubitwa kandi muri gukora, waba ufite intege nke, baragukubita, ndetse harimo n’abapfuye”.

Tuyishimire avuga ko yafungiwe muri hereza ya Kisoro, ariko yamara gukatirwa akajyanwa muri gereza ya Ndorwa iherereye mu gace ka Kabale.

Aha muri iyi gereza, Tuyishimire avuga ko yari ahafungiwe n’abandi banyarwanda 60, bose akaba yarabasizemo kandi babayeho mu buzima bubi cyane bwo gukubitwa no gukoreshwa imirimo ivunanye buri munsi.

Uyu musore avuga ko ikibazo gikomeye ku banyarwanda baba muri Uganda atari ukutagira ibyangombwa, kuko ngo uwitwa umunyarwanda wese batamushaka muri icyo gihugu.

Ati “Jyewe nararebye nsanga kudufata atari ikibazo cy’ibyo byaha badushinja, ahubwo bo ikibazo ni umunyarwanda uwo ari we wese ntabwo bamushaka muri Uganda. Ibyangombwa waba ubifite waba utabifite, ntibibabuza kugufata bakagufunga bakanagukatira”.

Tuyishimire kandi agira inama Abanyarwanda bashaka kujya muri Uganda kubireka , kuko nta mutekano bashobora kuhagirira kabone n’ubwo baba badafunze.

Ati “Icyo nababwira, n’uwari ufite iyo gahunda yayireka, kuko nta mahoro yabonerayo. Hari n’abadafunze bari yo, ariko nta mahoro bafite. Nta kintu wakorera muri Uganda ngo ukibone nk’uko wagitekerezaga. Hari abacuruzaga, barabafunze ibyabo barabitwara, abubatse barabafunga inzu zabo bakazigurisha, mbese nta mahoro ari yo ku munyarwanda”.

Tuyishimire avuga ko akimara gufungwa yasabwe gutanga miliyoni n’igice y’amashiringi ya Uganda kugira ngo arekurwe, ariko arayabura.

Tuyishimire yafunguwe tariki ya 14 Kanama 2019, agezwa mu Rwanda kuya 16 Kanama 2019, akavuga ko n’ibyangombwa yari afite byose yabitaye yo kuko batabimusubije.

2019-08-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda

Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Oct 2022
Gen. Afrika uherutse kwicwa yasanganwe inyandiko zifite amakuru “y’ingenzi”

Gen. Afrika uherutse kwicwa yasanganwe inyandiko zifite amakuru “y’ingenzi”

Ubwanditsi 11 Nov 2019
Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Ubwanditsi 01 Jun 2023
Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Ubwanditsi 01 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari
UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Amerika: Teta Diana azataramira abazitabira ‘US Rwandan Diaspora Women Convention’
IMIKINO

Amerika: Teta Diana azataramira abazitabira ‘US Rwandan Diaspora Women Convention’

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida
HIRYA NO HINO

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Ubwanditsi 19 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru