• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Interahamwe zaba zarinjijwe mu mutwe kabuhariwe ushinzwe kurinda Perezida Nkurunziza

Burundi: Interahamwe zaba zarinjijwe mu mutwe kabuhariwe ushinzwe kurinda Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 03 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Umwe mu basirikare bakuru mu bari bashinzwe kurinda umutekano wa Perezida w’ u Burundi, Pierre Nkurunziza yemeza ko abarwanyi b’ Abanyarwanda ‘ Interahamwe’ binjijwe mu mutwe kabuhariwe w’ingabo zishinzwe kurinda abayobozi bakuru b’ igihugu cy’ u Burundi.

Ikinyamakuru Bwiza  kivuga ko aya makuru  avuga ko Interahamwe ziri mu ngabo z’ u Burundi yigeze kuvugwa nyuma yaho Perezida Nkurunziza yacurirwaga imigambi yo guhirikwa ku butegetsi bikananirana.

Mu kiganiro uyu musirikare   wari mubarinda  umukuru w’igihugu,  unavugwaho kuba yarakoze mu nzego z’ iperereza , SNR yagiranye n’ imwe ma Radio  ikorera mu Burundi ubwo yavugaga mu buryo burambuye ukuntu Interahamwe zinjijwe ku mugaragaro mu ngabo zishinwe umutekano w’ umukuru w’ igihugu.

Yagize ati ”Ku itariki ya 1 Kanama 2015, nibwo bamwe mu bayobozi bakuru ba CNDD-FDD binjijje Interahamwe  mu gisirikare cya FDN ku mugaragaro kuko ndabyibuka ko muri uwo muhango nabonyemo Gen. Allain Guillaume Bunyoni, Pascal Barangagiye, Gahomera, Ndakugaritse , Willy Nyamitwe, Ntakarutimana n’ abandi benshi”.

Uyu musirikare yakomeje kandi atangaza ko kuri uwo munsi tuvuze ruguru muri iyi nyandiko hijijwe Interahamwe 17 zari zivuye mu bihugu bya  Congo-Brazaville  na Congo-Kinshasa  ngo ariko mu bice bitandukanye muri Zone ya Fizi, mu duce twa Minembwe n’ ahandi.

Muri iki kiganiro kirambuye kandi, uyu musirikare yakomeje avuga ukuntu izi Nterahamwe zagiye zigabanywa  hagati y’ abasirikare bakuru b’ u Burundi bayoboye ibigo bikomeye.

Mandevu Benoit, Masabo Egide, Bahati Juma, Habimana Samuel, Habarugira Benjamin, Barekebavuge Jean Bosco , Habimana Samuel ni bamwe mu bayobozi bakuru b’ Interahamwe bagiye basaranganywa hirya no hino mu bigo bya gisirikare cy’ u Burundi.

Perezida Pierre Nkurunziza arahakana ibi birego:

Nyuma y’ imyaka irenze 2, Leta y’ u Burundi ishinjwa kwijiza Interahamwe mu gisirikare cya FDN, Pierre Nkurunziza yongeye guhakana avuga ko ibi birego bidafite inshingiro.

Ubwo Perezida Nkurunziza yari mu nama n’ abaturage bo mu Majyaruguru y’ u Burundi, mu Ntara ya Kayanza ifitanye imbibi n’ u Rwanda ku wa Gatanu tariki ya 29 Ukuboza 2017, yatangaje ko yahaye indorerezi za AU na EAC amahirwe asesuye yo kugenzura niba koko hari Interahamwe zikora mu nzego z’ ubuyobozi bwa gisirikare mu Burundi.

Ati” Nyuma yo gushinja Leta yanjye ko ikoresha Interahamwe natanze iminsi kugirango ukuri kumenyekane ariko igitangaje ni uko izi ndorerezi zitigeze zitanga raporo ku bugenzuzi zakoze”.

N’ubwo Perezida Pierre Nkurunziza ahakana ko nta Nterahamwe zikoreshwa na Leta ye, hari amakuru atandukanye yagiye yemeza ko aba barwanyi b’ Abanyarwanda bayobowe ahanini n’ abantu bagize uruhare rukomeye muri jenoside yakorewe Abatutsi ari bo batoje Imbonerakure.

Abantu batandukanye batuye ndetse banatemberera mu Burundi bemeza ko uyu mutwe w’ Imbonerakure ugaragaza ibimenyetso n’ ishusho imwe n’ Interahamwe.

 

2018-01-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzika, kwikubira no kwihorera bitumye CNDD-FDD yoreka u Burundi

Inzika, kwikubira no kwihorera bitumye CNDD-FDD yoreka u Burundi

Ubwanditsi 09 Jan 2024
Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029

Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029

Ubwanditsi 18 Feb 2025
Ababiligi bemerera abagizi ba nabi gukorera politiki ku butaka bwabo amateka azabarega ubufatanyacyaha

Ababiligi bemerera abagizi ba nabi gukorera politiki ku butaka bwabo amateka azabarega ubufatanyacyaha

Ubwanditsi 30 Sep 2022
Kagame: U Rwanda ni igihugu gito mu ngano  ariko mu ntekerezo no mu rwego rwa Politiki ni igihugu kinini

Kagame: U Rwanda ni igihugu gito mu ngano ariko mu ntekerezo no mu rwego rwa Politiki ni igihugu kinini

Ubwanditsi 01 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe
Mu Rwanda

Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Ubwanditsi 23 Feb 2019
Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize
Amakuru

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Ubwanditsi 29 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru