• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Interahamwe zaba zarinjijwe mu mutwe kabuhariwe ushinzwe kurinda Perezida Nkurunziza

Burundi: Interahamwe zaba zarinjijwe mu mutwe kabuhariwe ushinzwe kurinda Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 03 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Umwe mu basirikare bakuru mu bari bashinzwe kurinda umutekano wa Perezida w’ u Burundi, Pierre Nkurunziza yemeza ko abarwanyi b’ Abanyarwanda ‘ Interahamwe’ binjijwe mu mutwe kabuhariwe w’ingabo zishinzwe kurinda abayobozi bakuru b’ igihugu cy’ u Burundi.

Ikinyamakuru Bwiza  kivuga ko aya makuru  avuga ko Interahamwe ziri mu ngabo z’ u Burundi yigeze kuvugwa nyuma yaho Perezida Nkurunziza yacurirwaga imigambi yo guhirikwa ku butegetsi bikananirana.

Mu kiganiro uyu musirikare   wari mubarinda  umukuru w’igihugu,  unavugwaho kuba yarakoze mu nzego z’ iperereza , SNR yagiranye n’ imwe ma Radio  ikorera mu Burundi ubwo yavugaga mu buryo burambuye ukuntu Interahamwe zinjijwe ku mugaragaro mu ngabo zishinwe umutekano w’ umukuru w’ igihugu.

Yagize ati ”Ku itariki ya 1 Kanama 2015, nibwo bamwe mu bayobozi bakuru ba CNDD-FDD binjijje Interahamwe  mu gisirikare cya FDN ku mugaragaro kuko ndabyibuka ko muri uwo muhango nabonyemo Gen. Allain Guillaume Bunyoni, Pascal Barangagiye, Gahomera, Ndakugaritse , Willy Nyamitwe, Ntakarutimana n’ abandi benshi”.

Uyu musirikare yakomeje kandi atangaza ko kuri uwo munsi tuvuze ruguru muri iyi nyandiko hijijwe Interahamwe 17 zari zivuye mu bihugu bya  Congo-Brazaville  na Congo-Kinshasa  ngo ariko mu bice bitandukanye muri Zone ya Fizi, mu duce twa Minembwe n’ ahandi.

Muri iki kiganiro kirambuye kandi, uyu musirikare yakomeje avuga ukuntu izi Nterahamwe zagiye zigabanywa  hagati y’ abasirikare bakuru b’ u Burundi bayoboye ibigo bikomeye.

Mandevu Benoit, Masabo Egide, Bahati Juma, Habimana Samuel, Habarugira Benjamin, Barekebavuge Jean Bosco , Habimana Samuel ni bamwe mu bayobozi bakuru b’ Interahamwe bagiye basaranganywa hirya no hino mu bigo bya gisirikare cy’ u Burundi.

Perezida Pierre Nkurunziza arahakana ibi birego:

Nyuma y’ imyaka irenze 2, Leta y’ u Burundi ishinjwa kwijiza Interahamwe mu gisirikare cya FDN, Pierre Nkurunziza yongeye guhakana avuga ko ibi birego bidafite inshingiro.

Ubwo Perezida Nkurunziza yari mu nama n’ abaturage bo mu Majyaruguru y’ u Burundi, mu Ntara ya Kayanza ifitanye imbibi n’ u Rwanda ku wa Gatanu tariki ya 29 Ukuboza 2017, yatangaje ko yahaye indorerezi za AU na EAC amahirwe asesuye yo kugenzura niba koko hari Interahamwe zikora mu nzego z’ ubuyobozi bwa gisirikare mu Burundi.

Ati” Nyuma yo gushinja Leta yanjye ko ikoresha Interahamwe natanze iminsi kugirango ukuri kumenyekane ariko igitangaje ni uko izi ndorerezi zitigeze zitanga raporo ku bugenzuzi zakoze”.

N’ubwo Perezida Pierre Nkurunziza ahakana ko nta Nterahamwe zikoreshwa na Leta ye, hari amakuru atandukanye yagiye yemeza ko aba barwanyi b’ Abanyarwanda bayobowe ahanini n’ abantu bagize uruhare rukomeye muri jenoside yakorewe Abatutsi ari bo batoje Imbonerakure.

Abantu batandukanye batuye ndetse banatemberera mu Burundi bemeza ko uyu mutwe w’ Imbonerakure ugaragaza ibimenyetso n’ ishusho imwe n’ Interahamwe.

 

2018-01-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyo Kizito na Ingabire bategetswe nyuma yo gufungurwa ku mbabazi za Perezida Kagame

Ibyo Kizito na Ingabire bategetswe nyuma yo gufungurwa ku mbabazi za Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 Sep 2018
Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa  Congo

Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa Congo

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Afurika y’Epfo : Abanyarwanda  bakiranye urugwiro Perezida Kagame, RNC  [ Ibigarasha ] bikwira imishwaro

Afurika y’Epfo : Abanyarwanda bakiranye urugwiro Perezida Kagame, RNC [ Ibigarasha ] bikwira imishwaro

Ubwanditsi 27 Jul 2018
Perezida Kagame araza gusangira na Mark Zuckerberg washinze Facebook nyuma yo kwakirwa na Macron muri Champs-Elysée

Perezida Kagame araza gusangira na Mark Zuckerberg washinze Facebook nyuma yo kwakirwa na Macron muri Champs-Elysée

Ubwanditsi 23 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje
Amakuru

Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje

Ubwanditsi 18 Oct 2020
Koreya ya Ruguru yongeye gushotora Amerika iyiteguza ko izayirasaho ibisasu bya kirimbuzi
ITOHOZA

Koreya ya Ruguru yongeye gushotora Amerika iyiteguza ko izayirasaho ibisasu bya kirimbuzi

Ubwanditsi 10 Jan 2017
Gukumira ibyaha mu Ntara y’Amajyaruguru: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe guhanahana amakuru ku gihe
Mu Mahanga

Gukumira ibyaha mu Ntara y’Amajyaruguru: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe guhanahana amakuru ku gihe

Ubwanditsi 11 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru