• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Ubwanditsi 23 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ikibazo cy’Abanyarwanda bafatirwa muri Uganda, bagafungwa, bagakorerwa iyicarubozo abandi bakaburirwa irengero, gikomeje gufata indi ntera, aho ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi byose usanga bikorwa n’inzego z’umutekano cyane cyane urw’iperereza (CMI).

Muhawenimana Damascène utuye mu Murenge wa Macuba, Akarere ka Nyamasheke, ni umwe muri abo banyarwanda wari umaze amezi abiri afunzwe amapingu ku maguru no ku maboko, anapfutse ku mutwe n’inzego z’iperereza mu Mujyi wa Kampala.

Avuga ko iyicarubozo yakorerwaga kubera ko ari umunyarwanda, yarikorewe n’abantu bavuga Ikinyarwanda, akeka ko ari abanyarwanda barwanya u Rwanda bakorana n’Urwego rw’ubutasi rwa Uganda (CMI), mu guhohotera abo bita ‘Intasi za Kagame’

Uko Muhawenimana yagiye muri Uganda

Tariki 15 Ukuboza 2018 nibwo Muhaweninama na Na Nyina witwa Marigarita Mukanyarwaya, bagiye mu Mujyi wa Kampala, gushaka murumuna we witwa Kwizera Bernard, wabagayo acuruza, ariko hakaba hari hashize ukwezi atakiboneka mu murongo we wa telefoni.

Muhawenimana wagaruwe mu Rwanda, yavuze ko bageze mu Mujyi wa Kampala bagiye kumushaka aho yabaga ariko basanga adahari, abaturanyi be nibo bababwiye ko yafunzwe ariko batazi aho afungiye.

Mu buhamya bwe, Muhawenimana w’imyaka 37 yagize ati “Twakomeje gushakisha nyuma nibwo baje kutubwira ko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kajjansi ariko tuhageze Polisi itubwira ko adahari.”

Nyuma yasubiye kuri ya sitasiyo ya polisi agezeyo abapolisi yahasanze bamwemerera ko murumuna we ahari ariko adashobora kuvugana na we umuyobozi wa polisi adahari, bamubwira gusubirayo saa kumi n’imwe ari nabwo yafashwe we na mugenzi we.

Ati “Tuhamaze iminota 20 nibwo numvise imodoka iparitse inyuma yanjye, mpindukiye bankubita ikigofero mu mutwe, ubwo njye na mugenzi wanjye badushyizeho amapingu ku maguru n’amaboko, badupfuka n’umutwe bajya kudufungira kuri Polisi ya Lubowa, twahamaze iminsi itatu tukimeze kwa kundi.”

Yavuze ko inzego za Polisi zaje kumenya ko nyina yaje kuhamureba, zihita zibacikisha zibajyana kubafungira ku rwego rw’Ubutasi rwa Uganda (CMI) n’ubundi muri Kampala.

Bakorewe iyicarubozo na CMI babazwa iby’ubutegetsi mu Rwanda

Muhawenimana ufite abana batanu yasize i Nyamasheke, yavuze ko bafunzwe nabi barakubitwa, babazwa ibijyanye na leta y’u Rwanda.

Yagize ati “Barambazaga ngo umusirikare w’u Rwanda ahembwa gute? Umupolisi ahembwa ate?, mu Rwanda ko abantu barimo guhunga baza Uganda biratetwa n’iki, njye nkavuga ko ntabizi ahubwo nkababwira ko abaturage b’u Rwanda bameze neza kandi n’abatishoboye bafashwa, ubwo ni ko nabaga nkubitwa, iyo uvuze ibyo bashaka ntacyo bagutwara.”

Hari abanyarwanda bakoresha Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda

Muhawenimana yatangaje ko abamukubitaga ari abasirikare bavugaga Ikinyarwanda neza cyane.

Ati “Buri munsi barantwaraga bakambaza bakangaruza muri gereza, bambaza byinshi bijyanye n’u Rwanda nkababwira ko ntabizi, wabonaga ko bafite byinshi bazi ku Rwanda. Igituma nemera ko hari abarwanya u Rwanda bari hariya ni uko hariyo abanyarwanda kandi ubona ko aribo bakoresha CMI, no gutotezwa kw’abantu bavuye mu Rwanda abo nibo babigiramo uruhare, ni abanyarwanda.”

Bamaze amezi abiri bafunzwe umutwe, amaboko n’amaguru

Mu buhamya bwe, Muhawenimana yavuze ko inzego z’Ubutasi za Uganda zamubwiraga ko ari intasi yaje gutata igihugu cyabo, mu mezi abiri yamaze apfutswe umutwe, n’amapingu ku maboko n’amaguru.

Yagize ati “Ntabwo twemerwaga kureba, ntitwamenyaga udukubise kugira ngo turye twazamuraga ikigofero tukageza hejuru y’umunwa, njye nakubiswe inkoni ariko hari abakubitishijwe amashanyarazi, muri make hari abanyarwanda benshi muri gereza za Uganda kandi barakubitwa umunsi ku munsi.”

Uko yarekuwe

Nyuma yaje kurekurwa kubera abantu bakomeje kugenda bamukurikirana aho yari afungiye, ariko inzego z’umutekano zimutegeka kujya yitaba kandi ntarenge Umujyi wa Kampala.

Yavuze ko nyuma yaje kubwirwa n’inshuti ze ko nasubirayo ashobora kuzicwa, ari nabwo yaje kujya kuri Ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu imufasha kugera ku mupaka wa Kagitumba, agezwa mu Rwanda.

Umubyeyi wa Muhawenimana yavuze ko ubwo yageragezaga gushaka abana be, hari abagiye bamushuka muri Kampala ko bazamufasha kugira ngo abo ashaka bagezwe imbere y’ubutabera nyamara bagamije kumurya ibye.

Yavuze ko yatanze amafaranga arenga ibihumbi 800 ariko biba iby’ubusa kuko ntacyo byatanze. Uyu muryango uvuye muri Uganda uwo bagiye gushaka ataraboneka.

Aba banyarwanda bariyongera ku bandi bakomeje kugarurwa mu Rwanda bahonotse iyicarubozo n’ihohoterwa bakorerwaga muri gereza za Uganda. Hari kandi n’abatawe muri yombi kugeza n’uyu munsi baburiwe irengero.

2019-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Abarimu bategetswe gutanga umushahara wose w’ukwezi mu kigega cy’amatora yo muri 2020

Burundi: Abarimu bategetswe gutanga umushahara wose w’ukwezi mu kigega cy’amatora yo muri 2020

Ubwanditsi 28 Nov 2017
Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?

Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?

Ubwanditsi 21 Mar 2023
Umunya-Uganda yarashwe ashaka kwinjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda

Umunya-Uganda yarashwe ashaka kwinjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Jan 2020
“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro

“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro

Ubwanditsi 06 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano
IMIKINO

U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Polisi y’u Rwanda yagaruje mudasobwa zirenga 600 zari zarabuze
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yagaruje mudasobwa zirenga 600 zari zarabuze

Ubwanditsi 23 Oct 2016
Hamaganwe ikiganiro cy’abapfobya Jenoside giteganyijwe mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi
INKURU NYAMUKURU

Hamaganwe ikiganiro cy’abapfobya Jenoside giteganyijwe mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi

Ubwanditsi 11 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru