• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Ubwanditsi 23 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ikibazo cy’Abanyarwanda bafatirwa muri Uganda, bagafungwa, bagakorerwa iyicarubozo abandi bakaburirwa irengero, gikomeje gufata indi ntera, aho ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi byose usanga bikorwa n’inzego z’umutekano cyane cyane urw’iperereza (CMI).

Muhawenimana Damascène utuye mu Murenge wa Macuba, Akarere ka Nyamasheke, ni umwe muri abo banyarwanda wari umaze amezi abiri afunzwe amapingu ku maguru no ku maboko, anapfutse ku mutwe n’inzego z’iperereza mu Mujyi wa Kampala.

Avuga ko iyicarubozo yakorerwaga kubera ko ari umunyarwanda, yarikorewe n’abantu bavuga Ikinyarwanda, akeka ko ari abanyarwanda barwanya u Rwanda bakorana n’Urwego rw’ubutasi rwa Uganda (CMI), mu guhohotera abo bita ‘Intasi za Kagame’

Uko Muhawenimana yagiye muri Uganda

Tariki 15 Ukuboza 2018 nibwo Muhaweninama na Na Nyina witwa Marigarita Mukanyarwaya, bagiye mu Mujyi wa Kampala, gushaka murumuna we witwa Kwizera Bernard, wabagayo acuruza, ariko hakaba hari hashize ukwezi atakiboneka mu murongo we wa telefoni.

Muhawenimana wagaruwe mu Rwanda, yavuze ko bageze mu Mujyi wa Kampala bagiye kumushaka aho yabaga ariko basanga adahari, abaturanyi be nibo bababwiye ko yafunzwe ariko batazi aho afungiye.

Mu buhamya bwe, Muhawenimana w’imyaka 37 yagize ati “Twakomeje gushakisha nyuma nibwo baje kutubwira ko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kajjansi ariko tuhageze Polisi itubwira ko adahari.”

Nyuma yasubiye kuri ya sitasiyo ya polisi agezeyo abapolisi yahasanze bamwemerera ko murumuna we ahari ariko adashobora kuvugana na we umuyobozi wa polisi adahari, bamubwira gusubirayo saa kumi n’imwe ari nabwo yafashwe we na mugenzi we.

Ati “Tuhamaze iminota 20 nibwo numvise imodoka iparitse inyuma yanjye, mpindukiye bankubita ikigofero mu mutwe, ubwo njye na mugenzi wanjye badushyizeho amapingu ku maguru n’amaboko, badupfuka n’umutwe bajya kudufungira kuri Polisi ya Lubowa, twahamaze iminsi itatu tukimeze kwa kundi.”

Yavuze ko inzego za Polisi zaje kumenya ko nyina yaje kuhamureba, zihita zibacikisha zibajyana kubafungira ku rwego rw’Ubutasi rwa Uganda (CMI) n’ubundi muri Kampala.

Bakorewe iyicarubozo na CMI babazwa iby’ubutegetsi mu Rwanda

Muhawenimana ufite abana batanu yasize i Nyamasheke, yavuze ko bafunzwe nabi barakubitwa, babazwa ibijyanye na leta y’u Rwanda.

Yagize ati “Barambazaga ngo umusirikare w’u Rwanda ahembwa gute? Umupolisi ahembwa ate?, mu Rwanda ko abantu barimo guhunga baza Uganda biratetwa n’iki, njye nkavuga ko ntabizi ahubwo nkababwira ko abaturage b’u Rwanda bameze neza kandi n’abatishoboye bafashwa, ubwo ni ko nabaga nkubitwa, iyo uvuze ibyo bashaka ntacyo bagutwara.”

Hari abanyarwanda bakoresha Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda

Muhawenimana yatangaje ko abamukubitaga ari abasirikare bavugaga Ikinyarwanda neza cyane.

Ati “Buri munsi barantwaraga bakambaza bakangaruza muri gereza, bambaza byinshi bijyanye n’u Rwanda nkababwira ko ntabizi, wabonaga ko bafite byinshi bazi ku Rwanda. Igituma nemera ko hari abarwanya u Rwanda bari hariya ni uko hariyo abanyarwanda kandi ubona ko aribo bakoresha CMI, no gutotezwa kw’abantu bavuye mu Rwanda abo nibo babigiramo uruhare, ni abanyarwanda.”

Bamaze amezi abiri bafunzwe umutwe, amaboko n’amaguru

Mu buhamya bwe, Muhawenimana yavuze ko inzego z’Ubutasi za Uganda zamubwiraga ko ari intasi yaje gutata igihugu cyabo, mu mezi abiri yamaze apfutswe umutwe, n’amapingu ku maboko n’amaguru.

Yagize ati “Ntabwo twemerwaga kureba, ntitwamenyaga udukubise kugira ngo turye twazamuraga ikigofero tukageza hejuru y’umunwa, njye nakubiswe inkoni ariko hari abakubitishijwe amashanyarazi, muri make hari abanyarwanda benshi muri gereza za Uganda kandi barakubitwa umunsi ku munsi.”

Uko yarekuwe

Nyuma yaje kurekurwa kubera abantu bakomeje kugenda bamukurikirana aho yari afungiye, ariko inzego z’umutekano zimutegeka kujya yitaba kandi ntarenge Umujyi wa Kampala.

Yavuze ko nyuma yaje kubwirwa n’inshuti ze ko nasubirayo ashobora kuzicwa, ari nabwo yaje kujya kuri Ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu imufasha kugera ku mupaka wa Kagitumba, agezwa mu Rwanda.

Umubyeyi wa Muhawenimana yavuze ko ubwo yageragezaga gushaka abana be, hari abagiye bamushuka muri Kampala ko bazamufasha kugira ngo abo ashaka bagezwe imbere y’ubutabera nyamara bagamije kumurya ibye.

Yavuze ko yatanze amafaranga arenga ibihumbi 800 ariko biba iby’ubusa kuko ntacyo byatanze. Uyu muryango uvuye muri Uganda uwo bagiye gushaka ataraboneka.

Aba banyarwanda bariyongera ku bandi bakomeje kugarurwa mu Rwanda bahonotse iyicarubozo n’ihohoterwa bakorerwaga muri gereza za Uganda. Hari kandi n’abatawe muri yombi kugeza n’uyu munsi baburiwe irengero.

2019-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Afurika y’Epfo : Abanyarwanda  bakiranye urugwiro Perezida Kagame, RNC  [ Ibigarasha ] bikwira imishwaro

Afurika y’Epfo : Abanyarwanda bakiranye urugwiro Perezida Kagame, RNC [ Ibigarasha ] bikwira imishwaro

Ubwanditsi 27 Jul 2018
Ni iki cyihishe inyuma yo kureka ubujurire kuri Kizito Mihigo na Dukuzumuremyi J.Paul

Ni iki cyihishe inyuma yo kureka ubujurire kuri Kizito Mihigo na Dukuzumuremyi J.Paul

Ubwanditsi 10 Sep 2018
Mu mvugo y’abajenosideri, ishyaka CNDD-FDD risanga kuvuga Jenoside yakorewe Abatutsi ari”ukwiriza”!

Mu mvugo y’abajenosideri, ishyaka CNDD-FDD risanga kuvuga Jenoside yakorewe Abatutsi ari”ukwiriza”!

Ubwanditsi 06 Jan 2025
Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Ubwanditsi 20 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Rugema yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Rugema yatawe muri yombi

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Kayumba Nyamwasa akomeje guhiga bukware abanyamuryango ba RNC b’inshuti za Ben Rutabana bari muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa akomeje guhiga bukware abanyamuryango ba RNC b’inshuti za Ben Rutabana bari muri Uganda

Ubwanditsi 29 Mar 2020
Burundi:  Ibikorwa bya  Kinyamanswa bikorwa n’” Imbonerakure “ mugihe Nkurunziza azigereranya n’Imana ye
Mu Mahanga

Burundi: Ibikorwa bya  Kinyamanswa bikorwa n’” Imbonerakure “ mugihe Nkurunziza azigereranya n’Imana ye

Ubwanditsi 25 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru