• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Afurika y’Epfo : Abanyarwanda bakiranye urugwiro Perezida Kagame, RNC [ Ibigarasha ] bikwira imishwaro

Afurika y’Epfo : Abanyarwanda bakiranye urugwiro Perezida Kagame, RNC [ Ibigarasha ] bikwira imishwaro

Ubwanditsi 27 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abanyarwanda batuye muri Afurika y’Epfo bagaragaje ibyishimo bidasanzwe batewe n’uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame muri icyo gihugu, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka ’BRICS’.

BRICS ni umuryango washinzwe mu 2009 ukaba ari impine y’amazina y’ibihugu bitanu biri kwihuta mu bukungu ukurikije uko byandikwa mu Cyongereza, aribyo Brazil, u Burusiya, u Buhinde, u Bushinwa na Afurika y’Epfo, binatuwe na 40% by’abaturage bose b’Isi.

Ku wa 26 Nyakanga 2018 nibwo Perezida Kagame yageze mu mujyi wa Johannesburg ahari kubera iyi nama yatangiye ku wa Gatatu.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Vincent Karega, yavuze  ko Abanyarwanda batuye muri iki gihugu bakoze urugendo rwerekeza hafi y’inyubako ya Sandton International Convention Centre mu Mujyi wa Johannesburg irimo kuberamo inama ya BRICS, mu rwego rwo guha ikaze Umukuru w’Igihugu cyabo.

Aba Banyarwanda bari bambaye imyambaro ndetse bafite n’ibyapa byanditseho amagambo agaragaza urukundo bafitiye Perezida Kagame kandi batewe ishema no kuba bakomoka mu Rwanda.

Twamenye ko RNC, Ibigarasha byashatse kwigaragambya  kure cyane yaho iyi nama yaberaga,  Police ibiburizamo bakwira  imishwaro , ariko ngo bari bake cyane.

Kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame uyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), yatanze ikiganiro cyagarutse ku nyungu Afurika ishobora gukura mu bufatanye na BRICS, avuga ko bifuza kandi biteguye gukorana n’uyu muryango hibandwa ku byiciro by’ingenzi bigize gahunda ya 2063 birimo iterambere ry’inganda, ibikorwaremezo ndetse n’umutekano n’amahoro.

Iyi nama yitabiriwe n’abandi bakuru b’ibihugu barimo Vladimir Putin w’u Burusiya, hamwe na Xi Jinping w’u Bushinwa na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, bo bagezeyo bavuye mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda.

Abitabiriye uru rugendo bari bambaye imipira igaragaza urukundo bafitiye u Rwanda n’umuyobozi warwo

 

Bari bakereye kwereka Perezida Kagame ko bamuri inyuma

 

 

Abanyarwanda batuye muri Afurika y’Epfo bishimiye uruzinduko Perezida Kagame yagiriye muri icyo gihugu

 

Bakoze urugendo rwerekeza ku nyubako ya ya Sandton International Convention Centre mu mujyi wa Johannesburg iri kuberamo inama ya BRICS

 

Bari bambaye imipira, banitwaje ibyapa byanditseho amagambo agaragaza ko bishimiye kugira Kagame nka Perezida wabo

 

2018-07-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Ubwanditsi 08 Apr 2021
Inkoramutima za Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni zikomeje kuvugwa mu buriganya na ruswa biteye ubwoba, abaturage bicira isazi mu jisho

Inkoramutima za Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni zikomeje kuvugwa mu buriganya na ruswa biteye ubwoba, abaturage bicira isazi mu jisho

Ubwanditsi 09 Mar 2021
Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Ubwanditsi 09 Feb 2021
Uko Sulah Wakabiligi Nuwamanya yabaye igikoresho cya  RNC/CMI asiga u Rwanda icyasha nyamara rwita ku muryango we yataye

Uko Sulah Wakabiligi Nuwamanya yabaye igikoresho cya  RNC/CMI asiga u Rwanda icyasha nyamara rwita ku muryango we yataye

Ubwanditsi 27 Sep 2019

2 Ibitekerezo

  1. Shimon
    July 27, 20186:54 pm -

    Ye? Koko? mbega weee, ego ko!!
    Hahahahahahahaah

    Subiza
    • Bandora Charles
      July 30, 201811:16 am -

      Uyo musaza twahaga icyubahiro, ubu niwe yabaye haduyi y, urwanda? ndumva ibye bigiye kugera iwandabaga, ubungubu koko arumva azabasha abanyarwanda aribo bamurwaniye, ngo nuko afite umufaransa, umuzungu abonye bikomeye akuramake akarenge.yananiwe nico yamarira abaganda none aje na nkurunziza kudushora muntambara, nubwo ndigukura, mukamenya neza aho abatera baje, Muzehe HE PK azavuze vuvuzera gusa, turi tayari kubarwanya ni kubaherekeza kubageza aho baje bava, ndumva yaba ari namahirwe niba ariburundi, mbese bukaba indi y ‘ urwanda, abashenzi, murareba n’ ubusembwa!!!!!!!!!!!

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye
Mu Rwanda

Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere
Amakuru

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

RUSHYASHYA 03 Mar 2026
Umuhanzi  Ragga Dee  nyuma yo kwamamaza Museveni agatorwa nawe yamwituye kumugira Ambasaderi mu gihugu cy’Uburundi
IMIKINO

Umuhanzi Ragga Dee nyuma yo kwamamaza Museveni agatorwa nawe yamwituye kumugira Ambasaderi mu gihugu cy’Uburundi

Ubwanditsi 09 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru