• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Afurika y’Epfo : Abanyarwanda bakiranye urugwiro Perezida Kagame, RNC [ Ibigarasha ] bikwira imishwaro

Afurika y’Epfo : Abanyarwanda bakiranye urugwiro Perezida Kagame, RNC [ Ibigarasha ] bikwira imishwaro

Ubwanditsi 27 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abanyarwanda batuye muri Afurika y’Epfo bagaragaje ibyishimo bidasanzwe batewe n’uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame muri icyo gihugu, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka ’BRICS’.

BRICS ni umuryango washinzwe mu 2009 ukaba ari impine y’amazina y’ibihugu bitanu biri kwihuta mu bukungu ukurikije uko byandikwa mu Cyongereza, aribyo Brazil, u Burusiya, u Buhinde, u Bushinwa na Afurika y’Epfo, binatuwe na 40% by’abaturage bose b’Isi.

Ku wa 26 Nyakanga 2018 nibwo Perezida Kagame yageze mu mujyi wa Johannesburg ahari kubera iyi nama yatangiye ku wa Gatatu.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Vincent Karega, yavuze  ko Abanyarwanda batuye muri iki gihugu bakoze urugendo rwerekeza hafi y’inyubako ya Sandton International Convention Centre mu Mujyi wa Johannesburg irimo kuberamo inama ya BRICS, mu rwego rwo guha ikaze Umukuru w’Igihugu cyabo.

Aba Banyarwanda bari bambaye imyambaro ndetse bafite n’ibyapa byanditseho amagambo agaragaza urukundo bafitiye Perezida Kagame kandi batewe ishema no kuba bakomoka mu Rwanda.

Twamenye ko RNC, Ibigarasha byashatse kwigaragambya  kure cyane yaho iyi nama yaberaga,  Police ibiburizamo bakwira  imishwaro , ariko ngo bari bake cyane.

Kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame uyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), yatanze ikiganiro cyagarutse ku nyungu Afurika ishobora gukura mu bufatanye na BRICS, avuga ko bifuza kandi biteguye gukorana n’uyu muryango hibandwa ku byiciro by’ingenzi bigize gahunda ya 2063 birimo iterambere ry’inganda, ibikorwaremezo ndetse n’umutekano n’amahoro.

Iyi nama yitabiriwe n’abandi bakuru b’ibihugu barimo Vladimir Putin w’u Burusiya, hamwe na Xi Jinping w’u Bushinwa na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, bo bagezeyo bavuye mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda.

Abitabiriye uru rugendo bari bambaye imipira igaragaza urukundo bafitiye u Rwanda n’umuyobozi warwo

 

Bari bakereye kwereka Perezida Kagame ko bamuri inyuma

 

 

Abanyarwanda batuye muri Afurika y’Epfo bishimiye uruzinduko Perezida Kagame yagiriye muri icyo gihugu

 

Bakoze urugendo rwerekeza ku nyubako ya ya Sandton International Convention Centre mu mujyi wa Johannesburg iri kuberamo inama ya BRICS

 

Bari bambaye imipira, banitwaje ibyapa byanditseho amagambo agaragaza ko bishimiye kugira Kagame nka Perezida wabo

 

2018-07-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 27 May 2022
FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

Ubwanditsi 24 Jan 2025
Imishinga itatu ya baringa ikiryabarezi Thomas Nahimana n’agatsiko ke bashaka gukoresha muri gahunda yabo ya mpemuke ndamuke

Imishinga itatu ya baringa ikiryabarezi Thomas Nahimana n’agatsiko ke bashaka gukoresha muri gahunda yabo ya mpemuke ndamuke

Ubwanditsi 25 Mar 2022
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

Ubwanditsi 14 Mar 2025

2 Ibitekerezo

  1. Shimon
    July 27, 20186:54 pm -

    Ye? Koko? mbega weee, ego ko!!
    Hahahahahahahaah

    Subiza
    • Bandora Charles
      July 30, 201811:16 am -

      Uyo musaza twahaga icyubahiro, ubu niwe yabaye haduyi y, urwanda? ndumva ibye bigiye kugera iwandabaga, ubungubu koko arumva azabasha abanyarwanda aribo bamurwaniye, ngo nuko afite umufaransa, umuzungu abonye bikomeye akuramake akarenge.yananiwe nico yamarira abaganda none aje na nkurunziza kudushora muntambara, nubwo ndigukura, mukamenya neza aho abatera baje, Muzehe HE PK azavuze vuvuzera gusa, turi tayari kubarwanya ni kubaherekeza kubageza aho baje bava, ndumva yaba ari namahirwe niba ariburundi, mbese bukaba indi y ‘ urwanda, abashenzi, murareba n’ ubusembwa!!!!!!!!!!!

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikanzu ya Meghan yaguzwe miliyoni zirenga 230! Indabo zo mu Rwanda ku gatimba ke…
HIRYA NO HINO

Ikanzu ya Meghan yaguzwe miliyoni zirenga 230! Indabo zo mu Rwanda ku gatimba ke…

Ubwanditsi 20 May 2018
Icyo Perezida Kagame avuga kuri Padiri Nahimana
Mu Mahanga

Icyo Perezida Kagame avuga kuri Padiri Nahimana

Ubwanditsi 13 Dec 2016
Gasogi United yatewe mpaga na Rayon  inacibwa miliyoni 2 z’Amafaranga y’u Rwanda nk’amande
Amakuru

Gasogi United yatewe mpaga na Rayon inacibwa miliyoni 2 z’Amafaranga y’u Rwanda nk’amande

RUSHYASHYA 22 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru