• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Ubwanditsi 03 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Umunsi w’ejo wabereye mubi abiyita ingabo za Muhoozi (Muhoozi Army) zigizwe n’abantu batandukanye mu gihugu cya Uganda bashinzwe kwamamaza umuhungu wa Perezida Museveni ariwe Muhoozi Kainerugaba bategura abagande ko azaba Perezida wa Uganda mu kizwi nka Muhoozi Project.

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti zigera kuri 418 mu gihugu cya Uganda kubera ibikorwa by’ubufatanye bwo gutaaka Perezida Museveni ndetse no kwamamaza umuhungu we Muhoozi Kainerugaba.

Izi konti kandi ntabwo ari ukwamamaza Muhoozi gusa, kuko izi konti zikoreshwa mu kwibasira Perezida Kagame n’Abanyarwanda muri rusange kandi ugasanga zishyigikira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Iyi nkuru y’inshamugongo yakiriwe nabi mu biro bya Perezida Museveni ubwo abashinzwe itangazamakuru mu biro bye bagaragaje ko umushinga wabo utakigezweho.

Perezida Museveni bakunze kwita Bosiko, ntabwo akunzwe na gato mu gihugu cya Uganda, cyane cyane muri Kampala iri mu bwami bwa Buganda.

Urubyiruko rwenshi muri Uganda ruri inyuma ya Bobi Wine dore ko yanamwibye mu matora. Mu rwego rwo kugarura isura ya Museveni, bashoye akayabo k’amafaranga bagura ibitangazamakuru bitandukanye harimo Chimp Reports ya Giles Muhame, Soft Power ya Sarah Kagingo uyu akaba ariwe muhuzabikorwa wuyu mushinga unahabwa amafaranga.

Sarah Kagingo yashoye mu rubyiruko rutandukanye aho bahabwa amafaranga bakurikije uko bakoze mu kwamamaza Muhoozi na Museveni. Muri konti ibihumbi bishyigikira Museveni, Twitter yasibye izisaga 418. Izi konti kandi nizo usanga zishinjwe kwangisha Abagande bagenzi babo b’Abanyarwanda no kubeshya ku ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda.

Izi konti zafunzwe zikwirakwiza ko umubano hagati y’u Rwanda na Uganda wajemo agatotsi nyuma yaho umupaka wa Gatuna ufungiwe. Ariko ntibavuga impamvu wafunzwe nyuma y’uko Abanyarwanda amagana n’amagana bafashwe bagafungirwa ahantu hatazwi bamwe bakicwa abandi bagakorerwa ihohoterwa.

Iri tsinda ryiyita ko ari ingabo zo kuri Internet, zaje zigamije kugarura isura y’ubutegetsi bwa Perezida Museveni kubera kwica abo batavuga rumwe.

Ikindi ni uko abayobozi muri Uganda batandukanye bashatse kutishimira umushinga wo Kugira Muhoozi Perezida (Muhoozi Project) bagiye bigizwayo abanda baricwa. Urugero ni nka Maj Gen Aronda Nyakairima n’abandi benshi.

2021-12-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Perezida Kaguta Museveni yahawe inkwenene ubwo yatangazaga ko agiye kubaka umuhanda uhuza Uganda n’uBurundi unyuze muri Tanzaniya!

Perezida Kaguta Museveni yahawe inkwenene ubwo yatangazaga ko agiye kubaka umuhanda uhuza Uganda n’uBurundi unyuze muri Tanzaniya!

Ubwanditsi 20 May 2021
Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Ubwanditsi 19 Dec 2016
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

Ubwanditsi 06 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yatangiye umwiherero utegura imikino ibiri bazahuramo na Benin yo gushaka itike ya CAN2023
Amakuru

Amavubi yatangiye umwiherero utegura imikino ibiri bazahuramo na Benin yo gushaka itike ya CAN2023

Ubwanditsi 13 Mar 2023
Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda
Mu Rwanda

Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Kimironko:Udafite Umwuka Wera nta rukundo agira-Col Ndakebuka
Mu Rwanda

Kimironko:Udafite Umwuka Wera nta rukundo agira-Col Ndakebuka

Ubwanditsi 27 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru