• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Bisi zizibagiza Agahinda n’ Imikorere mibi ya ONATRACOM ziratangira kujya mu byaro

Bisi zizibagiza Agahinda n’ Imikorere mibi ya ONATRACOM ziratangira kujya mu byaro

Ubwanditsi 06 Feb 2017 Mu Mahanga

Guhera kuri uyu wa Kabiri bisi 20 nshya zasimbuye izahoze ari iza ONATRACOM ziratangira kwerekeza mu bice by’icyaro aho leta ivuga ko iri zina rigiye kwibagirana kandi rikwiriye kujyana n’imikorere mibi.

Izi bisi ni iz’ikompanyi yitwa RITCO Ltd (Rwanda Interlink Transport Company Limited) yasimbuye ikigo cya ONATRACOM cyafunzwe mu mwaka ushize kubera ibibazo cyagize by’imicungire y’imitungo zikaba zaratumijwe ari 165 zizagera i Kigali mu byiciro.

Icyiciro cya mbere kigizwe na bisi 50 zarakozwe aho 20 zashyikirijwe u Rwanda naho 30 zikaba zikiri mu nzira aho zitezwe gushyika mu Rwanda bidatinze.

Ubwo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gahyantare 2017 batangiza ibikorwa by’iyi kompanyi, Umuyobozi w’inama y’ubuyobozi ya Ritco, Muhizi Robert avuga ko bateganya gushora miliyari 11 z’amafaranga y’u Rwanda ngo bakemure ikibazo cy’ubwikorezi kimaze igihe cyarananiranye mu bice by’icyaro.

Yagize ati “Serivisi z’ubwikorezi zifite uruhare runini mu iterambere ry’igihugu kandi turabona Ritco ifite ubushobozi kuko ubushake bw’abanyamigabane muri iyi gahunda buduha icyizere ko noneho Ritco yaje gukora yunguka.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo, Dr, Nzahabwanimana Alexis avuga ko leta yamaze igihe kinini mu bibazo n’ibisubizo bitashobokaga kubera ONATRACOM yari itagishobora no kwihaza ubwayo kubera imikorere n’imyumvire avuga ko itari ikwiye kuranga buri wese ukorera leta.

Yagize ati “Dukora iyi gahunda twatekereje guhindura imitekerereze n’imiyoberere y’uru rwego. Hano habaga ikibazo cyo kuvuga ngo ibi ni ibya leta ugasanga imodoka igize ikibazo bagakuramo icyuma bakagishyira mu yindi zikagenda zigabanuka gutyo kugeza zibaye nke.”

-5665.jpg

Akomeza avuga ko izi bisi nshya zitezweho gukora zunguka ngo zibyare izindi bityo asaba akozi kugira ubunyamwuga mu kazi kandi bakazifata nk’izabo, anongeraho ko ashima cyane iki kigo kuko mu meza 7 kimaze gikora cyafashe neza ibikoresho cyasanze mu cyahoze ari ONATRACOM.

Ritco yasanze hari bisi 22 zigikora n’izindi 30 zo mu bwoko bwa coaster ari yakoreshaga kandi ngo zayifashije kwishyura imisoro ndetse inizigamira 20%.

Ubugenzuzi bwakozwe n’ikigo Ernest & Young mu 2012 bwagaragaje ko ONATRACOM itujuje inshingano zayo mu gutanga serivisi ku baturage no kwinjiza amafaranga, kubera ko ngo hari ikibazo mu miyoborere, ari byo byatumye hashingwa RITCO Ltd.

2017-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika incuro ebyiri, ikipe y’igihugu ya Senegal yegukanye igikombe

Nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika incuro ebyiri, ikipe y’igihugu ya Senegal yegukanye igikombe

Ubwanditsi 07 Feb 2022
Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer  Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 28 Jul 2024
Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka

Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka

Ubwanditsi 25 Dec 2016
Uburengerazuba: Ibinyabiziga bigiye gusuzumwa imiterere yabyo hifashishiwe imodoka ya Polisi y’u Rwanda

Uburengerazuba: Ibinyabiziga bigiye gusuzumwa imiterere yabyo hifashishiwe imodoka ya Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 11 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko umushinga w’itegeko wamaganywe cyane n’Abanyamakuru Abadepite bawanze
INKURU NYAMUKURU

Uko umushinga w’itegeko wamaganywe cyane n’Abanyamakuru Abadepite bawanze

Ubwanditsi 29 Dec 2017
BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi
UBUKUNGU

BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Umurambo w’Umunyarwandakazi watowe mu mugezi muri Canada washyinguwe
Amakuru

Umurambo w’Umunyarwandakazi watowe mu mugezi muri Canada washyinguwe

Ubwanditsi 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru