• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Bisi zizibagiza Agahinda n’ Imikorere mibi ya ONATRACOM ziratangira kujya mu byaro

Bisi zizibagiza Agahinda n’ Imikorere mibi ya ONATRACOM ziratangira kujya mu byaro

Ubwanditsi 06 Feb 2017 Mu Mahanga

Guhera kuri uyu wa Kabiri bisi 20 nshya zasimbuye izahoze ari iza ONATRACOM ziratangira kwerekeza mu bice by’icyaro aho leta ivuga ko iri zina rigiye kwibagirana kandi rikwiriye kujyana n’imikorere mibi.

Izi bisi ni iz’ikompanyi yitwa RITCO Ltd (Rwanda Interlink Transport Company Limited) yasimbuye ikigo cya ONATRACOM cyafunzwe mu mwaka ushize kubera ibibazo cyagize by’imicungire y’imitungo zikaba zaratumijwe ari 165 zizagera i Kigali mu byiciro.

Icyiciro cya mbere kigizwe na bisi 50 zarakozwe aho 20 zashyikirijwe u Rwanda naho 30 zikaba zikiri mu nzira aho zitezwe gushyika mu Rwanda bidatinze.

Ubwo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gahyantare 2017 batangiza ibikorwa by’iyi kompanyi, Umuyobozi w’inama y’ubuyobozi ya Ritco, Muhizi Robert avuga ko bateganya gushora miliyari 11 z’amafaranga y’u Rwanda ngo bakemure ikibazo cy’ubwikorezi kimaze igihe cyarananiranye mu bice by’icyaro.

Yagize ati “Serivisi z’ubwikorezi zifite uruhare runini mu iterambere ry’igihugu kandi turabona Ritco ifite ubushobozi kuko ubushake bw’abanyamigabane muri iyi gahunda buduha icyizere ko noneho Ritco yaje gukora yunguka.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo, Dr, Nzahabwanimana Alexis avuga ko leta yamaze igihe kinini mu bibazo n’ibisubizo bitashobokaga kubera ONATRACOM yari itagishobora no kwihaza ubwayo kubera imikorere n’imyumvire avuga ko itari ikwiye kuranga buri wese ukorera leta.

Yagize ati “Dukora iyi gahunda twatekereje guhindura imitekerereze n’imiyoberere y’uru rwego. Hano habaga ikibazo cyo kuvuga ngo ibi ni ibya leta ugasanga imodoka igize ikibazo bagakuramo icyuma bakagishyira mu yindi zikagenda zigabanuka gutyo kugeza zibaye nke.”

-5665.jpg

Akomeza avuga ko izi bisi nshya zitezweho gukora zunguka ngo zibyare izindi bityo asaba akozi kugira ubunyamwuga mu kazi kandi bakazifata nk’izabo, anongeraho ko ashima cyane iki kigo kuko mu meza 7 kimaze gikora cyafashe neza ibikoresho cyasanze mu cyahoze ari ONATRACOM.

Ritco yasanze hari bisi 22 zigikora n’izindi 30 zo mu bwoko bwa coaster ari yakoreshaga kandi ngo zayifashije kwishyura imisoro ndetse inizigamira 20%.

Ubugenzuzi bwakozwe n’ikigo Ernest & Young mu 2012 bwagaragaje ko ONATRACOM itujuje inshingano zayo mu gutanga serivisi ku baturage no kwinjiza amafaranga, kubera ko ngo hari ikibazo mu miyoborere, ari byo byatumye hashingwa RITCO Ltd.

2017-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari

U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari

Ubwanditsi 30 Jun 2025
Ikipe ya Tottenham yirukanye umutoza wayo Jose Mourihno wari umaze amezi 17 mu mirimo

Ikipe ya Tottenham yirukanye umutoza wayo Jose Mourihno wari umaze amezi 17 mu mirimo

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Ubwanditsi 22 Aug 2023
How RPF Soldiers Rescued 2000 Tutsi at Saint Paul Centre

How RPF Soldiers Rescued 2000 Tutsi at Saint Paul Centre

Ubwanditsi 21 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusirirake w’umurundi wafatiwe mu Rwanda yasubijwe u Burundi
ITOHOZA

Umusirirake w’umurundi wafatiwe mu Rwanda yasubijwe u Burundi

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Umugabo afungiwe gukwirakwiza amafaranga y’amiganano
Mu Mahanga

Umugabo afungiwe gukwirakwiza amafaranga y’amiganano

Ubwanditsi 29 Oct 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA/ NIYONSHUTI
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA/ NIYONSHUTI

Ubwanditsi 21 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru