• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Bisi zizibagiza Agahinda n’ Imikorere mibi ya ONATRACOM ziratangira kujya mu byaro

Bisi zizibagiza Agahinda n’ Imikorere mibi ya ONATRACOM ziratangira kujya mu byaro

Ubwanditsi 06 Feb 2017 Mu Mahanga

Guhera kuri uyu wa Kabiri bisi 20 nshya zasimbuye izahoze ari iza ONATRACOM ziratangira kwerekeza mu bice by’icyaro aho leta ivuga ko iri zina rigiye kwibagirana kandi rikwiriye kujyana n’imikorere mibi.

Izi bisi ni iz’ikompanyi yitwa RITCO Ltd (Rwanda Interlink Transport Company Limited) yasimbuye ikigo cya ONATRACOM cyafunzwe mu mwaka ushize kubera ibibazo cyagize by’imicungire y’imitungo zikaba zaratumijwe ari 165 zizagera i Kigali mu byiciro.

Icyiciro cya mbere kigizwe na bisi 50 zarakozwe aho 20 zashyikirijwe u Rwanda naho 30 zikaba zikiri mu nzira aho zitezwe gushyika mu Rwanda bidatinze.

Ubwo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gahyantare 2017 batangiza ibikorwa by’iyi kompanyi, Umuyobozi w’inama y’ubuyobozi ya Ritco, Muhizi Robert avuga ko bateganya gushora miliyari 11 z’amafaranga y’u Rwanda ngo bakemure ikibazo cy’ubwikorezi kimaze igihe cyarananiranye mu bice by’icyaro.

Yagize ati “Serivisi z’ubwikorezi zifite uruhare runini mu iterambere ry’igihugu kandi turabona Ritco ifite ubushobozi kuko ubushake bw’abanyamigabane muri iyi gahunda buduha icyizere ko noneho Ritco yaje gukora yunguka.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo, Dr, Nzahabwanimana Alexis avuga ko leta yamaze igihe kinini mu bibazo n’ibisubizo bitashobokaga kubera ONATRACOM yari itagishobora no kwihaza ubwayo kubera imikorere n’imyumvire avuga ko itari ikwiye kuranga buri wese ukorera leta.

Yagize ati “Dukora iyi gahunda twatekereje guhindura imitekerereze n’imiyoberere y’uru rwego. Hano habaga ikibazo cyo kuvuga ngo ibi ni ibya leta ugasanga imodoka igize ikibazo bagakuramo icyuma bakagishyira mu yindi zikagenda zigabanuka gutyo kugeza zibaye nke.”

-5665.jpg

Akomeza avuga ko izi bisi nshya zitezweho gukora zunguka ngo zibyare izindi bityo asaba akozi kugira ubunyamwuga mu kazi kandi bakazifata nk’izabo, anongeraho ko ashima cyane iki kigo kuko mu meza 7 kimaze gikora cyafashe neza ibikoresho cyasanze mu cyahoze ari ONATRACOM.

Ritco yasanze hari bisi 22 zigikora n’izindi 30 zo mu bwoko bwa coaster ari yakoreshaga kandi ngo zayifashije kwishyura imisoro ndetse inizigamira 20%.

Ubugenzuzi bwakozwe n’ikigo Ernest & Young mu 2012 bwagaragaje ko ONATRACOM itujuje inshingano zayo mu gutanga serivisi ku baturage no kwinjiza amafaranga, kubera ko ngo hari ikibazo mu miyoborere, ari byo byatumye hashingwa RITCO Ltd.

2017-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kamonyi: CPCs bakanguriwe gukomeza kwicungira umutekano

Kamonyi: CPCs bakanguriwe gukomeza kwicungira umutekano

Ubwanditsi 14 Mar 2016
Isange Mobile Clinic yasuye abaturage ba Rwamagana

Isange Mobile Clinic yasuye abaturage ba Rwamagana

Ubwanditsi 23 Mar 2016
Itorero Solution Center Celebration Church rikorera umurimo w’ivugabutumwa bwiza mu Rwanda, rikomeje imirimo yaryo.

Itorero Solution Center Celebration Church rikorera umurimo w’ivugabutumwa bwiza mu Rwanda, rikomeje imirimo yaryo.

Ubwanditsi 06 Aug 2016
Gen Kabarebe yihanganishije Malawi ku mpanuka yahitanye abagore babiri ba b’ofisiye b’icyo gihugu

Gen Kabarebe yihanganishije Malawi ku mpanuka yahitanye abagore babiri ba b’ofisiye b’icyo gihugu

Ubwanditsi 04 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”
Amakuru

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Ubwanditsi 01 Oct 2024
Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi
POLITIKI

Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Urban Boys irakomeza ari babiri cyangwa barahitamo kuyisenya burundu?
SHOWBIZ

Urban Boys irakomeza ari babiri cyangwa barahitamo kuyisenya burundu?

Ubwanditsi 09 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru