• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umugabo afungiwe gukwirakwiza amafaranga y’amiganano

Umugabo afungiwe gukwirakwiza amafaranga y’amiganano

Ubwanditsi 29 Oct 2016 Mu Mahanga

Umugabo ufite imyaka 30 y’amavuko witwa Ajey Manzi yafatiwe mu karere ka Bugesera akwirakwiza amafaranga y’u Rwanda y’amiganano.

Manzi wari umaze igihe ashakishwa kubera gukekwagaho gukora ibyo byaha yafatiwe mu kagari ka Nyabagendwa, ho mu murenge wa Ririma ku wa 27 Ukwakira.

Afatwa yasanganywe ibihumbi 141 by’amafaranga y’u Rwanda y’amiganano y’inoti z’ibihumbi bitanu n’iza bibiri, akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ririma mu gihe iperereza rikomeje.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi yavuze ko Manzi yihishe inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kuva ku wa 26 Ukwakira nyuma y’ifatwa ry’abagore batatu bafatanywe amafaranga y’amiganano bakavuga ko ari we wayabahaye.

Yagize ati:”Ku wa 26 Ukwakira, Polisi mu karere ka Bugesera yafashe abagore batatu bagura ibintu bitandukanye bakoresheje amafaranga y’amiganano. Umwe muri bo yafashwe agura ibicuruzwa mu iduka, naho undi yafatiwe mu kabari agura inzoga.”

IP Kayigi yakomeje agira ati:”Bamaze gufatwa bavuze ko bayahawe na Manzi. Kubera ko bari bamenye ko ashakishwa kubera ibyo byaha, ku munsi ukurikiyeho abaturage bakimubona (Manzi), bahise babimenyesha inzego z’ibanze, maze zifatanya na bo kumufata, hanyuma babimenyesha Polisi ibari hafi ya Ririma.”

Yabashimiye uruhare bagira mu kubungabunga umutekano, ariko na none abasaba kwirinda ibyaha aho biva bikagera.

IP Kayigi yagize kandi ati:”Abantu baragirwa inama yo gusuzuma amafaranga bahawe mbere y’uko uyabahaye agenda, kandi igihe batahuye ko ari amiganano bakabimenyesha Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego z’ubuyobozi kugira ngo afatwe.”

Yabasabye kandi gutanga amakuru y’abakora n’abakwirakwiza amafaranga y’amiganano ndetse n’abakoze ibindi byaha muri rusange.

RNP

2016-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Rwanda: Perezida Kagame yatangaje ko azongera kwiyamamariza manda ya gatatu

Mu Rwanda: Perezida Kagame yatangaje ko azongera kwiyamamariza manda ya gatatu

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Ubwoba ni bwose mu nkambi y’impunzi z’Abarundi ya Lusenda

Ubwoba ni bwose mu nkambi y’impunzi z’Abarundi ya Lusenda

Ubwanditsi 04 Dec 2018
ACP Mutezintare yasabye abamotari bo muri Musanze kugira uruhare mu gukumira ibyaha

ACP Mutezintare yasabye abamotari bo muri Musanze kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 29 Dec 2016
Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger

Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger

Ubwanditsi 28 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024
Amakuru

APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024

Ubwanditsi 26 Jan 2024
Abandi Banyarwanda bajugunwe Kagitumba nyuma yo gukoreshwa imirimo ivunanye
Mu Mahanga

Abandi Banyarwanda bajugunwe Kagitumba nyuma yo gukoreshwa imirimo ivunanye

Ubwanditsi 14 Feb 2019
Ishyamba si ryeru muri New RNC : Bamwe mu baherutse gutorwa  bitandukanyije n’iri shyaka
ITOHOZA

Ishyamba si ryeru muri New RNC : Bamwe mu baherutse gutorwa bitandukanyije n’iri shyaka

Ubwanditsi 17 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru