• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Ubwanditsi 31 Mar 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu kiganiro yagiranye n’ibitangazamakuru Le Monde, RFI na Wallstreet Journal, tariki 29 Werurwe 2024, Perezida wa Kongo-Kinshasa, Félix Tshisekedi yatangaje ko ababazwa n’uburyo Umuryango Mpuzamahanga ukomeje guha icyubahiro gikomeye Perezida Paul Kagame, ngo ukaba udaha agaciro ibirego bye bishinja u Rwanda gushyigikira umutwe wa M23.

Aya magambo yo gucika intege aragaragaza ko Tshisekedi, nawe ubwe amaze kubona ko kurega u Rwanda ibinyoma ari ugucurangira abahetsi, akaba rero akwiye guhindira umuvuno kuko uyu wo wanze gufata.

Abasomye ibisubizo Tshisekedi yahaye ibyo bitangazamakuru batangajwe n’ubuswa burimo. Urugero ni nk’aho avuga ko ashyigikiye “Wazalendo”, ariko akaniyemerera ko ibyo uwo mutwe ukora ari amahano, ngo bikaba binyuranye n’ibyo wari witezweho byo “kurengera igihugu”.

Perezida Tshisekedi yemeye ku mugaragaro ko nta hame na rimwe rya kimuntu “Wazalendo” bubaha, cyane ko ngo ari ibyihebe bitagira uwo byumvira, nawe ubwe arimo.

Nk’izindi ngoma zose zijya guhirima, ubutegetsi bwa Kinshasa nabwo ntibuzi gutandukanya umwanzi n’umukunzi.

Muri icyo kiganiro Perezida Tshisekedi yongeye kwikoma bamwe mu bari mu butegetsi bwe, cyane cyane mu gisirikari, ashimangira ko “Abanyekongo bavuga ikinyarwanda atari bo bagambanyi bonyine, ko hari n’ibyitso byo mu moko avuga izindi ndimi”.

Abasesengura ibyo muri Kongo basanga ibi byo kwishisha umuhisi n’umugenzi, ukubwije ukuri wese ukamufata nk’umwanzi, bishobora guca intege na bake bari bagifite agatima ko kurwanirira Tshisekedi.

Gusubizaho igihano cy’urupfu bifatwa nko gutera ubwoba cyangwa gushaka kwikiza abo Tshisekedi adashaka, nabyo bikazamubyarira abandi banzi cyane cyane mu nzego nkuru z’igisirikari.

Kuri iki cyumweu, ubwo yari ayoboye igitambo cya misa ya Pasika, Karidinali Fridolin Ambongo akaba na Arisheveke wa Kinshasa, yavuze ko ibi bikorwa bya Leta ya Kongo byo guhutaza abagaragaza ibitagenda, bizatuma hari benshi biyunga n’umutwe wa M23. Karidinari Ambongo ati:” Hari benshi bazahitamo kwigira mu barwanya ubu butegetsi, kuko muri iki gihe Kongo twayigereranya n’umurwayi urembye bikabije, mbese uri muri koma”.

Twibutse ko uretse Corneille Nangaa wahoze ari inkoramutima ya Tshisekedi, hari n’ibindi bikomerezwa bidasiba kwifatanya na M23. Abaheruka banababaje cyane abambari ba Tshisekedi, ni abahoze mu buyobozi bw’ishyaka RRPD rya Joseph Kabila wigeze kuba Perezida wa Kongo.

Abasirikari bakomeye mu mapeti bamaze kujya muri M23 bo ntibabarika, bose bakaba bashinja ubutegetsi irondabwoko n’irondakarere, ruswa n’ubusahuzi, imiyoborere idahwitse, n’ibindi bibi cyane ngo biganisha Kongo aharindimuka.

Aho guterwa ishyari rero n’uburyo amahanga yubaha Kagame,Tshisekedi aramutse atekereza, yagombye kwibaza impamvu we akomeje kuba ruvumwa, yewe n’imbere mu gihugu cye, maze agahindura ingendo.

Naho gushengurwa n’uko Perezida Kagame ahabwa icyubahiro mu ruhando mpuzamahanga, Tshisekedi ashatse yaba yiyegereza umugozi wo kwimanika, kuko ibikorwa bya Kagame bizakomeza kumwubahisha, ndetse no kurusha uko bimeze ubu.

2024-03-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Ubwanditsi 19 Feb 2024
RDC: Umukandida-Perezida ushyigikiwe Kabila ari mu mazi abira

RDC: Umukandida-Perezida ushyigikiwe Kabila ari mu mazi abira

Ubwanditsi 02 Nov 2018
Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, yaba arambiwe kwitwa umufatanyacyaha mu bugome bukorerwa mu burasirazuba bwa Kongo?

Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, yaba arambiwe kwitwa umufatanyacyaha mu bugome bukorerwa mu burasirazuba bwa Kongo?

Ubwanditsi 26 Feb 2024
Burundi: Nkurunziza yagororeye Jean de Dieu Mutabazi uzwiho gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Burundi: Nkurunziza yagororeye Jean de Dieu Mutabazi uzwiho gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 04 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda
POLITIKI

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco
Mu Rwanda

Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco

Ubwanditsi 15 May 2018
Police FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2022 ihurirayo na Bugesera FC yasezereye Rayon Sports
Amakuru

Police FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2022 ihurirayo na Bugesera FC yasezereye Rayon Sports

Ubwanditsi 24 Apr 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru