• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever

Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever

Ubwanditsi 29 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Judi Rever wamamaye kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, aherutse guhabwa ijambo yidoga ibitekerezo bye kuri Radiyo y”ubufaransa yitwa Radio Sud kugirango amenyekanishe igitabo cye. Ni igitabo cyuzuye ibinyoma bisa aho usanga abogamiye kubasize bamennye amaraso y’Inzirakarengane z’Abatutsi.

Ababikurikiranira hafi bavuga ko batangazwa n’uko “radiyo yiyubaha ishobora gutanga ijambo k’umuntu uzwi cyane nk’umuhakanyi wa Jenoside nka Rever kugira ngo yerekane ibitekerezo bye by’ivangura ritanya Abanyarwanda kandi intambwe bagezeho igaragara haba mu bumwe n’ubwiyunge cyangwa iterambere ntavangura.”

Muri icyo kiganiro, Rever yasubiyemo ibyo asanzwe avuga ko yabonye “raporo z’ibanga” ngo yakuye mu cyahoze ari Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’u Rwanda (ICTR), aho avuga ko yasomye ko “Abasirikare ba RPA bari mu myitozo kuva mu 1992, ngo boherejwe muri perefegitura zose z’igihugu muri Mutarama 1994 kugira ngo binjire mu nterahamwe kandi bifatanye mu kwica Abatutsi mu gihe cya jenoside. Agaragaraza ko Ingabo za RPA zacengeye mu migi n’ibyaro nyamara uzi gusesengura yibaza aho zaca ingabo za Ex FAR ukahabura kuko nazo zabaga ziryamiye amajanja,Iyo rero ukurikiye neza wumva agamije gusiga ibyondo ubuyobozi bw’u Rwanda nyamara ibi nta kidasanzwe abizwiho.

Nk’uko abakurikiranye icyo kiganiro babivuga, ibyo bita “raporo y’ibanga” ya Jude Rever bakomeza kuvuga ko itigeze ibaho habe na mba. Rever yerekanye kuva kera ko ari umuntu uzwi nk’interahamwe y’umuzungu, kubera ko yifuza kandi agahoza mu kanwa kubeshya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, amaze igihe kinini ashyirwa ahagaragara n’abashakashatsi benshi, barimo intiti zizwi cyane za Jenoside ariwe Linda Melvern, Judi Rever yanzwe n’abategura igihembo cya Bayeux Calvados-Normandy, kubera uruhare akomeje kugira mu guhakana Jenoside kandi akabikora mu izina ry’itangazamakuru kugirango bigere kure we ntazi ko n’abantu bamaze gukerebuka bareba kure bagahitamo ikiri ukuri.

Mu byo yavuze mu kiganiro yagiranye na radiyo harimo ko “Ubufaransa bubanira neza u Rwanda nta mbereka”, aya magambo akaba atandukanye rwose n’ukuri, amateka yerekana ko Ubufaransa bwari umufatanyabikorwa ukomeye w’ubutegetsi bwa Habyarimana kandi bukanatanga inkunga ya gisirikare mu kurwanya ingabo zabohoye u Rwanda zahoze ariza FPR/Inkotanyi.

Umussesenguzi w’ibitambuka ku mbuga nkoranyambaga yagize ati: “Ibintu nk’ibi ntibishobora kuvuguruzanya, ahubwo wakwizera abasaba imbabazi za Jenoside bagizemo uruhare kugira ngo bakomeze kugerageza guhindura amateka abe meza kuruta ayarangiye”. Rever yiyemeje gushaka amafaranga n’izindi ndonke zinyuze mu nyigisho zivuguruza amateka y’u Rwanda, ibyo akabikorana ingufu nyinshi kuko afitanye isano na Jenoside n’abayikoze mu buryo bwo kubeza no gusiga icyasha abashushubikanyije inkoramaraso.”

Abahanga kuri Jenoside babona ko guha urubuga umuntu nka Judi Rever bishyigikira gukomeza ipfobya rya Jenoside gusa abazi ukuri bo bakabifata nk’ubusazi cyangwa kwirengagiza ukuri ukureba, kubera ko guhakana ariyo ntambwe ya nyuma yo gukora Jenoside. Umwe mu batanze ibitekerezo yagize ati: “Noneho ko guverinoma y’Ubufaransa yasohoye itegeko ryo kumenya no kudapfobya Jenoside yakorewe abatutsi, ariko nanone iki gihugu nacyo gikwiye gutera intambwe kigafata iya mbere mu kubuza abahakana kubona urubuga rusange, nk’uko babikora n’abahakana itsembabwoko ry’Abayahudi.”

2020-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakimbirane hagati y’inyeshyamba za Kayumba zikomeje gucikamo ibice

Amakimbirane hagati y’inyeshyamba za Kayumba zikomeje gucikamo ibice

Ubwanditsi 24 Jan 2019
Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!

Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!

Ubwanditsi 28 Sep 2021
Gen.Afurika Jean Michel wa RUD URUNANA, uherutse kurasirwa muri RD-Congo yari afite imiturirwa muri Uganda ahitwa Nakulabye ifite agaciro ka miliyoni ebyiri z’amadorari

Gen.Afurika Jean Michel wa RUD URUNANA, uherutse kurasirwa muri RD-Congo yari afite imiturirwa muri Uganda ahitwa Nakulabye ifite agaciro ka miliyoni ebyiri z’amadorari

Ubwanditsi 13 Nov 2019
Rutahizamu w’Amavubi Kagere Medie yamaze kugera i Nyamata aho ikipe y’igihugu iri gukorera umwiherero ahita yishyira mu kato

Rutahizamu w’Amavubi Kagere Medie yamaze kugera i Nyamata aho ikipe y’igihugu iri gukorera umwiherero ahita yishyira mu kato

Ubwanditsi 20 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi Muri Polisi Ya Uganda Yapfiriye Mu Kabari
Mu Mahanga

Umuyobozi Muri Polisi Ya Uganda Yapfiriye Mu Kabari

Ubwanditsi 18 Jul 2018
ITANGAZO RIGENEWE ABIFUZA KWINJIZWA MURI POLISI Y’IGIHUGU
Mu Mahanga

ITANGAZO RIGENEWE ABIFUZA KWINJIZWA MURI POLISI Y’IGIHUGU

Ubwanditsi 10 Apr 2016
Intara y’Iburasirazuba: Imikwabu itandukanye yafashe ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe mu Rwanda
Amakuru

Intara y’Iburasirazuba: Imikwabu itandukanye yafashe ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru