• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yageze i Addis-Abeba aho ayobora inama ya 11 idasanzwe ya AU

Perezida Kagame yageze i Addis-Abeba aho ayobora inama ya 11 idasanzwe ya AU

Ubwanditsi 17 Nov 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, muri uyu mwaka, yageze i Addis-Abeba muri Ethiopie, aho kuri uyu wa Gatandatu arayobora Inama idasanzwe ya 11 y’uyu muryango.

Ni inama irarangwa n’ibiganiro bigaruka ku mavugurura muri uyu muryango ku buryo bw’umwihariko.

Iyi nama y’iminsi y’ibiri iteganyijwe kuva tariki ya 17-18 Ugushyingo 2018, ikurikiye imaze iminsi ihuje ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu 55 bigize AU.

Iribanda ku kureba uburyo ibihugu byakwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’amavugurura arimo arebana y’imiyoborere n’imikorere ya Komisiyo ya AU, kwishakamo ingengo y’imari, kugera ku cyerekezo 2063 n’ibindi.

Ni amavugurura yateguwe n’itsinda ry’intiti ziyobowe na Perezida Paul Kagame, ryashyizweho mu 2016.

Abayobozi muri Komisiyo ya AU bagaragaza ko Misiri izasimbura u Rwanda ku buyobozi bw’uyu Muryango mu ntangiriro za 2019, isa n’idashyigikiye ishyirwa mu bikorwa ry’aya mavugurura.

Elissa Jobson ukuriye Ubuvugizi bwa Afurika mu muryango International Crisis Group, yabwiye Ikinyamakuru Eye Witness ko abona iyi nama idasanzwe nk’uburyo bwa nyuma bwo kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’aya mavugurura, mbere y’uko Perezida Kagame ava ku buyobozi bwa AU.

Ati “Igiteye inkeke ni uko Misiri ishobora kutazashyira imbaraga mu ishyirwa mu bikorwa ry’aya mavugurura, kabone nubwo itagerageza kuyakuraho.”

Liesl Louw-Vaudran, umusesenguzi mu kigo cyo muri Afurika y’Epfo cyiga ku mutekano, yavuze ko mu gihe nyuma y’imyaka isaga ibiri aya mavugurura atarashyirwa mu bikorwa, umwanzuro uzafatwa muri iyi nama uzaturuka ku bazaba bayitabiriye.

Jobson avuga ko mu mpamvu zishobora gutuma Misiri yari yarahagaritswe muri AU mu 2013 nyuma ya ‘Coup d’Etat’ yagejeje Perezida Abdel Fattah al-Sisi ku butegetsi idashyigikira aya mavugurura, harimo kuba igitekerezo cyo kuyashyiraho cyaraturutse kuri Komisiyo y’uyu muryango mu gihe iki gihugu cyo cyifuza ko igabanyirizwa ububasha.

Hari n’abandi bakuru b’ibihugu kandi basanga Komisiyo ya AU idakwiye guhabwa ububasha bwinshi, kuko bayibona nk’ubunyamabanga bushyira mu bikorwa imyanzuro bafashe.

AU igizwe n’ibihugu 55, yashinzwe mu 2002 nyuma yo gusenyuka k’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (OUA).

Perezida Kagame yageze i Addis Abeba aho ayobora inama idasanzwe ya AU kuri uyu wa Gatandatu

2018-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi/Cibitoke: polisi yahohoteye bikabije Umunyarwanda

Burundi/Cibitoke: polisi yahohoteye bikabije Umunyarwanda

Ubwanditsi 28 Dec 2018
Abaturage ba Kenya baramagana umugambi mubisha wa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, wo gutobera ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

Abaturage ba Kenya baramagana umugambi mubisha wa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, wo gutobera ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

Ubwanditsi 06 Aug 2021
Ntabwo Africa n’u Rwanda byaremewe guhora bisabiriza- Kagame

Ntabwo Africa n’u Rwanda byaremewe guhora bisabiriza- Kagame

Ubwanditsi 03 Jul 2019
Leta ya Uganda nyirabayazana y’umutekano muke mu karere u Rwanda ruherereyemo

Leta ya Uganda nyirabayazana y’umutekano muke mu karere u Rwanda ruherereyemo

Ubwanditsi 03 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Koffi Olomide atagerejwe  i Kigali
IMIKINO

Koffi Olomide atagerejwe i Kigali

Ubwanditsi 10 Nov 2016
Mwiseneza ku isonga mu majwi y’ibanze y’abahataniye Miss Rwanda 2019
HIRYA NO HINO

Mwiseneza ku isonga mu majwi y’ibanze y’abahataniye Miss Rwanda 2019

Ubwanditsi 20 Jan 2019
Uganda: CMI yarekuye Fidele Gatsinzi nyuma yo kotswa igitutu kubera yamufunze bitemewe n’amategeko
INKURU NYAMUKURU

Uganda: CMI yarekuye Fidele Gatsinzi nyuma yo kotswa igitutu kubera yamufunze bitemewe n’amategeko

Ubwanditsi 22 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru