• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umunyamakuru Natacha Polony uregwa gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye kuburanishirizwa i Paris mu Bufaransa.

Umunyamakuru Natacha Polony uregwa gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye kuburanishirizwa i Paris mu Bufaransa.

Ubwanditsi 01 Mar 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

None tariki ya 01 Werurwe, n’ejo ku ya 02 Werurwe 2022, urukiko rwisumbuye rw’ i Paris mu Bufaransa ruraburanisha umunyamakuru Natacha Polony, Umufaransakazi uregwa guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibyaha uyu mugore akurikiranyweho,  yabikoze tariki 18 Werurwe 2018 ubwo  yumvikanaga kuri  Radio France Inter, avuga ko nta Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye, ko  ibyabaye mu Rwanda ari ”abasazi bari bahanganye n’abandi basazi.”

Abantu benshi bakurikiye iki kiganiro, barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga, bandikiye ubuyobozi bwa France Inter babugaragariza agasuzuguro no kugoreka amateka y’u Rwanda byaranze Natacha Polony, maze Umuyobozi Mukuru wa France Inter, Laurence BLOCH abasubiza ko Natacha Polony yemera amakosa, nyamara  Natacha Polony  ubwe ntiyigeze asaba imbabazi ku mugaragaro.

Umuryango “Ibuka”, ufatanyije n’andi mashyirahamwe aharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’arwanya irondaruhu bahise batanga ikirego, bagendeye ku itegeko ryashyizweho mu Bufaransa  muw ’2017, rihana umuntu wese uhakana akanafobya jenoside Ubufaransa bwamaze kwemera bidasubirwaho ko yabaye, harimo n’iyakorewe Abatutsi.

Kugeza n’uyu munsi  Natacha Polony  akomeje  gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, no gusesereza ingabo za FPR-Inkotanyi zayihagaritse, akabikora abinyujije mu kinyamakuru ”Marianne” abereye Umwanditsi Mukuru.

Muri iki kinyamakuru kandi niho hanyuzwa inyandiko rutwitsi ziharabika u Rwanda, nk’iza Pierre Péan, Judi Rever,  n’abandi bagome bamamaye mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Inyandiko iheruka gusohoka muri ”Marianne” yatangaje ariko ikanababaza cyane  abazi neza amateka y’u Rwanda, ni ivuga ko Abatutsi biciwe mu Bisesero bishwe na FPR Inkotanyi, bene iyi nyandiko birengagije amaperereza yakozwe ku rwego mpuzamahanga, akagaragaza uburyo Interahamwe zishe urw’agashinyaguro Abatutsi bari bahungiye mu Bisesero. Abakwije aya mahomvu ntibitaye ku ntera ndende cyane yari hagati ya Bisesero (yari mu gace kagenzurwaga n’ingabo za Leta),  n’aho FPR yari ifite ibirindiro.

Abanyamategeko bunganira Natacha Polony muri uru rubanza, ni Jean-Yves Dupeux na Florence Bourg nabo bazwi cyane mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, dore ko banaburaniye Pierre Péan washinjwaga kwikoma ubwoko bw’Abatutsi,  na Padiri Wenceslas Munyashyaka uregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abunganizi b’uruhande ruregera indishyi ni Richard Gisagara na Rachel Lindon, bagaragaje ko bashoboye imanza nk’izi, dore ko nka Me Gisagara yaburanye akanatsinda urubanza rw’umujenosideri Claude Muhayimana, urukiko rwo mu Bufaransa ruherutse gukatira igifungo cy’imyaka 14.

Natacha Polony abaye umuntu wa mbere uburanishirijwe mu Bufaransa, ku cyaha cyo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

2022-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tuyiringire wafungiwe muri Gereza ya Kisoro umwaka urenga yavuze akaga yahuye nako

Tuyiringire wafungiwe muri Gereza ya Kisoro umwaka urenga yavuze akaga yahuye nako

Ubwanditsi 23 Oct 2019
Gen.Maj Muganga wagizwe Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara ni muntu ki ?

Gen.Maj Muganga wagizwe Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara ni muntu ki ?

Ubwanditsi 21 Nov 2018
Umunyabigwi w’Umufaransa Yannick Noah yageze mu Rwanda aho aje kwitabira irushanwa rya ATP Challenger 50 Tour

Umunyabigwi w’Umufaransa Yannick Noah yageze mu Rwanda aho aje kwitabira irushanwa rya ATP Challenger 50 Tour

Ubwanditsi 29 Feb 2024
Uko Rusesabagina yaciye mu ryahumye Uwitwa Shokare Nakpodia ufite foundation yitwa Dream Week, amugira umutumirwa

Uko Rusesabagina yaciye mu ryahumye Uwitwa Shokare Nakpodia ufite foundation yitwa Dream Week, amugira umutumirwa

Ubwanditsi 10 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo Depite Gatabazi yavuze k’ urupfu rwa  Mukayisenga
Mu Rwanda

Icyo Depite Gatabazi yavuze k’ urupfu rwa Mukayisenga

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Abayobozi babiri b’ibanze bafungiwe kwaka no kwakira ruswa
Mu Rwanda

Abayobozi babiri b’ibanze bafungiwe kwaka no kwakira ruswa

Ubwanditsi 22 Sep 2017
As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere
Amakuru

As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere

Ubwanditsi 06 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru