• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Ubwanditsi 25 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Ku munsi w’ejo, Ikinyamakuru giterwa inkunga n’ibiro bishinzwe iperereza bya Uganda CMI cyatambukije inkuru ifite umutwe ugira uti ” Kubera iki Kagame atinya Gen Nyamwasa” aho inkuru yari igizwe n’imirongo ngenderwaho ya RNC. Iki kinyamakuru gitangiza amagambo y’agasuzuguro kivuga ko umukuru w’igihugu Paul Kagame atinya Nyamwasa. Ni gute Perezida Kagame yatinya umuntu wagiye kwihisha nawe ubwe? Kayumba Nyamwasa yahunze ubwo iperereza ryamukorwagaho. Ababa muri Afurika y’epfo aho RNC ikorera bavuga ko Nyamwasa atinya n’igicucucucu cye, aho bigoranye kuba hari n’umuntu babonana kubera gutinya.

Ibya Nyamwasa birazwi naho  Perezida Kagame usibye kutamutinya ntatinya na shebuja Museveni. Ibimenyetso biragaragara. Niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya umugaragu we Nyamwasa?

Mu nkuru ya ChimpReports, ibyo bavuga bigaragaza icyerekezo Museveni yifurizaga u Rwanda igihe yaba “aruyoboye” binyuze muri Nyamwasa, ndetse nandi magambo ChimpReports ishyira hanze agamije kuzamura izina Nyamwasa.

Mu gihe cy’intambara y’abacengezi mu majyaruguru y’igihugu, Chimp Reports yaciye umugani ku manywa y’ihangu ko ariwe watumye RDF itsinda iyo ntambara.

Igisirikari cy’u Rwanda cyaturutse ku bantu barwanye intambara zashyize Museveni ku butegetsi, ntabwo zigeze zigendera ku muntu umwe ngo zitsinde intambara. Uyu Nyamwasa bavuga ko atinyitse I Kigali, abantu bagomba kumenya ko mugihe intambara y’abacengezi yari ikomeye yishakiye ishuri mu gihugu cy’u Bwongereza. Kayuma Nyamwasa yahunze urugamba rwari rukomeye nubwo CMI imusingiza nk’umugabo w’intwari.

Ikigaragara ibitekerezo bya RNC byavukiye Uganda no mugihe Nyamwasa yari akiri mu ngabo z’u Rwanda. Nkuko byari byateguwe, Nyamwasa yagombaga gushyiraho agatsiko mu ngabo z’u Rwanda kayobowe na Museveni ndetse na Salim Saleh bagahindura ubutegetsi. Igihe uyu mugambi wamenyekaniye, nibwo Nyamwasa yahunze yakirwa na Salim Saleh ubwe hamwe n’abandi bayobozi muri Uganda bamaze kwambuka umupaka.

Abo bantu bashaka guteza akavuyo mu Rwanda mu rwego rwo gushaka ubutegetsi, kuribo guha u Rwanda abanyamahanga ntabwo byari kuba ari ikibazo gikomeye; ariko abamotsi ba Uganda ibi ntibabivuga.

Igihe Nyamwasa yajyaga muri Afurika y’Epfo mu bikorwa bye by’iterabwoba mu Rwanda, byose yabifashwagamo n’umuyobozi wa Uganda.

Bitungura bake, uburyo Nyamwasa wavuganaga n’umukuru w’ikindi gihugu-Museveni- akiri n’umukuru w’ingabo yari kugambana, gusa uburyo akunda amafaranga n’ubutegetsi nta kintu atakora.

Ubusahuzi bwa Nyamwasa bwatangiye ahagana mu mwaka wa 1986 igihe yari umuyobozi w’akarere ka Gulu mu majyaruguru ya Uganda. Abaturage ntibazibagirwa uburyo yibye bimwe mu bikoresho by’inganda zaho akabizana Masaka mu majyepfo. Uburyo Nyamwasa asamarira ibintu ntabwo byari kumushobokera mu Rwanda. Abasesenguzi bemeza ko iyi ngeso yo kwigwizaho ibintu ayisangiye na Shebuja Museveni. Nta mugande utazi uburyo Museveni na murumuna we Salim Saleh bamunze ubukungu bwa Uganda babwigwizaho.

Urugero rwa hafi ni uburyo baguze indege zidashobora no guhaguruka ahagana mu mwaka wa 1989, zaguzwe miliyoni eshanu z’amadorali aho Saleh we ubwo yagavuye ibihumbi 800 by’amadorali. Byari agahomamunwa, Saleh akaba ataragejejwe imbere y’inkiko kuberako Museveni yari amushyigikiye. Ubundi biba Banki y’Ubucuruzi ya Uganda kugeza ifunze imiryango. Nyuma hakurikiye sosiyeti ya Uganda Airlines tutibagiwe kwigwizaho ubutaka harimo ubutaka bwa Kisozi bwari bufitwe na Kiwanuka utarigeze ahabwa ingurane.

2020-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango wa Rutagungira ufungiye muri Uganda watakambiye Loni ku ihohoterwa akorerwa

Umuryango wa Rutagungira ufungiye muri Uganda watakambiye Loni ku ihohoterwa akorerwa

Ubwanditsi 16 May 2018
Nta kuntu Sylvia MUKANKIKO atari kuba inkunguzi akomoka ku mujenosideri MUTABAZI André

Nta kuntu Sylvia MUKANKIKO atari kuba inkunguzi akomoka ku mujenosideri MUTABAZI André

Ubwanditsi 08 Aug 2021
Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Ubwanditsi 15 Jul 2019
Uganda : Hahishuwe Amakuru Y’impamo Ku Ishingwa Ry’umutwe  Wa Gisilikare Wa RNC Ugamije Guhungabanya U Rwanda

Uganda : Hahishuwe Amakuru Y’impamo Ku Ishingwa Ry’umutwe Wa Gisilikare Wa RNC Ugamije Guhungabanya U Rwanda

Ubwanditsi 04 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagennye imishahara mishya y’abapolisi
Mu Mahanga

Perezida Kagame yagennye imishahara mishya y’abapolisi

Ubwanditsi 18 Jan 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
Uncategorized

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 31 Jan 2023
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi

Ubwanditsi 28 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru