• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Ubwanditsi 25 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Ku munsi w’ejo, Ikinyamakuru giterwa inkunga n’ibiro bishinzwe iperereza bya Uganda CMI cyatambukije inkuru ifite umutwe ugira uti ” Kubera iki Kagame atinya Gen Nyamwasa” aho inkuru yari igizwe n’imirongo ngenderwaho ya RNC. Iki kinyamakuru gitangiza amagambo y’agasuzuguro kivuga ko umukuru w’igihugu Paul Kagame atinya Nyamwasa. Ni gute Perezida Kagame yatinya umuntu wagiye kwihisha nawe ubwe? Kayumba Nyamwasa yahunze ubwo iperereza ryamukorwagaho. Ababa muri Afurika y’epfo aho RNC ikorera bavuga ko Nyamwasa atinya n’igicucucucu cye, aho bigoranye kuba hari n’umuntu babonana kubera gutinya.

Ibya Nyamwasa birazwi naho  Perezida Kagame usibye kutamutinya ntatinya na shebuja Museveni. Ibimenyetso biragaragara. Niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya umugaragu we Nyamwasa?

Mu nkuru ya ChimpReports, ibyo bavuga bigaragaza icyerekezo Museveni yifurizaga u Rwanda igihe yaba “aruyoboye” binyuze muri Nyamwasa, ndetse nandi magambo ChimpReports ishyira hanze agamije kuzamura izina Nyamwasa.

Mu gihe cy’intambara y’abacengezi mu majyaruguru y’igihugu, Chimp Reports yaciye umugani ku manywa y’ihangu ko ariwe watumye RDF itsinda iyo ntambara.

Igisirikari cy’u Rwanda cyaturutse ku bantu barwanye intambara zashyize Museveni ku butegetsi, ntabwo zigeze zigendera ku muntu umwe ngo zitsinde intambara. Uyu Nyamwasa bavuga ko atinyitse I Kigali, abantu bagomba kumenya ko mugihe intambara y’abacengezi yari ikomeye yishakiye ishuri mu gihugu cy’u Bwongereza. Kayuma Nyamwasa yahunze urugamba rwari rukomeye nubwo CMI imusingiza nk’umugabo w’intwari.

Ikigaragara ibitekerezo bya RNC byavukiye Uganda no mugihe Nyamwasa yari akiri mu ngabo z’u Rwanda. Nkuko byari byateguwe, Nyamwasa yagombaga gushyiraho agatsiko mu ngabo z’u Rwanda kayobowe na Museveni ndetse na Salim Saleh bagahindura ubutegetsi. Igihe uyu mugambi wamenyekaniye, nibwo Nyamwasa yahunze yakirwa na Salim Saleh ubwe hamwe n’abandi bayobozi muri Uganda bamaze kwambuka umupaka.

Abo bantu bashaka guteza akavuyo mu Rwanda mu rwego rwo gushaka ubutegetsi, kuribo guha u Rwanda abanyamahanga ntabwo byari kuba ari ikibazo gikomeye; ariko abamotsi ba Uganda ibi ntibabivuga.

Igihe Nyamwasa yajyaga muri Afurika y’Epfo mu bikorwa bye by’iterabwoba mu Rwanda, byose yabifashwagamo n’umuyobozi wa Uganda.

Bitungura bake, uburyo Nyamwasa wavuganaga n’umukuru w’ikindi gihugu-Museveni- akiri n’umukuru w’ingabo yari kugambana, gusa uburyo akunda amafaranga n’ubutegetsi nta kintu atakora.

Ubusahuzi bwa Nyamwasa bwatangiye ahagana mu mwaka wa 1986 igihe yari umuyobozi w’akarere ka Gulu mu majyaruguru ya Uganda. Abaturage ntibazibagirwa uburyo yibye bimwe mu bikoresho by’inganda zaho akabizana Masaka mu majyepfo. Uburyo Nyamwasa asamarira ibintu ntabwo byari kumushobokera mu Rwanda. Abasesenguzi bemeza ko iyi ngeso yo kwigwizaho ibintu ayisangiye na Shebuja Museveni. Nta mugande utazi uburyo Museveni na murumuna we Salim Saleh bamunze ubukungu bwa Uganda babwigwizaho.

Urugero rwa hafi ni uburyo baguze indege zidashobora no guhaguruka ahagana mu mwaka wa 1989, zaguzwe miliyoni eshanu z’amadorali aho Saleh we ubwo yagavuye ibihumbi 800 by’amadorali. Byari agahomamunwa, Saleh akaba ataragejejwe imbere y’inkiko kuberako Museveni yari amushyigikiye. Ubundi biba Banki y’Ubucuruzi ya Uganda kugeza ifunze imiryango. Nyuma hakurikiye sosiyeti ya Uganda Airlines tutibagiwe kwigwizaho ubutaka harimo ubutaka bwa Kisozi bwari bufitwe na Kiwanuka utarigeze ahabwa ingurane.

2020-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Abaturage batangiye kwiba ibyo kurya,Polisi imaze gufunga 14

Uganda: Abaturage batangiye kwiba ibyo kurya,Polisi imaze gufunga 14

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa

Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa

Ubwanditsi 31 Aug 2020
Major Protais Mpiranya umujenosideri wanashyiriweho igihembo cya miliyoni 5 z’amadolari n’America, yahawe  pasiporo ya Uganda

Major Protais Mpiranya umujenosideri wanashyiriweho igihembo cya miliyoni 5 z’amadolari n’America, yahawe  pasiporo ya Uganda

Ubwanditsi 20 Mar 2019
Hahishuwe Inyandiko Z’ubutasi Bw’u Bufaransa Zitunga Agatoki Abasilikare Bakuru [ Ex.FAR ] Batanze Amabwiriza  Y’ihanurwa Ry’indege Ya Habyarimana

Hahishuwe Inyandiko Z’ubutasi Bw’u Bufaransa Zitunga Agatoki Abasilikare Bakuru [ Ex.FAR ] Batanze Amabwiriza Y’ihanurwa Ry’indege Ya Habyarimana

Ubwanditsi 06 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

MICT ngo si yo yabazwa iby’urupfu rwa Eliezer Niyitegeka wari ufungiye muri Mali kubera jenoside
Mu Mahanga

MICT ngo si yo yabazwa iby’urupfu rwa Eliezer Niyitegeka wari ufungiye muri Mali kubera jenoside

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Meddy yashyize hanze amashusho y’indirimbo agaragaramo abakobwa bambaye amakariso n’amasutiye gusa [AMAFOTO na VIDEO ]
SHOWBIZ

Meddy yashyize hanze amashusho y’indirimbo agaragaramo abakobwa bambaye amakariso n’amasutiye gusa [AMAFOTO na VIDEO ]

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Police Volleyball Club yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa Volleyball 2024-2025
Amakuru

Police Volleyball Club yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa Volleyball 2024-2025

Ubwanditsi 17 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru