• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Ubwanditsi 25 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Ku munsi w’ejo, Ikinyamakuru giterwa inkunga n’ibiro bishinzwe iperereza bya Uganda CMI cyatambukije inkuru ifite umutwe ugira uti ” Kubera iki Kagame atinya Gen Nyamwasa” aho inkuru yari igizwe n’imirongo ngenderwaho ya RNC. Iki kinyamakuru gitangiza amagambo y’agasuzuguro kivuga ko umukuru w’igihugu Paul Kagame atinya Nyamwasa. Ni gute Perezida Kagame yatinya umuntu wagiye kwihisha nawe ubwe? Kayumba Nyamwasa yahunze ubwo iperereza ryamukorwagaho. Ababa muri Afurika y’epfo aho RNC ikorera bavuga ko Nyamwasa atinya n’igicucucucu cye, aho bigoranye kuba hari n’umuntu babonana kubera gutinya.

Ibya Nyamwasa birazwi naho  Perezida Kagame usibye kutamutinya ntatinya na shebuja Museveni. Ibimenyetso biragaragara. Niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya umugaragu we Nyamwasa?

Mu nkuru ya ChimpReports, ibyo bavuga bigaragaza icyerekezo Museveni yifurizaga u Rwanda igihe yaba “aruyoboye” binyuze muri Nyamwasa, ndetse nandi magambo ChimpReports ishyira hanze agamije kuzamura izina Nyamwasa.

Mu gihe cy’intambara y’abacengezi mu majyaruguru y’igihugu, Chimp Reports yaciye umugani ku manywa y’ihangu ko ariwe watumye RDF itsinda iyo ntambara.

Igisirikari cy’u Rwanda cyaturutse ku bantu barwanye intambara zashyize Museveni ku butegetsi, ntabwo zigeze zigendera ku muntu umwe ngo zitsinde intambara. Uyu Nyamwasa bavuga ko atinyitse I Kigali, abantu bagomba kumenya ko mugihe intambara y’abacengezi yari ikomeye yishakiye ishuri mu gihugu cy’u Bwongereza. Kayuma Nyamwasa yahunze urugamba rwari rukomeye nubwo CMI imusingiza nk’umugabo w’intwari.

Ikigaragara ibitekerezo bya RNC byavukiye Uganda no mugihe Nyamwasa yari akiri mu ngabo z’u Rwanda. Nkuko byari byateguwe, Nyamwasa yagombaga gushyiraho agatsiko mu ngabo z’u Rwanda kayobowe na Museveni ndetse na Salim Saleh bagahindura ubutegetsi. Igihe uyu mugambi wamenyekaniye, nibwo Nyamwasa yahunze yakirwa na Salim Saleh ubwe hamwe n’abandi bayobozi muri Uganda bamaze kwambuka umupaka.

Abo bantu bashaka guteza akavuyo mu Rwanda mu rwego rwo gushaka ubutegetsi, kuribo guha u Rwanda abanyamahanga ntabwo byari kuba ari ikibazo gikomeye; ariko abamotsi ba Uganda ibi ntibabivuga.

Igihe Nyamwasa yajyaga muri Afurika y’Epfo mu bikorwa bye by’iterabwoba mu Rwanda, byose yabifashwagamo n’umuyobozi wa Uganda.

Bitungura bake, uburyo Nyamwasa wavuganaga n’umukuru w’ikindi gihugu-Museveni- akiri n’umukuru w’ingabo yari kugambana, gusa uburyo akunda amafaranga n’ubutegetsi nta kintu atakora.

Ubusahuzi bwa Nyamwasa bwatangiye ahagana mu mwaka wa 1986 igihe yari umuyobozi w’akarere ka Gulu mu majyaruguru ya Uganda. Abaturage ntibazibagirwa uburyo yibye bimwe mu bikoresho by’inganda zaho akabizana Masaka mu majyepfo. Uburyo Nyamwasa asamarira ibintu ntabwo byari kumushobokera mu Rwanda. Abasesenguzi bemeza ko iyi ngeso yo kwigwizaho ibintu ayisangiye na Shebuja Museveni. Nta mugande utazi uburyo Museveni na murumuna we Salim Saleh bamunze ubukungu bwa Uganda babwigwizaho.

Urugero rwa hafi ni uburyo baguze indege zidashobora no guhaguruka ahagana mu mwaka wa 1989, zaguzwe miliyoni eshanu z’amadorali aho Saleh we ubwo yagavuye ibihumbi 800 by’amadorali. Byari agahomamunwa, Saleh akaba ataragejejwe imbere y’inkiko kuberako Museveni yari amushyigikiye. Ubundi biba Banki y’Ubucuruzi ya Uganda kugeza ifunze imiryango. Nyuma hakurikiye sosiyeti ya Uganda Airlines tutibagiwe kwigwizaho ubutaka harimo ubutaka bwa Kisozi bwari bufitwe na Kiwanuka utarigeze ahabwa ingurane.

2020-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubutinganyi (homosexuals) buravuza ubuhuha muri RNC

Ubutinganyi (homosexuals) buravuza ubuhuha muri RNC

Ubwanditsi 13 Feb 2017
Ibyavuye mu nama y’abayobozi bakuru b’ingabo za Congo FARDC yitabiriwe na FDLR byamenyekanye

Ibyavuye mu nama y’abayobozi bakuru b’ingabo za Congo FARDC yitabiriwe na FDLR byamenyekanye

Ubwanditsi 15 Nov 2022
Umugore yasutseho umugabo we amavuta ashyushye nyuma yo gushyamirana ubwo  yavuganaga na pasiteri kuri telefone

Umugore yasutseho umugabo we amavuta ashyushye nyuma yo gushyamirana ubwo yavuganaga na pasiteri kuri telefone

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 26 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda
ITOHOZA

Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka
Mu Mahanga

Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka

Ubwanditsi 05 Nov 2017
Mamelodi Sundowns yohereje Rayon Sports muri CAF Confederation Cup
IMIKINO

Mamelodi Sundowns yohereje Rayon Sports muri CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 19 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru