• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda : Hahishuwe Amakuru Y’impamo Ku Ishingwa Ry’umutwe Wa Gisilikare Wa RNC Ugamije Guhungabanya U Rwanda

Uganda : Hahishuwe Amakuru Y’impamo Ku Ishingwa Ry’umutwe Wa Gisilikare Wa RNC Ugamije Guhungabanya U Rwanda

Ubwanditsi 04 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Nkuko twakomeje kubibatangariza mu nkuru zacu zitandukanye , umunsi ku wundi, hakomeje kujya hanze amakuru mashya avuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda, aho iki gihugu cy’igituranyi  kimaze kuba indiri y’abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ikinyamakuru The Standard cyo muri   Kenya cyatangaje ko gifite amakuru   yizewe ko abarwanyi bashya  batoranywa mu nkambi za Nyakivale   na   Bweyale Kiryadongo. Izi nkambi   ziri   gukurwamo aba bagamije  guhungabanya umutekano,   zibarizwamo abanyarwanda banze   gutaha mu rwababyaye abenshi bafite   ibyaha bikekaho baba barakoze mu   gihe   bari mu Rwanda.

Ni mu gihe Ishami ry’Umuryango   w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR,   ryatangaje ko sitati y’ubuhunzi ku  Banyarwanda, izaba yarangiranye   n’itariki ya 31 Ukuboza 2017.

Iki kinyamakuru cyatangaje ko gifite   amakuru yizewe aturuka ku bazi   iby’uwo mugambi, aho ngo ku wa   Gatanu ushize abantu bo muri RNC   baherekejwe n’abo mu Rwego   rw’Ubutasi bwa Gisirikare muri   Uganda,   Chieftaincy of Military   Intelligence, (CMI) bajyaga mu nkambi   ya Nyakivale, bakangurira urubyiruko   ku mugaragaro kujya muri uwo mutwe.

Umunyamakuru w’iki kinyamakuru   yasuye iyo nkambi y’impunzi   zimuhamiriza ko abayobozi biriwe   umunsi wose barebamo abakiri bato,   bababaza imyirondoro yabo; amazina   n’imyaka yabo ndetse babizeza ko  bazagaruka. Umwe mu babaruwe   wasaga n’utazi ibiri kuba ati “Badusezeranyije ko bazagaruka.”

Uku gufata amazina y’izi mpunzi   guhishe byinshi kuko ari umugambi   muremure ugamije gusiga icyasha u  Rwanda. Bivugwa ko abatajyanywe mu   myitozo muri RNC, bafatwa bagakurwa   mu nkambi hanyuma hagatangira  gukwizwa amakuru ko bashimuswe na   Leta y’u Rwanda, bityo rukagaragara     nk’igihugu cyinjiriye Uganda  kikavogera  ubusugire bwayo.

Umwambari wa RNC witwa Rugema   Kayumba wavuye muri Norvège aho   yari yarahungiye akajya gukorera i  Kampala aho ubu ari umuntu wisanga   mu rwego rw’Ubutasi rwa Gisirikare   muri Uganda, (CMI); ni umwe mu  barangaje imbere iki gikorwa cyo   gushaka abahungabanya umutekano   w’u Rwanda.

Ngo mu gihe cyo gutoranya abajya muri   RNC, Rugema akora ubukangurambaga,   ibikorwa byose bikayoborwa na Brig.   Gen. Abel Kandiho uyobora CMI, akaba   ari nawe utanga ibikoresho n’abarinda   umutekano muri icyo gihe.

Umugambi wabo ni uwo guhimba   amakuru y’itotezwa n’ishimutwa   ry’Abanyarwanda baba muri Uganda  bakavuga ko rikorwa n’u Rwanda,   bakayasakaza mu bitangazamakuru.

Muri ibyo bikorwa byo gushakira RNC   abarwanyi, Rugema afatanya n’undi   witwa Sande Charles bahimba Mugisha   Robert na Maj. (rtd) Habib Mudathir.

Abo bavugwaho gushinga inkambi   y’imyitozo y’uwo mutwe mu gace ka   West Nile hafi ya Sudani y’Epfo na  Repubulika Iharanira Demokarasi ya   Congo.

Uretse aho, hanavugwa indi mu ntara   ya   Kivu y’Amajyepfo ahitwa   Minembwe, yo   ihabwa ibiryo, imiti,  imbunda   n’amafaranga na Leta y’u   Burundi   bikurikiranwa n’Umugaba   Mukuru   w’ingabo z’icyo gihugu.

Abarwanya u Rwanda bari mu   Minembwe barimo Kanyemera Claude,   Ruhinda Bosco, Karemera Alex   n’uwitwa  Butare.

Uyu mugambi uhishuwe nyuma yaho   hari hashize iminsi igera kuri ibiri   hatahuwe undi wo gushinja u Rwanda  kugirira nabi abaturage barwo bahunze.

Ibinyamakuru byo muri Uganda bimaze   igihe byandika inkuru ku mubano w’u   Rwanda na Uganda byavuze ko zimwe   mu mpunzi z’Abanyarwanda zari mu   mugambi wo kugeza ibibazo ku Nteko   Ishinga Amategeko ya Uganda, zitabaza   ko u Rwanda rwohereza abazihohotera.

Gusa iki kintu cyateye urujijo benshi   bibaza uburyo impunzi zitagira   uburenganzira bwo gutora zishobora  kugana Inteko aho gutabaza Ishami rya   Loni rizishinzwe, UNCHR.

Rugema aherutse kwandika kuri   Facebook ashimagiza Minisitiri   w’Umutekano n’Umuryango wa   Perezida Museveni, bikerekana   umubano abarwanya Leta y’u Rwanda   bafitanye n’ubugetsi bwa Uganda.

Uyu Rugema watorotse igisirikare cy’u   Rwanda ari Corporal, afite umugore   w’Umuhimakazi witwa Peace Rugema   ucuruza ibiribwa i Kampala. Rugema   kandi ngo akorana bya hafi na Corporal   AbdulKarim Mulindwa uzwi nka   Mukombozi ukora muri CMI, umuntu   wa hafi w’ibiro bya Col. Abel Kandiho   uyobora urwo rwego rw’iperereza.

 

 

2017-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byamenyekanye: James Duddrigde, Minisitiri w’Ubwongereza washimagije cyane amatora yo muri Uganda , ngo yaba avugishwa n’akayabo ka ruswa yahawe n’ibyegera bya  Perezida Museveni.

Byamenyekanye: James Duddrigde, Minisitiri w’Ubwongereza washimagije cyane amatora yo muri Uganda , ngo yaba avugishwa n’akayabo ka ruswa yahawe n’ibyegera bya  Perezida Museveni.

Ubwanditsi 29 Jan 2021
Urubyiruko rw’Abahezanguni bahekuye u Rwanda rurakataje mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Urubyiruko rw’Abahezanguni bahekuye u Rwanda rurakataje mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Jul 2018
Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Ubwanditsi 22 Feb 2020
Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi – Amb. Georges Chikoti

Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi – Amb. Georges Chikoti

Ubwanditsi 04 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu
Amakuru

Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu

Ubwanditsi 01 Feb 2022
RDC irishyuza Uganda miliyari $10 ku bikorwa by’ingabo zayo mu ntambara ya Congo
ITOHOZA

RDC irishyuza Uganda miliyari $10 ku bikorwa by’ingabo zayo mu ntambara ya Congo

Ubwanditsi 15 Feb 2019
Banyarwanda aho muri hose, nimuze dusangire umuganura w’amahore n’amahoro
Amakuru

Banyarwanda aho muri hose, nimuze dusangire umuganura w’amahore n’amahoro

Ubwanditsi 02 Aug 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru