• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda : Hahishuwe Amakuru Y’impamo Ku Ishingwa Ry’umutwe Wa Gisilikare Wa RNC Ugamije Guhungabanya U Rwanda

Uganda : Hahishuwe Amakuru Y’impamo Ku Ishingwa Ry’umutwe Wa Gisilikare Wa RNC Ugamije Guhungabanya U Rwanda

Ubwanditsi 04 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Nkuko twakomeje kubibatangariza mu nkuru zacu zitandukanye , umunsi ku wundi, hakomeje kujya hanze amakuru mashya avuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda, aho iki gihugu cy’igituranyi  kimaze kuba indiri y’abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ikinyamakuru The Standard cyo muri   Kenya cyatangaje ko gifite amakuru   yizewe ko abarwanyi bashya  batoranywa mu nkambi za Nyakivale   na   Bweyale Kiryadongo. Izi nkambi   ziri   gukurwamo aba bagamije  guhungabanya umutekano,   zibarizwamo abanyarwanda banze   gutaha mu rwababyaye abenshi bafite   ibyaha bikekaho baba barakoze mu   gihe   bari mu Rwanda.

Ni mu gihe Ishami ry’Umuryango   w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR,   ryatangaje ko sitati y’ubuhunzi ku  Banyarwanda, izaba yarangiranye   n’itariki ya 31 Ukuboza 2017.

Iki kinyamakuru cyatangaje ko gifite   amakuru yizewe aturuka ku bazi   iby’uwo mugambi, aho ngo ku wa   Gatanu ushize abantu bo muri RNC   baherekejwe n’abo mu Rwego   rw’Ubutasi bwa Gisirikare muri   Uganda,   Chieftaincy of Military   Intelligence, (CMI) bajyaga mu nkambi   ya Nyakivale, bakangurira urubyiruko   ku mugaragaro kujya muri uwo mutwe.

Umunyamakuru w’iki kinyamakuru   yasuye iyo nkambi y’impunzi   zimuhamiriza ko abayobozi biriwe   umunsi wose barebamo abakiri bato,   bababaza imyirondoro yabo; amazina   n’imyaka yabo ndetse babizeza ko  bazagaruka. Umwe mu babaruwe   wasaga n’utazi ibiri kuba ati “Badusezeranyije ko bazagaruka.”

Uku gufata amazina y’izi mpunzi   guhishe byinshi kuko ari umugambi   muremure ugamije gusiga icyasha u  Rwanda. Bivugwa ko abatajyanywe mu   myitozo muri RNC, bafatwa bagakurwa   mu nkambi hanyuma hagatangira  gukwizwa amakuru ko bashimuswe na   Leta y’u Rwanda, bityo rukagaragara     nk’igihugu cyinjiriye Uganda  kikavogera  ubusugire bwayo.

Umwambari wa RNC witwa Rugema   Kayumba wavuye muri Norvège aho   yari yarahungiye akajya gukorera i  Kampala aho ubu ari umuntu wisanga   mu rwego rw’Ubutasi rwa Gisirikare   muri Uganda, (CMI); ni umwe mu  barangaje imbere iki gikorwa cyo   gushaka abahungabanya umutekano   w’u Rwanda.

Ngo mu gihe cyo gutoranya abajya muri   RNC, Rugema akora ubukangurambaga,   ibikorwa byose bikayoborwa na Brig.   Gen. Abel Kandiho uyobora CMI, akaba   ari nawe utanga ibikoresho n’abarinda   umutekano muri icyo gihe.

Umugambi wabo ni uwo guhimba   amakuru y’itotezwa n’ishimutwa   ry’Abanyarwanda baba muri Uganda  bakavuga ko rikorwa n’u Rwanda,   bakayasakaza mu bitangazamakuru.

Muri ibyo bikorwa byo gushakira RNC   abarwanyi, Rugema afatanya n’undi   witwa Sande Charles bahimba Mugisha   Robert na Maj. (rtd) Habib Mudathir.

Abo bavugwaho gushinga inkambi   y’imyitozo y’uwo mutwe mu gace ka   West Nile hafi ya Sudani y’Epfo na  Repubulika Iharanira Demokarasi ya   Congo.

Uretse aho, hanavugwa indi mu ntara   ya   Kivu y’Amajyepfo ahitwa   Minembwe, yo   ihabwa ibiryo, imiti,  imbunda   n’amafaranga na Leta y’u   Burundi   bikurikiranwa n’Umugaba   Mukuru   w’ingabo z’icyo gihugu.

Abarwanya u Rwanda bari mu   Minembwe barimo Kanyemera Claude,   Ruhinda Bosco, Karemera Alex   n’uwitwa  Butare.

Uyu mugambi uhishuwe nyuma yaho   hari hashize iminsi igera kuri ibiri   hatahuwe undi wo gushinja u Rwanda  kugirira nabi abaturage barwo bahunze.

Ibinyamakuru byo muri Uganda bimaze   igihe byandika inkuru ku mubano w’u   Rwanda na Uganda byavuze ko zimwe   mu mpunzi z’Abanyarwanda zari mu   mugambi wo kugeza ibibazo ku Nteko   Ishinga Amategeko ya Uganda, zitabaza   ko u Rwanda rwohereza abazihohotera.

Gusa iki kintu cyateye urujijo benshi   bibaza uburyo impunzi zitagira   uburenganzira bwo gutora zishobora  kugana Inteko aho gutabaza Ishami rya   Loni rizishinzwe, UNCHR.

Rugema aherutse kwandika kuri   Facebook ashimagiza Minisitiri   w’Umutekano n’Umuryango wa   Perezida Museveni, bikerekana   umubano abarwanya Leta y’u Rwanda   bafitanye n’ubugetsi bwa Uganda.

Uyu Rugema watorotse igisirikare cy’u   Rwanda ari Corporal, afite umugore   w’Umuhimakazi witwa Peace Rugema   ucuruza ibiribwa i Kampala. Rugema   kandi ngo akorana bya hafi na Corporal   AbdulKarim Mulindwa uzwi nka   Mukombozi ukora muri CMI, umuntu   wa hafi w’ibiro bya Col. Abel Kandiho   uyobora urwo rwego rw’iperereza.

 

 

2017-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Ubwanditsi 17 Mar 2024
Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Ubwanditsi 08 Aug 2019
Perezida Kaguta Museveni yahawe inkwenene ubwo yatangazaga ko agiye kubaka umuhanda uhuza Uganda n’uBurundi unyuze muri Tanzaniya!

Perezida Kaguta Museveni yahawe inkwenene ubwo yatangazaga ko agiye kubaka umuhanda uhuza Uganda n’uBurundi unyuze muri Tanzaniya!

Ubwanditsi 20 May 2021
RDC: Général Kahimbi wari ukuriye iperereza rya gisirikare “yapfuye yiyahuye”

RDC: Général Kahimbi wari ukuriye iperereza rya gisirikare “yapfuye yiyahuye”

Ubwanditsi 08 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CECAFA WOMEN2018: Mukeshimana Jeannette yafashije u Rwanda gukura inota kuri Uganda-AMAFOTO
IMIKINO

CECAFA WOMEN2018: Mukeshimana Jeannette yafashije u Rwanda gukura inota kuri Uganda-AMAFOTO

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Angola: Bwa mbere kuva mu 1979 hagiye kuba amatora Perezida Dos Santos atazitabira
Mu Rwanda

Angola: Bwa mbere kuva mu 1979 hagiye kuba amatora Perezida Dos Santos atazitabira

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Ubwanditsi 23 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru