• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Turaburira urubyiruko rwitegura kwerekeza mu mashyamba ya Kongo, basubire inyuma bakurikire urubanza rwa Maj (Rtd) Mudathiru bamenye Kayumba Nyamwasa
Urubyiruko rwafatiwe mu bikorwa by'iterabwoba mu mashyamba ya Kongo

Turaburira urubyiruko rwitegura kwerekeza mu mashyamba ya Kongo, basubire inyuma bakurikire urubanza rwa Maj (Rtd) Mudathiru bamenye Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 19 Jun 2020 INKURU NYAMUKURU

Mu mashyamba ya Kongo hakomeje kugwa abana b’Abanyarwanda benshi, KAYUMBA NYAMWASA n’ibindi  bigarasha  bishora  mu ntambara , bizi neza ko bitayitsinda. Abatararasiwe ku rugamba cyangwa ngo bicwe n’ubujyahabi, babaye ibisenzegeri nka Maj Habibu Mudathiru, n’abandi batabarika,  kubera umuriro badasiba kwatswaho n’ingabo za FARDC. Ubwo Major Mudathiru yatabazaga Kayumba Nyamwasa ko bagoswe n’ingabo za FARDC asaba ubufasha nkuko yari yabyizejwe ubwo Kayumba yamusabaga gukura ingabo mu majyepfo ya Kivu akazijyana muri Kivu y’amajyaruguru hafi na Uganda, aho kubona ubwo bufasha Kayumba yamwibukije ko ari umusirikari agomba kwishakira inzira ubundi akuraho Telephone.

Abagize amahirwe ntibapfe ahubwo bagafatwa mpiri, bashinja Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome bagenzi be, kubashuka ko bagiye guhabwa akazi mu birombe bya zahabu muri Kongo, maze abadafite amakenga bakiyahura mu buzima budatandukanye na gato n’urupfu.

Amakuru Rushyashya ikesha abantu bo muri RNC ariko badashyigikiye kumena amaraso y’urubyiruko rw’u Rwanda muri Kongo bari ku mugabane w’iburayi, baduhaye amazina y’abasore babiri bari gushukwa na Kayumba Nyamwasa bizezwa ibitangaza akaba aribo NSHIMIYIMANA Abubacar na NSHIMIYIMANA Jean Baptiste aho imyiteguro bayigeze kure.

Nshimiyimana Abubacar (imbere)
na Nshimiyimana Jen Baptiste (inyuma) bashukwa na Kayumba Nyamwasa bakaba bari hafi kwerekezwa mu mashyamba ya Kongo

Aba basore  bombi bakomoka mu karere ka Rubavu, bageze mu Bubiligi muri Nyakanga 2018, aho bari bagiye mu bitaramo, dore ko  bari ababyinnyi mu itorero ry’Igihugu, URUKEREREZA. Bagezeyo, aho gusoza ubutumwa ngo batahe mu Rwanda, bahisemo gutoroka abo bari bajyanye, baguma aho mu Bubiligi, maze ibigarasha si ukubajya mu matwi byiva inyuma.Ubu ni abayoboke ba wa  mu mutwe w’iterabwoba RNC, birengagije icyizere Igihugu cyari cyabagiriye, bagatoranywa mu bandi benshi ngo bagiserukire mu mahanga.

Undi uvugwa muri aya manjwe ni uwitwa Patrick BENERUGABA ukomoka hariya i Butamwa mu karere ka Nyarugenge. Ubu nawe wamaze kuba ikigarasha, ubu akaba yirirwa za Amerika  akoronga, atuka igihugu cyamwibarutse. Ajya kwinjira muri RNC  yijejwe gusimbura ku mwanya w’ubuyobozi   Ben RUTABANA , ukagirango we byamuguye amahoro.

Birasekeje(nako birababaje) kubona Benerugaba  wacitse ku icumu, yirirwana n’interahamwe zamaze iwabo, n’ukuntu yahoraga arira ngo ababyeyi be n’abo bavukana bishwe  muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ese koko waba warakundaga abawe,ukishimira guhuza umugambi n’abababatsembye? Inda mbi ziragwira. Gusa iyo urebye imyitwarire ya Patrick BENERUGABA akiri no mu Rwanda, ntutangazwa no kuba yakwifatanya n’andi mabandi yo muri RNC na FDLR. Ni umujura ruharwa, dore ko yanafungiwe kenshi ubujura bwitwaje intwaro. Yigeze gukatirwa imyaka 30 y’igifungo , aza gufungurwa ku bw’imbabazi Igihugu cyamugiriye, none acyituye gushaka kugicuramo imiborogo.

Icyo tuzi ni uko ntawe urugambanira ngo bimuhire, ubwo imiryango y’izi nzererezi niyitegure ikiriyo, kuko iminsi yazo irabaze kubera inziram bi bahisemo yo kwerekeza mu mashyamba ya Kongo.

 

2020-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibinyoma bishinja M23 kwica abaturage byambitswe ubusa

Ibinyoma bishinja M23 kwica abaturage byambitswe ubusa

Ubwanditsi 11 Aug 2025
Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017

Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Abatiyumvishaga uko dushora imari muri ICT kandi abaturage bashonje twarabahinyuje – Perezida Kagame

Abatiyumvishaga uko dushora imari muri ICT kandi abaturage bashonje twarabahinyuje – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Mar 2018
Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Ubwanditsi 22 Oct 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe
ITOHOZA

Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo
POLITIKI

Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo

Ubwanditsi 08 Nov 2017
M23 ibateje umwiryane: Umuriro watse hagati ya Perezida Tshisekedi na Minisitiri we w’Ingabo Guy Muadiamvita.
Amakuru

M23 ibateje umwiryane: Umuriro watse hagati ya Perezida Tshisekedi na Minisitiri we w’Ingabo Guy Muadiamvita.

Ubwanditsi 26 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru