• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Turaburira urubyiruko rwitegura kwerekeza mu mashyamba ya Kongo, basubire inyuma bakurikire urubanza rwa Maj (Rtd) Mudathiru bamenye Kayumba Nyamwasa
Urubyiruko rwafatiwe mu bikorwa by'iterabwoba mu mashyamba ya Kongo

Turaburira urubyiruko rwitegura kwerekeza mu mashyamba ya Kongo, basubire inyuma bakurikire urubanza rwa Maj (Rtd) Mudathiru bamenye Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 19 Jun 2020 INKURU NYAMUKURU

Mu mashyamba ya Kongo hakomeje kugwa abana b’Abanyarwanda benshi, KAYUMBA NYAMWASA n’ibindi  bigarasha  bishora  mu ntambara , bizi neza ko bitayitsinda. Abatararasiwe ku rugamba cyangwa ngo bicwe n’ubujyahabi, babaye ibisenzegeri nka Maj Habibu Mudathiru, n’abandi batabarika,  kubera umuriro badasiba kwatswaho n’ingabo za FARDC. Ubwo Major Mudathiru yatabazaga Kayumba Nyamwasa ko bagoswe n’ingabo za FARDC asaba ubufasha nkuko yari yabyizejwe ubwo Kayumba yamusabaga gukura ingabo mu majyepfo ya Kivu akazijyana muri Kivu y’amajyaruguru hafi na Uganda, aho kubona ubwo bufasha Kayumba yamwibukije ko ari umusirikari agomba kwishakira inzira ubundi akuraho Telephone.

Abagize amahirwe ntibapfe ahubwo bagafatwa mpiri, bashinja Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome bagenzi be, kubashuka ko bagiye guhabwa akazi mu birombe bya zahabu muri Kongo, maze abadafite amakenga bakiyahura mu buzima budatandukanye na gato n’urupfu.

Amakuru Rushyashya ikesha abantu bo muri RNC ariko badashyigikiye kumena amaraso y’urubyiruko rw’u Rwanda muri Kongo bari ku mugabane w’iburayi, baduhaye amazina y’abasore babiri bari gushukwa na Kayumba Nyamwasa bizezwa ibitangaza akaba aribo NSHIMIYIMANA Abubacar na NSHIMIYIMANA Jean Baptiste aho imyiteguro bayigeze kure.

Nshimiyimana Abubacar (imbere)
na Nshimiyimana Jen Baptiste (inyuma) bashukwa na Kayumba Nyamwasa bakaba bari hafi kwerekezwa mu mashyamba ya Kongo

Aba basore  bombi bakomoka mu karere ka Rubavu, bageze mu Bubiligi muri Nyakanga 2018, aho bari bagiye mu bitaramo, dore ko  bari ababyinnyi mu itorero ry’Igihugu, URUKEREREZA. Bagezeyo, aho gusoza ubutumwa ngo batahe mu Rwanda, bahisemo gutoroka abo bari bajyanye, baguma aho mu Bubiligi, maze ibigarasha si ukubajya mu matwi byiva inyuma.Ubu ni abayoboke ba wa  mu mutwe w’iterabwoba RNC, birengagije icyizere Igihugu cyari cyabagiriye, bagatoranywa mu bandi benshi ngo bagiserukire mu mahanga.

Undi uvugwa muri aya manjwe ni uwitwa Patrick BENERUGABA ukomoka hariya i Butamwa mu karere ka Nyarugenge. Ubu nawe wamaze kuba ikigarasha, ubu akaba yirirwa za Amerika  akoronga, atuka igihugu cyamwibarutse. Ajya kwinjira muri RNC  yijejwe gusimbura ku mwanya w’ubuyobozi   Ben RUTABANA , ukagirango we byamuguye amahoro.

Birasekeje(nako birababaje) kubona Benerugaba  wacitse ku icumu, yirirwana n’interahamwe zamaze iwabo, n’ukuntu yahoraga arira ngo ababyeyi be n’abo bavukana bishwe  muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ese koko waba warakundaga abawe,ukishimira guhuza umugambi n’abababatsembye? Inda mbi ziragwira. Gusa iyo urebye imyitwarire ya Patrick BENERUGABA akiri no mu Rwanda, ntutangazwa no kuba yakwifatanya n’andi mabandi yo muri RNC na FDLR. Ni umujura ruharwa, dore ko yanafungiwe kenshi ubujura bwitwaje intwaro. Yigeze gukatirwa imyaka 30 y’igifungo , aza gufungurwa ku bw’imbabazi Igihugu cyamugiriye, none acyituye gushaka kugicuramo imiborogo.

Icyo tuzi ni uko ntawe urugambanira ngo bimuhire, ubwo imiryango y’izi nzererezi niyitegure ikiriyo, kuko iminsi yazo irabaze kubera inziram bi bahisemo yo kwerekeza mu mashyamba ya Kongo.

 

2020-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Ubwanditsi 11 Mar 2024
Umuvugizi wa FDLR yemeje ko Col Augustin Nshimiyimana yafatiwe mu rusengero

Umuvugizi wa FDLR yemeje ko Col Augustin Nshimiyimana yafatiwe mu rusengero

Ubwanditsi 09 Jun 2021
Jackie Umuhoza bivugwa ko ari umukobwa wa Past.Nyirigira Deo yatawe muri yombi akekwaho ibyaha by’ubutasi n’ubugambanyi.

Jackie Umuhoza bivugwa ko ari umukobwa wa Past.Nyirigira Deo yatawe muri yombi akekwaho ibyaha by’ubutasi n’ubugambanyi.

Ubwanditsi 28 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique baratabaza
Mu Mahanga

Abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique baratabaza

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir
UBUKERARUGENDO

Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Mwenedata Gilbert  yeruye ko yiyongereye mu mubare w’ abagamije guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Mwenedata Gilbert yeruye ko yiyongereye mu mubare w’ abagamije guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda

Ubwanditsi 10 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru